• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Seychelles

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Seychelles

Ubwanditsi 13 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Kuwa Gatandatu w’icyumweru gishize Perezida Paul Kagame, yagiriye uruzinduko rwihariye muri Seychelles, aganira na Perezida Danny Faure uyoboraiki gihugu.

Ibiro bya Perezida wa Seychelles, byatangaje ko Perezida Kagame unayoboye umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), yakiriwe ku gicamunsi cyo kuwa Gatandatu.

Bivuga ko ibiganiro by’abo bakuru b’ibihugu byibanze ku gukomeza umubano, ubucuti n’ubufatanye bw’ibihugu byombi. Nyuma y’ibi biganiro abakuru b’ibihugu bahanye impano ku bw’ibihugu bayoboye.

Mu mwaka wa 2014, Perezida Kagame yakiriye uwari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Seychelles, Patrick Herminie, baganira ku mahirwe ari hagati y’ibihugu byombi mu bijyanye n’ubukungu.

Herminie wari mu ruzinduko rw’iminsi itanu, yavuze ko u Rwanda na Seychelles bifite byinshi byafatanya hagamijwe guteza imbere ubukungu.

Yagize ati “Seychelles yateye imbere cyane cyane mu bijyanye n’ubukerarugendo kandi nizera ko u Rwanda kuba rufite sosiyete yarwo y’indege igera henshi kuri uyu mugabane, yabyaza umusaruro ayo mahirwe.”

Yongeyeho ati“Rwandair si uguteza imbere ubukerarugendo muri Seychelles gusa, ahubwo yajya izana n’ibicuruzwa ibikuye mu Rwanda cyane cyane nk’ibikomoka ku buhinzi.”

Seychelles ni igihugu kigizwe n’ibirwa 115 bibarizwa mu Nyanja y’u Buhinde. Gifite ubuso bwa kilometero kare 459. Gituwe n’abaturage basaga gato ibihumbi 94.

Seychelles ni kimwe mu bihugu bike bya Afurika bifite abaturage binjiza amafaranga menshi ku mwaka, kuko nibura umusaruro w’umuturage umwe (GDP per Capita) ubarirwa ku madolari ibihumbi 16.

Ubukungu bw’icyo gihugu bushingiye cyane cyane kuri serivisi, urwego rw’abikorera n’ubukerarugendo.

2018-08-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikibazo cy’u Rwanda na Uganda ntaho gihuriye n’imipaka – Perezida Kagame

Ikibazo cy’u Rwanda na Uganda ntaho gihuriye n’imipaka – Perezida Kagame

Ubwanditsi 30 Jan 2020
Iyo FPR idatsinda intambara, nta mututsi uba usigaye mu Rwanda- Prof. Audoin Rouzeau

Iyo FPR idatsinda intambara, nta mututsi uba usigaye mu Rwanda- Prof. Audoin Rouzeau

Ubwanditsi 17 May 2018
Twagiramungu yabuze ayo acira nayo amira mu gihe umutwe avugira wacitse umutwe n’imizi

Twagiramungu yabuze ayo acira nayo amira mu gihe umutwe avugira wacitse umutwe n’imizi

Ubwanditsi 21 Jan 2020
Ubusambanyi bukabije bwa Juvenal Habyarimana bwamwambuye ijambo muri baramu be

Ubusambanyi bukabije bwa Juvenal Habyarimana bwamwambuye ijambo muri baramu be

RUSHYASHYA 16 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubusambanyi bwa Wema Sepetu na Kalisah bwatumye nyirakuru yiyahura
IMIKINO

Ubusambanyi bwa Wema Sepetu na Kalisah bwatumye nyirakuru yiyahura

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Davido wahawe BET Award yunamiye umwana wa D’Banj wishwe n’amazi
SHOWBIZ

Davido wahawe BET Award yunamiye umwana wa D’Banj wishwe n’amazi

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Perezida Paul Kagame yiyemeje gutanga umusanzu mu kubaka Katederali nshya
INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yiyemeje gutanga umusanzu mu kubaka Katederali nshya

Ubwanditsi 27 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru