• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»RDB irasubiza Prof. Neirotti wanenze amasezerano u Rwanda rwagiranye na Arsenal
Prof. Lisa Delpy Neirotti

RDB irasubiza Prof. Neirotti wanenze amasezerano u Rwanda rwagiranye na Arsenal

Ubwanditsi 25 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Kuva mu kwezi gushize ubwo hatangazwaga ko u Rwanda rwinjiye mu bufatanye n’ikipe ya Arsenal FC, bwo kurumenyekanisha nk’icyerekezo gikomeye cy’ubukerarugendo, ibitekerezo bitandukanye bikomeje gutangwa kuri iyi ngingo, bimwe bishima igitekerezo cy’u Rwanda ibindi bikagaragaza ko rwisumbukuruje.

Mu gitekerezo cya Prof. Lisa Delpy Neirotti ukora muri Kaminuza ya George Washingtonh aherutse gusohoka mu kinyamakuru The East African, yagaragaje icyafashwe nko gusuzuguro u Rwanda, aho yavugaga ko ibyo kumenyekanisha ubukerarugendo binyuze muri siporo atari bishya kuko byanakozwe na Mexique, Bermuda, Florida, Alberta n’ahandi kandi bikabyara umusaruro, ariko ku Rwanda bikaba ari ibyo kwibazaho.

Prof. Neirotti uzwi nk’inzobere mu kumenyekanisha ibikorwa binyuze muri siporo, avuga ko ibintu nyaburanga by’ibanze bikurura ba mukerarugendo mu Rwanda ari ingagi zo mu Birunga n’inzibutso za Jenoside.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere, RDB, cyasubije ibyanditswe na Prof. Neirotti, abwirwa ko ‘inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi ntabwo ari ahantu nyaburanga h’ubukerarugendo, ntabwo zigeze zimenyekanishwa gutya, ntibizigera binabaho kuko ari ahantu ho gushyingura no kwibukira inzirakarengane zazize Jenoside, ndetse n’abifuza gusobanukirwa neza amateka y’u Rwanda bakahakura ibisobanuro.

RDB yavuze kandi ko u Rwanda rufite pariki eshatu, Akagera, Nyungwe n’iy’Ibirunga kandi abazisura bakomeje kwiyongera, aho biyongereyeho 6% mu 2017 bitewe n’uko u Rwanda ruri mu bihugu bitekanye kandi byakira neza abantu ku Isi.

Niho hantu honyine kandi abakerarugendo bashobora kubona inyamaswa eshanu z’inkazi; intare, inzovu, inkura, ingwe n’imbogo, utibagiwe ingagi zo mu misozi, ubwoko butandukanye bw’inyoni muri Pariki ya Nyungwe n’ibindi.

Hari kandi ikiraro cyo mu kirere, ahantu nyaburanga hagenewe ubukerarugendo bukorwa ku rugendo ruva mu Karere ka Rubavu rukagera mu ka Rusizi buzwi nka Congo Nile Trail, gutwara igare n’ibindi nyaburanga bishimishije.

Ubukerarugendo bw’u Rwanda ntibushingiye ku binyabuzima gusa

Mu gitekerezo cya Prof. Neirotti, yavuze ko abasura u Rwanda bagabanutse akaba ari yo mpamvu RDB yafashe umwanzuro wo kongera ibiciro byo gusura ingagi, bikava ku madolari 750 akaba 1500.

RDB yasobanuye ko ubukerarugendo bw’u Rwanda budashingiye gusa ku rusobe rw’ibinyabuzima, kuko n’ubushingiye ku nama n’ibikorwa mpuzamahanga burimo gutera imbere, bugaragiwe n’ishoramari muri sosiyete Nyarwanda y’ubwikorezi bw’indege, RwandAir, amahoteli agezweho, inyubako ihebuje ya Kigali Convention Centre.

U Rwanda kandi nicyo gihugu abaturage b’Isi yose bashobora kubonera viza ku mupaka. Muri 2017 u Rwanda rwinjije miliyoni 42 z’amadolari aturutse mu bukerarugendo bw’inama, uyu mwaka biteganyijwe ko azagera kuri miliyoni 74 z’amadolari. Rwakiriye inama nyinshi zikomeye zirimo iyiga ku bukungu n’inama ebyiri za Afurika yunze Ubumwe.

Abashyitsi Mpuzamahanga babarirwa mu 30 000, uyu mwaka bazaza i Kigali bitabiriye inama mpuzamahanga zirenga 90. Mu kwezi gushize Ishyirahamwe Mpuzamahanga rishinzwe ibyo gutegura Inama zikomeye (ICCA), riherutse gushyira u Rwanda ku mwanya wa gatatu muri Afurika, nka hamwe mu hantu hakunzwe n’abategura inama mpuzamahanga mu 2016.

Prof. Neirotti, asanga u Rwanda rwagakwiye gushora imari mu guteza imbere ubukerarugendo kuruta gushaka kumenyekanisha ibikorwa bitari ku rwego rushimishije, rugashora imari mu bikorwa remezo n’ibindi abakerarugendo baba bifuza.

Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere cyamusubije ko urwego rw’amahoteli mu Rwanda rumaze gutera imbere ku buryo abashyitsi bafite amahitamo y’aho barara. Hari amazina akomeye ku rwego mpuzamahanga mu by’amahoteli nka Radisson Blu, Marriott na Serena ndetse na Bisate Lodge, aho Ellen DeGeneres n’umugore we Portia de Rossi babaga ubwo basuraga u Rwanda mu kwezi gushize. Kugeza ubu u Rwanda rufite ibyumba birenga 10 000 bivuye kuri 600 mu 2001.

Prof. Neirotti avuga ko nta ndege iva mu Rwanda ijya mu Bwongereza. RDB yamunyomoje ivuga ibi atari byo ari byo kuko RwandAir, ijya London-Gatwick kuva muri Gicurasi 2017, hiyongera ku bindi byerekezo birenga 20 ifite birimo; Brussels, Dubai, Mumbai no mu Mijyi ya Afurika y’Uburasirazuba n’Uburengerazuba. Hari kandi ingendo nshya zijya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bushinwa zizatangira mu 2019.

RDB ivuga ko Arsenal FC ari imwe mu makipe akomeye ari muri Shampiyona zirebwa cyane, kandi ikunzwe cyane ku Isi yose. Umwambaro wa Arsenal urebwa inshuro miliyoni 35 ku munsi iyo yakinnye. Ivuga ko abantu benshi bashimye aya masezerano kandi no kuyavugaho cyane akaba ari intsinzi ikomeye yo kugera ku ntego za Visit Rwanda.

U Rwanda rwihaye intego yo gukuba kabiri umusaruro w’ubukerarugendo ukava kuri miliyoni 404 z’amadolari uriho ubu ukagera kuri miliyoni 800 z’amadolari mu 2024. Uburyo rukumbi bushoboka bwo kugera kuri iyi ntego ni ukumenyekanisha u Rwanda nk’icyerekezo gikomeye cy’ubukerarugendo, kandi bigakorwa mu buryo budasanzwe.

2018-06-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Nkurunziza mu mayira abiri, ninde ukekwa kuzamusimbura mu matora ya 2020?

Burundi: Nkurunziza mu mayira abiri, ninde ukekwa kuzamusimbura mu matora ya 2020?

Ubwanditsi 08 Sep 2019
Umuyobozi wa OMS yashimye umuhate wa Perezida Kagame mu kwita ku buzima mu Rwanda

Umuyobozi wa OMS yashimye umuhate wa Perezida Kagame mu kwita ku buzima mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Jan 2018
Impamvu Kayumba akomeje kuba umwizerwa wa Museveni

Impamvu Kayumba akomeje kuba umwizerwa wa Museveni

Ubwanditsi 28 Jan 2019
Perezida Kagame yageze i Davos mu Busuwisi aho yitabiriye Ihuriro Ngarukamwaka ryiga ku Bukungu bw’Isi ribaye ku nshuro ya 48

Perezida Kagame yageze i Davos mu Busuwisi aho yitabiriye Ihuriro Ngarukamwaka ryiga ku Bukungu bw’Isi ribaye ku nshuro ya 48

Ubwanditsi 23 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Clare Akamanzi yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro
UBUKUNGU

Clare Akamanzi yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro

Ubwanditsi 08 Jun 2018
Iya 17 Mata 1994: Perefe wa Butare warwanyaga ubwicanyi yicanwe n’umuryango we
Mu Rwanda

Iya 17 Mata 1994: Perefe wa Butare warwanyaga ubwicanyi yicanwe n’umuryango we

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Intambara y’amagambo irarimbanije muri Rwanda National Congress [RNC] zombi
ITOHOZA

Intambara y’amagambo irarimbanije muri Rwanda National Congress [RNC] zombi

Ubwanditsi 07 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru