• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Hari impamvu muri PL na PSD koko bagombaga guhitamo Kagame

Hari impamvu muri PL na PSD koko bagombaga guhitamo Kagame

Ubwanditsi 09 Jun 2017 POLITIKI

Icyemezo giherutse gufatwa na PL na PSD cyo guhitamo Perezida Paul Kagame kuzababera umukandida Perezida, mu matora ataha, gikomeje kuvugwaho byinshi ariko iyo usesenguye usanga ayo mashyaka yombi koko yaragombaga guhitamo uwo yahisemo !

Muri PSD ubuyobozi bwafashe icyemezo cyo guhitamo Kagame hanyuma gitangariza abayoboke n’abatumire, harimo n’abanyamakuru, ariko muri PL icyo cyemezo cyafashwe buri muntu yibereye mu nama nkuru y’igihugu yiryo shyaka.

-6829.jpg

Komite nyobozi ya RPF-Inkotanyi

Muri iyo nama ubuyobozi bwa PL bwatangarije abari bahagarariye ishyaka, kuva mu turere twose tw’igihugu, yuko hari ibintu bibiri bagomba kwihitiramo kimwe: Ishyaka rihitemo umwe mu barwanashyaka baryo kuzaribera kandida Perezida cyangwa bemeze gushyigikira Paul Kagame kubera yuko nawe obo muri PL bamwibonamo. Abasabye ijambo bose, hakurikijwe intara, bavugaga ukuntu badahisemo Kagame baba bahemukiye abanyarwanda kuko ariwe bagaragaje kwifuza gukomeza kubayobora.

-6827.jpg

Perezida wa PSD Dr. Vincent Biruta

Haba mu bitangazamakuru cyangwa mu biganiro bisanzwe icyo cyemezo cya PL na PSD cyavuzweho cyane, bamwe bagishima abandi bakigaya ! Ibi byanigaragaje mu kiganiro giherutse gutegurwa na Media Impacting Comunities, kigahita ku maradio atanu akorera hano mu gihugu, kinarimo abayobozi ba PL na PSD.

Abagaye icyemezo cyo gutangaho Kagame umukandida Perezida usanga ahanini bavuga yuko ayo mashyaka yombi atifitiye ikizere kandi ariyo amaze imyaka myinshi muri politike z’u Rwanda, bagashimangira yuko PL na PSD zakoze igikorwa kigayitse !

Abatakigaya bo bakavuga yuko ibi ari ibintu bisanzwe amashyaka runaka gushyigikira mu matora umukandida w’irindi shyaka, urugero rwa hafi ni muri Kenya aho amatora azaba iminsi ine nyuma y’ayahano mu Rwanda.

Muri icyo gihugu cya Kenya amashyaka asaga atandatu yafashe icyemezo cyo kudatanga umukandida bashyigikira Perezida Uhuru Kenyatta wa The National Alliance, andi nk’ayo ahitamo gushyigikira Raila Odinga w’ishyaka Orange Democratic Movement. Ibi koko ni ibintu bisanzwe mu matora kubera inyungu runaka za Politike, cyane iyo hatekerejwe ku isaranganywa ry’ubutegetsi nk’irisanzwe rikorwa hano mu Rwanda. Iri saranganywa ry’ubutegetsi rifite akamaro cyane kuko rituma abantu benshi babwibonamo.

-6828.jpg

Perezida Kagame

Hano mu Rwanda bikaba n’akarusho kuko riri no mu mategeko. Reka ibi tubirebe tubanze guterera ijisho mu yandi matora yigeze gukorwa hano mu gihugu. Mu matora y’abadepite 2003 ishyaka ryabonye intebe nyinshi mu nteko nshingamategeko ni RPF, yabonye izingana na 73.78 %. PSD ibona ingana na 12.31%, PL ibona 10.56 %.

Muri 2008 RPF yabonye imyanya y’abadepite ingana na 78.76 %, PSD ibona 13.12 %, naho PL ibona 7.50 %. Muri 2013 RPF yabonye imyanya y’abadepite ingana na 76.22 %, PSD 13.03 %, naho PL ibona 9.29 %.

Kuko RPF ariyo yakomeje gutsinda amatora ni nayo yakomeje gushyiraho guverinoma ariko muri bwa buryo bwo gusaranganya imyanya nk’uko itegeko riteganya ko ishyaka ryatsinze amatora ritemerewe gufata imyanya y’ubutegetsi isaga 50 %. Itegeko kandi rikavuga yuko Perezida wa Repubulika agomba kutaba akomoka mu ishyaka rimwe na Perezida w’inteko nshingamategeko, umutwe w’abadepite.

-6826.jpg

Perezida w’Ishyaka PL Mukabalisa Donatille

Ibi byakomeje kubahirizwa kuko RPF, n’ubwiganze bwayo mu nteko, nta narimwe umuntu wayo araba Perezida w’umutwe w’abadepite. Kenshi iyo atavuye muri PL ava muri PSD, n’uriho ubu akomoka muri PL. Niba se amashyaka hano mu gihugu atsindwa amatora RPF ikayaha imyamya muri guverinoma, igitangaza kirihe yo ayihariye umwanya wa Perezida wa Repubulika aho gutwika amafaranga kwiyamamariza umwanya atatsindira ?

Casmiry Kayumba

2017-06-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikinyamakuru cya Leta ya Uganda, New Vision cyatangaje ibinyoma ko habayeho ibiganiro hagati ya Kagame na Museveni

Ikinyamakuru cya Leta ya Uganda, New Vision cyatangaje ibinyoma ko habayeho ibiganiro hagati ya Kagame na Museveni

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize  bahekuye u Rwanda

Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda

RUSHYASHYA 11 Nov 2025
Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire

Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire

RUSHYASHYA 15 Jan 2026
Perezida Donald Trump  yohereje abasirikare muri Gabon baryamiye amajanja gutabara Congo

Perezida Donald Trump yohereje abasirikare muri Gabon baryamiye amajanja gutabara Congo

Ubwanditsi 05 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yongeye gutsikira mbere yo guhura na APR FC
IMIKINO

Rayon Sports yongeye gutsikira mbere yo guhura na APR FC

Ubwanditsi 01 Apr 2019
Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.
Amakuru

Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.

Ubwanditsi 04 Jun 2021
Ambasaderi w’Ububiligi mu Rwanda yasuye Polisi y’u Rwanda
Mu Mahanga

Ambasaderi w’Ububiligi mu Rwanda yasuye Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 29 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru