• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, yemera ko intambara iyogoza igihugu cye ifite inkomoko ku kuba cyaracumbikiye abajenosideri imyaka 28 yose!

Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, yemera ko intambara iyogoza igihugu cye ifite inkomoko ku kuba cyaracumbikiye abajenosideri imyaka 28 yose!

Ubwanditsi 31 May 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nubwo abakongomani bashyushye umutwe bakagereka ibibazo byabo ku Rwanda, hari abazi neza intandaro y’akaga Kongo ihoramo. Umwe muri abo ni Christophe Lutundula, Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, unafite ububanyi n’amahanga mu nshingano.

Christophe Lutundula, Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, unafite ububanyi n’amahanga mu nshingano

Ubwo mu mpera z’icyumweru gishize yari mu nama y’Afrika Yunze Ubumwe yabereye i Malabo muri Guinée Equatoriale, Christophe Lutundula yareruye yemera ko kuba igihugu cye cyarakiriye abagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi, ndetse na nyuma y’imyaka 28 bakaba bagicumbikiwe, ari imwe mu mpamvu zikomeye zituma Kongo ihora mu midugararo.

Minisiri w’Intebe Wungirije wa Kongo yavuze ko kuva abo bajenosideri bagera muri Kongo bitwara nk’ibyihebe, bakica abaturage b’Abanyekongo, bakabasahura, bagasambanya abagore ku ngufu.

Uyu mutegetsi mukuru yirinze kuvuga FDLR, nyamara isi yose irabizi ko ari umutwe ugizwe n’abajenosideri, ukaba ariwo umaze iyo myaka yose yica igakiza mu burasirazuba bwa Kongo.

Nubwo Bwana Lutundula avuga ibi ariko, hari ibyegeranyo byinshi cyane birimo n’ibyakozwe na Loni ndetse n’imiryango mpuzamahanga, bikagaragaza ko FDLR ikorana bya hafi n’abategetsi ba Kongo , baba abasivili baba n’abasirikari.

Amakuru afitiwe gihamya aravuga ko mu ntambara igisirikari cya Kongo ubu cyifatanyije na FDLR mu kurwanya umutwe wa M23, ndetse na Perezida Felix Tshisekedi ubwo yahuraga n’abayobozi mu gisirikari mu mpera z’icyumweru gishize, yongeye kuvuga ko afite amakuru ko hari abarwanyi b’ imitwe y’inyeshyamba binjijwe muri FARDC, kubera inyungu bamwe mu bategetsi ba Kongo bafite muri iyo mikoranire, harimo no gusahura abaturage.

Kuba FDLR kandi imaze imyaka muri Kongo, byatumye Abanyekongo bagira ingengabitekerezo ya Jenoside. Magingo aya baratyaza imihoro ngo bice uwo bita icyitso cya M23, ni ukuvuga Umututsi n’ abandi bavuga Ikinyarwanda.

Undi usaba Abanyekongo gushyira mu gaciro bagashakira umuti urambye ibibazo byabo, ni Karidinali Firdolin Ambongo akaba Arisheveki wa Kinshasa.

Ubwo yasuraga abakristu b’ahitwa Kikwit, yagize ati:’’ Kongo nicyo gihugu cyaboze kurusha ibindi ku isi. Nta kintu na kimwe kiri mu buryo, kandi kubera imiyoborere mibi n’ imyumvire ipfuye’’. Karidinali Ambongo yasabye Abanyekongo kureka guhora baririmba ngo igihugu cyabo ni ‘’paradizo’’ kubera umutungo kamere, kandi bitababuza kuba abenshi muri bo ari abatindi nyakujya. yagize ati:’’Niba paradizo batubwira muri Bibiliya isa na Kongo, sinzayijyemo’’.

Abanyekongo b’ibihubutsi ubu baratyaza imipanga yo kwica bagenzi babo basangiye Igihugu. Baririrwa basakuza ngo bazatera u Rwanda barwomeke kuri Kongo, biyibagije ko ubugwari bwabo buzwi ku rwego mpuzamahanga.

U Rwanda rufite ubushobozi n’ubushake bwo kwirengera igihe cyose byaba ngombwa, kandi ubwo bushotoranyi nibukomeza abacanye uwo muriro bazawota.

 

2022-05-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yisubije umwanya wa mbere nyuma yaho Sunrise FC itsinze Kiyovu SC

APR FC yisubije umwanya wa mbere nyuma yaho Sunrise FC itsinze Kiyovu SC

Ubwanditsi 21 May 2023
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Ubwanditsi 01 Mar 2022
Mpayimana  Philippe, yagaye imyitwarire ya Gilbert Mwenedata uri mu buhungiro

Mpayimana Philippe, yagaye imyitwarire ya Gilbert Mwenedata uri mu buhungiro

Ubwanditsi 22 Nov 2017
Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) ryemeje ko Tour du Rwanda 2022 izaba ku hagati ya tariki 20 na 27 Gashyantare 2022

Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) ryemeje ko Tour du Rwanda 2022 izaba ku hagati ya tariki 20 na 27 Gashyantare 2022

Ubwanditsi 14 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwicisha bugufi no guteza imbere Abanyarwanda, mu bizaranga FPR mu myaka 2 iri imbere
INKURU NYAMUKURU

Kwicisha bugufi no guteza imbere Abanyarwanda, mu bizaranga FPR mu myaka 2 iri imbere

Ubwanditsi 17 Dec 2017
Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa
Amakuru

Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Ubwanditsi 13 Jul 2022
Jammeh wayoboye Gambia yarezwe mu rukiko n’abarwayi ba Sida yabeshyaga ko ayibavura
POLITIKI

Jammeh wayoboye Gambia yarezwe mu rukiko n’abarwayi ba Sida yabeshyaga ko ayibavura

Ubwanditsi 02 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru