• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»RNC ishaje ya Gen. Kayumba Nyamwasa na Gervais Cyondo baratanguranwa abayoboke na New-RNC ya Rudasingwa nk’indaya zitanguranwa abagabo Kampala road.

RNC ishaje ya Gen. Kayumba Nyamwasa na Gervais Cyondo baratanguranwa abayoboke na New-RNC ya Rudasingwa nk’indaya zitanguranwa abagabo Kampala road.

Ubwanditsi 09 Aug 2016 ITOHOZA

Urunturuntu muri RNC (Rwanda National Congress) rukomeje gufata indi ntera nyuma yo gucikamo ibice kw’iri shyaka mu mpera za Kamena uyu mwaka, kuri ubu abari abayobozi baryo bari kurushaho kurebana ay’ingwe no gushinjanya ubugambanyi.

Dr Théogene Rudasingwa wari umuhuzabikorwa wa RNC aheruka kwitandukanya nayo avuga ko arambiwe igitugu cy’agatsiko k’abasirikare karangajwe imbere na Kayumba Nyamwasa, ashinga Ihuriro Nyarwanda Rishya, ‘New RNC’.

Kuri ubu Rudasingwa ari kujya hirya nihino ashinga za Komite za New RNC , asangiye na Musonera na Ngarambe mu gihugu cy’ububiligi, aho bakoze nomination z’abayobozi babo.

Hari amakuru avuga ko New-RNC, ifite abayoboke 15, harimo 3 batangiye aribo Rudasingwa, Musonera na Ngarambe bigometse bakava muri RNC ishaje.

Ababikurikiranira hafi bavuga ko kuba bamaze kugera kw’icumi na batanu ar’uko bashukashuka impunzi ko nibamara kuza bazabashakira ibyangombwa by’ubuhunzi niyo mpamvu abo bayoboke 15 bafite ngo arabashaka ibyangombwa by’ubuhunzi maze bakayoboka abarwanya Leta ya Kigali kugirango bibonere izo mpapuro zibatuza iburayi.

Kurundi ruhande Kayumba nawe amaze gutoresha , RNC Ishaje m’u Bwongereza yatoye Jean Pierre Mushimiye umuyobozi w’intara mushya ari kumwe na Kigenza umubitsi mushya

-3521.jpg

RNC ishaje ya Gen. Kayumba Nyamwasa na Gervais Cyondo baratanguranwa abayoboke na New-RNC ya Rudasingwa nk’indaya zitanguranwa abagabo Kampla road.

Mbere gato y’uko muri RNC haduka intamba y’amagambo Rudasingwa ashinjanya na Kayumba kwadukana politiki ya munyangire, kurema udutsiko dushingiye ku moko no kugundira ubutegetsi, ku buryo imbaraga bari batangiye guhuza zongeye gutatana ubu ishyaka rikaba rigeze aharindimuka.

Rudasingwa avuga ko Kayumba yashyize mu ishyaka agatsiko k’Abatutsi bahoze mu gisirikare kahawe kuyobora RNC nubwo ubuyobozi bwari busanzweho bwageragezaga kugatesha agaciro, ku buryo bisa “nk’aho yaremeye ishyaka mu rindi.”

Amushinja kandi agatsiko yashinze agamije kumuvana ku buyobozi bwa RNC ubwo yari akiyiyoboye cyane cyane mu myaka ibiri ishize, kumusuzugura, kumutuka n’ibindi yavuze ko atari agishoboye kwihanganira.

Kayumba Nyamwasa tariki 26 Nyakanga 2016, yashyize hanze ibibazo bivugwa muri RNC, ubuhemu bwa Rudasingwa washakaga gusenya iryo shyaka biciye mu gukurura amacakubiri ashingiye ku moko no gushaka kuryigarurira biciye mu kwanga amatora n’ibyayavuyemo.

Kayumba yakubise Rudasingwa mu cyico

Kayumba ashinja Rudasingwa gusuzugura ubuyobozi bw’ishyaka, kutitabira inama bwateguraga zaganirirwamo ibikorwa biri imbere, no kwikanyiza akanga kurekura ubutegetsi no hamwe no kutemera ibivuye mu matora.

Kutagira ibanga kwa Rudasingwa ngo biri mu bindi bikomeye byashenguye Kayumba wavuze ko arutwa na Paul Rusesabagina witandukanyije na RNC akababeshya ko aretse politiki nubwo nyuma yayikomeje, ariko ntabe nka we [Rudasingwa] wagiye asebya ishyaka akamena n’amabanga yaryo.

Kayumba yiyemereye ko RNC yugarijwe n’ibibazo, Rudasingwa we yavuze ko ari ishyaka ryasabitswe n’urwango rushingiye ku moko, kudashyira hamwe n’ibindi nubwo Kayumba abihuza no kuba “nta shyaka ku Isi ritabamo ibibazo.”

Yavuze ko Rudasingwa yihutiye kubigaragaza mu itangazamakuru nyamara ngo we n’abo bafatanyije kwiyomora kuri Kayumba bagiye bakora ibikorwa bibi bakingirwa ikibaba.

Kayumba ati “Hari ibikorwa bibi bagiye bakora, twabagiriye ibanga ariko bo ntibaritugirira, n’ubu hari ibyo tutavuga kandi si uko bidahari, si uko tutabizi.”

Mu myaka yamaze muri RNC, Dr Rudasingwa ngo ntiyigeze ashyigikira demokarasi, zimwe mu ngero zikaba kuba yaranze ko muri RNC hakorwa amatora y’abayobozi, atinya ko azasimburwa ku mwanya w’umuhuzabikorwa.

-3520.jpg

Indaya Kampala road

2016-08-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abafaransa boherejwe mu Rwanda ngo bahangane n’Inkotanyi nubwo batari babishoboye – Tom Ndahiro

Abafaransa boherejwe mu Rwanda ngo bahangane n’Inkotanyi nubwo batari babishoboye – Tom Ndahiro

Ubwanditsi 29 Jun 2016
Uko Gén. Prime Niyongabo, Agemura Ibiryo, Intwaro N’ibikoresho, N’uko Atanga Imiti Mu Nkambi Y’imyitozo Igamije Gutera U Rwanda.

Uko Gén. Prime Niyongabo, Agemura Ibiryo, Intwaro N’ibikoresho, N’uko Atanga Imiti Mu Nkambi Y’imyitozo Igamije Gutera U Rwanda.

Ubwanditsi 22 Jan 2019
Isesengura : Urutegereje Eugene Gasana, wafatiye umugore ku ngufu muri The Millennium Hilton New York

Isesengura : Urutegereje Eugene Gasana, wafatiye umugore ku ngufu muri The Millennium Hilton New York

Ubwanditsi 19 Jun 2019
Rose Mukankomeje ashobora kongera gutabwa muri yombi

Rose Mukankomeje ashobora kongera gutabwa muri yombi

Ubwanditsi 14 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yagabanyije ikinyuranyo cy’amanota atatu hagati yayo na Rayon Sports, Kiyovu SC yatsinze Police FC – Ibyaranze umunsi wa 22 wa RPL
Amakuru

APR FC yagabanyije ikinyuranyo cy’amanota atatu hagati yayo na Rayon Sports, Kiyovu SC yatsinze Police FC – Ibyaranze umunsi wa 22 wa RPL

Ubwanditsi 31 Mar 2025
Umunyarwanda Areruya Joseph ukina mu ikipe ya Dimension Data yegukanye Tour du Rwanda 2017
IMIKINO

Umunyarwanda Areruya Joseph ukina mu ikipe ya Dimension Data yegukanye Tour du Rwanda 2017

Ubwanditsi 19 Nov 2017
Museveni yatangaje umugambi wo guca amakoti apfuka umutwe ku batwara moto nyuma y’iraswa ry’umudepite
ITOHOZA

Museveni yatangaje umugambi wo guca amakoti apfuka umutwe ku batwara moto nyuma y’iraswa ry’umudepite

Ubwanditsi 12 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru