• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Kagame yansabye kubwira Perezida Museveni ko u Rwanda rutazigera rurasa isasu rya mbere – Andrew Mwenda

Perezida Kagame yansabye kubwira Perezida Museveni ko u Rwanda rutazigera rurasa isasu rya mbere – Andrew Mwenda

Ubwanditsi 04 Jun 2019 ITOHOZA

Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda uragenda ufata intera kandi hatagize igikorwa wageza no ku ntambara nk’uko byemezwa n’Umunyamakuru, Andrew Mwenda, akaba n’intararibonye mu mubano w’ibi bihugu byombi by’ibituranyi, wagarutse ku butumwa Perezida Kagame yamuhaye ngo ashyikirize Museveni nawe agasubiza.

Mu nkuru yanditse igaragara ku rubuga rw’ikinyamakuru cye The Independent, Andrew Mwenda atangira yibutsa ko mu minsi ishize Uganda yemeje ko ingabo z’u Rwanda zambutse zikinjira muri Uganda zikarasa abantu babiri bagapfa. U Rwanda rwo rwavuze ko ibi byabereye ku butaka bwabyo. Mwenda akavuga ko ukurikije uko ibintu byifashe ibimenyetso mu by’ukuri ntacyo bivuze.

Avuga ko mu gihe cy’umwuka nk’uyu, ibiba bikurikirwa na poropaganda zigamije kwereka abaturage ba buri ruhande ko uruhande rwabo ari rwo ruhemukirwa.

Mwenda aravuga ko buri gihugu cyarunze abasirikare ku mupaka baba barebana ay’ingwe. Hagati mu mwaka ushize, ngo Perezida Kagame akaba yaragize ubutumwa aha Mwenda ngo amugereze kuri Perezida Museveni undi nawe arabusubiza.

Ati: “Perezida Kagame yansabye kubwira Perezida Museveni ko u Rwanda rutazigera rurasa isasu rya mbere. Museveni yambwiye ko adashaka intambara n’u Rwanda kubera ko intambara nk’iyo yaba ari ubucucu.”

Mwenda agakomeza agira ati: “Ndizera ko ko ba perezida bombi bifuza kwirinda intambara. Ariko ibyabaye nk’ibiheruka mu cyumweru gishize bishobora byoroshye kandi byihuse guhindura umwuka utameze neza mo amakimbirane ya gisirikare.”

Ngo ukurikije uko ibintu bimeze, intambara hagati ya Uganda n’u Rwanda irashoboka ndetse ngo ishobora no kuba itakwirindwa. Ngo intambara hagati y’u Rwanda na Uganda bwaba ari ubwenge bucye ariko ibi ntibivuze ko idashoboka. Ati: “Intambara zishobora kwaduka nubwo abayobozi ku mpande zombi baba biyemeje kuzirinda. Akantu gato nk’akabaye mu cyumweru gishize gashobora kuvana intonganya mu guhangana.”

Mwenda akomeza avuga ko iteka iyo hari ubwumvikane bucye, amatangazo ajya ahanze n’ibiba biba bishobora gutuma abayobozi bafata ingamba zarushaho gukomeza ibintu kugirango barinde icyubahiro cyabo aho gukomeza kwicara ngo bagaragare nk’abanyantege nke cyangwa ibigwari.

Kandi ngo iyo igihugu gihaye igisirikare cyacyo amabwiriza yo kuryamira amajanja, biragorana kubasha kugenzura ibintu bishobora kuba bitunguranye. Ngo nko kwibeshya gato no kumva nabi ibintu bishobora gutuma ibintu birushaho gukara byoroshye kandi byihuse ku buryo birenga icyo umuyobozi yateganyaga.

Umubano w’u Rwanda na Uganda warushijeho kuzamo agatotsi mu mpera za 2017 Uganda itangiye kwibasira Abanyarwanda bahakorera n’abahagenda ibikorwa by’ubutasi no guhungabanya umutekano, mu gihe u Rwanda narwo rwakomeje gushinja Uganda gucumbikira no gufasha abashaka kurutera no gukuraho ubutegetsi buriho.

Src : Bwiza

2019-06-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

#Kwibuka23: Umunyamabanga Mukuru wa LOni arasaba Isi kwigira ku Rwanda

#Kwibuka23: Umunyamabanga Mukuru wa LOni arasaba Isi kwigira ku Rwanda

Ubwanditsi 07 Apr 2017
Uganda: Abaherutse guhohotera utavuga rumwe n’ubutegetsi bagejejwe mu rukiko rwa gisirikare

Uganda: Abaherutse guhohotera utavuga rumwe n’ubutegetsi bagejejwe mu rukiko rwa gisirikare

Ubwanditsi 21 Oct 2018
BREAKING NEWS: Kayumba Nyamwasa Yatumije Inama Y’ikitaraganya Ya RNC Nyuma Yo Kuba Intabwa Kubera Abayoboke N’ingabo Zimushizeho

BREAKING NEWS: Kayumba Nyamwasa Yatumije Inama Y’ikitaraganya Ya RNC Nyuma Yo Kuba Intabwa Kubera Abayoboke N’ingabo Zimushizeho

Ubwanditsi 08 Dec 2019
Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa ukomeje gusubira irudubi :Ambasaderi w’u Rwanda i Paris yahamagajwe

Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa ukomeje gusubira irudubi :Ambasaderi w’u Rwanda i Paris yahamagajwe

Ubwanditsi 24 Oct 2017

4 Ibitekerezo

  1. Kurazikubone Jean
    June 4, 20196:18 pm -

    Mbabajwe no kwumva akazi kabombwe gukorwa n’abanyarwanda gakorwa na Andrew Mwenda. Ndumva Museveni adusuzuguye aritwe twaba tubimuteye! Iyo haba ahandi, abashinzwe dipole,asi barikwegura cyanga se abadepite bakaka ibisobanuro. Ibi bije mu gihe hari imyanya “strategic” yashyizwemo abanyamahanga nka NUR. Ariko kandi hagiyemo abanyamahanga aho tudafite abantu bashoboye byakumvikana. Ni iki Mwenda ashoboye tubuzemo umunyarwanda ubishoboye? Kuba yari kutumenyera ibyo Museveni ashaka cyanga atekereza byaramunaniye!

    Subiza
  2. Dieudonne Hakizayezu
    June 5, 20193:13 am -

    None se bariya baturage 2 biciwe muri Uganda ejo bundi ntibazize amasasu? Ntiharimo umwenegihugu wa Uganda se!? Isasu rya mbere u Rwanda rwararirashe rero!!!

    Subiza
  3. Pascal Baylon Ndengejeho
    June 7, 20193:31 pm -

    Abazi Mwenda bamutatse! Umunyoro urangwa no kurimanganya, kusopanya, kubogamira ahari indonke, kubeshya n’ibindi. Mbese ababaye I Bugande cyanga abakoranye nawe berekanyeko kuba ariwe wahiswemo kuba umuhuza hagati y’Urwanda n’Ubugande biteye isoni n’ikimwaro! Abasobanukiwe na politiki yo mu karere bavugako abategetsi b’Urwanda, cyane cyane abashinzwe ububanyi n’amahanga, basuzuguwe. Hari abavugaako bagombye kwegura cyanga se bagasabwa imbabazi ku mugaragaro. Nyamara kandi abitwako bahagariye abaturage ntacyo bavuga!!! Turizerako mu mezi ari imbere – igihe perezida azagaruka mu gihugu – hazabaho gusubiza ibintu mu bulyo.

    Subiza
  4. nkotanyi
    June 8, 20196:55 am -

    wowe wiyita Dieudonne Hakizayezu uri kuruhande rwa museveni nyamara umenyeko umunyarwanda yaciye umuganingo URUCIRA MUKASO RUGATWARA NYOKO
    museveni abanyarwanda tugomba kumufata nkushaka kugaruka ukora jenoside mwibukeko ari gufasha fdrl nindi mutwe ishaka gukora jenoside nanone yabanyarwanda abanyarwanda tubanze tumenye icyokibazo kandi twese turwanirire urwanda rwacu umutekano tuzi ko arimwiza dusengere urwanda rwacu ubundi dufatanye nabumutekano tubahe amakuru inzego zumutekano zacu zimeze neza ndashimira RDF yacu

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ntego z’iterambere rirambye ibera muri Ghana
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ntego z’iterambere rirambye ibera muri Ghana

Ubwanditsi 11 Dec 2017
Kongere ya Amerika yatesheje agaciro ibirego Himbara na Major Higiro barega u Rwanda
Mu Mahanga

Kongere ya Amerika yatesheje agaciro ibirego Himbara na Major Higiro barega u Rwanda

Ubwanditsi 04 Oct 2017
Ijwi ry’amaraso ya Padiri Nambaje yamenetse rikomeje kubuza amahwemo Thomas Nahimana  wamwicishije
ITOHOZA

Ijwi ry’amaraso ya Padiri Nambaje yamenetse rikomeje kubuza amahwemo Thomas Nahimana wamwicishije

Ubwanditsi 10 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru