• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Padiri Nahimana yemeje itariki ntarengwa yo kuza mu Rwanda kwiyamamaza kuba Perezida

Padiri Nahimana yemeje itariki ntarengwa yo kuza mu Rwanda kwiyamamaza kuba Perezida

Ubwanditsi 03 Nov 2016 ITOHOZA

Umupadiri umwe mubashinze urubuga kuri murandasi rwitwa Le prophete. Urwo rubuga rufite ishingano imwe rukumbi yo kwunganira abakoze jenoside y’abatutsi mu 1994, amaze gutangaza ko azagera mu Rwanda, tariki ya 23/11/2016, aje kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda.

Tubibutse ko Padiri Thomas Nahimana ariwe washinze urubuga Le prophete rwatangijwe kandi ruyoborwa nawe ndetse n’undi mu Padiri usigaye uba muri Canada Padiri Fortunatus Rudakemwa kugeza ubu bombi bakibarizwa muri diyoseze ya Cyangugu, iyoborwa na Myr. Bimenyimana.

Kuva muri Gicurasi 2011, ibyandikirwa ku rubuga rwa internet “le prophete” ubwabyo n’icyaha gihanwa n’amategeko ,Thomas Nahimana amaze imyaka i Bulayi akora Politiki yo kwigisha urwango n’ingengabitekerezo ya jenoside.

Ubufatanyacyaha na Diyoseze ya Cyangugu

Nahimana ntashobora kuba muri Diyoseze y’i Bulayi, iyo bakomokamo ya Cyangugu itabizi. Paruwasi abarizwamo yagiranye amasezerano n’iya Cyangugu kugirango abashe gukora.

Rudakemwa na Nahimana bavuye mu Rwanda bahunze kubera ingengabitekerezo ya Jenoside yabagaragayeho ari abayobozi ba Seminari nto ya Cyangugu.

Urugero rumwe umuntu yaheraho ni urwa Padiri Thomas Nahimana. Uyu mupadiri yahunze afite pasiporo ya Congo. Ahunga afite andi mazina ndetse anyura i Kanombe.

Umupadiri ujya i bulayi n’ahandi hakenera visa, umusenyeri wa diyoseze ye agira uruhare mu kuyimusabira. No kuri Thomas Nahimana niko byagenze.

Ageze i Bulayi, Nahimana yasabye Umwepiskopi we ko amufasha akiga anakora n’akazi ke kandi k’ubupadiri.

Ibyo bivuga ko Musenyeri Bimenyimana yari yaranamufashije kwakirwa mu gihugu cy’Ubutaliyani nkuko amasezerano ateganywa ya za diyoseze z’aho umuntu akomoka n’aho agiye.

Imwe mu ngingo ziri muri ayo masezerano igira iti: “Umwepiskopi wa diyoseze yakiriye umusaserdoti, akurikije ibyasabwe n’umwepiskopi wa diyosezi imwohereje, ishinze umusaserdoti umurimo ukurikira..”

Ibi bivuga neza ko diyoseze yo mu butaliyani itari kumwakira itabisabwe na Myr. Bimenyimana. Ariko Nahimana yagiye muri iyi diyoseze kuri pasiporo y’igihugu cya Congo (DRC) kuko ariyo yahereweho visa.

Icyatuma umuntu atibaza kuri uyu mukino ni iki? Nahimana yasabiwe visa kuri pasiporo ya DR Congo, asabirwa gutura no kuba muri ayo mahanga nk’umunyarwanda wo muri diyoseze ya Cyangugu mu Rwanda!

Cyangugu iri muri Congo, cyangwa Congo iri muri Cyangugu?.

Umupadiri wakiriwe hari ibyo agomba kwiyemeza mu gutangira imirimo aho yakiriwe muri ayo masezerano biteganywa ko yiyemeza “kurangiza ubutumwa ahawe yifatanyije n’umwepiskopi umwakiriye, abandi basaserdoti n’imbaga y’abakristu azakora akurikije gahunda y’iyogezabutumwa rya diyosezi imwakiriye, by’umwihariko imirimo igenewe abasaserdoti, kandi akagumana ubumwe na diyosezi akomokamo, akayigezaho imbuto z’ubwo bunararibonye bw’umwihariko.”

Muri ayo masezerano, hakanateganywa ko uwo musaserdoti, “abigiranye umutima w’ubwumvire n’ubufatanye n’umwepiskopi wa diyosezi imwakiriye, yitangira n’indi mirimo yabanje kwumvikanaho n’umwepiskopi wa diyosezi imwohereje.”

-4547.jpg

Padiri Thomas Nahimana

Ese Nahimana na mugenzi we bakomeje ubumwe na diyoseze bakomotsemo cyangwa bwarahagaze? Ubwo bumwe bwakagombye kubamo inama umusenyeri agira abapadiri be bategetswe guhorana umubano na diyoseze bakomokamo. Uwo mubano urangwa n’iki?

Niba Nahimana na Rudakemwa baragombaga kubyumvikanaho n’umwepiskopi wabohereje mu itangizwa rya “le prophete” n’ishyaka rya Politiki Ishema (nk’indi mirimo bihangiye), ese barabikoze cyangwa ntibabikoze? Ni ikibazo gifite ipfundo rikomeye, bagomba kubanza gusubiza abanyarwanda mbere yo kwiyamamaza no kwandikisha ishyaka.

-4548.jpg

Bamwe mu bayoboke bimene bazaba barikumwe ngo na Padiri Nahimana

Iri shyaka ritazwi na benshi ariko bake barizi bemeza ko ari ishyaka rishingiye ku bagabo bimakaje ivangura n’amacakubiri imbere ku buryo ngo gahunda yabo izaba ibazanye harimo icyo ubwabo bise ”Revolution Hutu”

Ese iri shyaka waribwira iki nk’umunyarwanda ubona neza icyerekezo igihugu kirimo? ese ubu koko bakwiye gushyigikirwa?

Umwanditsi wacu

2016-11-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Padiri Nahimana ntiyigeze yurira indege nkuko ishyaka rye nawe bwite bari babitangaje’- Ambasaderi  Nduhungirehe

‘Padiri Nahimana ntiyigeze yurira indege nkuko ishyaka rye nawe bwite bari babitangaje’- Ambasaderi Nduhungirehe

Ubwanditsi 24 Jan 2017
Kigali Integrated College  K.I.C yafunguye imiryango ( AMAFOTO )

Kigali Integrated College K.I.C yafunguye imiryango ( AMAFOTO )

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Umuhango wo kwibuka Mucyo Jean de Dieu mu Bubiligi  ( AMAFOTO )

Umuhango wo kwibuka Mucyo Jean de Dieu mu Bubiligi ( AMAFOTO )

Ubwanditsi 02 Dec 2016
Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso

Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso

Ubwanditsi 02 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abafite ibirombe by’amabuye y’agaciro mu Ntara y’Iburasirazuba basabwe kubungabunga ibidukikije
Mu Mahanga

Abafite ibirombe by’amabuye y’agaciro mu Ntara y’Iburasirazuba basabwe kubungabunga ibidukikije

Ubwanditsi 14 Jun 2016
Ni gute Rusisibiranya Rusesabagina yemereye isi yose amahano yakoreye Abanyarwanda, nka KATRINA LENTHOS SWETT n’abandi babeshya ko baharanira ubutabera babihakana?Urundi rugero rw’ikinyoma n’urwango bafitiye uRwanda.
INKURU NYAMUKURU

Ni gute Rusisibiranya Rusesabagina yemereye isi yose amahano yakoreye Abanyarwanda, nka KATRINA LENTHOS SWETT n’abandi babeshya ko baharanira ubutabera babihakana?Urundi rugero rw’ikinyoma n’urwango bafitiye uRwanda.

Ubwanditsi 01 Sep 2020
“U Rwanda ntirwafashe impunzi z’Abarundi bugwate, n’abaturage basanzwe baje mu Rwanda igihugu cyabo cyabangiye ko basubirayo” Min Biruta
INKURU NYAMUKURU

“U Rwanda ntirwafashe impunzi z’Abarundi bugwate, n’abaturage basanzwe baje mu Rwanda igihugu cyabo cyabangiye ko basubirayo” Min Biruta

Ubwanditsi 12 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru