• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umufasha wa Gen Castal arahamya ko yamenye ko abatutsi bagiye kwicwa ndetse na Perezida Habyarimana

Umufasha wa Gen Castal arahamya ko yamenye ko abatutsi bagiye kwicwa ndetse na Perezida Habyarimana

Ubwanditsi 13 Apr 2017 ITOHOZA

Uwimana Athanasie, umufasha wa Gen Nsabimana Deaogratias bahimbaga Castal yatangarije Artiges Guy umugenzacyaha i Bruxelles taliki 30/06/1994 ko mbere yo guhamagarwa ngo aherekeze Perezida Habyarimana mu mishyikirano y’amahoro yagombaga gusinyirwa Arusha umugabo we yari ahangayikishijwe n’ikintu gishobora guturika bigatuma intambara yongera kwegura.

Uwimana avuga ko urebye ukuntu imitwe myinshi yakusanyaga intwaro, n’ukuntu abanyapolitiki batumvikanaga n’uburyo umugabo we yategujwe igitaraganya ku wa 05/04/1994 ko agomba guherekeza Perezida i Dar- Es- Salam taliki 06/04/94 byamuteye impungenge bitewe no kutumva impamvu y’urwo rugendo.

Uwimana Athanasie yavuze ko yari yarabwiwe n’umufasha we ko hari abantu bazatsembwa, nubwo ngo atamubwiye urutonde, yahoraga amusaba kwitegura igihe cyose, akavuga ko ukwicwa kwa Gatabazi kwari kugiye kuba nk’imbarutso y’ubwicanyi bwari bwarateguwe ariko Gen Nsabimana arabihagarika.

Umufasha wa Gen Nsabimana yavuze ko iraswa ry’indege yari twaye Perezida Habyarimana n’abari kumwe nawe yabimenyeshejwe taliki 06/04/1994 saa mbiri na mirongo ine, taliki ya 7/4/1994 nyuma ya saa sita ajya kureba umurambo w’umugabo we ngo umufasha wa Perezida Habyarimana yamubwiye ko ibyabaye byagombaga kuba.

-6267.jpg

Agatha Kanziga yabwiye umugore wa Gen. Nsabimana ko” ibyabaye byagombaga kuba”.

Umuryango w’Agathe Habyarimana wishimiraga kwicwa kw’Abatutsi muri Jenoside
Nk’uko abakobwa ba Dr Akingeneye wari umuganga wihariye wa Perezida Habyarimana babitangarije Ababiligi abakoraga iperereza ry’iraswa ry’indege yari itwaye Perezida Habyarimana, ngo Agathe Habyarimana n’umuryango we bashimishwaga n’amakuru y’iyicwa ry’Abatutsi mu gihe cya Jenoside.

Uwanyigira Jeanne na Uwimbabazi Marie Claire bavuga ko nyuma y’iraswa ry’indege yari itwaye Perezida Habyarimana n’abari bayirimo bagiye Kanombe kureba umurambo wa se taliki ya 07/Mata 1994 ahagana mu ma saa moya y’igitondo batwawe n’abasirikali bari mu barindaga Perezida.

-6268.jpg

Kwa Habyarimana i Kanombe

-6272.jpg

Indege Falcon 50 yari iya Perezida Habyarimana

-6270.jpg

Ibisigazwa by’Indege ya Habyarimana

Iperereza ryakozwe na Poux na Marc Trevedic ryagaragaje ko indege yarashwe n’abahezanguni bo muri Leta ya Habyarimana batifuzaga gusangira ubutegetsi

-6271.jpg

Gen Nsabimana Deogratias wari umugaba mukuru w’Inzirabwoba

Uwanyigira na Uwimbabazi bavuga ko basanze imirambo 7 harimo n’uwase iri ukwabo, naho iy’abapilote b’Abafaransa iri ukwayo n’iy’abarundi bakavuga ko imbere y’inzu hari Abafaransa 4 bavugaga ko indege yahanuwe n’isasu ryo mu bwoko bwa stinger.

Bavuga ko igihe bari batangiye gusenga umugore wa Habyarimana yasabye ko Interahamwe zafashwa mu kwikiza umwanzi kandi ingabo z’u Rwanda zikegura intwaro, Godeliva mushiki wa Perezida wari umubikira avuga ko Abatutsi bose bakwiye kwicwa.

Uwimbabazi Claire mu buhamya bwe avuga ko ari kumwe n’abasirikare 138 muri camp Kigali taliki ya 08 Mata 1994 bamweretse aho Ababirigi biciwe iruhande rw’inzu hafi y’umuryango naho Uwanyigira Jeanne abasirikali bamubwira ko bariya basilikali b’Ababirigi bari bakwiye kwicwa aho kugirango bazacirwe urubanza.

Uwanyigira na Uwimbabazi bavuga ko italiki 07 Mata abagize umuryango wa Perezida Habyarimana bari bamaze kuhagera harimo n’abihaye Imana, ngo barishimaga iyo umwe mubo bita abanzi bicwaga, cyane cyane ngo amakuru yatangwaga n’abarindaga Perezida kandi bakigamba, ku bw’ubwo bwicanyi.

Uwanyigira na Uwimbabazi bavuga ko ubwo bari baherekeje umurambo wa se mu buruhukiro bwo kwa muganga (morgue) i Kanombe, umuganga witwa Baransalitse yavuze ko umurambo wa Minisitiri w’intebe Agata wo ushyirwa ahandi ukwawo naho Jean Juc Habyarimana ababwira ko yari agiye gushota umupira kuri Agata ariko ntiyabikora bareba.

Abari kwa Perezida Habyarimana bavuga ko Mobutu yaba yaramenyesheje umugore wa Habyarimana iby’iryo hanurwa ry’indege, mbere gato, ariko ntaburire umugabo we.

2017-04-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Museveni yahaye RNC rugali  mu bitangazamakuru bye guharabika u Rwanda

Uko Museveni yahaye RNC rugali mu bitangazamakuru bye guharabika u Rwanda

Ubwanditsi 05 May 2019
Birakomeye : Rudasingwa Theogene  na Mushiki we uba mu Rwanda  n’ikigo La Roche bagiye kugezwa imbere y’urukiko

Birakomeye : Rudasingwa Theogene na Mushiki we uba mu Rwanda n’ikigo La Roche bagiye kugezwa imbere y’urukiko

Ubwanditsi 16 Feb 2016
Umugore yasutseho umugabo we amavuta ashyushye nyuma yo gushyamirana ubwo  yavuganaga na pasiteri kuri telefone

Umugore yasutseho umugabo we amavuta ashyushye nyuma yo gushyamirana ubwo yavuganaga na pasiteri kuri telefone

Ubwanditsi 04 Oct 2016
Polisi ya Malawi mu iperereza ku Munyarwanda wiciwe mu nkambi anizwe

Polisi ya Malawi mu iperereza ku Munyarwanda wiciwe mu nkambi anizwe

Ubwanditsi 02 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Moïse Katumbi yatangaje ko mu kwezi gutaha azasubira muri Congo
POLITIKI

Moïse Katumbi yatangaje ko mu kwezi gutaha azasubira muri Congo

Ubwanditsi 26 Jun 2018
Kwibuka, Ibyaranze itariki ya 20 Mata 1994: Abatutsi basaga 26000 biciwe muri Kiliziya ya Paruwasi Mugombwa muri Butare
Mu Rwanda

Kwibuka, Ibyaranze itariki ya 20 Mata 1994: Abatutsi basaga 26000 biciwe muri Kiliziya ya Paruwasi Mugombwa muri Butare

Ubwanditsi 20 Apr 2018
Ni bande bakunzi b’ikibi bahururiye gushyigikira Charles Onana mu rubanza aregwamo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi? 
Amakuru

Ni bande bakunzi b’ikibi bahururiye gushyigikira Charles Onana mu rubanza aregwamo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi? 

Ubwanditsi 30 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru