• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uwari mu modoka imwe n’umushoferi wa Bobi Wine yavuze byinshi ku rupfu rwe
Yasin Kawuma yishwe arashwe, Bobi Wine yavuze ko abamwishe bagize ngo ni we bahitanye

Uwari mu modoka imwe n’umushoferi wa Bobi Wine yavuze byinshi ku rupfu rwe

Ubwanditsi 29 Aug 2018 ITOHOZA

Nyuma y’ibyumweru bibiri Yasin Kawuma watwaraga depite Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine arasiwe mu gace ka Arua muri Uganda agapfa, umugore bari mu modoka imwe yagize icyo avuga ku iyicwa rye.

Tariki ya 13 Kanama nibwo Kawuma yishwe, igikorwa Bobi Wine waje gutabwa muri yombi nyuma agafungurwa atanze ingwate yemeza ko cyakozwe n’abashinzwe umutekano muri Uganda.

Ku nshuro ya mbere umugore uri mu kigero cy’imyaka 20 urwariye mu Mujyi wa Kampala yavuze ko yari yicaye mu ntebe y’inyuma, ubwo Kawuma yaraswaga ndetse isasu ryamunyuzemo rikamukomeretsa umutwe.

Mu kiganiro yagiranye na Daily Monitor yasabwe kutavuga amazina ye n’aho arwariye.

Uyu mugore yavuze ko Kawuma atari we wari utwaye imodoka ya Bobi Wine yo mu bwoko bwa Tundra.

Undi mushoferi niwe wari wiriwe agendana n’uyu muhanzi utavuga rumwe na Perezida Yoweri Museveni; Kawuma yarashwe mu gihe uwari utwaye yari asohotse gato ubwo bari kuri hotel Pacific.

Ati “Nari nicaye ku ntebe y’inyuma n’aho Kawuma yicaye ku ntebe yegereye iya shoferi. Umushoferi yari asohotse ashyiriye Bobi cyangwa undi muntu telefoni n’ibindi bikoresho.”

Yakomeje avuga ko hari ibintu yari ari kwereka Kawuma, ako kanya yumva ikintu kimuguye mu maso, amurebye asanga yuzuye amaraso.

Yagerageje guhunga ariko abantu bambaye imyenda y’abashinzwe umutekano baramufata bamuryamisha hasi.

Ngo bagenzi babo bahise baza batangira kumukubita, undi mugore wagerageje kumutabara nawe arakubitwa kugeza ubwo bombi bataye ubwenge.

Yagaruye ubwenge abona abashinzwe umutekano bari gusohora abantu barimo n’abadepite muri hoteli we na mugenzi we bigira nk’abapfuye kugira ngo badafatwa.

Batabawe n’umugore wahoze ari umudepite wabashije gucika nyuma yo kwiyambika nk’umutetsi wa Pacific Hotel. Bajyanywe ku bitaro bya Kiryandongo biri mu bilometero 276 uvuye Arua kubera gutinya gutabwa muri yombi.

Nyuma ariko yaje gusubira kuvurirwa mu Mujyi wa Kampala, ubwo yasurwaga n’umunyamakuru akaba yarabashaga kuvuga ariko kugenda bitoroshye.

Yavuze agifite ububare ku gice cy’umutwe cyafashwe n’isasu, ndetse abona amaraso ariko atazi aho aturuka. Abaganga bamugiriye inama yo kujya gushaka inzobere ngo amenye niba ataraviriye imbere mu mubiri.

Kuva imyigaragambyo yatangira muri Uganda habarurwa abantu batandatu bishwe barashwe, abagera kuri 35 barimo Bobi Wine bari batawe muri yombi barekuwe hatanzwe ingwate.

Ni mu gihe depite Francis Zaake we akirembeye mu bitaro kubera iyicarubozo yakorewe.

2018-08-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rutangungira Rene washimuswe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare muri Uganda byamuviriyemo ubumuga bw’amaboko

Rutangungira Rene washimuswe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare muri Uganda byamuviriyemo ubumuga bw’amaboko

Ubwanditsi 07 Nov 2017
Umuntu wese winjiye mu rubanza rw’abo kwa Rwigara yasatswe

Umuntu wese winjiye mu rubanza rw’abo kwa Rwigara yasatswe

Ubwanditsi 11 Oct 2017
Kivu y’Amajyepfo : Intambara iraca ibintu hagati y’Umutwe wa ‘ Gumino Banyamulenge ‘  n’abarwanyi b’Umutwe wa Mai-Mai (Aoci).

Kivu y’Amajyepfo : Intambara iraca ibintu hagati y’Umutwe wa ‘ Gumino Banyamulenge ‘ n’abarwanyi b’Umutwe wa Mai-Mai (Aoci).

Ubwanditsi 31 May 2017
Kayumba yagize icyo avuga ku mafuti ya Rudasingwa babanye muri RNC

Kayumba yagize icyo avuga ku mafuti ya Rudasingwa babanye muri RNC

Ubwanditsi 29 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FESPAD : Zao Zoba yerekanye ubuhanga mu gitaramo gifungura, Sauti Sol irinubirwa
SHOWBIZ

FESPAD : Zao Zoba yerekanye ubuhanga mu gitaramo gifungura, Sauti Sol irinubirwa

Ubwanditsi 30 Jul 2018
Muhanga: Umuzamu yiciwe ku kabari yarindaga
Mu Rwanda

Muhanga: Umuzamu yiciwe ku kabari yarindaga

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Mu mikino y’igikombe cy’Intwari 2024, APR FC yasezereye Musanze FC, Police isezerera Rayon Sports
Amakuru

Mu mikino y’igikombe cy’Intwari 2024, APR FC yasezereye Musanze FC, Police isezerera Rayon Sports

Ubwanditsi 28 Jan 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru