• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»TI igaragaza yuko abafana 69 % nta cyizere bafitiye FIFA

TI igaragaza yuko abafana 69 % nta cyizere bafitiye FIFA

Ubwanditsi 28 Feb 2016 Mu Mahanga

Ubushakashatsi bwakozwe na Transparency International (TI) bugaragaza yuko abafana 69 % nta cyizere bagifitiye ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi ( FIFA) , bamwe bakanavuga yuko akabaye icwende nti koga ngo gake !

Icyo kigo mpuzamahanga kirwanya corruption (TI) kivuga ariko yuko nubwo iyo 69 % y’abafana bavuga yuko akabaye icwende katoga, ngo 50 % babona yuko FIFA igifite amahirwe yo kongera kugarurira abantu icyizere. 43 % bakavuga yuko amanyanga ari muri FIFA ababuza kuryoherwa n’umupira w’amaguru, naho 60 % bakavuga yuko mu bakandida bazahatanira umwanya wa Perezida wa FIFA muri iki cyumweru nta n’umwe batoramo.

Abo bakandida bateganyijwe kuzatorwamo Perezida wa FIFA tariki 26 z’uku kwezi ni HRH Prince Ali Al Hussein, Sheik Salman Bin Ebrahim Al Khalifa, Jerome Champagne, Gianni Infantino na Tokyo Sexwale.

Umuyobozi wa TI ku rwego rw’isi, Cobus de Swardt, agira ati: ‘nk’abafana ducuditse cyane n’umupira w’amaguru. Iyo amakipe yacu yatsinze ibyishimo biradusaga, yatsindwa tukababara cyane. Ariko iyo ibijyanye n’amatora cyangwa guhitamo aho amarushanwa agomba kubera bitanyuze mu kuri ahubwo muri corruption twumva tugambaniwe ( we feel betrayed).

Swardt akomeza avuga yuko imikino igomba kuba imbaraga z’icyiza ku isi, ati ariko amanyanga yakomeje kwigaragaza bitari mu mupra w’amaguru gusa ahubwo no muri tennis, athletics no mu yindi mikino imwe n’imwe bica intege ngo kuko usanga bitanga icyuho cya ruswa.

Ejo tariki 24/02/2016 uwungirije Perezida w’inama y’ubutegetsi ya TI ku rwego rw’isi, Elena Pinlovas, yari hano mu rwanda aho we n’umuyobozi wa TI Rwanda, Ingabire Immaculee bahuye n’abanyamakuru bibanda kuri iyo raporo ivuga corruption mu mikino, ngo ariko ikaba yaramunze cyane iy’umupira w’amaguru. Pinlovas, ukomoka mu gihugu cy’u Burusiya akavuga yuko FERWAFA itivuguruye vuba na bwangu yasenyuka !

-2275.jpg

Umuyobozi wungirije wa Transparency ku Isi, Elena A Pinlova,yavuze ko hakwiye kurebwa neza niba iyi ruswa idahari mu Rwanda .Ingabire Immaculée ,Umuyobozi wa Transparency International Rwanda yavuze ko ibibera mu mupira w’amaguru mu gihugu byabateye impungenge

Iyo raporo ya TI itunga agatoki bimwe mu bihugu ku isi ivuga yuko birangwa na corruption mu mikino ariko u Rwanda ntabwo ruvugwamo, ariko Ingabire akavuga yuko n’ubwo yaba atari nyinshi cyane bitavuze yuko itaba ihari. Yahakanye yuko itabwa muri yombi ry’umunyamabanga mukuru wa FERWAFA ryaba rifite aho rihuriye n’iyo raporo ya TI ngo kuko Olivier Mulindahabi yatawe muri yombi mbere yuko iyo raporo ya TI ishyirwa ahagaragara.

Kayumba Casmiry

2016-02-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abakozi bo mu bigo byigenga bishinzwe gucunga umutekano batangiye amahugurwa

Abakozi bo mu bigo byigenga bishinzwe gucunga umutekano batangiye amahugurwa

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Umuryango wa Col Ruhinda umeze neza mu Rwanda nyuma yuko ibigarasha bikwirakwije ibinyoma ko waburiwe irengero 

Umuryango wa Col Ruhinda umeze neza mu Rwanda nyuma yuko ibigarasha bikwirakwije ibinyoma ko waburiwe irengero 

RUSHYASHYA 29 Oct 2025
Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza ngo arambiwe uruzurungutane mu nkiko rubangamiye gahunda z’icyo gihugu.

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza ngo arambiwe uruzurungutane mu nkiko rubangamiye gahunda z’icyo gihugu.

Ubwanditsi 21 Nov 2023
Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Ubwanditsi 27 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mukino wa gishuti, APR FC yatsinze Kiyovu Sport igitego kimwe ku busa.
Amakuru

Mu mukino wa gishuti, APR FC yatsinze Kiyovu Sport igitego kimwe ku busa.

Ubwanditsi 06 Jun 2021
Tour du Rwanda: Umunya-Colombia atwaye agace ka 6
IMIKINO

Tour du Rwanda: Umunya-Colombia atwaye agace ka 6

Ubwanditsi 28 Feb 2020
Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi
Amakuru

Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 19 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru