• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Kagame yansabye kubwira Perezida Museveni ko u Rwanda rutazigera rurasa isasu rya mbere – Andrew Mwenda

Perezida Kagame yansabye kubwira Perezida Museveni ko u Rwanda rutazigera rurasa isasu rya mbere – Andrew Mwenda

Ubwanditsi 04 Jun 2019 ITOHOZA

Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda uragenda ufata intera kandi hatagize igikorwa wageza no ku ntambara nk’uko byemezwa n’Umunyamakuru, Andrew Mwenda, akaba n’intararibonye mu mubano w’ibi bihugu byombi by’ibituranyi, wagarutse ku butumwa Perezida Kagame yamuhaye ngo ashyikirize Museveni nawe agasubiza.

Mu nkuru yanditse igaragara ku rubuga rw’ikinyamakuru cye The Independent, Andrew Mwenda atangira yibutsa ko mu minsi ishize Uganda yemeje ko ingabo z’u Rwanda zambutse zikinjira muri Uganda zikarasa abantu babiri bagapfa. U Rwanda rwo rwavuze ko ibi byabereye ku butaka bwabyo. Mwenda akavuga ko ukurikije uko ibintu byifashe ibimenyetso mu by’ukuri ntacyo bivuze.

Avuga ko mu gihe cy’umwuka nk’uyu, ibiba bikurikirwa na poropaganda zigamije kwereka abaturage ba buri ruhande ko uruhande rwabo ari rwo ruhemukirwa.

Mwenda aravuga ko buri gihugu cyarunze abasirikare ku mupaka baba barebana ay’ingwe. Hagati mu mwaka ushize, ngo Perezida Kagame akaba yaragize ubutumwa aha Mwenda ngo amugereze kuri Perezida Museveni undi nawe arabusubiza.

Ati: “Perezida Kagame yansabye kubwira Perezida Museveni ko u Rwanda rutazigera rurasa isasu rya mbere. Museveni yambwiye ko adashaka intambara n’u Rwanda kubera ko intambara nk’iyo yaba ari ubucucu.”

Mwenda agakomeza agira ati: “Ndizera ko ko ba perezida bombi bifuza kwirinda intambara. Ariko ibyabaye nk’ibiheruka mu cyumweru gishize bishobora byoroshye kandi byihuse guhindura umwuka utameze neza mo amakimbirane ya gisirikare.”

Ngo ukurikije uko ibintu bimeze, intambara hagati ya Uganda n’u Rwanda irashoboka ndetse ngo ishobora no kuba itakwirindwa. Ngo intambara hagati y’u Rwanda na Uganda bwaba ari ubwenge bucye ariko ibi ntibivuze ko idashoboka. Ati: “Intambara zishobora kwaduka nubwo abayobozi ku mpande zombi baba biyemeje kuzirinda. Akantu gato nk’akabaye mu cyumweru gishize gashobora kuvana intonganya mu guhangana.”

Mwenda akomeza avuga ko iteka iyo hari ubwumvikane bucye, amatangazo ajya ahanze n’ibiba biba bishobora gutuma abayobozi bafata ingamba zarushaho gukomeza ibintu kugirango barinde icyubahiro cyabo aho gukomeza kwicara ngo bagaragare nk’abanyantege nke cyangwa ibigwari.

Kandi ngo iyo igihugu gihaye igisirikare cyacyo amabwiriza yo kuryamira amajanja, biragorana kubasha kugenzura ibintu bishobora kuba bitunguranye. Ngo nko kwibeshya gato no kumva nabi ibintu bishobora gutuma ibintu birushaho gukara byoroshye kandi byihuse ku buryo birenga icyo umuyobozi yateganyaga.

Umubano w’u Rwanda na Uganda warushijeho kuzamo agatotsi mu mpera za 2017 Uganda itangiye kwibasira Abanyarwanda bahakorera n’abahagenda ibikorwa by’ubutasi no guhungabanya umutekano, mu gihe u Rwanda narwo rwakomeje gushinja Uganda gucumbikira no gufasha abashaka kurutera no gukuraho ubutegetsi buriho.

Src : Bwiza

2019-06-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Ese ubwisanzure  bw’itangazamakuru butagira rutangira, butaniye he n’ubwigomeke. Ikaramu cyangwa mikoro bidatinya”kirazira”, ntaho bitaniye n’uburozi.

Ese ubwisanzure  bw’itangazamakuru butagira rutangira, butaniye he n’ubwigomeke. Ikaramu cyangwa mikoro bidatinya”kirazira”, ntaho bitaniye n’uburozi.

Ubwanditsi 03 May 2021
Abandi Banyarwanda babiri bashimutiwe muri Uganda

Abandi Banyarwanda babiri bashimutiwe muri Uganda

Ubwanditsi 27 May 2019
Ibyiza n’Akamaro ko Kunywa Amazi Ukibyuka

Ibyiza n’Akamaro ko Kunywa Amazi Ukibyuka

Ubwanditsi 20 Oct 2021

4 Ibitekerezo

  1. Kurazikubone Jean
    June 4, 20196:18 pm -

    Mbabajwe no kwumva akazi kabombwe gukorwa n’abanyarwanda gakorwa na Andrew Mwenda. Ndumva Museveni adusuzuguye aritwe twaba tubimuteye! Iyo haba ahandi, abashinzwe dipole,asi barikwegura cyanga se abadepite bakaka ibisobanuro. Ibi bije mu gihe hari imyanya “strategic” yashyizwemo abanyamahanga nka NUR. Ariko kandi hagiyemo abanyamahanga aho tudafite abantu bashoboye byakumvikana. Ni iki Mwenda ashoboye tubuzemo umunyarwanda ubishoboye? Kuba yari kutumenyera ibyo Museveni ashaka cyanga atekereza byaramunaniye!

    Subiza
  2. Dieudonne Hakizayezu
    June 5, 20193:13 am -

    None se bariya baturage 2 biciwe muri Uganda ejo bundi ntibazize amasasu? Ntiharimo umwenegihugu wa Uganda se!? Isasu rya mbere u Rwanda rwararirashe rero!!!

    Subiza
  3. Pascal Baylon Ndengejeho
    June 7, 20193:31 pm -

    Abazi Mwenda bamutatse! Umunyoro urangwa no kurimanganya, kusopanya, kubogamira ahari indonke, kubeshya n’ibindi. Mbese ababaye I Bugande cyanga abakoranye nawe berekanyeko kuba ariwe wahiswemo kuba umuhuza hagati y’Urwanda n’Ubugande biteye isoni n’ikimwaro! Abasobanukiwe na politiki yo mu karere bavugako abategetsi b’Urwanda, cyane cyane abashinzwe ububanyi n’amahanga, basuzuguwe. Hari abavugaako bagombye kwegura cyanga se bagasabwa imbabazi ku mugaragaro. Nyamara kandi abitwako bahagariye abaturage ntacyo bavuga!!! Turizerako mu mezi ari imbere – igihe perezida azagaruka mu gihugu – hazabaho gusubiza ibintu mu bulyo.

    Subiza
  4. nkotanyi
    June 8, 20196:55 am -

    wowe wiyita Dieudonne Hakizayezu uri kuruhande rwa museveni nyamara umenyeko umunyarwanda yaciye umuganingo URUCIRA MUKASO RUGATWARA NYOKO
    museveni abanyarwanda tugomba kumufata nkushaka kugaruka ukora jenoside mwibukeko ari gufasha fdrl nindi mutwe ishaka gukora jenoside nanone yabanyarwanda abanyarwanda tubanze tumenye icyokibazo kandi twese turwanirire urwanda rwacu umutekano tuzi ko arimwiza dusengere urwanda rwacu ubundi dufatanye nabumutekano tubahe amakuru inzego zumutekano zacu zimeze neza ndashimira RDF yacu

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Okoko Godfroid yagizwe umutoza mushya w’ikipe ya Rutsiro FC asimbuye Haruna Ferouz watandukanye n’ikipe kubera umusaruro muke
Amakuru

Okoko Godfroid yagizwe umutoza mushya w’ikipe ya Rutsiro FC asimbuye Haruna Ferouz watandukanye n’ikipe kubera umusaruro muke

Ubwanditsi 01 Dec 2022
Bombori bombori mu ngabo z’u Burundi kubera gukubitwa na M23 muri Congo bakibaza icyo iyi ntambara ibamariye 
Amakuru

Bombori bombori mu ngabo z’u Burundi kubera gukubitwa na M23 muri Congo bakibaza icyo iyi ntambara ibamariye 

Ubwanditsi 31 Jan 2024
RDF : Uko  ikipe y’u Rwanda yarangije idatsinzwe
IMIKINO

RDF : Uko ikipe y’u Rwanda yarangije idatsinzwe

Ubwanditsi 17 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru