• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kigali: Perezida Kagame yatashye ikibuga cya Basketball agaruka ku mpano zihishe mu rubyiruko

Kigali: Perezida Kagame yatashye ikibuga cya Basketball agaruka ku mpano zihishe mu rubyiruko

Ubwanditsi 09 Aug 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yatashye ikibuga gikinirwaho umukino wa Basketball cyubatse i Nyamirambo mu murenge wa Rwezamenyo mu karere ka Nyarugenge ahazwi cyane nko kuri Club Rafiki ashimangira ko urubyiruko rufite impano ariko rukaba rugomba gufashwa kuzigaragaza no kuzibyaza umusaruro.

Iki kibuga cyatashwe na Perezida Kagame cyubatswe n’umuryango Giant of Africa ugizwe n’Abanyafurika bahoze bakina muri shampiyona ya Basketball muri Leta zunze ubumwe za Amerika izwi nka NBA.

Mbere yuko iki kibuga cyubakwa aha kuri Rafiki nubundi hari hasanzwe ikibuga cya Basketball ariko kitajyanye n’igihe ndetse cyari kinashaje aho wasanganga no mu kibuga hagati hagaragara ibinogo nkuko na bamwe mu bagikiniragaho babitangaje.

Iki cyahubatswe ariko cyo cyubatswe mu buryo bwiza bujyanye n’igihe kuko abantu bashobora no kugikiniraho mu masaha y’ijoro kubera amatara akimurikira ahari, ibi bikazafasha abana bakiri mu mashuri kuba bahakinira na nyuma y’amasomo ya nimugoroba.

Ubwo yatahaga ku mugaragaro iki kibuga, umukuru w’igihugu Paul Kagame yashimiye byimazeyo uyu muryango wahisemo kubaka iki kibuga mu Rwanda kuko bizafasha abana bakiri bato gukuza no kugaragaza impano zabo mu gukina umukino wa Basketball.

Perezida Kagame yagize ati: “Aba bana bafite impano ariko ntabwo babasha kuzigaragaza mu gihe baba batabonye amahirwe nk’aya mubahaye. Ibi bikorwaremezo ni ikintu gikomeye kuri twe, kandi ndahamya ko uko igihe kizagenda cyigira imbere, buri umwe azagenda avumbura ibyo yifitemo natwe tutari tuzi ko ashoboye. Ni nako no mu rwego rwagutse ibihugu bitera imbere, ni ukubona amahirwe no kuyabyaza umusaruro, ariko ikiruta ibindi ni uburyo urubyiruko rwacu rubona ayo mahirwe ngo rubashe kugaragaragaza iyo mpano rwifitemo.”

Aha hazwi nko kuri Club Rafiki ni hamwe mu hantu mu Rwanda hakuriye abakinnyi benshi bazwi mu mukino wa Basketball ndetse na Volley ball kuko giteye ku buryo hashobora gukinirwa iyi mikino yombi. Abagize Giant of Africa bahisemo kuba ariho bubaka iki kibuga bitewe nuko ari cyo cyakuriyeho abakinnyi benshi bazwi muri uyu mukino.

-7532.jpg

Burasa Ishimwe Naomie n0 5, iburyo, umunyeshuri ukina Basketball [ umukobwa wa Burasa Jean Gualbert ] niwe wahaye Perezida Kagame umukasi wo gukata liba [ luban ] ni amateka akomeye k’umuryango we.

Mbere nticyari gifite aho abantu bicara bareba imikino (tribune) ariko ubu abareba imikino ihakinirwa bashobora kubona ahantu heza bicara bakareba umukino.

Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne, yashimiye abagize Giant of Africa n’abayishinze kuba barahisemo gukorana n’u Rwanda dore ko iyi mikoranire n’u Rwanda yatangiye guhera mu 2015.

Masai Ujiri watangije umushinga Giant of Africa yasabye abana bakiri bato gukoresha amahirwe bahawe bagakuza impano zibarimo mu gukina umukino wa Basketball.

Abana bakinira kuri iki kibuga bishimiye gutahwa kw’iki kibuga ariko by’umwiariko kuba cyatashwe na Perezida Kagame ngo ni agahebuzo. Uyu mushinga wa Giant of Africa ukorera mu bihugu bitandatu bya Afurika birimo n’u Rwanda.

-7530.jpg

Perezida Kagame yashimiye abubatse iki kibuga asaba abana kukibyaza umusaruro

-7531.jpg

-7529.jpg

-7528.jpg

-7527.jpg

-7526.jpg

-7525.jpg

-7524.jpg

Abana banejejwe nuko babonye uburyo bwo kugaragaza impano zabo

2017-08-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibikorwa by’icyumweru cya Polisi 2018: Hatangijwe icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa

Ibikorwa by’icyumweru cya Polisi 2018: Hatangijwe icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa

Ubwanditsi 05 Jun 2018
Mu mikino y’umunsi wa 12 ya shampiyona y’u Rwanda, As Kigali yatsinzwe na Rutsiro FC, Rayon Sports inganya na Musanze FC

Mu mikino y’umunsi wa 12 ya shampiyona y’u Rwanda, As Kigali yatsinzwe na Rutsiro FC, Rayon Sports inganya na Musanze FC

Ubwanditsi 16 Jan 2022
Batatu mu bayobozi b’akarere ka Gicumbi batawe muri yombi

Batatu mu bayobozi b’akarere ka Gicumbi batawe muri yombi

Ubwanditsi 02 Nov 2017
Huye: Umwalimu wa Kaminuza yitabye Imana aguye mu cyobo cy’umusarane

Huye: Umwalimu wa Kaminuza yitabye Imana aguye mu cyobo cy’umusarane

Ubwanditsi 02 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon  yarahiye itsemba isano ko  idahawe igikombe yatsindiye  ku mukino uzayihuza na APR ntacyo izafata kuwa Kiyovu
Mu Rwanda

Rayon yarahiye itsemba isano ko idahawe igikombe yatsindiye ku mukino uzayihuza na APR ntacyo izafata kuwa Kiyovu

Ubwanditsi 26 May 2017
( VIDEO ) y’Ivanjiri ya Padiri Nahimana Thomas  ushaka kuba Perezida w’u Rwanda
ITOHOZA

( VIDEO ) y’Ivanjiri ya Padiri Nahimana Thomas ushaka kuba Perezida w’u Rwanda

Ubwanditsi 08 Dec 2016
Nta kuntu ubutegetsi bwa CNDD-FDD butari gushyigikira ibikorwa bya FDLR n’utundi dutsiko tw’abicanyi,kandi benshi mu bagize iyo mitwe yose baratorejwe hamwe ingengabitekerezo ya jenoside
INKURU NYAMUKURU

Nta kuntu ubutegetsi bwa CNDD-FDD butari gushyigikira ibikorwa bya FDLR n’utundi dutsiko tw’abicanyi,kandi benshi mu bagize iyo mitwe yose baratorejwe hamwe ingengabitekerezo ya jenoside

Ubwanditsi 03 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru