• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hakim Sahabo, Byiringiro Lague mu bakinnyi bahamagawe mu Amavubi, Kwizera Olivier mu bakinnyi basigaye bagarutsweho   |   16 Mar 2026

  • Ibikorwa bya RDF muri Mozambique nibikomeza gukerenswa U Rwanda ruzafata icyemezo gikomeye cyo Kuzicyura   |   15 Mar 2026

  • Ku bufatanye bwa FERWAFA na CAF, Abatoza 25 b’abanyarwanda barimo abagore 5 batangiye amasomo ya ‘License A CAF’   |   12 Mar 2026

  • Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose   |   11 Mar 2026

  • Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije   |   11 Mar 2026

  • U 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 𝗿𝘂𝗴𝗶𝘆𝗲 𝗸𝘄𝗮𝗸𝗶𝗿𝗮 𝗮𝗺𝗮𝗿𝘂𝘀𝗵𝗮𝗻𝘄𝗮 𝗮𝗻𝗲 𝘆𝗮 𝗖𝗘𝗖𝗔𝗙𝗔 𝗮𝗿𝗶𝗺𝗼 𝗻𝗮 𝗞𝗮𝗴𝗮𝗺𝗲 𝗖𝘂𝗽   |   10 Mar 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abaturage ba RDC baburiye Perezida wabo kutarenza igihe ntarengwa

Abaturage ba RDC baburiye Perezida wabo kutarenza igihe ntarengwa

Ubwanditsi 20 Oct 2016 Mu Rwanda

Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo mu gihe yari yarateguye imyigaragambyo ikaze ku wa 19 Ukwakira 2016, mu Mujyi wa Goma na Beni bakoze imyigaragambyo ariko i Kinshasa ho yaburijwemo kuko inzego zishinzwe umutekano zayiburijemo.

Mu mujyi wa Goma mu Intara y’Amajyaruguru abayoboke b’amashyaka biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo bise ‘‘y’ituze’’ amaduka ntiyafungurwa n’amashuri ntiyakora, kuko batinyaga imvururu, iyo myigaragambyo yatangiriye urugendo kuri rond-point signers barusoreza ku biro bya Guverineri, aho batanze ibitekerezo byabo babishyira mu inyandiko babishyira mu igikarito bise icyo ‘‘umuhondo’’ (Cartons Jaune).

Muri iyo nyandiko barunze mu igikarito cy’umuhondo babwiye Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru kuzabagereza ubwo butumwa kuri Perezida Kabila ko atahirahira ngo arenze umunsi ntarengwa wo ku wa 19 Ukuboza 2016.

Icyo gikarito cy’umuhondo ngo gisobanura «kwihaniza» umukuru w’igihugu kugira ngo azabe yavuye ku butegetsi kuko manda ye izaba yarangiye mu Kuboza 2016.

Mu gutatanya abigaragambyaga Polisi y’Igihugu yakoresheje ibyuka biryana mu maso bakunze kwita ‘‘gaz lacrymogène’’ kugira ngo babashe kubatatanya.

Indi myigaragamyo ikaze yabaye mu Mujyi wa Beni aho abayoboke b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi na bo bakoresheje ibyo bikarito by’umuhondo bamagana umugambi wo kugundira ubutegetsi Perezida Kabila.

Inama y’umushyikirano yahuje abanyekongo yashoje imirimo yayo ku 18 Ukwakira 2016 bemeje ko umukuru w’igihugu ari we Joseph Kabila yakomeza kuba Perezida w’igihugu kugeza amatora abaye akazakorana ihererekanyabubasha n’undi uzaba ucyuye igihe, kuko atemerewe kongera kuziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu.

Abari muri iyo nama kandi bemeranya kandi ko guverinoma izaba iyobowe n’umuntu ukomoka mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi ari we Minisitiri w’Intebe.

Mu gihe cy’amezi 2 n’igice abanyekongo bari mu mishyikirano i Kinshasa, Bank-Moon Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Edem Kodjo Perezida w’Ubumwe bw’Afurika akaba n’Umukuru w’Igihugu cya Chad ndetse na Idriss Deby Itno umuhuza w’ibiganiro by’abanyekongo basabye ko abanyepolitiki gusenyera umugozi umwe birinda imvururu ko zakongera kuba mu baturage.

Muri iyo nama bemeje kandi ko hagiye gutegurwa amatora mu amezi atandatu ari imbere uhereye umunsi iyo nama ishojwe, aho mu Ukwakira 2017 ari bwo amatora agomba kuzaba aho kuba mu mwaka wa 2018 kuko ishyaka riri ku butegetsi PPRD ryabyifuzaga.

-4448.jpg

Perezida Joseph Kabila

Abazatorwa uhereye Ukwakira 2017 ni umwanya wa Perezida wa Repubulika, Inteko Ishinga Amategeko n’inzego zo mu Intara.

Umusomyi wacu i Goma muri RDC

2016-10-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]

Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]

Ubwanditsi 31 Oct 2019
Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 24 Sep 2021
Umuyobozi wa The New Vision yasabye perezida Kagame imbabazi

Umuyobozi wa The New Vision yasabye perezida Kagame imbabazi

Ubwanditsi 25 Dec 2016
Peter wahoze muri P Square yageze i Kigali (Amafoto na Video)

Peter wahoze muri P Square yageze i Kigali (Amafoto na Video)

Ubwanditsi 29 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Agaco k’imburabuza: Perezida Kagame avuga kuri Twagiramungu, Rusesabagina na MRCD
INKURU NYAMUKURU

Agaco k’imburabuza: Perezida Kagame avuga kuri Twagiramungu, Rusesabagina na MRCD

Ubwanditsi 20 Jun 2019
RDC: Mende arashinja umukandida Fayulu gushaka kuzahungabanya amatora
POLITIKI

RDC: Mende arashinja umukandida Fayulu gushaka kuzahungabanya amatora

Ubwanditsi 17 Dec 2018
Ibikorwa bya RDF muri Mozambique nibikomeza gukerenswa U Rwanda ruzafata icyemezo gikomeye cyo Kuzicyura
Amakuru

Ibikorwa bya RDF muri Mozambique nibikomeza gukerenswa U Rwanda ruzafata icyemezo gikomeye cyo Kuzicyura

RUSHYASHYA 15 Mar 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru