• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abantu Miliyari bakoresha YAHOO bibwe amabanga

Abantu Miliyari bakoresha YAHOO bibwe amabanga

Ubwanditsi 16 Dec 2016 ITOHOZA

Inkuru yabaye impamo kuko byabanje guhwihwiswa kumbuga nkoranya mbaga hanyuma Yahoo irabihakana none ejo kuwa gatatu i San Francisco muri Amerika nibwo YAHOO yahishuye ko kuva muri kanama 2013 abantu bataramenyekana bagiye biba amakuru y’abantu bagenda bandikirana cyangwa bahererekanya bakoresheje user accounts babaga barafunguye kurubuga rwa YAHOO.

Yahoo yavuze ko uyu mwaka abantu binjiriwe muri aderese zabo zibarizwa kuri Yahoo babarirwa hejuru ya miliyoni 500. Abinjiriwe muri user account zabo muri 2014 ngo ni umubare munini cyane kuburyo kugeza ubu ariwo mwaka waciye agahigo.

Aya makuru akaba yatumye imigabane y’ikigo Yahoo itakaza agaciro kangana na 2.5% mu gihe cy’amasaha make. Ikindi aya makuru atanzwe mu gihe isi yose ihangayikishijwe naba bajura biba bakoresheje ikoranabuhanga mw’itumanaho bikaba birimo gufata intera idasanzwe.

Muri iki gikorwa haratungwa agatoki igihugu cy’Uburusiya kuko nacyo cyibye amakuru y’abantu batandukanye harimo abayobozi n’inzego za Leta y’amerika kugira ngo babone uko bamenya uko amatora yabereye muri amerika yateguwe.

Umuyobozi wungirije witwa Avivah Litan mu kigo GARTNER RESEARCH yagize ati: “Twugarijwe n’intambara tutari twariteguye, kubera iyo mpamvu hakenewe ingamba zihamye kurwego rw’igihugu kandi muburyo bwihuse”.
Naho Steve Grobman ukora muri Intel Security yavuze ko biriya bikorwa biba byizweho kandi bishorwamo amafaranga menshi kugira ngo bishoboke niyo mpamvu hagomba kugira igikorwa kuko bifite ingaruka zikomeye k’umutekano n’ubukungu bw’Amerika.

Nubwo Uburusiya bwatunzwe agatoki bavuga ko batazi neza umuntu nyawe uri inyuma yabiriya bikorwa kuko hari ibihugu byinshi bifite inyungu muri kiriya gikorwa.

Ubuyobozi bwa Yahoo bwavuze ko igikorwa cyabaye mu mwaka 2013 aho batangiye kwiba amakuru menshi y’abantu bohererezanya bakanakira ubutumwa bifashishije service zayo, budatandukanye nibyabaye muri uyu mwaka muri nzeri takili 22, ngo bakimara kubibona baracyakora itohoza kuburyo bataramenya umubare nyawe wabantu binjiriwe muri user accounts ngo icyo bazi neza ni uko hejuru y’abantu miliyari binjiriwe muri accounts zabo muburyo bunyuranije n’amategeko.

Mumakuru ibi bisambo byiba harimo kumenya amazina y’abantu, telephone zabo, amagambo y’ibanga bakoresha mukwinjira ku makonte yabo, ubutumwa bwabaga bufite imvugo zififitse bakurikirana abo bantu bakazamenya icyo bashaka kuvuga. Ikindi bareba ibijyanye n’imitungo mu mabanki bikorwa.

Yahoo ivuga ko yahagurukiye iki kibazo ngo igishakire umuti uhamye.

-5064.jpg

-5063.jpg

-5062.jpg

-5061.jpg

Hakizimana Themistocle

2016-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impamvu  Rubingisa Pudence  wari  Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda,  yatawe muri yombi

Impamvu Rubingisa Pudence wari Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda, yatawe muri yombi

Ubwanditsi 29 Aug 2017
Haïti : Abapolisi b’u Rwanda baganirije abaturage ku kamaro k’umuganda

Haïti : Abapolisi b’u Rwanda baganirije abaturage ku kamaro k’umuganda

Ubwanditsi 31 Oct 2017
FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe

FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe

Ubwanditsi 01 Dec 2019
Perezida Kagame yansabye kubwira Perezida Museveni ko u Rwanda rutazigera rurasa isasu rya mbere – Andrew Mwenda

Perezida Kagame yansabye kubwira Perezida Museveni ko u Rwanda rutazigera rurasa isasu rya mbere – Andrew Mwenda

Ubwanditsi 04 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko Mike Muteebi ari umutoza wayo mushya naho Bugesera FC itangaza Ndayiragije Etienne
Amakuru

Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko Mike Muteebi ari umutoza wayo mushya naho Bugesera FC itangaza Ndayiragije Etienne

Ubwanditsi 19 Jan 2022
Gitifu w’Akarere ka Nyagatare  yatawe muri yombi
ITOHOZA

Gitifu w’Akarere ka Nyagatare yatawe muri yombi

Ubwanditsi 07 Sep 2017
Abandi banyarwanda babiri bavuye muri kasho za CMI, i Mbuya muri Kampala baraburira abandi kudahirahira ngo bajye Uganda
HIRYA NO HINO

Abandi banyarwanda babiri bavuye muri kasho za CMI, i Mbuya muri Kampala baraburira abandi kudahirahira ngo bajye Uganda

Ubwanditsi 03 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru