• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»KAYUMBA NYAMWASA munzira zo kubana n’umupfakazi wa Habyarimana Agathe Kanziga

KAYUMBA NYAMWASA munzira zo kubana n’umupfakazi wa Habyarimana Agathe Kanziga

Ubwanditsi 24 Oct 2016 ITOHOZA

Mu kiganiro cyaciye muri radio y’ihuriro rishya rya RNC, Musonera yanenze bikomeye Kayumba avuga ko ari umutetsi w’umutwe wo mu rwego rwo hejuru ngo akaba ashaka uko yahabwa ubuhunzi mu bufaransa kuburyo ngo yatangiye kuvugana na Kanziga Agatha umupfakazi wa Habyarimana amubwira ko agiye kumuvugira kubona ubwo buhungiro mu bufaransa.

-4439.jpg

Musonera Jonathan wo muri RNC-Nshya

Tubibutse ko muri Kamena 2013, Urukiko rwo mu Bufaransa rwongeye kwima ubuhungiro Agathe Kanziga wahoze ari umugore wa Perezida Juvenal Habyarimana.

Gusa u Bufaransa bukavuga ko azaguma ku butaka bwabo.

Agathe Habyarimana amaze imyaka isaga 18 asaba ibyangombwa byo kuba mu Bufaransa burundu, ariko urukiko rwa Versail rwafashe umwanzuro, udashobora kujuririrwa mu Bufaransa, ko Agathe adakwiye guhabwa ibyangombwa bimwemerera gutura mu Bufaransa.

Umuburanira, Maitre Philippe Meillac, yatangarije Radio BBC ko urukiko rwongeye kwemeza ko [Agatha] atujuje ibyangombwa nyuma y’amezi ane yongeye gutanga ikirego.

Ariko Me Philippe avuga ko icyo cyemezo kidasobanutse, ngo kuko harimo kwivuguruza; aho u Bufaransa buvuga ko Agathe aramutse ahawe ibyangombwa byo gutura mu gihugu cyabo, yaba abangamiye ituze rusange ry’igihugu, ariko bakaba ngo batazamwirukana ku butaka bwabo.

Indi mpamvu urukiko rwagendeyeho, usibye ko Kanziga yabangamira ituze rusange hari uruhare yaba yaragize mu Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Nubwo uru rukiko bita Conseil d’Etat rwafashe icyemezo cyo kumwima ubuhunzi rwatangaje ko iki cyemezo kitazashyirwa mu bikorwa. Kuri Maitre Meillarc we afata nko guhuzagurika.

Umwunganire mu mategeko yavuze ko kujurira mu Bufransa bidashoboka uretse kujya mu rukiko rw’umuryango w’ubumwe bw’i Burayi. Ariko kandi ngo ashobora kongera gutangira gusaba bundi bushya.

Agathe Habyarimana yasabye bwa mbere ubuhungiro mu gihugu cy’Ubufransa mu 2004 binyuze mu biro bishinzwe kurinda impunzi n’abadafite ubwenegihugu ((OFPRA)) maze buteshwa agaciro mu 2007 n’ikigo cy’igihugu gitanga ubuhungiro kigendeye ku masezerano y’i Geneve ndetse n’uruhare yaba yaragize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

-4440.jpg

Agathe Kanziga ( imyaka 74) umupfakazi wa Habyarimana

Ikigo gitanga ubuhungiro cyunga mu cyemezo cyafashwe n’ibiro birinda impunzi kigendeye ku myitwarire ye [Habyarimana] kuva tariki ya 6 kugeza tariki ya 9 mata 1994 ndetse n’imigenderanire yakomeje kugirana n’abateguye jenoside.

Mu kwakira 2007, Leta y’u Rwanda yashyize ahagaragara impapuro zo guta muri yombi Agathe Kanziga.

Nyuma yo kuva mu Rwanda, Kanziga w’imyaka isaga 70 yabanje guca muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (Zaire). Mu 1998 yahawe impapuro z’inzira mu buryo bw’akazi (passeport diplomatique) n’igihugu cya Gabon maze yerekeza mu Bufaransa.

None se ni gute umuntu utarabona ubuhungiro abusabira undi ? ate ?

Bimaze iminsi bivugwa ko Kayumba Nyamwasa ari guhakwa kuri uyu mu pfakazi ngo amubonere ubuhungiro mu bufaransa amubwira ko agiye gutanga ubuhamya mu bufaransa bw’ibyo yabonye ku ihanurwa ry’indege y’umugabo we Habyarimana J. wayoboraga u Rwanda.

-4444.jpg

Kayumba Nyamwasa n’umushyingira we Bitenga na Agathe Kanziga bitegura kubana

Muri iyi minsi habonetse andi makuru kandi afite gihamya ko Kayumba Nyamwasa afite imigambi yo gushaka uko yabana n’umugore wa Habyarimana mugihe yaba abonye ubuhungiro mu bufaransa, ibi Kayumba abipanga ngo agamije kwiyegereza uyu mu pfakazi uri mu zabukuru bityo ngo napfa azasigarane imitungo ye agenerwa n’igihugu cy’Ubufaransa .

Muri ayo makuru harimo ko ubuzima bubi bwa Kayumba Nyamwasa amazemo iminsi mu gihugu cya Africa y’Epfo ariho yigiriye inama yo kubeshya ko azi uwahanuye indege yari itwaye Habyarimana na Ntaryamira mu ijoro ryo ku itariki ya 6/4/1994.

Mu buryo bw’uburyarya n’amaco y’inda nibwo yabwiye inkiko z’ubufaransa ko agiye kubaha amakuru yizewe kuri icyo kirego ndetse anongeraho ko yabyiboneye gusa bibatera impungenge kuko atari ahari ariko kubera basanzwe bagoreka amateka bubahirije ibyifuzo bye bazi neza ko ntacyo bizatanga.

Mu buryo butunguranye abacamanza bari muri icyo kirego bahise bakirana yombi icyo cyifuzo cya kayumba gusa ariko ngo batungurwa nicyo bagiye kumwumvana dore ko yigeze kwitabazwa mbere mu maperereza yabanje ariko agahakana ko ntacyo abiziho none haribazwa icyo abimenyeho muri iyi minsi.

-4442.jpg

Umwinjira: Kayumba Nyamwasa arikumwe na Frank Ntwali musaza wa Rosette na Bitenga mubyara wa col. Karegeya

-4443.jpg

Yewe ntaho bukikera???

Kayumba Nyamwasa yikoreye igisebo cyose cyo kujya kuvuga amafuti mu gihe abafaransa bazi ukuri guhishe mu gasanduka k’umukara dore ko banze kukagaragaza kuko karimo uwahanuye indege nyawe nabo bafitemo uruhare.

Ngaho aho ruzingiye, benshi bashingira ko nta kindi kijyanye Kayumba mu bufaransa uretse kwigarurira Kanziga no kumuguyaguya ngo abe amubereye umugabo mu gihe ategereje ko yapfa agasigara mu mitungo ye ahabwa n’abana be barimo Jeanne Habyarimana uba muri Canada.

Tutibagiwe ko igihugu cy’Ubufaransa cyemeye kumuhemba agatubutse kubera amasezerano n’amabanga y’ibyo bakoze muri Jenoside yakorewe Abatutsi bagizemo uruhare bahora bashaka uko basunikira kuri RPF, ariko bikanga.

Cyiza Davidson

2016-10-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyamerika barenga 12.000 bohereje ubutumwa kuri Twitter basaba ko Perezida Trump yakwicwa muburyo bwa vuba

Abanyamerika barenga 12.000 bohereje ubutumwa kuri Twitter basaba ko Perezida Trump yakwicwa muburyo bwa vuba

Ubwanditsi 09 Feb 2017
Korea ya Ruguru yaburiye America ko izarasa indege zayo

Korea ya Ruguru yaburiye America ko izarasa indege zayo

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Uwarokotse Jenoside yiciwe mu Bubiligi  n’umusore bikekwa ko yari inshuti ye

Uwarokotse Jenoside yiciwe mu Bubiligi n’umusore bikekwa ko yari inshuti ye

Ubwanditsi 29 May 2017
Abandi banyarwanda bafatiwe muri Uganda bajyanywe  mu mitwe y’iterabwoba irimo na RNC

Abandi banyarwanda bafatiwe muri Uganda bajyanywe mu mitwe y’iterabwoba irimo na RNC

Ubwanditsi 29 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe
Amakuru

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Ubwanditsi 30 Nov 2021
Aline Gahongayire yashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘Ni yo yabikoze’ ivuga ku buzima yaciyemo-VIDEO
Mu Rwanda

Aline Gahongayire yashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘Ni yo yabikoze’ ivuga ku buzima yaciyemo-VIDEO

Ubwanditsi 14 Aug 2017
Ruhunda : Perezida Kagame yasabye abaturage  kubyaza umusaruro ibikorwa bya  Ekocenter bagejejweho
Mu Mahanga

Ruhunda : Perezida Kagame yasabye abaturage kubyaza umusaruro ibikorwa bya Ekocenter bagejejweho

Ubwanditsi 13 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru