• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abantu Miliyari bakoresha YAHOO bibwe amabanga

Abantu Miliyari bakoresha YAHOO bibwe amabanga

Ubwanditsi 16 Dec 2016 ITOHOZA

Inkuru yabaye impamo kuko byabanje guhwihwiswa kumbuga nkoranya mbaga hanyuma Yahoo irabihakana none ejo kuwa gatatu i San Francisco muri Amerika nibwo YAHOO yahishuye ko kuva muri kanama 2013 abantu bataramenyekana bagiye biba amakuru y’abantu bagenda bandikirana cyangwa bahererekanya bakoresheje user accounts babaga barafunguye kurubuga rwa YAHOO.

Yahoo yavuze ko uyu mwaka abantu binjiriwe muri aderese zabo zibarizwa kuri Yahoo babarirwa hejuru ya miliyoni 500. Abinjiriwe muri user account zabo muri 2014 ngo ni umubare munini cyane kuburyo kugeza ubu ariwo mwaka waciye agahigo.

Aya makuru akaba yatumye imigabane y’ikigo Yahoo itakaza agaciro kangana na 2.5% mu gihe cy’amasaha make. Ikindi aya makuru atanzwe mu gihe isi yose ihangayikishijwe naba bajura biba bakoresheje ikoranabuhanga mw’itumanaho bikaba birimo gufata intera idasanzwe.

Muri iki gikorwa haratungwa agatoki igihugu cy’Uburusiya kuko nacyo cyibye amakuru y’abantu batandukanye harimo abayobozi n’inzego za Leta y’amerika kugira ngo babone uko bamenya uko amatora yabereye muri amerika yateguwe.

Umuyobozi wungirije witwa Avivah Litan mu kigo GARTNER RESEARCH yagize ati: “Twugarijwe n’intambara tutari twariteguye, kubera iyo mpamvu hakenewe ingamba zihamye kurwego rw’igihugu kandi muburyo bwihuse”.
Naho Steve Grobman ukora muri Intel Security yavuze ko biriya bikorwa biba byizweho kandi bishorwamo amafaranga menshi kugira ngo bishoboke niyo mpamvu hagomba kugira igikorwa kuko bifite ingaruka zikomeye k’umutekano n’ubukungu bw’Amerika.

Nubwo Uburusiya bwatunzwe agatoki bavuga ko batazi neza umuntu nyawe uri inyuma yabiriya bikorwa kuko hari ibihugu byinshi bifite inyungu muri kiriya gikorwa.

Ubuyobozi bwa Yahoo bwavuze ko igikorwa cyabaye mu mwaka 2013 aho batangiye kwiba amakuru menshi y’abantu bohererezanya bakanakira ubutumwa bifashishije service zayo, budatandukanye nibyabaye muri uyu mwaka muri nzeri takili 22, ngo bakimara kubibona baracyakora itohoza kuburyo bataramenya umubare nyawe wabantu binjiriwe muri user accounts ngo icyo bazi neza ni uko hejuru y’abantu miliyari binjiriwe muri accounts zabo muburyo bunyuranije n’amategeko.

Mumakuru ibi bisambo byiba harimo kumenya amazina y’abantu, telephone zabo, amagambo y’ibanga bakoresha mukwinjira ku makonte yabo, ubutumwa bwabaga bufite imvugo zififitse bakurikirana abo bantu bakazamenya icyo bashaka kuvuga. Ikindi bareba ibijyanye n’imitungo mu mabanki bikorwa.

Yahoo ivuga ko yahagurukiye iki kibazo ngo igishakire umuti uhamye.

-5064.jpg

-5063.jpg

-5062.jpg

-5061.jpg

Hakizimana Themistocle

2016-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Ku ngoro y’inteko ishinga amategeko hagaragaye abantu bigaragambya bitwaje isanduku ishyingurwamo

Uganda: Ku ngoro y’inteko ishinga amategeko hagaragaye abantu bigaragambya bitwaje isanduku ishyingurwamo

Ubwanditsi 04 Jun 2018
Televiziyo y’u Bubiligi irerekana filime ndangamateka ‘Inkotanyi’ ya Christophe Cotteret

Televiziyo y’u Bubiligi irerekana filime ndangamateka ‘Inkotanyi’ ya Christophe Cotteret

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado

Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado

RUSHYASHYA 02 Jun 2026
RDC: Col Bovick Angole Wari Ukuriye Ubutasi Bwa Gisirikare Muri Djugu Yishwe

RDC: Col Bovick Angole Wari Ukuriye Ubutasi Bwa Gisirikare Muri Djugu Yishwe

Ubwanditsi 20 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukuru w’Ingabo za Kongo Lt Gen. Tshiwewe yabonanye n’abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR ngo bategure igitero simusiga kuri M23
Amakuru

Umukuru w’Ingabo za Kongo Lt Gen. Tshiwewe yabonanye n’abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR ngo bategure igitero simusiga kuri M23

Ubwanditsi 16 Jan 2023
Min. W’Intebe, Dr Ngirente Yakiriye Indahiro Z’abacamanza Mu Rukiko Rukuru Rwa Gisirikari
Mu Rwanda

Min. W’Intebe, Dr Ngirente Yakiriye Indahiro Z’abacamanza Mu Rukiko Rukuru Rwa Gisirikari

Ubwanditsi 13 Sep 2018
Ubutumwa burimo ibisasu n’ubwicanyi bwaguyemo 13, iminsi itatu y’icuraburindi muri Amerika
ITOHOZA

Ubutumwa burimo ibisasu n’ubwicanyi bwaguyemo 13, iminsi itatu y’icuraburindi muri Amerika

Ubwanditsi 29 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru