• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gutumiza abanyereje amafaranga ya Leta bimaze kuba indirimbo irambiranye- Transparency Rwanda

Gutumiza abanyereje amafaranga ya Leta bimaze kuba indirimbo irambiranye- Transparency Rwanda

Ubwanditsi 06 Oct 2016 Mu Mahanga

Ingabire Immaculée ati “Kuva PAC yabaho rwose nta mpinduka zigaragara zishimishije zihari. Ibi kandi birumvikana kuko PAC ntihana, iragutumira gusa ikakubaza, ukayisubiza warangiza ukigendera, ibyo se ni nde byamena umutwe? Ntacyo bivuze rwose, kugutumiza ukaza, bakakubaza, ugasubiza, ukagenda bikarangirira aho, wari wabona se hari indi ngaruka cyangwa indi nkurikizi. Abantu barambiwe kwirirwa bumva ibya PAC.”

Ingabire Immaculée uyobora Transparency International-Rwanda aravuga ko guhamagaza abanyereje amafaranga y’abaturage muri PAC bikarangirira aho bimaze kurambirana.

Transparency International – Rwanda iravuga ko bitumvikana uburyo abayobozi birirwa batumirwa n’Abadepite bagasobanura iby’abaturage bangije, barangiza bakitahira nta zindi nkurikizi zibayeho.

-4224.jpg

Ingabire Marie Immaculee

Ingabire Immaculée yemeza ko na we ubwe aramutse yahamagajwe ataterwa ubwoba n’uko yamahagarwa gusobanura ibyangijwe, cyane ko nta ngaruka zibaho nyuma.

Ibi iyi mpirimbanyi mu kurwanya ruswa, yabibwiye Izubarirashe.rw dukesha iyi nkuru nyuma y’aho komisiyo y’Inteko ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo bya leta (PAC), ikomeje gutumiza ibigo bikomeye mu Rwanda ngo byisobanure ku mitungo y‘abaturage biba bikekwaho gukoresha nabi. Ni muri raporo y’umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta ya 2014/2015.

Bimwe mu bigo bivugwaho gukoresha nabi umutungo wa rubanda RAB, MINISANTE, UR (Kaminuza y’u Rwanda) ikekwaho guhombya abaturage arenga miliyoni 900 n’ibindi.

PAC ubu irashakisha irengero rya miliyari 12.7 z’amafaranga y’u Rwanda zaburiwe impapuro zisobanura imikoreshereje yazo, miliyari 3.8 zitagira impapuro zuzuye zizisobanura n’impamvu miliyari 1.7 zakoreshejwe mu buryo budakwiye.

Kuri Transpency International – Rwanda, kuba abayobozi bahamagarwa mu Nteko Ishinga Amategeko ariko ntibakurikiranwe n’ubutabera ni umugani Abanyarwanda bamaze kurambirwa kumva.

-4225.jpg

Abadepite bagize PAC bumijwe nibyo babona

Ingabire yagize ati “Kuva PAC yabaho rwose nta mpinduka zigaragara zishimishije zihari. Ibi kandi birumvikana kuko PAC ntihana, iragutumira gusa ikakubaza, ukayisubiza warangiza ukigendera, ibyo se ni nde byamena umutwe? Ntacyo bivuze rwose, kugutumiza ukaza, bakakubaza, ugasubiza, ukagenda bikarangirira aho, wari wabona se hari indi ngaruka cyangwa indi nkurikizi? Abantu barambiwe kwirirwa bumva ibya PAC.”

Yakomeje agira ati “PAC yagombye guhamagara MINIJUST (Minisiteri y’Ubutabera) bakayibaza impamvu ariya makosa yose agaragara nta gikorwa ngo akurikiranwe, PAC n’umugenzuzi w’imari ya leta bakora ibyabo, ubu umupira uri mu bushinjacyaha, bakwiye kujya basohora raporo bakereka abanyarwanda bahanwe, ababaye abere n’abandi. Hari ukuntu abantu bibeshya ngo leta ntihomba, ariko ariya ni amadeni abanyarwanda bazishyura ubuzima bwabo bwose.”

Avuga ko niba umuco wo kudahana udacitse, nta mumaro ibi bizatanga. Yunzemo ati “ni tudaca umuco wo kudahana mu inyerezwa ry’amafaranga, njye ntacyo nkwijeje.”

Ubushinjacyaha Bukuru buherutse kumurika ibyo bwagezeho mu mwaka w’Ubucamanza wa 2015-2016, bugaragaza ko mu byaha bimunga umutungo w’igihugu hakurikiranywe amafaranga n’imitungo bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari 11, ubu amaze kwemezwa n’inkiko ni miliyari 4. Imanza zose ngo bwazitsinze ku kigero cya 92.71%.

-4226.jpg

Richard Muhumuza, Umushinjacyaha Mukuru aratungwa agatoki kutagira icyo abikoraho

Ku byaha bimunga umutungo w’igihugu ubushinjacyaha ngo bwabishyizemo ingufu, kuko buvuga ko amadosiye bwakurikiranye ari 535, aregwamo abantu 867, bakurikiranyweho amafaranga cyangwa imitungo bifite agaciro ka 11 518 355 249 Frw.

Mu madosiye 327 yakurikiranywemo abantu 503 bwaregeye inkiko, abahamijwe ibyaha ni 398 banyereje/bangije amafaranga cyangwa imitungo ya Leta by’agaciro ka 4 141 076 956 Frw (ayemejwe n’inkiko ko yanyerejwe/yangijwe), banacibwa ihazabu ya 3 262 214 482 Frw.

Ku birebana n’abatunga agatoki ubutabera kwibanda ku bafite ubushobozi buke bakaba aribo bashyirwa mu nkiko, ubushinjacyaha bukomeza kubihakana.

-4227.jpg

Umugenzuzi Mukuru mu bushinjacyaha, Ntete Jules Marius avuga ko Ubushinjacyaha butakurikirana Kaboneka busize Gitifu

Umugenzuzi Mukuru mu bushinjacyaha, Jules Marius Ntete, avuga ko impamvu hakurikiranwa abayobozi bo mu nzego z’ibanze ari uko ngo ari bo bafite aho bahurira n’amafaranga mu buryo butaziguye.

Ati “ Burya ba Minisitiri na ba meya ntaho bahurira n’amafaranga, hari ba Gitifu, muri za VUP, Fertilizers (inyongeramusaruro), Girinka aho umuntu aziturira uwamushyize kuri list, byose bikorwa na ba Gitifu.?”

Gusa umuryango Transparency Rwanda wo uvuga hakwiye kwibazwa impamvu ibigo bikomeye ari byo bikomeza kwitaba PAC, nyamara muri ibyo bigo kubona uwakurikiranwe bikaba bikiri ihurizo.

Source : Izuba rirashe

2016-10-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi iratangaza ko amatora y’Abajyanama yabaye mu mutekano usesuye kandi arangira neza

Polisi iratangaza ko amatora y’Abajyanama yabaye mu mutekano usesuye kandi arangira neza

Ubwanditsi 23 Feb 2016
Abayoboke ba PL  bavanye amasomo ku byabaye, ku buryo biyemeje kutazasubira muri ibyo bibazo- Mukabalisa

Abayoboke ba PL bavanye amasomo ku byabaye, ku buryo biyemeje kutazasubira muri ibyo bibazo- Mukabalisa

Ubwanditsi 16 Jul 2016
Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Ubwanditsi 19 Oct 2016
Abanyamerika barica umuyobozi wa Al Qaeda impundu zikavuga, ariko uRwanda rwaburanisha icyihebe Rusesabagina cya FLN induru zikavuga!

Abanyamerika barica umuyobozi wa Al Qaeda impundu zikavuga, ariko uRwanda rwaburanisha icyihebe Rusesabagina cya FLN induru zikavuga!

Ubwanditsi 02 Aug 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tumenye Gideon Rukundo Rugari n’impamvu yirirwa atuka u Rwanda ngo Museveni amufashe mu mugambi we wo kuba umudepite
INKURU NYAMUKURU

Tumenye Gideon Rukundo Rugari n’impamvu yirirwa atuka u Rwanda ngo Museveni amufashe mu mugambi we wo kuba umudepite

Ubwanditsi 27 Sep 2019
Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu
Amakuru

Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Ubwanditsi 05 Dec 2024
Ivan Minnaert watozaga Rayon Sports yerekanwe muri Al-Ittihad yo muri Libya
Mu Mahanga

Ivan Minnaert watozaga Rayon Sports yerekanwe muri Al-Ittihad yo muri Libya

Ubwanditsi 04 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru