• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, yemera ko intambara iyogoza igihugu cye ifite inkomoko ku kuba cyaracumbikiye abajenosideri imyaka 28 yose!

Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, yemera ko intambara iyogoza igihugu cye ifite inkomoko ku kuba cyaracumbikiye abajenosideri imyaka 28 yose!

Ubwanditsi 31 May 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nubwo abakongomani bashyushye umutwe bakagereka ibibazo byabo ku Rwanda, hari abazi neza intandaro y’akaga Kongo ihoramo. Umwe muri abo ni Christophe Lutundula, Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, unafite ububanyi n’amahanga mu nshingano.

Christophe Lutundula, Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, unafite ububanyi n’amahanga mu nshingano

Ubwo mu mpera z’icyumweru gishize yari mu nama y’Afrika Yunze Ubumwe yabereye i Malabo muri Guinée Equatoriale, Christophe Lutundula yareruye yemera ko kuba igihugu cye cyarakiriye abagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi, ndetse na nyuma y’imyaka 28 bakaba bagicumbikiwe, ari imwe mu mpamvu zikomeye zituma Kongo ihora mu midugararo.

Minisiri w’Intebe Wungirije wa Kongo yavuze ko kuva abo bajenosideri bagera muri Kongo bitwara nk’ibyihebe, bakica abaturage b’Abanyekongo, bakabasahura, bagasambanya abagore ku ngufu.

Uyu mutegetsi mukuru yirinze kuvuga FDLR, nyamara isi yose irabizi ko ari umutwe ugizwe n’abajenosideri, ukaba ariwo umaze iyo myaka yose yica igakiza mu burasirazuba bwa Kongo.

Nubwo Bwana Lutundula avuga ibi ariko, hari ibyegeranyo byinshi cyane birimo n’ibyakozwe na Loni ndetse n’imiryango mpuzamahanga, bikagaragaza ko FDLR ikorana bya hafi n’abategetsi ba Kongo , baba abasivili baba n’abasirikari.

Amakuru afitiwe gihamya aravuga ko mu ntambara igisirikari cya Kongo ubu cyifatanyije na FDLR mu kurwanya umutwe wa M23, ndetse na Perezida Felix Tshisekedi ubwo yahuraga n’abayobozi mu gisirikari mu mpera z’icyumweru gishize, yongeye kuvuga ko afite amakuru ko hari abarwanyi b’ imitwe y’inyeshyamba binjijwe muri FARDC, kubera inyungu bamwe mu bategetsi ba Kongo bafite muri iyo mikoranire, harimo no gusahura abaturage.

Kuba FDLR kandi imaze imyaka muri Kongo, byatumye Abanyekongo bagira ingengabitekerezo ya Jenoside. Magingo aya baratyaza imihoro ngo bice uwo bita icyitso cya M23, ni ukuvuga Umututsi n’ abandi bavuga Ikinyarwanda.

Undi usaba Abanyekongo gushyira mu gaciro bagashakira umuti urambye ibibazo byabo, ni Karidinali Firdolin Ambongo akaba Arisheveki wa Kinshasa.

Ubwo yasuraga abakristu b’ahitwa Kikwit, yagize ati:’’ Kongo nicyo gihugu cyaboze kurusha ibindi ku isi. Nta kintu na kimwe kiri mu buryo, kandi kubera imiyoborere mibi n’ imyumvire ipfuye’’. Karidinali Ambongo yasabye Abanyekongo kureka guhora baririmba ngo igihugu cyabo ni ‘’paradizo’’ kubera umutungo kamere, kandi bitababuza kuba abenshi muri bo ari abatindi nyakujya. yagize ati:’’Niba paradizo batubwira muri Bibiliya isa na Kongo, sinzayijyemo’’.

Abanyekongo b’ibihubutsi ubu baratyaza imipanga yo kwica bagenzi babo basangiye Igihugu. Baririrwa basakuza ngo bazatera u Rwanda barwomeke kuri Kongo, biyibagije ko ubugwari bwabo buzwi ku rwego mpuzamahanga.

U Rwanda rufite ubushobozi n’ubushake bwo kwirengera igihe cyose byaba ngombwa, kandi ubwo bushotoranyi nibukomeza abacanye uwo muriro bazawota.

 

2022-05-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 𝗿𝘂𝗴𝗶𝘆𝗲 𝗸𝘄𝗮𝗸𝗶𝗿𝗮 𝗮𝗺𝗮𝗿𝘂𝘀𝗵𝗮𝗻𝘄𝗮 𝗮𝗻𝗲 𝘆𝗮 𝗖𝗘𝗖𝗔𝗙𝗔 𝗮𝗿𝗶𝗺𝗼 𝗻𝗮 𝗞𝗮𝗴𝗮𝗺𝗲 𝗖𝘂𝗽

U 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 𝗿𝘂𝗴𝗶𝘆𝗲 𝗸𝘄𝗮𝗸𝗶𝗿𝗮 𝗮𝗺𝗮𝗿𝘂𝘀𝗵𝗮𝗻𝘄𝗮 𝗮𝗻𝗲 𝘆𝗮 𝗖𝗘𝗖𝗔𝗙𝗔 𝗮𝗿𝗶𝗺𝗼 𝗻𝗮 𝗞𝗮𝗴𝗮𝗺𝗲 𝗖𝘂𝗽

RUSHYASHYA 10 Mar 2026
Burundi: Ihuriro Amizero y’Abarundi ryamaze gutanga ibirego bisaba kutazemeza ibyavuye muri referandumu

Burundi: Ihuriro Amizero y’Abarundi ryamaze gutanga ibirego bisaba kutazemeza ibyavuye muri referandumu

Ubwanditsi 25 May 2018
Perezida wa Djibouti  avuye mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda ( Yavuguruwe )

Perezida wa Djibouti avuye mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 07 Mar 2016
Ubufatanye burakenewe mu gutanga amakuru nyayo ku buzima bw’imyororokere

Ubufatanye burakenewe mu gutanga amakuru nyayo ku buzima bw’imyororokere

Ubwanditsi 02 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya Etincelles yahagaritse umuvuduko wa AS Kigali, Police FC isubira Musanze FC, Mukura VS ikomeza kujya habi.
Amakuru

Ikipe ya Etincelles yahagaritse umuvuduko wa AS Kigali, Police FC isubira Musanze FC, Mukura VS ikomeza kujya habi.

Ubwanditsi 11 May 2021
Nyuma yo kwirukanwa ku butegetsi, Jacob Zuma ashobora gufungwa
INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo kwirukanwa ku butegetsi, Jacob Zuma ashobora gufungwa

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Umugambi wa Leta y’Uburundi mu biganiro by’amahoro byitabiriwe na Agathon Rwasa ahagarariye abarwanya Leta kandi ayikorera
INKURU NYAMUKURU

Umugambi wa Leta y’Uburundi mu biganiro by’amahoro byitabiriwe na Agathon Rwasa ahagarariye abarwanya Leta kandi ayikorera

Ubwanditsi 29 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru