• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abaturage ba RDC baburiye Perezida wabo kutarenza igihe ntarengwa

Abaturage ba RDC baburiye Perezida wabo kutarenza igihe ntarengwa

Ubwanditsi 20 Oct 2016 Mu Rwanda

Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo mu gihe yari yarateguye imyigaragambyo ikaze ku wa 19 Ukwakira 2016, mu Mujyi wa Goma na Beni bakoze imyigaragambyo ariko i Kinshasa ho yaburijwemo kuko inzego zishinzwe umutekano zayiburijemo.

Mu mujyi wa Goma mu Intara y’Amajyaruguru abayoboke b’amashyaka biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo bise ‘‘y’ituze’’ amaduka ntiyafungurwa n’amashuri ntiyakora, kuko batinyaga imvururu, iyo myigaragambyo yatangiriye urugendo kuri rond-point signers barusoreza ku biro bya Guverineri, aho batanze ibitekerezo byabo babishyira mu inyandiko babishyira mu igikarito bise icyo ‘‘umuhondo’’ (Cartons Jaune).

Muri iyo nyandiko barunze mu igikarito cy’umuhondo babwiye Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru kuzabagereza ubwo butumwa kuri Perezida Kabila ko atahirahira ngo arenze umunsi ntarengwa wo ku wa 19 Ukuboza 2016.

Icyo gikarito cy’umuhondo ngo gisobanura «kwihaniza» umukuru w’igihugu kugira ngo azabe yavuye ku butegetsi kuko manda ye izaba yarangiye mu Kuboza 2016.

Mu gutatanya abigaragambyaga Polisi y’Igihugu yakoresheje ibyuka biryana mu maso bakunze kwita ‘‘gaz lacrymogène’’ kugira ngo babashe kubatatanya.

Indi myigaragamyo ikaze yabaye mu Mujyi wa Beni aho abayoboke b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi na bo bakoresheje ibyo bikarito by’umuhondo bamagana umugambi wo kugundira ubutegetsi Perezida Kabila.

Inama y’umushyikirano yahuje abanyekongo yashoje imirimo yayo ku 18 Ukwakira 2016 bemeje ko umukuru w’igihugu ari we Joseph Kabila yakomeza kuba Perezida w’igihugu kugeza amatora abaye akazakorana ihererekanyabubasha n’undi uzaba ucyuye igihe, kuko atemerewe kongera kuziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu.

Abari muri iyo nama kandi bemeranya kandi ko guverinoma izaba iyobowe n’umuntu ukomoka mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi ari we Minisitiri w’Intebe.

Mu gihe cy’amezi 2 n’igice abanyekongo bari mu mishyikirano i Kinshasa, Bank-Moon Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Edem Kodjo Perezida w’Ubumwe bw’Afurika akaba n’Umukuru w’Igihugu cya Chad ndetse na Idriss Deby Itno umuhuza w’ibiganiro by’abanyekongo basabye ko abanyepolitiki gusenyera umugozi umwe birinda imvururu ko zakongera kuba mu baturage.

Muri iyo nama bemeje kandi ko hagiye gutegurwa amatora mu amezi atandatu ari imbere uhereye umunsi iyo nama ishojwe, aho mu Ukwakira 2017 ari bwo amatora agomba kuzaba aho kuba mu mwaka wa 2018 kuko ishyaka riri ku butegetsi PPRD ryabyifuzaga.

-4448.jpg

Perezida Joseph Kabila

Abazatorwa uhereye Ukwakira 2017 ni umwanya wa Perezida wa Repubulika, Inteko Ishinga Amategeko n’inzego zo mu Intara.

Umusomyi wacu i Goma muri RDC

2016-10-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Abantu bafite umutima ucagase ‘halfhearted’ cyangwa n’abatagira umutima ‘heartless’ nta kintu bageraho’- Kagame

‘Abantu bafite umutima ucagase ‘halfhearted’ cyangwa n’abatagira umutima ‘heartless’ nta kintu bageraho’- Kagame

Ubwanditsi 02 Mar 2017
Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda

Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda

RUSHYASHYA 24 Apr 2026
Bugesera FC yahakanye amakuru y’uko yahagaritse umutoza wayo Mbarushimana Abdoul, iboneraho kwisegura kubwo umusaruro utari mwiza

Bugesera FC yahakanye amakuru y’uko yahagaritse umutoza wayo Mbarushimana Abdoul, iboneraho kwisegura kubwo umusaruro utari mwiza

Ubwanditsi 25 Dec 2021
Umunya- Côte d’Ivoire Cheick Tiote wamenyekanye muri Newcastle yitabye Imana ari mu myitozo

Umunya- Côte d’Ivoire Cheick Tiote wamenyekanye muri Newcastle yitabye Imana ari mu myitozo

Ubwanditsi 06 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuki Perezida Tshisekedi atabona ko gushyigikira Interahamwe bitazamuhira nk’uko bitahiriye n’abamubanjirije ku butegetsi?
Amakuru

Kuki Perezida Tshisekedi atabona ko gushyigikira Interahamwe bitazamuhira nk’uko bitahiriye n’abamubanjirije ku butegetsi?

Ubwanditsi 28 Nov 2022
U Burundi bwiyemeje kwiyegereza  abacanshuro bo mu Burusiya mu bijyanye n’imyitozo ya Gisilikare
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bwiyemeje kwiyegereza abacanshuro bo mu Burusiya mu bijyanye n’imyitozo ya Gisilikare

Ubwanditsi 31 Jan 2018
Ubwicanyi mu Burundi buragenda buhindura isura
Mu Rwanda

Ubwicanyi mu Burundi buragenda buhindura isura

Ubwanditsi 13 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru