• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Sibomana Athanase wavuze ko ntacyo atinya kuki yikanga baringa?   |   16 Sep 2026

  • Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye   |   14 Sep 2026

  • Police VC yinjije abakinnyi batatu bashya, barimo Rosaly Chioma uvuye muri Macedonia y’Amajyaruguru   |   14 Sep 2026

  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Police y’u Rwanda yasoje ibizamini ku murambo wa Jacques Bihozagara

Police y’u Rwanda yasoje ibizamini ku murambo wa Jacques Bihozagara

Ubwanditsi 13 Apr 2016 Mu Mahanga

Amakuru agera kuri Rushyashya aravuga ko Polisi y’u Rwanda yashoje ibizamini ( Autopsy) ku murambo wa Jacques Bihozagara wabaye umuwe mu banyamuryango bakuru ba RPF-Inkotanyi akaza no kuba Minisitiri nyuma yo kubohoza igihugu cy’u Rwanda.

Umuryango we ntabwo wavuze byinshi kuri ibyo bizamani.

Umukuru w’umuryango Joseph Kilimandjalo yabwiye Ktpress ati, « Ibizamini byakorewe ku bitaro bya Polisi ariko ntabwo ndamenya ibyabivuyemo. »

Abashoboye kubona umurambo wa nyakwigendera ubwo wagera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali bavuga ko mu maso ye hari hakomerekejwe cyane ku buryo hari ibice byashwanyaguwe.

Umuryango we wavuze ko umurambo wa Bihozagara ukiri mu buruhukiro bw’ibitaro bya polisi ku kacyiru.

Polisi ntacyo ibivugaho.

Ariko umuryango we uvuga ko uri bugire icyo uvuga ku bizamini byakozwe nyuma yo gushyingura.

Amakuru twabashije kumenya n’uko Bihozagara azashyingurwa byiyubashye mu buruhukiro nk’umuntu wakoreye igihugu, nyuma y’ibyumweru bibiri yiciwe muri gereza ya Mpimba mu Burundi, kw’itariki 30 z’ukwa gatatu 2016, aho yari yarafungiwe rwihishwa kuva mu kwezi kwa cumi na kabiri 2015.

Akigezwa mu Rwanda kw’itariki 5 z’ukwa kane, umuryango we wasabye leta y’u Rwanda ko yamukorera ibyo bizamini kugirango hagaragazwe icyamwishwe. Mu gihe u Burundi bukekwa kigira uruhare mu rupfu rwa Bihozagara bwabanje kwanga gutanga umurambo we ngo keretse umuryango we ubanje gusinyira ko Bihozagara yapfuye urupfu rusanzwe.

Ariko nyuma y’igitutu cy’u Rwanda n’amahanga bemera kurekura umurambo ntagusinyisha umuryango we kubayeho.

Uvugira umuryango wa Bihozagara , Eugene Murigande yagize ati, “Icyo leta yacu yakoze kugeza ubu n’iryo tangiriro.” Ntacyo yabivuzeho byinshi ariko yagize ati, “leta irimo kuduha imfashanyo ikwiye.”

-2658.jpg

Umurambo wa Bihozagara ukigezwa ku kibuga cy’indege cya Kanombe

Umurambo wa Bihozagara uzashyingurwa ku wa gatanu kuva saa tatu guhera murugo rwa Bihozagara muri Kibagabaga, basengere kuri Saint Ethienne mu Biryogo, Nyamirambo. Nyuma gushyingura ni mu irimbi rya rya Rusororo saa cyenda.

Umwanditsi wacu

2016-04-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inzego z’umutekano mu Rwanda zirabe maso, Abantu Uganda igeza buri munsi ku mupaka wayo n’u Rwanda siko bose ari inzirakarengane, ngo haba harimo na ba Gatumwa ba RNC na CMI

Inzego z’umutekano mu Rwanda zirabe maso, Abantu Uganda igeza buri munsi ku mupaka wayo n’u Rwanda siko bose ari inzirakarengane, ngo haba harimo na ba Gatumwa ba RNC na CMI

Ubwanditsi 15 Jan 2022
Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Ubwanditsi 05 Feb 2024
Musanze:  Abapolisi bo ku rwego rwa ofisiye batangiye  amahugurwa y’ubuyobozi

Musanze: Abapolisi bo ku rwego rwa ofisiye batangiye amahugurwa y’ubuyobozi

Ubwanditsi 19 Jan 2016
Police Handball Club yashimangiye ubudahangarwa bwayo itsinda ES Kigoma

Police Handball Club yashimangiye ubudahangarwa bwayo itsinda ES Kigoma

Ubwanditsi 31 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abasirikare b’u Burundi bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique baratabaza
Mu Mahanga

Abasirikare b’u Burundi bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique baratabaza

Ubwanditsi 22 Nov 2017
Nta Himbara, nta shinge nta rugero
Amakuru

Nta Himbara, nta shinge nta rugero

Ubwanditsi 15 Oct 2017
Umuhanzi Ciney yavuye ku izima uvuga ko atwite
SHOWBIZ

Umuhanzi Ciney yavuye ku izima uvuga ko atwite

Ubwanditsi 27 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

14 Sep 2026
Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru