• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Israel: Apotre Gitwaza yasenze hamanuka umuriro urimo abamalayika 2

Israel: Apotre Gitwaza yasenze hamanuka umuriro urimo abamalayika 2

Ubwanditsi 26 Sep 2016 ITOHOZA

Mu gihe Intumwa y’Imana Dr Paul Gitwaza umuyobozi mukuru wa Zion Temple ku isi muri iyi minsi ari mu gihugu cya Israel, ku munsi w’ejo tariki ya 23 Nzeri 2016 yarasenze haba igitangaza gikomeye, benshi batangarira Imana. Ukurikije ibyo amaze igihe yigisha, icyo gitangaza akaba ari cyo kwandikwa mu Byakozwe n’Intumwa 29.

Ni mu rugendo rw’ubuhanuzi (Authentic Prophetic tours) Apotre Gitwaza n’abandi bari kumwe na we bari kugirira mu gihugu cya Israel gifite amateka menshi mu bijyanye n’iyobokamana. Nkuko bitangazwa n’abari kumwe na we muri urwo rugendo rw’ubuhanuzi barimo Pastor Barbra Umuhoza, ku munsi w’ejo bagiye gusengera ku musozi Carmel babona igitangaza cy’Imana.

Pastor Barbra Umuhoza avuga ko ubwo Apostle Dr Paul Gitwaza yari amaze gusenga bari ku musozi Carmel, hamanutse umuriro, wiyandikamo inyuguti nini ya ‘U’, ndetse babona n’ifoto irimo abamalayika babiri. Nyuma y’icyo gitangaza babonye n’amaso yabo, ngo hahise hagwa imvura mu gihe isanzwe igwa mu kwezi kw’Ukwakira, ibyo bikaba byatangaje abantu benshi.

-4146.jpg

Pastor Barbra Umuhoza

Pastor Barbra Umuhoza ari na we ukunze gusemurira Apostle Gitwaza akaba n’umwe muri Zion Temple bafite ibikorwa by’itangazamakuru mu nshingano zabo, yagaragaje ko ibyo babonye nta gushidikanya ari ibyo mu Byakozwe n’Intumwa igice cya 29, igice gishya kitaba muri Bibiliya cy’ibitangaza Imana iri gukoresha Intumwa muri iyi minsi.

Mu butumwa yasangije abakristo ba Zion Temple, abanyarwanda n’abandi bamukurikirana, akoresheje Instagram, yavuze ko nyuma yo gusenga Imana yabiyeretse inyuze mu muriro. Ati:

(…..)Ejo hashize igihe twari dushoje gusenga aho twari tuyobowe na Apostle Dr Paul Gitwaza ku musozi Carmel hamanutse umuriro urimo abamalayika babiri bari bawuhagazemo hagati, uwo muriro wari mu ishusho ya U isobanuye Might God (Uwiteka) mu kinyarwanda. Eejo hashize wari umunsi w’ibitangaza bigaragara. #Israel #AuthenticPropheticTours #Acts29.

Iki gitangaza cyo kubonekerwa n’Imana, kibaye nyuma y’aho Intumwa Dr Paul Gitwaza amaze igihe yigisha ku gitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa aho abwiriza ku gice cya 29 gisanzwe kitanditswe muri Bibiliya, agasobanurira abakristo ko muri iki gihe hari ibindi bitangaza bikomeye Imana iri gukoresha abakozi bayo batandukanye ku isi, mu ihishurirwa rya bamwe mu bakozi b’Imana bakomeye, ibyo akaba ari byo bikubiye muri icyo gice cya 29 (igice gishya) dore ko ubusanzwe igitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa kigizwe n’ibice 28.

-4147.jpg

Intumwa Paul Gitwaza

2016-09-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Ubwanditsi 29 Jan 2024
Red Pepper yanditse ko Museveni ‘ategura guhungabanya’ ubutegetsi bw’u Rwanda, yafunguwe

Red Pepper yanditse ko Museveni ‘ategura guhungabanya’ ubutegetsi bw’u Rwanda, yafunguwe

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Uganda : Daily Monitor muri Propaganda  zo guharabika u Rwanda mu nyungu za Museveni

Uganda : Daily Monitor muri Propaganda zo guharabika u Rwanda mu nyungu za Museveni

Ubwanditsi 14 Apr 2019
Yannick Mukunzi na Rutanga barekuwe

Yannick Mukunzi na Rutanga barekuwe

Ubwanditsi 21 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CNDD FDD yafashe icyemezo cyo gusenya urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane 166 z’Abanyamulenge zishwe muri 2004 mu Gatumba
Amakuru

CNDD FDD yafashe icyemezo cyo gusenya urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane 166 z’Abanyamulenge zishwe muri 2004 mu Gatumba

Ubwanditsi 23 Dec 2020
Perezida Nkurunziza n’umufasha we mu masengesho y’iminsi itandatu basabira u Burundi ngo buzagire amahoro 2018
INKURU NYAMUKURU

Perezida Nkurunziza n’umufasha we mu masengesho y’iminsi itandatu basabira u Burundi ngo buzagire amahoro 2018

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Ndasubira Mu Rugo Kuwa Mbere, Ndahangayitse Ariko Miliyoni 44 Z’Abagande Nazo Zirahangayitse – Bobi Wine
POLITIKI

Ndasubira Mu Rugo Kuwa Mbere, Ndahangayitse Ariko Miliyoni 44 Z’Abagande Nazo Zirahangayitse – Bobi Wine

Ubwanditsi 17 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru