• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uwashimuswe n’ingabo za Congo akabohozwa na Kagame yiyemeje kuzamutora

Uwashimuswe n’ingabo za Congo akabohozwa na Kagame yiyemeje kuzamutora

Ubwanditsi 25 Jul 2017 Mu Rwanda

Nsengimana Théophile, umuturage wo mu murenge wa Gikondo akarere ka Kicukiro, akaba na rwiyemezamirimo, aravuga imyato Umukandida w’Umuryago FPR-Inkotanyi, Paul Kagame, kuko yatumye agaruka mu gihugu nyuma yo gushimutirwa i Goma yagiye kurangura.

Uyu mugabo yatanze ubuhamya bw’ukuntu yajyanwe gufungirwa i Kinshasa agakorerwa iyicarubozo imyaka ibiri umuryango we utazi ahantu yagiye ariko Paul Kagame akamugarura mu Rwanda.

Nsengimana Théophile yagize ati “Muri 2007 nagiye mu gihugu cy’abaturanyi cya Kongo, mu mujyi wa Goma ngiye kurangura, ngezeyo nshimutwa n’igisirikare cya Kongo banyita umusirikare mukuru w’u Rwanda.”

Akomeza avuga ko bahise bamufungira mu kigo cy’iperereza kitwa Tede, araramo umunsi umwe, bukeye ngo bamwambika imyenda ya gisirikare imwe yitwaga ‘Mukotanyi’ ibamo uturongo tumanutse, barangije bahamagara itangazamakuru rya Kongo, bati “Muze murebe Lieutenant w’u Rwanda twafashe.”

Yongeyeho ati “Iryo tangazamakuru ryaraje ariko ntiryigera rituma nisobanura uburyo nafashwe, bo ubwabo ni bo basobanuraga ibyo bashatse, bukeye bwaho banyurije indege, banjyana ntazi ahantu banjyanye bangeza i Kinshasa banyuriza imodoka ya gisirikare banjyana aho bita Etat Major Géneral ya Kongo Kinshasa, bansomera ibyaha bandega, bemeza ko ndi umusirikare mukuru mu Rwanda, bahita banjyana muri gereza nkuru ya Kongo.”

Nsengimana avuga ko haba ubuzima bubi cyane, aho urya ikiyiko kimwe cy’impungure mu minsi itatu.

Yakomeje agira ati “Umunsi umwe ngiye kumva numva barampamagaye bati hari umuntu ugushaka mu buyobozi bwa gereza, ngezeyo nahasanze umugabo, ansuhuza mu Kinyarwanda, ndikanga. Arambwira ati njyewe ndi umuntu uburanira abandi utagira umupaka, noherejwe na Perezidansi y’u Rwanda.

-7348.jpg

Umukandida Paul Kagame

Namaze kumva ayo magambo, ndaturika ndarira, ariko amarira y’ibyishimo, amarira akamye ndiyumvira mu mutima wanjye nti “Koko umubyeyi Paul Kagame ni we umpaye agaciro kangana gutya, ubwo ntangira kumubwira ubuzima bwanjye ukuntu nafashwe nshimuswe ambwira ko aje gukurikirana iby’idosiye yanjye, mubwira ko hari n’abandi banyarwanda bashimuswe. Twese twari 33 amaze kubabona yatangiye gukurikirana dosiye zacu.”
Akomeza avuga ko hashize nk’ukwezi kumwe hakaza imiryango mpuzamahanga irimo UNHCR, Droit de l’Homme na Croix Rouge. Guhera uwo munsi ngo ntibongeye gukorerwa iyicarubozo.

Nsengimana Théophile ati “Hashize nk’amezi atatu tubona wa mugabo aragarutse atubwira ko yoherejwe na Perezidansi y’u Rwanda kuduhumuriza, ko nta cyo tukibaye. Imvugo ni yo ngiro, Leta ya Kongo yarabyemeye isinya icyo bita ‘Amnestie conditionnel’ bemeza ko dufungurwa ariko mu gufungurwa tubura indege iducyura tumara hafi ukwezi ariko tubona ingabo z’umuryango w’abibumbye ziraje zivuga ko zoherejwe n’u Rwanda kuducyura. “

Navuyeyo mbwiye Abanyekongo nti “Wabyemera utabyemera Paul Kagame aruta abayobozi benshi.” Avuga ko yageze ku butaka bw’u Rwanda yumva ameze nk’urota.

Ati “Kagame wacu ni Mose bavuga muri Bibiliya, umwe warokoye ubwoko b’Abisirayeri kuko ni we wangejeje muri iki gihugu cy’u Rwanda.”

Akomeza avuga ko ageze mu Rwanda yahawe ubufasha bw’ibanze akaba akomeje urugamba rwo kwiteza imbere, atangira kurangura ibiribwa Nyabugogo, akorana n’ibimina, agurizwa ibihumbi 500, ayishyura neza.

Kuri ubu Nsengimana yaguze ikibanza cya miliyoni n’igice mu mujyi wa Rubavu, butike ye yabyaye indi ya kabiri. Ayo ibimina byamuhaye ngo ayashyira kuri konti ye kandi uko aranguye yizigama Frw 50 000.

Ubu amaze kuzuza inzu y’akataraboneka mu mujyi wa Gisenyi, inzu nziza y’amatafari ijyanye n’icyerekezo, afite gahunda yo kuyishyiramo amakaro meza agezweho. Ngo ni inzu ihagaze mu gaciro ka miliyoni 25 000 z’amafaranga y’u Rwanda.

Uretse ibi, ngo yavuguruye urutoki rwa hegitari 2 aho yeza igitoki kirenze ibilo 100, akora ubworozi. Byose abishimira imiyoborere myiza irangajwe imbere na Nyakubahwa Paul Kagame.

Ni muri urwo rwego Nsengimana Théophile ararikira Abanyagikondo ndetse n’Abanyarwanda bose kuzatora Paul Kagame bashyira igikumwe cyabo imbere y’igipfunsi kugira ngo bakomeze bibere mu Rwanda bifuza.

-7347.jpg

Nsengimana Théophile, umuturage muri Gikondo avuga ko Paul Kagame ari we wamukuye ishyanga ( Foto Mugisha B)

Source : Imvaho nshya

2017-07-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje

Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje

RUSHYASHYA 12 May 2026
Igitaramo  cy’Imbaturamugabo  kiswe ‘Kigali Intsinzi Concert’ kirategurwa  mu marembo ya Stade amahoro

Igitaramo cy’Imbaturamugabo kiswe ‘Kigali Intsinzi Concert’ kirategurwa mu marembo ya Stade amahoro

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Bujumbura : Ubutegetsi bwa Nkurunziza  buvuye ku izima bwemeye  imishyikirano n’ababurwanya

Bujumbura : Ubutegetsi bwa Nkurunziza buvuye ku izima bwemeye imishyikirano n’ababurwanya

Ubwanditsi 17 Jan 2016
Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Ubwanditsi 02 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Museveni akomeje kwikanga Bobi Wine, yamufungiye iwe ku munsi w’ubwigenge ngo adakoresha igitaramo
INKURU NYAMUKURU

Museveni akomeje kwikanga Bobi Wine, yamufungiye iwe ku munsi w’ubwigenge ngo adakoresha igitaramo

Ubwanditsi 09 Oct 2019
Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri jenoside  yifashe yanga kugira icyo avuga mu rukiko
Mu Mahanga

Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri jenoside yifashe yanga kugira icyo avuga mu rukiko

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Dore ibintu 10 bizakubwira ko umukunzi wawe agukunda urw’agahararo
HIRYA NO HINO

Dore ibintu 10 bizakubwira ko umukunzi wawe agukunda urw’agahararo

Ubwanditsi 27 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru