• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Iya 17 Mata 1994: Perefe wa Butare warwanyaga ubwicanyi yicanwe n’umuryango we

Iya 17 Mata 1994: Perefe wa Butare warwanyaga ubwicanyi yicanwe n’umuryango we

Ubwanditsi 17 Apr 2018 Mu Rwanda

Ku munsi nk’uyu mu 1994 ni bwo Jean Baptiste Habyarimana wari Perefe wa Butare, warwanyije umugambi wo gutsemba Abatutsi yicanwe n’umuryango we.

Icyo gihe kandi kuva tariki ya 17-18 Mata 1994, Abatutsi bari bahungiye kuri Paruwasi Simbi, abari bahungiye mu cy’ishuri ES.St.J. Bosco no ku kibuga cy’umupira cya Maraba, hose ho muri Komini Maraba ubu akaba ari mu Karere ka Huye barishwe bose.

Abatutsi bari bahungiye muri CARAES Ndera barishwe.

Abatutsi b’i Munyaga barishwe bose, abayobozi bababeshye ngo icumu ryunamuwe nibave mu bwihisho.

Abatutsi bose bari baturiye ikiyaga cya Muhazi, ku mwaro wa Kabara, barishwe bajugunywa mu Kiyaga cya Muhazi.

Abatutsi bari bahungiye ku biro bya Komini Mubuga, ubu ni mu Karere ka Nyaruguru barishwe bose.

Abatutsi bari bahungiye ku musozi wa Mwulire n’i Sovu (muri Rwamagana) barishwe bose.

Abatutsi bagera 12 000 bari bahungiye kuri Stade Gatwaro ku Kibuye barishwe, maze Interahamwe n’abaturage b’Abahutu bacukura ibyobo rusange babajugunyamo.

Uwari Perefe wa Kibuye, Dr. Kayishema Clement, yishe umututsi wa mbere agira ngo yereke urugero Interahamwe. Uyu Dr. Kayishema Clement akaba yarakatiwe igifungo cya burundu n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, aza gupfira mu gihugu cya Mali mu mwaka wa 2016.

Abatutsi bagera ku 11000 bari bahungiye mu Kiliziya ya Kibuye no muri Home St Jean bishwe n’Interahamwe ziyobowe na Izakari na Mbaraga. Abageragezaga guhunga, interahamwe zarabicaga zikabajugunya mu kiyaga cya Kivu. Kuri uwo munsi, harokotse abatutsi 25 gusa.

Ibindi biri mu byaranze uyu munsi

· Hishwe Abatutsi b’i Mwezi muri Karengera (Nyamasheke) bicirwa ku cyahoze ari Komine Karengera

· Hishwe abatutsi muri Gihombo bicirwa ku cyahoze ari Komine Rwamatamu.

· Hishwe Abatutsi b’i Save muri Ruharambuga bicirwa ahitwa i Nyamuhunga.

· Hishwe Abatutsi b’i Buvungira muri Bushekeri bicirwa ku ruganda rwa Gisakura

2018-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabo za Congo zataye muri yombi abarwanyi 12 ba FDLR

Ingabo za Congo zataye muri yombi abarwanyi 12 ba FDLR

Ubwanditsi 30 Aug 2016
APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha

APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha

RUSHYASHYA 28 Nov 2025
Gasabo: Abakorera ibikorwa byabo ahagenewe inganda bagejejweho ubutumwa bwo kwirinda inkongi z’umuriro

Gasabo: Abakorera ibikorwa byabo ahagenewe inganda bagejejweho ubutumwa bwo kwirinda inkongi z’umuriro

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Dr Leopold Munyakazi yakatiwe burundu y’umwihariko

Dr Leopold Munyakazi yakatiwe burundu y’umwihariko

Ubwanditsi 15 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

I Dakar : Perezida Kagame yitabiriye inama izwi nka Next Einstein Forum
Mu Rwanda

I Dakar : Perezida Kagame yitabiriye inama izwi nka Next Einstein Forum

Ubwanditsi 10 Mar 2016
Abashukwa n’umutekamutwe Claude Gatebuke bagomba kumenya ko ari inzira yo kwisanga mu mitwe yitwaje intwaro muri Kongo
INKURU NYAMUKURU

Abashukwa n’umutekamutwe Claude Gatebuke bagomba kumenya ko ari inzira yo kwisanga mu mitwe yitwaje intwaro muri Kongo

Ubwanditsi 14 May 2020
Geoffrey Wamala aravuga ko nyiri De Bar ari we watanze itegeko ryo guhana Radio
HIRYA NO HINO

Geoffrey Wamala aravuga ko nyiri De Bar ari we watanze itegeko ryo guhana Radio

Ubwanditsi 06 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru