• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kigali: Perezida Kagame yatashye ikibuga cya Basketball agaruka ku mpano zihishe mu rubyiruko

Kigali: Perezida Kagame yatashye ikibuga cya Basketball agaruka ku mpano zihishe mu rubyiruko

Ubwanditsi 09 Aug 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yatashye ikibuga gikinirwaho umukino wa Basketball cyubatse i Nyamirambo mu murenge wa Rwezamenyo mu karere ka Nyarugenge ahazwi cyane nko kuri Club Rafiki ashimangira ko urubyiruko rufite impano ariko rukaba rugomba gufashwa kuzigaragaza no kuzibyaza umusaruro.

Iki kibuga cyatashwe na Perezida Kagame cyubatswe n’umuryango Giant of Africa ugizwe n’Abanyafurika bahoze bakina muri shampiyona ya Basketball muri Leta zunze ubumwe za Amerika izwi nka NBA.

Mbere yuko iki kibuga cyubakwa aha kuri Rafiki nubundi hari hasanzwe ikibuga cya Basketball ariko kitajyanye n’igihe ndetse cyari kinashaje aho wasanganga no mu kibuga hagati hagaragara ibinogo nkuko na bamwe mu bagikiniragaho babitangaje.

Iki cyahubatswe ariko cyo cyubatswe mu buryo bwiza bujyanye n’igihe kuko abantu bashobora no kugikiniraho mu masaha y’ijoro kubera amatara akimurikira ahari, ibi bikazafasha abana bakiri mu mashuri kuba bahakinira na nyuma y’amasomo ya nimugoroba.

Ubwo yatahaga ku mugaragaro iki kibuga, umukuru w’igihugu Paul Kagame yashimiye byimazeyo uyu muryango wahisemo kubaka iki kibuga mu Rwanda kuko bizafasha abana bakiri bato gukuza no kugaragaza impano zabo mu gukina umukino wa Basketball.

Perezida Kagame yagize ati: “Aba bana bafite impano ariko ntabwo babasha kuzigaragaza mu gihe baba batabonye amahirwe nk’aya mubahaye. Ibi bikorwaremezo ni ikintu gikomeye kuri twe, kandi ndahamya ko uko igihe kizagenda cyigira imbere, buri umwe azagenda avumbura ibyo yifitemo natwe tutari tuzi ko ashoboye. Ni nako no mu rwego rwagutse ibihugu bitera imbere, ni ukubona amahirwe no kuyabyaza umusaruro, ariko ikiruta ibindi ni uburyo urubyiruko rwacu rubona ayo mahirwe ngo rubashe kugaragaragaza iyo mpano rwifitemo.”

Aha hazwi nko kuri Club Rafiki ni hamwe mu hantu mu Rwanda hakuriye abakinnyi benshi bazwi mu mukino wa Basketball ndetse na Volley ball kuko giteye ku buryo hashobora gukinirwa iyi mikino yombi. Abagize Giant of Africa bahisemo kuba ariho bubaka iki kibuga bitewe nuko ari cyo cyakuriyeho abakinnyi benshi bazwi muri uyu mukino.

-7532.jpg

Burasa Ishimwe Naomie n0 5, iburyo, umunyeshuri ukina Basketball [ umukobwa wa Burasa Jean Gualbert ] niwe wahaye Perezida Kagame umukasi wo gukata liba [ luban ] ni amateka akomeye k’umuryango we.

Mbere nticyari gifite aho abantu bicara bareba imikino (tribune) ariko ubu abareba imikino ihakinirwa bashobora kubona ahantu heza bicara bakareba umukino.

Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne, yashimiye abagize Giant of Africa n’abayishinze kuba barahisemo gukorana n’u Rwanda dore ko iyi mikoranire n’u Rwanda yatangiye guhera mu 2015.

Masai Ujiri watangije umushinga Giant of Africa yasabye abana bakiri bato gukoresha amahirwe bahawe bagakuza impano zibarimo mu gukina umukino wa Basketball.

Abana bakinira kuri iki kibuga bishimiye gutahwa kw’iki kibuga ariko by’umwiariko kuba cyatashwe na Perezida Kagame ngo ni agahebuzo. Uyu mushinga wa Giant of Africa ukorera mu bihugu bitandatu bya Afurika birimo n’u Rwanda.

-7530.jpg

Perezida Kagame yashimiye abubatse iki kibuga asaba abana kukibyaza umusaruro

-7531.jpg

-7529.jpg

-7528.jpg

-7527.jpg

-7526.jpg

-7525.jpg

-7524.jpg

Abana banejejwe nuko babonye uburyo bwo kugaragaza impano zabo

2017-08-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police yashubije umuhinde miliyoni 13 Frw yibwe n’umukozi we

Police yashubije umuhinde miliyoni 13 Frw yibwe n’umukozi we

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Perezida Kagame mu ruzinduko rw’akazi muri Zambia

Perezida Kagame mu ruzinduko rw’akazi muri Zambia

Ubwanditsi 19 Jun 2017
U Rwanda rwatsinze Nigeria mu bagabo n’abagore mu mikino yo guhatanira igikombe cya Afurika mu mukino w’intoki wa Volleyball

U Rwanda rwatsinze Nigeria mu bagabo n’abagore mu mikino yo guhatanira igikombe cya Afurika mu mukino w’intoki wa Volleyball

Ubwanditsi 14 Sep 2021
Mbitabazenga: Inyungu ziva muri Visit Rwanda, ziratuma inyangabirama zijiginywa

Mbitabazenga: Inyungu ziva muri Visit Rwanda, ziratuma inyangabirama zijiginywa

Ubwanditsi 15 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Leta yatanze isoko kuri  kompanyi CVMR Energy Minerals Incorporation nta piganwa
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Leta yatanze isoko kuri kompanyi CVMR Energy Minerals Incorporation nta piganwa

Ubwanditsi 21 Nov 2017
Umwiryane n’amakimbirane muri CNRD- Ubwiyunge
INKURU NYAMUKURU

Umwiryane n’amakimbirane muri CNRD- Ubwiyunge

Ubwanditsi 29 Jan 2020
Rulindo:Polisi y’U rwanda mu gikorwa cyo kubungabunga no kurengera ibidukikje
Mu Mahanga

Rulindo:Polisi y’U rwanda mu gikorwa cyo kubungabunga no kurengera ibidukikje

Ubwanditsi 16 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru