• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»TI igaragaza yuko abafana 69 % nta cyizere bafitiye FIFA

TI igaragaza yuko abafana 69 % nta cyizere bafitiye FIFA

Ubwanditsi 28 Feb 2016 Mu Mahanga

Ubushakashatsi bwakozwe na Transparency International (TI) bugaragaza yuko abafana 69 % nta cyizere bagifitiye ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi ( FIFA) , bamwe bakanavuga yuko akabaye icwende nti koga ngo gake !

Icyo kigo mpuzamahanga kirwanya corruption (TI) kivuga ariko yuko nubwo iyo 69 % y’abafana bavuga yuko akabaye icwende katoga, ngo 50 % babona yuko FIFA igifite amahirwe yo kongera kugarurira abantu icyizere. 43 % bakavuga yuko amanyanga ari muri FIFA ababuza kuryoherwa n’umupira w’amaguru, naho 60 % bakavuga yuko mu bakandida bazahatanira umwanya wa Perezida wa FIFA muri iki cyumweru nta n’umwe batoramo.

Abo bakandida bateganyijwe kuzatorwamo Perezida wa FIFA tariki 26 z’uku kwezi ni HRH Prince Ali Al Hussein, Sheik Salman Bin Ebrahim Al Khalifa, Jerome Champagne, Gianni Infantino na Tokyo Sexwale.

Umuyobozi wa TI ku rwego rw’isi, Cobus de Swardt, agira ati: ‘nk’abafana ducuditse cyane n’umupira w’amaguru. Iyo amakipe yacu yatsinze ibyishimo biradusaga, yatsindwa tukababara cyane. Ariko iyo ibijyanye n’amatora cyangwa guhitamo aho amarushanwa agomba kubera bitanyuze mu kuri ahubwo muri corruption twumva tugambaniwe ( we feel betrayed).

Swardt akomeza avuga yuko imikino igomba kuba imbaraga z’icyiza ku isi, ati ariko amanyanga yakomeje kwigaragaza bitari mu mupra w’amaguru gusa ahubwo no muri tennis, athletics no mu yindi mikino imwe n’imwe bica intege ngo kuko usanga bitanga icyuho cya ruswa.

Ejo tariki 24/02/2016 uwungirije Perezida w’inama y’ubutegetsi ya TI ku rwego rw’isi, Elena Pinlovas, yari hano mu rwanda aho we n’umuyobozi wa TI Rwanda, Ingabire Immaculee bahuye n’abanyamakuru bibanda kuri iyo raporo ivuga corruption mu mikino, ngo ariko ikaba yaramunze cyane iy’umupira w’amaguru. Pinlovas, ukomoka mu gihugu cy’u Burusiya akavuga yuko FERWAFA itivuguruye vuba na bwangu yasenyuka !

-2275.jpg

Umuyobozi wungirije wa Transparency ku Isi, Elena A Pinlova,yavuze ko hakwiye kurebwa neza niba iyi ruswa idahari mu Rwanda .Ingabire Immaculée ,Umuyobozi wa Transparency International Rwanda yavuze ko ibibera mu mupira w’amaguru mu gihugu byabateye impungenge

Iyo raporo ya TI itunga agatoki bimwe mu bihugu ku isi ivuga yuko birangwa na corruption mu mikino ariko u Rwanda ntabwo ruvugwamo, ariko Ingabire akavuga yuko n’ubwo yaba atari nyinshi cyane bitavuze yuko itaba ihari. Yahakanye yuko itabwa muri yombi ry’umunyamabanga mukuru wa FERWAFA ryaba rifite aho rihuriye n’iyo raporo ya TI ngo kuko Olivier Mulindahabi yatawe muri yombi mbere yuko iyo raporo ya TI ishyirwa ahagaragara.

Kayumba Casmiry

2016-02-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda:  Hamenyekanye ko Gen Tumukunde yajyanywe mu bitaro igitaraganya nyuma yo kwitura hasi muri kasho

Uganda: Hamenyekanye ko Gen Tumukunde yajyanywe mu bitaro igitaraganya nyuma yo kwitura hasi muri kasho

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Manchester City yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza, ibyaranze umwaka w’imikino wa English Premier League 2023-204

Manchester City yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza, ibyaranze umwaka w’imikino wa English Premier League 2023-204

Ubwanditsi 20 May 2024
Ibikorwa by’Abanyarwanda Nibyo bizaca Impaka mu Matora

Ibikorwa by’Abanyarwanda Nibyo bizaca Impaka mu Matora

Ubwanditsi 12 Feb 2024
Perezida Tshisekedi mu mayira abiri, amaze kubona ko ibinyoma byo kubeshyera u Rwanda bitazamumaza kabiri

Perezida Tshisekedi mu mayira abiri, amaze kubona ko ibinyoma byo kubeshyera u Rwanda bitazamumaza kabiri

Ubwanditsi 29 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rwanzuye ko Kanyankole wayoboraga BRD afungwa by’agateganyo iminsi 30.
ITOHOZA

Urukiko rwanzuye ko Kanyankole wayoboraga BRD afungwa by’agateganyo iminsi 30.

Ubwanditsi 23 Oct 2018
Amakimbirane muri RNC agiye gutuma uruhande rwa Leah Karegeya na Jean Paul rwitandukanya n’urwa Kayumba Nyamwasa
INKURU NYAMUKURU

Amakimbirane muri RNC agiye gutuma uruhande rwa Leah Karegeya na Jean Paul rwitandukanya n’urwa Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 07 Oct 2019
Umuryango w’Abavoka batagira Umupaka wahagaritse ibikorwa byawo mu Burundi
POLITIKI

Umuryango w’Abavoka batagira Umupaka wahagaritse ibikorwa byawo mu Burundi

Ubwanditsi 17 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru