• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Kagame yansabye kubwira Perezida Museveni ko u Rwanda rutazigera rurasa isasu rya mbere – Andrew Mwenda

Perezida Kagame yansabye kubwira Perezida Museveni ko u Rwanda rutazigera rurasa isasu rya mbere – Andrew Mwenda

Ubwanditsi 04 Jun 2019 ITOHOZA

Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda uragenda ufata intera kandi hatagize igikorwa wageza no ku ntambara nk’uko byemezwa n’Umunyamakuru, Andrew Mwenda, akaba n’intararibonye mu mubano w’ibi bihugu byombi by’ibituranyi, wagarutse ku butumwa Perezida Kagame yamuhaye ngo ashyikirize Museveni nawe agasubiza.

Mu nkuru yanditse igaragara ku rubuga rw’ikinyamakuru cye The Independent, Andrew Mwenda atangira yibutsa ko mu minsi ishize Uganda yemeje ko ingabo z’u Rwanda zambutse zikinjira muri Uganda zikarasa abantu babiri bagapfa. U Rwanda rwo rwavuze ko ibi byabereye ku butaka bwabyo. Mwenda akavuga ko ukurikije uko ibintu byifashe ibimenyetso mu by’ukuri ntacyo bivuze.

Avuga ko mu gihe cy’umwuka nk’uyu, ibiba bikurikirwa na poropaganda zigamije kwereka abaturage ba buri ruhande ko uruhande rwabo ari rwo ruhemukirwa.

Mwenda aravuga ko buri gihugu cyarunze abasirikare ku mupaka baba barebana ay’ingwe. Hagati mu mwaka ushize, ngo Perezida Kagame akaba yaragize ubutumwa aha Mwenda ngo amugereze kuri Perezida Museveni undi nawe arabusubiza.

Ati: “Perezida Kagame yansabye kubwira Perezida Museveni ko u Rwanda rutazigera rurasa isasu rya mbere. Museveni yambwiye ko adashaka intambara n’u Rwanda kubera ko intambara nk’iyo yaba ari ubucucu.”

Mwenda agakomeza agira ati: “Ndizera ko ko ba perezida bombi bifuza kwirinda intambara. Ariko ibyabaye nk’ibiheruka mu cyumweru gishize bishobora byoroshye kandi byihuse guhindura umwuka utameze neza mo amakimbirane ya gisirikare.”

Ngo ukurikije uko ibintu bimeze, intambara hagati ya Uganda n’u Rwanda irashoboka ndetse ngo ishobora no kuba itakwirindwa. Ngo intambara hagati y’u Rwanda na Uganda bwaba ari ubwenge bucye ariko ibi ntibivuze ko idashoboka. Ati: “Intambara zishobora kwaduka nubwo abayobozi ku mpande zombi baba biyemeje kuzirinda. Akantu gato nk’akabaye mu cyumweru gishize gashobora kuvana intonganya mu guhangana.”

Mwenda akomeza avuga ko iteka iyo hari ubwumvikane bucye, amatangazo ajya ahanze n’ibiba biba bishobora gutuma abayobozi bafata ingamba zarushaho gukomeza ibintu kugirango barinde icyubahiro cyabo aho gukomeza kwicara ngo bagaragare nk’abanyantege nke cyangwa ibigwari.

Kandi ngo iyo igihugu gihaye igisirikare cyacyo amabwiriza yo kuryamira amajanja, biragorana kubasha kugenzura ibintu bishobora kuba bitunguranye. Ngo nko kwibeshya gato no kumva nabi ibintu bishobora gutuma ibintu birushaho gukara byoroshye kandi byihuse ku buryo birenga icyo umuyobozi yateganyaga.

Umubano w’u Rwanda na Uganda warushijeho kuzamo agatotsi mu mpera za 2017 Uganda itangiye kwibasira Abanyarwanda bahakorera n’abahagenda ibikorwa by’ubutasi no guhungabanya umutekano, mu gihe u Rwanda narwo rwakomeje gushinja Uganda gucumbikira no gufasha abashaka kurutera no gukuraho ubutegetsi buriho.

Src : Bwiza

2019-06-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Ubwanditsi 15 Jan 2025
Kayumba wananiye Kagame ntiyashobokana na Nkurunziza

Kayumba wananiye Kagame ntiyashobokana na Nkurunziza

Ubwanditsi 27 Aug 2016
Ntabwo twasangira urwibutso n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi- Amb.Nduhungirehe

Ntabwo twasangira urwibutso n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi- Amb.Nduhungirehe

Ubwanditsi 10 Apr 2016
Abantu Miliyari  bakoresha YAHOO bibwe amabanga

Abantu Miliyari bakoresha YAHOO bibwe amabanga

Ubwanditsi 16 Dec 2016

4 Ibitekerezo

  1. Kurazikubone Jean
    June 4, 20196:18 pm -

    Mbabajwe no kwumva akazi kabombwe gukorwa n’abanyarwanda gakorwa na Andrew Mwenda. Ndumva Museveni adusuzuguye aritwe twaba tubimuteye! Iyo haba ahandi, abashinzwe dipole,asi barikwegura cyanga se abadepite bakaka ibisobanuro. Ibi bije mu gihe hari imyanya “strategic” yashyizwemo abanyamahanga nka NUR. Ariko kandi hagiyemo abanyamahanga aho tudafite abantu bashoboye byakumvikana. Ni iki Mwenda ashoboye tubuzemo umunyarwanda ubishoboye? Kuba yari kutumenyera ibyo Museveni ashaka cyanga atekereza byaramunaniye!

    Subiza
  2. Dieudonne Hakizayezu
    June 5, 20193:13 am -

    None se bariya baturage 2 biciwe muri Uganda ejo bundi ntibazize amasasu? Ntiharimo umwenegihugu wa Uganda se!? Isasu rya mbere u Rwanda rwararirashe rero!!!

    Subiza
  3. Pascal Baylon Ndengejeho
    June 7, 20193:31 pm -

    Abazi Mwenda bamutatse! Umunyoro urangwa no kurimanganya, kusopanya, kubogamira ahari indonke, kubeshya n’ibindi. Mbese ababaye I Bugande cyanga abakoranye nawe berekanyeko kuba ariwe wahiswemo kuba umuhuza hagati y’Urwanda n’Ubugande biteye isoni n’ikimwaro! Abasobanukiwe na politiki yo mu karere bavugako abategetsi b’Urwanda, cyane cyane abashinzwe ububanyi n’amahanga, basuzuguwe. Hari abavugaako bagombye kwegura cyanga se bagasabwa imbabazi ku mugaragaro. Nyamara kandi abitwako bahagariye abaturage ntacyo bavuga!!! Turizerako mu mezi ari imbere – igihe perezida azagaruka mu gihugu – hazabaho gusubiza ibintu mu bulyo.

    Subiza
  4. nkotanyi
    June 8, 20196:55 am -

    wowe wiyita Dieudonne Hakizayezu uri kuruhande rwa museveni nyamara umenyeko umunyarwanda yaciye umuganingo URUCIRA MUKASO RUGATWARA NYOKO
    museveni abanyarwanda tugomba kumufata nkushaka kugaruka ukora jenoside mwibukeko ari gufasha fdrl nindi mutwe ishaka gukora jenoside nanone yabanyarwanda abanyarwanda tubanze tumenye icyokibazo kandi twese turwanirire urwanda rwacu umutekano tuzi ko arimwiza dusengere urwanda rwacu ubundi dufatanye nabumutekano tubahe amakuru inzego zumutekano zacu zimeze neza ndashimira RDF yacu

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Pasiteri Kamanzi wari umuhuzabikorwa wa Rwanda Shima Imana yitabye Imana
Mu Rwanda

Pasiteri Kamanzi wari umuhuzabikorwa wa Rwanda Shima Imana yitabye Imana

Ubwanditsi 30 Jul 2018
Une étrange rumeur sur des tirs contre Kabila relayée par Theo Francken
Mu Rwanda

Une étrange rumeur sur des tirs contre Kabila relayée par Theo Francken

Ubwanditsi 26 Sep 2016
Undi muntu wa hafi wa Gen Kayihura agiye gutabwa muri yombi
ITOHOZA

Undi muntu wa hafi wa Gen Kayihura agiye gutabwa muri yombi

Ubwanditsi 06 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru