• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gutumiza abanyereje amafaranga ya Leta bimaze kuba indirimbo irambiranye- Transparency Rwanda

Gutumiza abanyereje amafaranga ya Leta bimaze kuba indirimbo irambiranye- Transparency Rwanda

Ubwanditsi 06 Oct 2016 Mu Mahanga

Ingabire Immaculée ati “Kuva PAC yabaho rwose nta mpinduka zigaragara zishimishije zihari. Ibi kandi birumvikana kuko PAC ntihana, iragutumira gusa ikakubaza, ukayisubiza warangiza ukigendera, ibyo se ni nde byamena umutwe? Ntacyo bivuze rwose, kugutumiza ukaza, bakakubaza, ugasubiza, ukagenda bikarangirira aho, wari wabona se hari indi ngaruka cyangwa indi nkurikizi. Abantu barambiwe kwirirwa bumva ibya PAC.”

Ingabire Immaculée uyobora Transparency International-Rwanda aravuga ko guhamagaza abanyereje amafaranga y’abaturage muri PAC bikarangirira aho bimaze kurambirana.

Transparency International – Rwanda iravuga ko bitumvikana uburyo abayobozi birirwa batumirwa n’Abadepite bagasobanura iby’abaturage bangije, barangiza bakitahira nta zindi nkurikizi zibayeho.

-4224.jpg

Ingabire Marie Immaculee

Ingabire Immaculée yemeza ko na we ubwe aramutse yahamagajwe ataterwa ubwoba n’uko yamahagarwa gusobanura ibyangijwe, cyane ko nta ngaruka zibaho nyuma.

Ibi iyi mpirimbanyi mu kurwanya ruswa, yabibwiye Izubarirashe.rw dukesha iyi nkuru nyuma y’aho komisiyo y’Inteko ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo bya leta (PAC), ikomeje gutumiza ibigo bikomeye mu Rwanda ngo byisobanure ku mitungo y‘abaturage biba bikekwaho gukoresha nabi. Ni muri raporo y’umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta ya 2014/2015.

Bimwe mu bigo bivugwaho gukoresha nabi umutungo wa rubanda RAB, MINISANTE, UR (Kaminuza y’u Rwanda) ikekwaho guhombya abaturage arenga miliyoni 900 n’ibindi.

PAC ubu irashakisha irengero rya miliyari 12.7 z’amafaranga y’u Rwanda zaburiwe impapuro zisobanura imikoreshereje yazo, miliyari 3.8 zitagira impapuro zuzuye zizisobanura n’impamvu miliyari 1.7 zakoreshejwe mu buryo budakwiye.

Kuri Transpency International – Rwanda, kuba abayobozi bahamagarwa mu Nteko Ishinga Amategeko ariko ntibakurikiranwe n’ubutabera ni umugani Abanyarwanda bamaze kurambirwa kumva.

-4225.jpg

Abadepite bagize PAC bumijwe nibyo babona

Ingabire yagize ati “Kuva PAC yabaho rwose nta mpinduka zigaragara zishimishije zihari. Ibi kandi birumvikana kuko PAC ntihana, iragutumira gusa ikakubaza, ukayisubiza warangiza ukigendera, ibyo se ni nde byamena umutwe? Ntacyo bivuze rwose, kugutumiza ukaza, bakakubaza, ugasubiza, ukagenda bikarangirira aho, wari wabona se hari indi ngaruka cyangwa indi nkurikizi? Abantu barambiwe kwirirwa bumva ibya PAC.”

Yakomeje agira ati “PAC yagombye guhamagara MINIJUST (Minisiteri y’Ubutabera) bakayibaza impamvu ariya makosa yose agaragara nta gikorwa ngo akurikiranwe, PAC n’umugenzuzi w’imari ya leta bakora ibyabo, ubu umupira uri mu bushinjacyaha, bakwiye kujya basohora raporo bakereka abanyarwanda bahanwe, ababaye abere n’abandi. Hari ukuntu abantu bibeshya ngo leta ntihomba, ariko ariya ni amadeni abanyarwanda bazishyura ubuzima bwabo bwose.”

Avuga ko niba umuco wo kudahana udacitse, nta mumaro ibi bizatanga. Yunzemo ati “ni tudaca umuco wo kudahana mu inyerezwa ry’amafaranga, njye ntacyo nkwijeje.”

Ubushinjacyaha Bukuru buherutse kumurika ibyo bwagezeho mu mwaka w’Ubucamanza wa 2015-2016, bugaragaza ko mu byaha bimunga umutungo w’igihugu hakurikiranywe amafaranga n’imitungo bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari 11, ubu amaze kwemezwa n’inkiko ni miliyari 4. Imanza zose ngo bwazitsinze ku kigero cya 92.71%.

-4226.jpg

Richard Muhumuza, Umushinjacyaha Mukuru aratungwa agatoki kutagira icyo abikoraho

Ku byaha bimunga umutungo w’igihugu ubushinjacyaha ngo bwabishyizemo ingufu, kuko buvuga ko amadosiye bwakurikiranye ari 535, aregwamo abantu 867, bakurikiranyweho amafaranga cyangwa imitungo bifite agaciro ka 11 518 355 249 Frw.

Mu madosiye 327 yakurikiranywemo abantu 503 bwaregeye inkiko, abahamijwe ibyaha ni 398 banyereje/bangije amafaranga cyangwa imitungo ya Leta by’agaciro ka 4 141 076 956 Frw (ayemejwe n’inkiko ko yanyerejwe/yangijwe), banacibwa ihazabu ya 3 262 214 482 Frw.

Ku birebana n’abatunga agatoki ubutabera kwibanda ku bafite ubushobozi buke bakaba aribo bashyirwa mu nkiko, ubushinjacyaha bukomeza kubihakana.

-4227.jpg

Umugenzuzi Mukuru mu bushinjacyaha, Ntete Jules Marius avuga ko Ubushinjacyaha butakurikirana Kaboneka busize Gitifu

Umugenzuzi Mukuru mu bushinjacyaha, Jules Marius Ntete, avuga ko impamvu hakurikiranwa abayobozi bo mu nzego z’ibanze ari uko ngo ari bo bafite aho bahurira n’amafaranga mu buryo butaziguye.

Ati “ Burya ba Minisitiri na ba meya ntaho bahurira n’amafaranga, hari ba Gitifu, muri za VUP, Fertilizers (inyongeramusaruro), Girinka aho umuntu aziturira uwamushyize kuri list, byose bikorwa na ba Gitifu.?”

Gusa umuryango Transparency Rwanda wo uvuga hakwiye kwibazwa impamvu ibigo bikomeye ari byo bikomeza kwitaba PAC, nyamara muri ibyo bigo kubona uwakurikiranwe bikaba bikiri ihurizo.

Source : Izuba rirashe

2016-10-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gatsibo: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe kuba ku isonga  mu kurwanya ibyaha

Gatsibo: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe kuba ku isonga mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 15 Mar 2016
Nyabihu: Abagize komite zo kwicungira umutekano CPCs bahuguwe ku ruhare rwabo mu kurwanya no gukumira ibyaha

Nyabihu: Abagize komite zo kwicungira umutekano CPCs bahuguwe ku ruhare rwabo mu kurwanya no gukumira ibyaha

Ubwanditsi 01 Apr 2016
Police y’u Rwanda yasoje ibizamini ku murambo  wa Jacques Bihozagara

Police y’u Rwanda yasoje ibizamini ku murambo wa Jacques Bihozagara

Ubwanditsi 13 Apr 2016
Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Ubwanditsi 28 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kurwanya ruswa: Abashoferi barenga 8 bafashwe bagerageza gutanga ruswa
Mu Mahanga

Kurwanya ruswa: Abashoferi barenga 8 bafashwe bagerageza gutanga ruswa

Ubwanditsi 03 Nov 2016
Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze mu Buhinde
POLITIKI

Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze mu Buhinde

Ubwanditsi 09 Jan 2017
Imodoka yabonye ari umwana, ibaye iya mbere ikorewe mu Rwanda ari Perezida
UBUKUNGU

Imodoka yabonye ari umwana, ibaye iya mbere ikorewe mu Rwanda ari Perezida

Ubwanditsi 27 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru