• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Lt Col Mpakaniye yamaze imyaka 12 arinda abayobozi ba FDLR yanabaye umuvugabutumwa muri ADEPR

Lt Col Mpakaniye yamaze imyaka 12 arinda abayobozi ba FDLR yanabaye umuvugabutumwa muri ADEPR

RUSHYASHYA 26 Nov 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Lt Col Mpakaniye Emillien, uzwi nka Che Guevara Jacob, ni umwe mu barwanyi bakuru bahoze muri FDLR basubijwe mu buzima busanzwe binyuze mu Kigo cya Mutobo. Avuga ko yavukiye i Karongi mu Murenge wa Rwankuba, aho yahunganye n’umuryango we mu 1994 nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Bavanywe mu Rwanda babangiwe n’Abafaransa ndetse ingabo za Ex-FAR zari zihatsiburiwe umunzenze n’inkotanyi, bituma bahungira muri Kamanyola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu 1998 ubwo inkambi zimpunzi zasenywaga kubera ibitero bya AFDL, impunzi nyinshi zoherejwe mu mashyamba, bamwe bahasiga ubuzima. Ni muri icyo gihe yinjijwe muri FDLR kuko abahungu bose bategekwaga kwinjira mu gisirikare cy’uyu mutwe bitaba ibyo bakicwa, kandi no kugaruka mu Rwanda byafatwaga nko kwishyira mu kagozi.

Mpakaniye yahawe amahugurwa ya gisirikare kubera ko yari yarize, ashyirwa mu mashuri ya gisirikare ya FDLR. Yatangiye kurwana mu bice bya Masisi, nyuma ajya mu mutwe urinda abayobozi bakuru ba FDLR. yari kumwe na Gen Maj Paul Rwarakabije kugeza mu 2004 ubwo yatahukaga, nyuma akorana na Gen Sylvestre Mudacumura kugeza mu 2014 aho yaje kurwara indwara y’umutima. Bamuhinduriye inshingano ajya gukorera Rutshuru, nyuma yoherezwa kwivuriza i Goma kubera uburwayi bwe.

Avuga ko ubuzima muri FDLR bwaranzwe no kwinjiza abana mu gisirikare kuko abarwanyi bakurwaga mu miryango yabo bigatuma abana bakura bari kumwe n’imbunda. Hari abana b’imyaka 16 cyangwa 17 bagiraga uruhare mu mirwano kuko nta bundi buzima bari bazi uretse ubwa gisirikare. Nubwo FDLR yagiraga itegeko ko imyaka yemewe mu gisirikare ari 18, iryo tegeko ngo ntiryubahirizwaga.

Uretse kuba umusirikare, Mpakaniye yari n’umuvugabutumwa kuva mu 1992 ubwo yari umunyeshuri, bikaba byaramufashije kwinjira mu Itorero ADEPR en Exile rikorera muri Congo. Atangaza ko yakomeje ivugabutumwa mu mashyamba mu gihe kingana n’imyaka 16 kugeza mu 2019. Yemeza ko nubwo muri FDLR habagaho amakoraniro ashingiye ku nyungu za gisirikare, we yigishaga iyobokamana nyakuri. Avuga ko hari abandi biyitaga abavugabutumwa ariko bagakoreshwa na FDLR mu guha abarwanyi ubutumwa bwo kubashishikariza gukomeza ingengabitekerezo ya Hutu-pawa.

Mu gihe yamaze muri FDLR, yabonye ibitero bikomeye byashegeshe uyu mutwe birimo icyahitanye Gen Leodomir Mugaragu, ndetse na Operation Umoja Wetu yari ihuriweho n’u Rwanda na Congo, hamwe na Sokola II ya Congo yahigaga imitwe yitwaje intwaro. Muri 2019, ubwo yari kwivuriza umutima i Goma, yafashwe n’ingabo za RDC hanyuma ashyikirizwa u Rwanda. Ni bwo yongeye kwisanga mu gihugu cye nyuma y’imyaka myinshi ari mu mashyamba.

Uyu mugabo avuga ko umugore we n’abana batandatu bakiri i Goma ariko afite icyizere ko bazataha igihe azaba yamaze kwisuganya nk’uwasubijwe mu buzima busanzwe. Yongeraho ko yahawe ubuvuzi n’ubujyanama bw’ingenzi bukenewe, kandi afite icyifuzo cyo gukomeza umurimo w’ivugabutumwa mu Rwanda mu gihe ADEPR yabimwemerera.

2025-11-26
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika

Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika

RUSHYASHYA 26 May 2026
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Ubwanditsi 07 Oct 2020
Rulindo : Ishyaka PSD ryasobanuye impamvu ryamamaje  Paul Kagame Umukandida wa FPR-Inkotanyi

Rulindo : Ishyaka PSD ryasobanuye impamvu ryamamaje Paul Kagame Umukandida wa FPR-Inkotanyi

Ubwanditsi 20 Jul 2017
FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI

FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI

Ubwanditsi 24 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FIFA yahaye ikipe ya Rayon Sports iminsi 45 yo kuba yishyuye miliyoni zisaga 12 z’amanyarwanda umunyakameruni Philipe Artur Banen
Amakuru

FIFA yahaye ikipe ya Rayon Sports iminsi 45 yo kuba yishyuye miliyoni zisaga 12 z’amanyarwanda umunyakameruni Philipe Artur Banen

Ubwanditsi 30 Mar 2021
Manchester City yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League isezereye ikipe ya PSG yatsinzwe ibitego 4-1 mu mikino yombi ya 1/2.
Amakuru

Manchester City yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League isezereye ikipe ya PSG yatsinzwe ibitego 4-1 mu mikino yombi ya 1/2.

Ubwanditsi 05 May 2021
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino Cote d’Ivoire yatsizemo Senegal ibasha kugera ku mukino wa nyuma wa AfroBasket uri buyihuze na Tunisia
Amakuru

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino Cote d’Ivoire yatsizemo Senegal ibasha kugera ku mukino wa nyuma wa AfroBasket uri buyihuze na Tunisia

Ubwanditsi 05 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru