• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘Abantu bafite umutima ucagase ‘halfhearted’ cyangwa n’abatagira umutima ‘heartless’ nta kintu bageraho’- Kagame

‘Abantu bafite umutima ucagase ‘halfhearted’ cyangwa n’abatagira umutima ‘heartless’ nta kintu bageraho’- Kagame

Ubwanditsi 02 Mar 2017 Mu Rwanda

Perezida Kagame mu ijambo ryamaze umwanya munini atanga impanuro, yavuze ko amateka y’u Rwanda afite umwihariko ari na yo mpamvu Abanyarwanda (by’umwihariko abayobozi) bagomba gukora cyane ku muvuduko wihariye.

Yagize ati “Amateka y’aho tuvuye harimo byinshi by’umwihariko biduha gukora, kumva bifite umwihariko wabyo…Inshingano dufite tuba twifuza ko buri wese azigiramo imyumvire mizima, nubwo bitoroshye kuri buri wese ariko ngira ngo tubifitemo ‘ambitions’ (ubushake)… Umuntu yakwiba ngo kuki ari twe turi hano, twagize amateka yo mu 1994 na mbere yaho, kuki ari twe twagize amateka ya Jenoside…tugomba kwibaza ngo kuki?”

Perezida Kagame avuga ko ayo mateka ya Jenoside n’ibyatumye iba ntaho Abanyarwanda bazabihungira, ngo ni yo mpamvu bagomba gukorana umwihariko kugira ngo bagere ku iterambere.

Ati “Bidusaba umwihariko kuko tuva muri ayo mateka tugana aho umuntu yakagombye kuba ari. Bidusaba gukora mu buryo budasanzwe, muri ubwo bushake ‘ambitions’ abantu bagomba gukora bagana mu majyambere, hagomba kubaho ‘sense of urgency’ (kwiyumvamo ko ibintu byihutirwa). Umwihariko, ‘ambitions’ n’ako gaciro tuvuga, mu mateka yacu twagizemo icyuho kinini cyane tugomba gukora cyane tukakiziba.”

Yavuze ko umuntu atagira ubushake bwo gukora bitandukanye birimo ikinyuranyo n’amateka u Rwanda rwanyuzemo mu gihe arimo abaho yumva ko ibintu ari ibisanzwe.

Perezida Kagame yasabye abayobozi gukorera hamwe buri umwe akirinda gukora ibye kandi abantu baba bumvikanye uko ibintu bigomba gukorwa. Yavuze ko mu myaka 15 ishize hari ikintu cya ‘careless’ (kutita ku bintu umuntu ashinzwe cyakunze kubaho), asaba ko abayobozi bakora ibyo umutimanama ubasaba gukora.

Ati “Kuvugana na mugenzi wawe, umuturanyi wawe ni ikintu gikomeye ngo tugere ku ntego twifuza.”

Kagame ngo yatangajwe n’ifoto yabonye igaragaraza abayobozi baje mu mwiherero bose bunamye baganira na telefoni zabo nta n’umwe uvugana na mugenzi we.

Kagame yanenze cyane abayobozi bahombya Leta bamwe mu byo bita kwibagirwa, abandi bakaba babifata nk’ubumenyi buke mu byo bakora, ariko ngo yasanze hari abasinya amasezerano Leta igirana n’abikorera nabi bagaha inyungu ibigo by’abikorera bagamije kuzagabana inyungu, ibyo ngo ni ukunyereza umutungo wa Leta kandi ntibizihanganirwa.

Ati “‘Contracts’ za Leta n’ibigo by’abikorera ziha amahirwe y’inyungu bamwe, kandi zikajya ku ruhande rw’abikorera. Umuntu yibaza ku bumenyi dufite muri icyo kintu, ukibaza kuki batsindwa (Leta itsindwa igahomba), umuntu yakwibaza ko ari ubushobozi buke, ariko ni ibikorwa bibi ‘malpractices’ byihishe inyuma utamenya impamvu yabyo.”

-5940.jpg

Evode Imena warekuwe by’agateganyo, akurikiranyweho bene ibi byaha

Yavuze ko usanga abo bantu bagabana inyungu n’abikorera ugasanga ibyo bakora ari uguhombya Leta kandi ngo ntibizemerwa. Yavuze ko u Rwanda rufite amikoro make ariko ugasanga mu bayobozi harimo abahombya igihugu, akibaza niba intego yavuze zagerwaho.

Yagize ati “Tugomba gukora neza kugira ngo tubone umusaruro, ibikozwe nabi bitera igihombo bitewe n’imigirire mibi ihombya igihugu. Gukora ibyo dufitiye ubushobozi bizatuma tugera ku bisubizo by’ibyo dushaka kugeraho. Twakwishimira ibyo twagezeho ariko kuki tutakora ibyo dufitiye ubushobozi?”

Kagame yavuze ko abantu bafite umutima ucagase ‘halfhearted’ cyangwa n’abatagira umutima ‘heartless’ nta kintu bageraho kuko ngo ibyo bakora biba bicagase.

Yavuze ko ashima abayobozi ku byo bagezeho bigaragara ariko akanashima abaturage babumviye kugira ngo bigerweho kuko ngo iyo hatabamo ubushake bwabo ntibyari kugerwaho.

Abari mu mwiherero barawukora mu matsinda bitewe n’icyiciro cy’ubuzima buri wese akoramo, haba mu bukungu, imibereho myiza, ubutabera, uburenganzira bwa muntu n’imiyoborere.

-5941.jpg

Umwiherero

2017-03-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amasura mashya ku rutonde rw’agateganyo rw’abazakina imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026 na Nigeria na Zimbabwe

Amasura mashya ku rutonde rw’agateganyo rw’abazakina imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026 na Nigeria na Zimbabwe

Ubwanditsi 26 Aug 2025
Amerika yagize icyo ivuga ku rupfu rwa Bihozagara

Amerika yagize icyo ivuga ku rupfu rwa Bihozagara

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Turebere hamwe Uruhare rw’izahoze ari Ingabo z’u Rwanda mu itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Turebere hamwe Uruhare rw’izahoze ari Ingabo z’u Rwanda mu itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 04 Mar 2024
Urukiko rwategetse ko Anne arekurwa, Diane Rwigara na nyina bagafungwa by’agateganyo

Urukiko rwategetse ko Anne arekurwa, Diane Rwigara na nyina bagafungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 23 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bamwe  mu byamamare mu Rwanda bakomeje kwishimira intsinzi y’Amavubi
IMIKINO

Bamwe mu byamamare mu Rwanda bakomeje kwishimira intsinzi y’Amavubi

Ubwanditsi 21 Jan 2016
Aubameyang yitambitse agahigo ka Yaya Toure
IMIKINO

Aubameyang yitambitse agahigo ka Yaya Toure

Ubwanditsi 08 Jan 2016
Abakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Rtd. CSP Gashagaza, batawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Abakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Rtd. CSP Gashagaza, batawe muri yombi

Ubwanditsi 21 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru