• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Dufatanye gukumira impanuka. N’ubwo umwe yayigwamo, ni igihombo gikomeye, Polisi

Dufatanye gukumira impanuka. N’ubwo umwe yayigwamo, ni igihombo gikomeye, Polisi

Ubwanditsi 27 Nov 2017 Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda itangaza ko kuba hagira uwahitanwa n’impanuka yo mu muhanda byaba  ari igihombo gikomeye haba ku muryago we ndetse no ku gihugu muri rusange kuko zishobora kwirindwa no gukumirwa abakoresha inzira nyabagendwa n’Abaturarwanda muri rusange baramutse bubahirije amabwiriza n’amategeko y’imikoreshereze y’umuhanda.

 Ibi byavugiwe mu kiganiro nyunguranabitekerezo cyaciye kuri Radiyo Rwanda ku cyumweru tariki 26 Ugushyingo uyu mwaka aho Abatumirwa barimo Umuyobozi wungirije w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano mu muhanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Rafiki Mujiji baganiriye ku bitera impanuka mu muhanda n’icyo buri wese akwiriye  gukora kugira ngo zikumirwe.
Muri icyo kiganiro Abaturarwanda bahawe urubuga batanga ibitekerezo ku byakorwa kugira ngo hirindwe impanuka.
Mu ijambo rye, ACP Mujiji yavuze ko Abashoferi b’imodoka z’ubwoko bwose, abatwara abagenzi kuri moto n’amagare, Abagenzi  n’Abanyamaguru baramutse  bakoresheje umuhanda uko amategeko abiteganya impanuka zakumirwa.
Mu bandi batumirwa bitabiriye icyo kiganiro harimo abahagarariye Ibigo bikora ibikorwa byo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange nka RFTC na ATPR hamwe n’abahagarariye Impuzamashyirahamwe y’abatwara abagenzi kuri moto mu Rwanda – FERWACOTAMO.
Raporo zigaragaza ko abagera kuri miliyoni n’ibihumbi magana atatu bahitanwa n’impanuka zo mu muhanda buri mwaka; kandi ko 90 ku ijana by’abahitanwa na zo bakomoka mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere.
Banki y’isi muri Raporo yayo iheruka yagaragaje ko buri mwaka impanuka zo mu muhanda zitera igihombo cya Miliyari esheshatu n’igice z’Amadolari ya  Amerika.

ACP Mujiji yavuze ko impanuka zibera mu mihanda yo mu Rwanda ziterwa ahanini no kutubahiriza amategeko y’umuhanda. Yongeyeho ko 46 by’abahitanywe  na zo mu mezi atatu ashize ari Abanyamaguru, naho 18,5 bakaba ari Abamotari.

 Yavuze ko muri ayo mezi atatu habayeho impanuka zikomeye 254; 28 ku ijana by’abazikomerekeyemo bakaba ari Abamotari, naho 21 ku ijana bakaba ari Abanyamaguru.
Yagize ati,”Abantu bagomba guhindura imyumvire bakumva ko gukumira impanuka mu muhanda bidakwiriye guharirwa Polisi, ahubwo ko bisaba ubufatanye bwa buri wese.”

ACP Mujiji yibukije Abanyamaguru ko bagomba kunyura ahabugenewe; kandi igihe bambuka umuhanda bagaca mu mirongo igaragaza aho bagomba kunyura ( Zebra Crossing).

 Yongeyeho ko bagomba kandi kwirinda kuvugira kuri telefone igihe bambuka umuhanda, kandi ko bagomba kwambuka umuhanda babonye amatara amurira yerekanye ishusho y’umuntu utambuka ufite ibara ry’icyatsi; kandi mbere yo kwambuka bakabanza kureka impande zombi z’umuhanda niba nta kinyabiziga kibasatiriye.
Abatwara ibinyabiziga yabibukije ko bagomba kubahiriza ibimenyetso byo mu muhanda n’ibyapa byaho, kwirinda gukoresha telefone babitwaye, kwirinda guca ku kindi kinyabiziga mu gihe  kibuzanyijwe cyangwa ahantu hashobora guteza ibyago, abasaba kwirinda imigirire n’imikorere yose ishobora guteza impanuka.
Yagarutse ku myitwarire  y’abagenzi n’uruhare rwabo  mu gukumira impanuka agira ati,”Ni gute umuntu yemera ko bamutwara kuri moto cyangwa mu modoka nk’umutwaro! Kuki umugenzi abona ko umutwaye yasinze cyangwa ananiwe agakomeza kugenda muri cyangwa kuri icyo kinyabiziga?Ubwo koko ntaba arimo gushyira ubuzima bwe mu kaga? “
Yagize  kandi ati,”Nubona umushoferi cyangwa undi wese utwaye ikinyabiziga yica amategeko y’umuhanda mubwire uti sigaho. Niyanga agakomeza kubikora, menyesha Polisi kuri nimero  za telefone zitishyurwa 112  na nimero 113, cyangwa ugamagare 0788311110, 0788311112, 0788311216  cyangwa 0788311502.  Niba umuntu agutwaye ku muvuduko urenze uteganyijwe n’amatwegeko, muhagarike, uve muri iyo modoka cyangwa kuri iyo moto; hanyuma umubwire uti  komeza njye ndasigaye; ariko hagati aho ubimenyeshe Polisi.”
ACP Mujiji yavuze ko mu ngamba Polisi yafashe zo gukumira impanuka mu muhanda harimo gufatanya n’izindi nzego mu gukangurira Abakoresha umuhanda n’Abaturarwanda muri rusange kubahiriza amategeko y’imikoreshereze yawo; aha akaba yaratanze urugero rw’ubukangurambaga ku mutekano  wo mu muhanda bwatangiye ku wa 14 z’uku kwezi.

Yavuze ko mu cyumweru gishize Polisi yahaye ibyiciro bitandukanye by’Abaturarwanda udupapuro twanditseho ababwiriza abakoresha umuhanda bagomba kubahiriza; iki gikorwa kikaba cyarabereye mu gihugu hose aho Abayobozi bakuru ba Polisi n’abandi bayobozi bo mu zindi nzego bahaye abanyamaguru n’abagenzi utwo dupapuro, utundi batwomeka ku modoka na moto.

 Yavuze kandi ko mu rwego rwo gukumira impanuka zo mu muhanda Polisi yashyizeho umutwe ufatanya n’izindi nzego gukurikirana imyitwarire y’abatwara abagenzi kuri moto hagamijwe kugenzura ko bakurikiza amategeko.
Yongeyeho ko kuva uyu mutwe washingwa umaze gufata moto zirenga 1 000 kubera amakosa y’abafashwe bazitwaye; kandi ko kuva muri Mutarama uyu mwaka kugeza mu kwezi gushize mu gihugu hose   habaye  impanuka  1765  za moto.

ACP Mujiji yaburiye  abica Utugabanyamuvuduko n’abatira ibyuma  bagiye gusuzumisha ubuziranenge bw’imodoka bavayo bagasubizamo ibyuma bitujuje ubiziranenge; aboneraho gusaba buri wese ufite amakuru yerekeye iyo migirire kubimenyesha Polisi.

 Mu butumwa  bwe, Alexis Uzayisenga wari uhagarariye FERWACOTAMO yashimye Polisi  kuba imaze guhugura abashinzwe imyitwarire y’Abamotari bagera kuri 300, ayizeza ubufatanye mu gutuma abakora iyi mirimo yo gutwara abagenzi kuri moto bubahiriza amategeko.
Yagize ati,”Turateganya gutangira gukoresha ikoranabuhanga rya GPS rizadufasha kumenya aho Umunyamuryango wacu aherereye ku buryo aramutse akoze  amakosa ajyanye n’imirimo dukora yo gutwara abagenzi byakoroha kumenya aho yayakoreye, bityo tukaba twamugeraho bidatinze.”
Bishop Gihangire wari uhagarariye Impuzamashyirahamwe y’Ibigo bikora imirimo yo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange  (RFTC) yavuze ko imyitwarire  inyuranyije n’amategeko ya bamwe mu bashoferi iteza impanuka mu muhanda.
Yagize ati,”Kuba imodoka ifite ubuziranenge ntibihagije. Kuba ari nzima ntibyabuza uyitwaye gukora cyangwa kuba yateza impanuka. Umuntu utwaye imodoka agomba kubahiriza amategeko y’umuhanda kugira ngo  we n’abagenzi bagere aho bagiye amahoro.”
Gihangire yavuze ko buri modoka ya RFTC ikoraho abashoferi babiri basimburana nyuma y’iminsi ibiri, ibi bakaba barabikoze mu rwego rwo kwirinda ko umushoferi agira umunaniro bikaba byamuviramo gukora cyangwa guteza impanuka.

2017-11-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rusizi : Kagame  yiyamamarije mu  Murenge wa Nyakabuye na Gihundwe

Rusizi : Kagame yiyamamarije mu Murenge wa Nyakabuye na Gihundwe

Ubwanditsi 28 Jul 2017
Inama nyunguranabitekerezo ku gusubukurwa kwa shampiyona y’u Rwanda, yanzuye ko amakipe ajya mu mwiherero ndetse agapimwa incuro ebyiri mu cyumweru

Inama nyunguranabitekerezo ku gusubukurwa kwa shampiyona y’u Rwanda, yanzuye ko amakipe ajya mu mwiherero ndetse agapimwa incuro ebyiri mu cyumweru

Ubwanditsi 05 Jan 2022
Mbere yo kwerekeza mu birwa bya Comoros kwa AS Kigali, iyi kipe yabanje kwerekana Niyonzima Olivier Sefu nk’umukinnyi wayo mushya mu myaka ibiri iri imbere

Mbere yo kwerekeza mu birwa bya Comoros kwa AS Kigali, iyi kipe yabanje kwerekana Niyonzima Olivier Sefu nk’umukinnyi wayo mushya mu myaka ibiri iri imbere

Ubwanditsi 07 Sep 2021
Lt Col Mpakaniye yamaze imyaka 12 arinda abayobozi ba FDLR yanabaye umuvugabutumwa muri ADEPR

Lt Col Mpakaniye yamaze imyaka 12 arinda abayobozi ba FDLR yanabaye umuvugabutumwa muri ADEPR

RUSHYASHYA 26 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imikino ya Afrobasket irakomeza hakinwa iyo gushaka itike yo kujya muri 1/4, kuri uyu wa mbere u Rwanda rurakina na Guinea
Amakuru

Imikino ya Afrobasket irakomeza hakinwa iyo gushaka itike yo kujya muri 1/4, kuri uyu wa mbere u Rwanda rurakina na Guinea

Ubwanditsi 30 Aug 2021
AMAFOTO: Haruna Niyonzima yasinyiye Rayon Sports yaherukagamo mu myaka 17 ishize
Amakuru

AMAFOTO: Haruna Niyonzima yasinyiye Rayon Sports yaherukagamo mu myaka 17 ishize

Ubwanditsi 17 Jul 2024
Umuvugizi Wa FDLR, La Forge Fils Bazeyi Yatawe Muri Yombi
INKURU NYAMUKURU

Umuvugizi Wa FDLR, La Forge Fils Bazeyi Yatawe Muri Yombi

Ubwanditsi 17 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru