• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abantu Miliyari bakoresha YAHOO bibwe amabanga

Abantu Miliyari bakoresha YAHOO bibwe amabanga

Ubwanditsi 16 Dec 2016 ITOHOZA

Inkuru yabaye impamo kuko byabanje guhwihwiswa kumbuga nkoranya mbaga hanyuma Yahoo irabihakana none ejo kuwa gatatu i San Francisco muri Amerika nibwo YAHOO yahishuye ko kuva muri kanama 2013 abantu bataramenyekana bagiye biba amakuru y’abantu bagenda bandikirana cyangwa bahererekanya bakoresheje user accounts babaga barafunguye kurubuga rwa YAHOO.

Yahoo yavuze ko uyu mwaka abantu binjiriwe muri aderese zabo zibarizwa kuri Yahoo babarirwa hejuru ya miliyoni 500. Abinjiriwe muri user account zabo muri 2014 ngo ni umubare munini cyane kuburyo kugeza ubu ariwo mwaka waciye agahigo.

Aya makuru akaba yatumye imigabane y’ikigo Yahoo itakaza agaciro kangana na 2.5% mu gihe cy’amasaha make. Ikindi aya makuru atanzwe mu gihe isi yose ihangayikishijwe naba bajura biba bakoresheje ikoranabuhanga mw’itumanaho bikaba birimo gufata intera idasanzwe.

Muri iki gikorwa haratungwa agatoki igihugu cy’Uburusiya kuko nacyo cyibye amakuru y’abantu batandukanye harimo abayobozi n’inzego za Leta y’amerika kugira ngo babone uko bamenya uko amatora yabereye muri amerika yateguwe.

Umuyobozi wungirije witwa Avivah Litan mu kigo GARTNER RESEARCH yagize ati: “Twugarijwe n’intambara tutari twariteguye, kubera iyo mpamvu hakenewe ingamba zihamye kurwego rw’igihugu kandi muburyo bwihuse”.
Naho Steve Grobman ukora muri Intel Security yavuze ko biriya bikorwa biba byizweho kandi bishorwamo amafaranga menshi kugira ngo bishoboke niyo mpamvu hagomba kugira igikorwa kuko bifite ingaruka zikomeye k’umutekano n’ubukungu bw’Amerika.

Nubwo Uburusiya bwatunzwe agatoki bavuga ko batazi neza umuntu nyawe uri inyuma yabiriya bikorwa kuko hari ibihugu byinshi bifite inyungu muri kiriya gikorwa.

Ubuyobozi bwa Yahoo bwavuze ko igikorwa cyabaye mu mwaka 2013 aho batangiye kwiba amakuru menshi y’abantu bohererezanya bakanakira ubutumwa bifashishije service zayo, budatandukanye nibyabaye muri uyu mwaka muri nzeri takili 22, ngo bakimara kubibona baracyakora itohoza kuburyo bataramenya umubare nyawe wabantu binjiriwe muri user accounts ngo icyo bazi neza ni uko hejuru y’abantu miliyari binjiriwe muri accounts zabo muburyo bunyuranije n’amategeko.

Mumakuru ibi bisambo byiba harimo kumenya amazina y’abantu, telephone zabo, amagambo y’ibanga bakoresha mukwinjira ku makonte yabo, ubutumwa bwabaga bufite imvugo zififitse bakurikirana abo bantu bakazamenya icyo bashaka kuvuga. Ikindi bareba ibijyanye n’imitungo mu mabanki bikorwa.

Yahoo ivuga ko yahagurukiye iki kibazo ngo igishakire umuti uhamye.

-5064.jpg

-5063.jpg

-5062.jpg

-5061.jpg

Hakizimana Themistocle

2016-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyamasheke : Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Gisakura yaburiwe irengero

Nyamasheke : Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Gisakura yaburiwe irengero

Ubwanditsi 13 May 2017
Vital Kamerhe yamenye ibanga: Nubwo ari umujura kabombo, gutuka u Rwanda na Kagame bizamuha gutegeka Abakongomani ubuziraherezo

Vital Kamerhe yamenye ibanga: Nubwo ari umujura kabombo, gutuka u Rwanda na Kagame bizamuha gutegeka Abakongomani ubuziraherezo

Ubwanditsi 09 Nov 2024
Ndagijimana yatorokanye Ibihumbi 200 by’Amadolari ya RPF, Mitali atorokana Miliyoni  51 ya PL

Ndagijimana yatorokanye Ibihumbi 200 by’Amadolari ya RPF, Mitali atorokana Miliyoni 51 ya PL

Ubwanditsi 28 Jun 2017
Abdallah Akishuri na Tomas Nahimana mu bikorwa by’ubutekamutwe

Abdallah Akishuri na Tomas Nahimana mu bikorwa by’ubutekamutwe

Ubwanditsi 03 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen. Kale Kayihura yirukanye maneko nkuru zose z’i Kampala
Mu Mahanga

Gen. Kale Kayihura yirukanye maneko nkuru zose z’i Kampala

Ubwanditsi 16 Jan 2016
Icyihishe inyuma y’uruzinduko rwa Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia muri Uganda cyamenyekanye
ITOHOZA

Icyihishe inyuma y’uruzinduko rwa Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia muri Uganda cyamenyekanye

Ubwanditsi 02 Mar 2017
Minisiteri y’Uburezi yahagaritse amashami atatu ya Kaminuza ya Gitwe, abanyeshuri basabwa gutaha
Amakuru

Minisiteri y’Uburezi yahagaritse amashami atatu ya Kaminuza ya Gitwe, abanyeshuri basabwa gutaha

Ubwanditsi 18 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru