• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Televiziyo y’u Bubiligi irerekana filime ndangamateka ‘Inkotanyi’ ya Christophe Cotteret

Televiziyo y’u Bubiligi irerekana filime ndangamateka ‘Inkotanyi’ ya Christophe Cotteret

Ubwanditsi 26 Sep 2017 ITOHOZA

Televiziyo y’Igihugu cy’u Bubiligi igiye kwerekana filime yiswe ‘Inkotanyi’ yakozwe n’Umufaransa ‘Christophe Cotteret’ aho agaragaza urugendo rwaranze ingabo z’ ‘Inkotanyi’ ahereye ku mavu n’amavuko yazo kugeza aho zigejeje u Rwanda mu nzira y’iterambere.

Yaherukaga kwerekanwa bwa mbere mu Rwanda kuwa 7 Nyakanga 2017 mu gikorwa cyabereye mu nyubako ya Kigali City Tower mu gice cyahariwe sinema ahazwi nka ‘Century Cinemas’.

‘Inkotanyi’, ni filime mbarankuru imara iminota 90 yayobowe n’Umufaransa Christophe Cotteret, irerekanwa kuri uyu wa Kabili tariki ya 26 Nzeli guhera saa yine n’igice ( 22h30) z’ijoro kuri Televiziyo y’Igihugu cy’u Bubiligi RTBF/ La Une.

Mbere y’uko iyi filime yerekanwa, IGIHE dukesha iyi nkuru yaganiriye na Bwitare Nyilinkindi Eulade, umwe mu bagize uruhare mu rugamba Inkotanyi zarwanye zibohora u Rwanda, yatubwiye muri make akamaro ko kuvuga amateka ya FPR biciye muri filime nk’iyi.

Bwitare Nyirinkindi Eulade, yavukiye mu Rwanda mu 1958. Yakuriye muri Congo Kinshasa ari na ho yize amashuri mu bijyanye n’ibarurishamibare, yarangije mu 1985. Yabaye mu gisirikare cya Uganda, yavuyemo ajya muri RPA. Ubu aba mu Bubiligi ndetse abarirwa mu nkeragutabara.

Bwitare yagize ati “Ikintu cyiza kigaraga ni uko uwakoze filime yahaye ijambo benshi mu bagize uruhare ku rugamba rwo kubohora igihugu no guhagarika Jenoside yakorewe Abatusi, yahaye ijmbo Perezida Paul Kagame, anagira n’umwanya wo kuganira na Perezida Yoweri Museveni, aha ijambo Minisitiri Kabarebe, Mazimpaka n’abandi.”

Yongeraho ati “Ikindi cyiza cy’iyi filime ni uko yakurikiranyije ibihe by’ibivugwamo (chronologiquement) , bituma uyireba agira igitekerezo nyacyo ku byabaye bikibutsa cyane impamvu yabiteye n’icyari kigamijwe (contexte) muri icyo gihe nyine cy’amateka avugwamo ku bice byose (opérations)byari bigize urugamba.”

Bwitare yavuze ko ari ikintu cyiza kuba iyi filime igaruka ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi kuko “bituma amateka yibukwa kugirango ibi byakozwe bibere isomo amahanga ntibizongere kubaho n’ahandi”.

“Uwayikoze yagerageje kwerekana ibihe bikomeye mu bintu bikomeye byabaye mu myaka ya za 90 kugera 2000 mu masaha abiri. Ku Munyarwanda uyireba abona ari bigufi iyo ubireba muri filimi ariko ku munyamahanga utazi neza ayo mateka bimuha ishusho y’ayo mateka agatekereza cyane impamvu byabayeho. Cyane ko yahaye ijambo ababibayemo nk’uko nabivuze hejuru, ari nabyo bituma uyikurikira yumva neza amateka kurushaho.”

Muri Kamena 2017, Christophe Cotteret wakoze iyi filimi yagiranye ikiganiro na Jeune Afrique aho yagize ati “Ikintu cyantangaje cyane ni ikinyabupfura[discipline] cy’Inkotanyi, ntacyakorwaga gihubukiwe, bikaba byarabaye ubukungu bukomeye bw’umuco wa Politiki yagendeyeho.”

-8139.jpg

-8138.jpg

-8134.jpg

Bwitare Nyirinkindi Eulade, umwe mu barwanye urugamba rwo kubohora u Rwanda

Christophe Cotteret ni Umufaransa wavukiye i Paris muri 1976 wandika agakora ibijyanye na filime mbarankuru. Yatangiye gufata amashusho ya filime ‘Inkotanyi’ mu mwaka wa 2015 igashyirwa hanze muri 2017, ubwo yahabwaga urubuga agakurikirana ibikorwa bitandukanye mu gihugu ngo yirebere n’amaso kandi yiyumvire, akanagirana ibiganiro na bamwe mubabaye muri urwo rugamba.

Mu ifatwa ry’amashusho, Christophe Cotteret n’itsinda rye bibanze mu duce dufite amateka yihariye ku rugamba ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi zarwanye ziharanira kubohora igihugu no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri iyi filime kandi uwayiyoboye yibanze ku buzima bwa Paul Kagame wayoboye uru rugamba.

-8136.jpg

-8135.jpg

2017-09-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amahoro  Kayumba Nyamwasa avuga ni ugutera abaturage  ama  Grenades

Amahoro Kayumba Nyamwasa avuga ni ugutera abaturage ama Grenades

Ubwanditsi 12 Jan 2016
Kayonza: Umukobwa bamusanze mu nzu amaze iminsi 5  yishwe

Kayonza: Umukobwa bamusanze mu nzu amaze iminsi 5 yishwe

Ubwanditsi 11 May 2017
Kigali Integrated College  K.I.C yafunguye imiryango ( AMAFOTO )

Kigali Integrated College K.I.C yafunguye imiryango ( AMAFOTO )

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Ni iki  cyatumye Perezida wa Centrafrica uherutse mu Rwanda yasubiranyeyo abakomando 40 atari yazanye

Ni iki cyatumye Perezida wa Centrafrica uherutse mu Rwanda yasubiranyeyo abakomando 40 atari yazanye

Ubwanditsi 29 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Therese wari umugore wa Evangeliste KWIZERA Emmanuel yitabye Imana. Ni urupfu rwashenguye benshi
Mu Rwanda

Therese wari umugore wa Evangeliste KWIZERA Emmanuel yitabye Imana. Ni urupfu rwashenguye benshi

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Intambara iratutumba hagati ya Hon. Gatabazi na Twagiramungu
ITOHOZA

Intambara iratutumba hagati ya Hon. Gatabazi na Twagiramungu

Ubwanditsi 12 Oct 2016
U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw
UBUKUNGU

U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

Ubwanditsi 29 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru