• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ubukeca bwa Rudasingwa ntibwakwirengagizwa-Willis SHALITA

Ubukeca bwa Rudasingwa ntibwakwirengagizwa-Willis SHALITA

Ubwanditsi 11 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umwanditsi akaba n’umushakashatsi Willis SHALITA uba mu gihugu cya Amerika , yifashishije Blogue ye rwandanvoice.com, yasomeye Rudasingwa Theogene wigize nyamujya iyo bijya, yamuvuze aramumanukura, uburyarya bwe n’ubugambanyi bwe abushyira ku karubanda . Nawe isomere… igihugu ni icyaha, gufasha umwanzi ndetse no kumworohereza.

Urubuga rwa Theogene “Redcom” Rudasingwa yarakoze ibi byaha byose,  Reka mbisobanure.

Iyo hari inkuru ivuga ku  URwanda mu itangazamakuru, Rudasingwa ayisamira hejuru kuko yigize nyirandabizi ku birebana n’URwanda. Ni umwanya adakwiye, uretse wenda nuko  ashakishwa n’ubutabera.

Muri 2011, Rudasingwa yakatiwe n’inkiko kubera ibyaha 6 bityo akatirwa gihano cyingana n’igifungo cy’imyaka24, ariko yahunze igihugu kuva icyo gihe, aracyabundabunda, ubu, akaba atuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ahitwa Washington DC. Hagize umuntu umubona, wahamagara muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika U.S. NATIONAL CENTRAL BUREAU – INTERPOL : 202-616-9000.

IGIHEMBO : Inyambo.

Mu byo aregwa harimo, gutoroka igisirikare, kurema umutwe w’iterabwoba, kubangamira umutekano w’igihugu, kubangamira ituze muri rubanda, kubiba amacakubiri yishingikirije ubwoko ndetse no gutuka Perezida wa Repubulika.

Mu nyandiko iherutse vuba aha ku wa 6, Werurwe  2019  yari ifite umutwe ugira uti,  “Ifungwa ry’umupaka wa Rwanda-Uganda kwigiza nkana kwa Kigali kugirango ishyire mu bikorwa umugambi wari uhasanzwe”bityo rero,  Rudasingwa akaba atavuga ay’abana mu rugarama gusa, ahubwo anarushaho kuremereza ibyaha yari asanganywe, nta kwibaza, ndetse no kutagira inyurabwenge.

Nkuko mbizi, Rudasingwa ni umuntu udafata ku bisembuye. None se, kuki akora ibintu nk’ibi? Amaze igihe arimo kwihishahisha kuva muri 2004. Sinigeze mba mu buhunzi, ariko bambwira ko ari ubuzima bugoye cyane, cyane cyane iyo udafite icyikwijiriza amafaranga gifatika, naho kubirebana na Redcom, uba ugomba guhorana amakenga ko hari uwakugirira nabi. Uyu muhangayiko ushobora gushyira mu kaga imitekerereze yawe ndetse n’umutuzo w’ubuzima bwawe bwo mu mutwe.

Rudasingwa kandi akaba anagomba guhora acyeza umuterankunga we mu byerecyeranye n’amaramuko ariwe (Rujugiro, n’abandi), ndetse n’abashebuja bamutegeka icyo gukora. Akaba anaharanira kugirango akomeze kumvikana ko “agifite uruhare mu ruhando rwa politiki”, bityo bigatuma akomeza guhanyanyaza aharabika URwanda n’ibintu byose bikomoka mu Rwanda. Mu kureba hafi, yumva ko bene ibi bikorwa bizamugira “inzobere” ku birebana n’URwanda, ari nabyo yifashishije asaba ubuhungiro muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bityo akabubona.

Mu mbwirwaruhame ze nyinshi cyane cyane ku batazi URwanda, n’amateka yarwo, kandi iteka akaba adahwema kuvuga ko yigeze kuba ambasaderi w’URwanda muri Amerika, ndetse no kuba yarabaye Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka FPR, no kuba yarashinzwe Ibiro bya Perezida Kagame.

Mu yandi magambo ibi bidahari, ntacyo yaba ari cyo, kuko atanakwiye kuba yakora ibyo yize. Nubwo haba ari muri Haiti ndabarahaye.

Mu myanya yose yakozemo, Rudasingwa yararahiraga ko atazatatira inshingano yari yarashinzwe, ko azaharanira kurinda no kurengera URwanda no kutazamena amabanga.

Ibintu bigomba gukorwa n’abari mu myanya yo hejuru bose muri Guverinoma.

None se Rudasingwa akora iki mu nyandiko zavuzwe haruguru? Yica amategeko yose, ubunyangamugayo akabwiyambura agashyira,hanze ibyo avuga ko ngo Perezida Kagame yamutumaga. Ninde ukora biriya?

NABASHUMBA BAGIRA AMABANGA.

Mu bwenge bwe bucye, Rudasingwa yibaza ko ibi bituma agira agaciro mu ba Jenosideri ndetse n’abapfobya  Jenoside, n’abahakana ko Jenoside itigeze ibaho.

Icyaro cyimwe cyo mu Rwanda cyirabura Joriji Banete wacyo.

Kuva muri 1994, URwanda rwakomeje gutera imbere, mu kugerageza kureba ko buri Munyarwanda  yagira uburenganzira bwe hatitawe ku gace,ubwoko abarizwamo. Ariko Rudasingwa agamije kubiba bene iriya ngengabitecyerezo, yashingiweho mu gukora Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, aho avuga ko URwanda abantu bamwe ari bo bihariye buri byose mu magambo ye, atari ayanjye “Abatutsi gusa nibo ba ba ofisiye mu ngabo z’igihugu.”

Agakomeza avuga ngo, “Nkuko nzi byinshi kuri Jenerali Kagame n’amabanga y’URwanda …”

Niba ibi atari ukugambanira igihugu, noneho na Yezu ntiyigeze apfira ku Musaraba.

Rudasingwa ni umwe mu batangije Rwanda National Congress (RNC), agatsiko k’abanyakavuyo batagira icyo  bajya bageraho mu buzima, abahezanguni. Batagira umurongo muri Politiki bifuza iteka gukoresha igisirikare kugirango bagere ku migambi misha yabo, batanafite n’ubushobozi bwo kuba bavana Perezida KAGAME ku buyobozi …”

Hari igitangaza? Reka da. Nta cyubahiro mu bicucu byo ku muhana ndetse n’abagambanyi. Yego, narabivuze.

Ubwo yagezaga ijambo ku bayobozi bakuru b’igihugu mu mwiherero, Perezida  Kagame yagize ati,  “Hari ikintu icyidashoboka – kidashobora kumbaho, kandi sinanifuza ko cyaba ku gihugu cyacut. Nta muntu, aho yaba aturutse aha ariho hose, ushobora kumfukamisha. Ntibyashoboka.”

Mvuge ibindi?

Willis SHALITA

2019-03-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukandida wa FPR-INKOTANYI ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga demokarasi ari amahitamo arimo ubwisanzure, kandi bushingiye ku budasa bw’ igihugu

Umukandida wa FPR-INKOTANYI ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga demokarasi ari amahitamo arimo ubwisanzure, kandi bushingiye ku budasa bw’ igihugu

Ubwanditsi 22 Jun 2024
“Walk to Remember”, umwe mu miyoboro ikomeye inyuzwamo ubutumwa bwo guhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi

“Walk to Remember”, umwe mu miyoboro ikomeye inyuzwamo ubutumwa bwo guhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 06 Apr 2024
AMAFOTO – Perezida Kagame yakurikiye umukino u Rwanda twatsinzemo Grenada 4-0 rugera ku mukino wa nyuma wa FIFA SERIES

AMAFOTO – Perezida Kagame yakurikiye umukino u Rwanda twatsinzemo Grenada 4-0 rugera ku mukino wa nyuma wa FIFA SERIES

RUSHYASHYA 28 Mar 2026
Abandi banyarwanda babiri bavuye muri kasho za CMI, i Mbuya muri Kampala baraburira abandi kudahirahira ngo bajye Uganda

Abandi banyarwanda babiri bavuye muri kasho za CMI, i Mbuya muri Kampala baraburira abandi kudahirahira ngo bajye Uganda

Ubwanditsi 03 Jul 2019

12 Ibitekerezo

  1. Umurerwa Marie-Grace
    March 11, 20198:53 am -

    Hahaha!!! Uyu mwanditsi,aramushishuye basi.
    Inkotsa ngo: bayikubise inshyi mu majigo.noneho iravuga iti: AMAGAMBO ASHIZE IVUGA. Redcom wigize inkotsa,inshyanutsi kabuhariwe,ihora yiyigiza hejuru ngo azi ibibera mu Rwanda,ahuye n’uruva gusenya.Kandi muzarebere ninkuko atagira isoni,azongera avuge nkuwahanzweho. Niba agifite ubugabo muri we,azaceceke burundu kuko rwandavoice,yamupfunyikiye

    Subiza
  2. Josee Uwase
    March 11, 20191:22 pm -

    Noneho Redcom amaze iminsi yicira isazi ku jisho,Aho yarafite iikiraka cyarahagaze. Ategereje andi makuru asabisha kuko yihaye kumenya ibibera mu Rwanda no mu karere. Cyakora cyo umwanditsi yamumwaje bidasubirwa ho.Azongere yihe juvuga Mwenyewe,tuzamushishura?

    Subiza
  3. Mutezintare Jean- Michel
    March 11, 20191:32 pm -

    Abiwacu muraho? Ariko mwaretse za mayibobo zikavugiriza ko u Rwanda rufite uruvugiro? Mperutse I wacu ndumirwa,mbega igihugu gisa neza weee! Redcom aravuga nkayo inkumi yagumiwe ivuga. Hambere aha,nigeze kumurabukwa na mwene Nyina bashoreranye ndaseka cyane. Mwari mwababona ariko? Basa n’abarindagiye, badafite iyo bajya. Nakwibuka ubwirasi bwabo bica bagakiza,nkavuga nti: Genda Commander- in- Chief n’umugabo,we wabahanantuye aho bari barimanitse.

    Subiza
  4. Teteli
    March 11, 20191:37 pm -

    IAyi weee! Mbega ngo barandagaza Redcom we?
    Azongera kuvugira he? Umwanditsi yamuhereje ibye ntacyo yasize. Kuva ubu tuzamugabaho ibitero muri media yumirwe yokabura inka

    Subiza
  5. Msafiri bin Ramazani
    March 11, 20191:40 pm -

    Ndazindukira muri Interpol kare cyane,maze bamubohe yo kanyagwa. Muzi ho yahereye?

    Subiza
  6. Kamikazi Edwige
    March 11, 20192:00 pm -

    Ngo Rudasingwa arisha ko yahoze mu buyobozi bukuru mu Rwanda? None se yabuteshejwe Niki?
    Ubusambo,ubujura nibyo yazize. Mwibuke ko yateresheje igikumu Nyina ngo babone amafranga muri banki. Muzi umuntu wibisha Nyina w’umukecuru? N’agahomamunwa.

    Subiza
  7. Nyinawamagaju Peace
    March 11, 20192:14 pm -

    Ngo kugirango Abe relevant yivuga ibigwi uko yakoranye bya hafi na Mzehe wacu. Ariko se byamubujije kuba gusku? Ararata inkovu z’imiringa,aracyarindagira.
    Niho aherukira kuba umuntu,ubu asigaye yihisha abamuzi,yababina agakwepa kubera ikimwaro. Nagende abone uwiyishe ntaririrwa.

    Subiza
  8. Nkusi Cesaire
    March 11, 20192:18 pm -

    Umwanditsi yibagiwe kuvuga ukuntu Redcom yagiye kwibisha amafaranga muri bank,ateza igikumu Nyina wamubyaye,asaba credit.Abantu babavuyeho we na Gahima bene Byimbwa. Ngo so ntakwanga akwita nabi

    Subiza
  9. Manzi Vianney-Marie Alphonse
    March 11, 20192:27 pm -

    Nagizengo Ni Rushyashya yamuhaye urwamenyo nsanga
    nundi mwanditsi umuzi pe!Iyo nyambo nzayitahana rwose kuko nzamusanga Maryland Aho yihishe muzirike muzanire Afande nti dore wa mwana w’icyomanzi nkuzaniye. Nzi impuhwe ze,ariko nzabanza mucisheho utunyafu twinshi maze mbone kumutahana??.

    Subiza
  10. Elliot Nkunzurwanda
    March 11, 20192:34 pm -

    Ndasobanuza.Uwigeze kurara kwa Kanziga ngo asaba imbabazi ninde? Ni Redcom cg Gahima.Aho batagirira isoni,kuzungura Ikinani Koko?Mbega amahumane?

    Subiza
  11. Liberata Uwineza Duncan
    March 11, 20192:41 pm -

    Redcom aherutse kwijajara ngo aratumiza conference yo gusobanura ibya Rwanda na Uganda I Bethesda. Yabonye abantu batarenze bane nanjye ndimo. Ariko bamubajije uwamutumye cg ikigo ahagarariye arakibura.ary’iminwa. Turihirika no guseka. Iyo avuga ko ahagarariye inda ye ntibyari bihagije?

    Subiza
  12. pio
    March 12, 20194:30 am -

    eregamushatse mwakwemera no ibigoryibibahose urumva nkuyumugabose
    wamushyiramushinganozigihugu ntagitobange haribeshibamezenkawe babajura bayogoje igihugu banyereje imitungo yarubanda nyamara ubavuze kuko

    bagihagarikiwe ntiryarema ubwo niwamugani uvugango iguye ntayitayigera ihembe?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Charles N. Lambert yatangije urugamba rwo kubaho bwa kabiri kwa Afurika
Amakuru

Charles N. Lambert yatangije urugamba rwo kubaho bwa kabiri kwa Afurika

Ubwanditsi 26 Apr 2021
Uganda: Ubuzima bw’Umunyarwanda Rutayisire ufungiye muri Gereza ya Luzira buri mu marembera
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Ubuzima bw’Umunyarwanda Rutayisire ufungiye muri Gereza ya Luzira buri mu marembera

Ubwanditsi 13 Sep 2019
Umudepite wa Uganda aramagana uburyo igihugu cye kiri kuzambya umubano mu karere kose
ITOHOZA

Umudepite wa Uganda aramagana uburyo igihugu cye kiri kuzambya umubano mu karere kose

Ubwanditsi 28 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru