• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amerika : DONALD TRUMP ashobora kugambanirwa n’Inzego z’Iperereza

Amerika : DONALD TRUMP ashobora kugambanirwa n’Inzego z’Iperereza

Ubwanditsi 17 Jan 2017 ITOHOZA

Nkuko tumaze iminsi tubibabwira munkuru zitandukanye perezida watowe muri Amerika arimo guhura n’ibibazo atari yiteguye kubera amagambo yagiye avuga. Gusa Trump ashobora kuba atorohewe bitewe nuko atigeze agira imyimenyerezo muri politike nabyo hari icyo byari kumufasha.

Ikiriho ubu ni uko perezida Trump usigaje iminsi mike ngo ahabwe ubutegetsi mu buryo bwemewe taliki ya 20 Mutarama 2017, yahamagaje abamushigikiye ndetse n’abamutoye abasaba guhaguruka bakaba maso kuko ngo abanzi baturuka mu ishyaka ryabademokarate n’abarepubulike barimo kumugambanira bikomeye kuburyo ngo bashobora kuba bafite umugambi utari mwiza kuri we, ariko avuga ko batazamushobora.

-5385.jpg
Iyo urebye Donald Trump muri iyi minsi ibibazo byaramwibasiye kandi ukabona ko aho biganisha atari ibintu bizaragira vuba aha, ni ibibazo bizajya bikururana.

Nkuko tubikesha The Jerusalem Post iki kinyamakuru cyandikirwa muri Israel kiravuga ko gifite amakuru yizewe neza avuga ko hari itsinda ry’abantu bavuye munzego zinyuranye z’iperereza z’Amerika zikaba zaragiye muri Israel kugirango babasobanurire ikibazo cya Trump. Nyuma y’ibisobanuro baje kubasaba ko igihe Trump azaba yageze muri White House hari amakuru y’ibanga yo kurwego rwo hejuru (Top Secrets) atagomba kumenyeshwa kubera imyitwarire afite.

Ibi bikaba bigaragara ko ibintu birimo gufata indi ntera kuko kuba perezida w’igihugu utizewe n’inzego zifatwa nk’umutima w’igihugu, bigaragara ko iminsiyawe iba ibarirwa kuntoke.

Yediot Aharonot wakoze iyi nkuru avuga ko hari amakuru akomeye Trump aramutse amenye ashobora gutuma agera kugihugu cy’Uburusiya na Iran ngo bigatuma umutekano w’isi uhungabana muburyo bukomeye. Amakuru arakomeza avuga ko inzego z’ubutasi z’Amerika zihangayikishijwe n’imikoranire ishobora kuba iri hagati ya perezida watowe Trump na Vladimir Putin bafata nk’umwanzi ukomeye w’Amerika.

Muri iyi nama yabereye mu ibanga rikomeye cyane , uyu munyamakuru yabwiwe ko urwego rwa National Security Agency (NSA) rwo muri Amerika, uwari uruhagarariye yabwiye bagenzi babo ba Israel ko bafite amakuru adashidikanwaho ko abarusiya bibye amakuru muruhande rw’abademokarate bakayaha Trump ndetse na Wikileaks, hakaba hari n’indi mikoranire bakeka ko iri hagati ya Trump na Putin.

Aha twabibutsa ko imikoranire iri hagati y’inzego z’iperereza hagati ya Amerika na Israel yashinze imiz kuva muri 2000.

-5384.jpg

Donald Trump

Nkuko twabibabwiye mu nkuru zahise, hari umurongo ibi bihugu byibihangage biba bigenderaho ndetse hakaba n’imigambi baba bafite bagomba gushyira mu bikorwa mugihe runaka batitaye k’umuntu uwariwe wese waba uri kubutegetsi. Birumvikana ko uwashaka kurogoya imigabo n’imigambi yabo bitamworohera. Kuri Donald Trump bimaze kugaragara ko adashaka umuntu wese wivanga mubuyobozi bwa gahunda ze, ariko akibagirwa ko udashobora kuyobora inzego zigusumbya imbaraga, ahubwo ugerageza kugendana nazo.

Iyo ukurikiranye neza usanga hari umurongo ubutegetsi bw’Amerika bwarangije gufata kugihugu cy’Uburusiya, hakaba hari ukuntu bashaka guhangana nabwo badakozwa kuba byakemuka munzira nziza. Iyo ukurikiranye intambara itutumba hafi y’imipaka ihuza Uburusiya n’ibihugu biri mumuryango wa NATO ubibona ko hari ikitagenda neza. Ubwo muri iki cyumweru abasirikare b’Amerika bagera kuri 3000 baherekejwe n’ibitwaro bya rutura bageraga muri Poland bakerekezwa gukambika hari y’umupaka w’Uburusiya nibwo umuntu yavuga ko ibintu atari shyashya.

-5383.jpg
Reuters ibiro ntaramakuru by’abongreza byatangaje ko mubo Trump yatoranije ngo bamufashe kuyobora Amerika hatangiye kugaragara imyumvire itandukanye niya shebuja. Uzaba ashinzwe ingabo Gen. James Mattis yavuze ko Uburusiya buza kumwanya wa mbere mubihugu bibangamiye umutekano n’inyungu z’Amerika akaba ariyo mpamvu bagomba kwitegura guhangana nabwo mubuyo bwose bushoboka.
Mattis yavuze ko yiteguye gukorana n’izindi nzego z’umtekano kugir ngo barebere hamwe uko bahangana n’Uburusiya, Ubushinwa na Islamic State ngo kuko nibo babangamiye Amerika bikomeye kuva intambara ya 2 yarangira. Ibi rero bivuze ikintu kinini kubareba kure.

Ibi byose rero Trump agomba kubyitaho agakomereza aho abandi bageze kabone nubwo hari ibyahinduka ariko akagendera mu murongo w’abandi. Bitagenze gutyo Trump azicara muri White House, hari abandi nabo bari kureba uko bazayicaramo ubutaha. Ikibazo ni ukumenya niba mugihe yakomeza imyitwarire afite ubu, ko yazarangiza mandat ye mumwuka nkuriya? Ese yakomeza kwicara ku ngoma ibarizwa muri White House mugihe abandi nabo babaza indi.

Hakizimana Themistocle

2017-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umutekano  w’Isi  ugerwa ku mashyi kubera Amabuye yo mukirere azwi nk’ ASTEROIDS

Umutekano w’Isi ugerwa ku mashyi kubera Amabuye yo mukirere azwi nk’ ASTEROIDS

Ubwanditsi 15 Nov 2016
Andi makuru twamenye ku iyegura rya Jean Paul Turayishimye, urukundo rw’ibanga na Tabita Gwiza mushiki wa Rutabana

Andi makuru twamenye ku iyegura rya Jean Paul Turayishimye, urukundo rw’ibanga na Tabita Gwiza mushiki wa Rutabana

Ubwanditsi 28 Oct 2019
Uburyo Uganda yitwaje Lt Joel Mutabazi mu guhindanya ubufatanye mu by’umutekano n’u Rwanda

Uburyo Uganda yitwaje Lt Joel Mutabazi mu guhindanya ubufatanye mu by’umutekano n’u Rwanda

Ubwanditsi 31 Aug 2018
Ubucuruzi bwa Tribert Rujugiro Ayabatwa butubahirije amategeko ndetse bukoreshwa no mubikorwa by’iterabwoba bwashyizwe ku karubanda

Ubucuruzi bwa Tribert Rujugiro Ayabatwa butubahirije amategeko ndetse bukoreshwa no mubikorwa by’iterabwoba bwashyizwe ku karubanda

Ubwanditsi 17 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDF igiye kwinjiza amaraso mashya, menya ibisabwa
Mu Rwanda

RDF igiye kwinjiza amaraso mashya, menya ibisabwa

Ubwanditsi 26 Jan 2018
U Rwanda  rwateye utwatsi amakuru ari muri  Uganda avuga ko rushaka gufasha   IGP Kale Kayihura kuzasimbura Museveni
ITOHOZA

U Rwanda rwateye utwatsi amakuru ari muri Uganda avuga ko rushaka gufasha IGP Kale Kayihura kuzasimbura Museveni

Ubwanditsi 06 Oct 2017
Perezida Trump yashimiye Madamu Jeannette Kagame watangije amasengesho yo gusengera Amerika
INKURU NYAMUKURU

Perezida Trump yashimiye Madamu Jeannette Kagame watangije amasengesho yo gusengera Amerika

Ubwanditsi 09 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru