• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ubukeca bwa Rudasingwa ntibwakwirengagizwa-Willis SHALITA

Ubukeca bwa Rudasingwa ntibwakwirengagizwa-Willis SHALITA

Ubwanditsi 11 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umwanditsi akaba n’umushakashatsi Willis SHALITA uba mu gihugu cya Amerika , yifashishije Blogue ye rwandanvoice.com, yasomeye Rudasingwa Theogene wigize nyamujya iyo bijya, yamuvuze aramumanukura, uburyarya bwe n’ubugambanyi bwe abushyira ku karubanda . Nawe isomere… igihugu ni icyaha, gufasha umwanzi ndetse no kumworohereza.

Urubuga rwa Theogene “Redcom” Rudasingwa yarakoze ibi byaha byose,  Reka mbisobanure.

Iyo hari inkuru ivuga ku  URwanda mu itangazamakuru, Rudasingwa ayisamira hejuru kuko yigize nyirandabizi ku birebana n’URwanda. Ni umwanya adakwiye, uretse wenda nuko  ashakishwa n’ubutabera.

Muri 2011, Rudasingwa yakatiwe n’inkiko kubera ibyaha 6 bityo akatirwa gihano cyingana n’igifungo cy’imyaka24, ariko yahunze igihugu kuva icyo gihe, aracyabundabunda, ubu, akaba atuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ahitwa Washington DC. Hagize umuntu umubona, wahamagara muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika U.S. NATIONAL CENTRAL BUREAU – INTERPOL : 202-616-9000.

IGIHEMBO : Inyambo.

Mu byo aregwa harimo, gutoroka igisirikare, kurema umutwe w’iterabwoba, kubangamira umutekano w’igihugu, kubangamira ituze muri rubanda, kubiba amacakubiri yishingikirije ubwoko ndetse no gutuka Perezida wa Repubulika.

Mu nyandiko iherutse vuba aha ku wa 6, Werurwe  2019  yari ifite umutwe ugira uti,  “Ifungwa ry’umupaka wa Rwanda-Uganda kwigiza nkana kwa Kigali kugirango ishyire mu bikorwa umugambi wari uhasanzwe”bityo rero,  Rudasingwa akaba atavuga ay’abana mu rugarama gusa, ahubwo anarushaho kuremereza ibyaha yari asanganywe, nta kwibaza, ndetse no kutagira inyurabwenge.

Nkuko mbizi, Rudasingwa ni umuntu udafata ku bisembuye. None se, kuki akora ibintu nk’ibi? Amaze igihe arimo kwihishahisha kuva muri 2004. Sinigeze mba mu buhunzi, ariko bambwira ko ari ubuzima bugoye cyane, cyane cyane iyo udafite icyikwijiriza amafaranga gifatika, naho kubirebana na Redcom, uba ugomba guhorana amakenga ko hari uwakugirira nabi. Uyu muhangayiko ushobora gushyira mu kaga imitekerereze yawe ndetse n’umutuzo w’ubuzima bwawe bwo mu mutwe.

Rudasingwa kandi akaba anagomba guhora acyeza umuterankunga we mu byerecyeranye n’amaramuko ariwe (Rujugiro, n’abandi), ndetse n’abashebuja bamutegeka icyo gukora. Akaba anaharanira kugirango akomeze kumvikana ko “agifite uruhare mu ruhando rwa politiki”, bityo bigatuma akomeza guhanyanyaza aharabika URwanda n’ibintu byose bikomoka mu Rwanda. Mu kureba hafi, yumva ko bene ibi bikorwa bizamugira “inzobere” ku birebana n’URwanda, ari nabyo yifashishije asaba ubuhungiro muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bityo akabubona.

Mu mbwirwaruhame ze nyinshi cyane cyane ku batazi URwanda, n’amateka yarwo, kandi iteka akaba adahwema kuvuga ko yigeze kuba ambasaderi w’URwanda muri Amerika, ndetse no kuba yarabaye Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka FPR, no kuba yarashinzwe Ibiro bya Perezida Kagame.

Mu yandi magambo ibi bidahari, ntacyo yaba ari cyo, kuko atanakwiye kuba yakora ibyo yize. Nubwo haba ari muri Haiti ndabarahaye.

Mu myanya yose yakozemo, Rudasingwa yararahiraga ko atazatatira inshingano yari yarashinzwe, ko azaharanira kurinda no kurengera URwanda no kutazamena amabanga.

Ibintu bigomba gukorwa n’abari mu myanya yo hejuru bose muri Guverinoma.

None se Rudasingwa akora iki mu nyandiko zavuzwe haruguru? Yica amategeko yose, ubunyangamugayo akabwiyambura agashyira,hanze ibyo avuga ko ngo Perezida Kagame yamutumaga. Ninde ukora biriya?

NABASHUMBA BAGIRA AMABANGA.

Mu bwenge bwe bucye, Rudasingwa yibaza ko ibi bituma agira agaciro mu ba Jenosideri ndetse n’abapfobya  Jenoside, n’abahakana ko Jenoside itigeze ibaho.

Icyaro cyimwe cyo mu Rwanda cyirabura Joriji Banete wacyo.

Kuva muri 1994, URwanda rwakomeje gutera imbere, mu kugerageza kureba ko buri Munyarwanda  yagira uburenganzira bwe hatitawe ku gace,ubwoko abarizwamo. Ariko Rudasingwa agamije kubiba bene iriya ngengabitecyerezo, yashingiweho mu gukora Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, aho avuga ko URwanda abantu bamwe ari bo bihariye buri byose mu magambo ye, atari ayanjye “Abatutsi gusa nibo ba ba ofisiye mu ngabo z’igihugu.”

Agakomeza avuga ngo, “Nkuko nzi byinshi kuri Jenerali Kagame n’amabanga y’URwanda …”

Niba ibi atari ukugambanira igihugu, noneho na Yezu ntiyigeze apfira ku Musaraba.

Rudasingwa ni umwe mu batangije Rwanda National Congress (RNC), agatsiko k’abanyakavuyo batagira icyo  bajya bageraho mu buzima, abahezanguni. Batagira umurongo muri Politiki bifuza iteka gukoresha igisirikare kugirango bagere ku migambi misha yabo, batanafite n’ubushobozi bwo kuba bavana Perezida KAGAME ku buyobozi …”

Hari igitangaza? Reka da. Nta cyubahiro mu bicucu byo ku muhana ndetse n’abagambanyi. Yego, narabivuze.

Ubwo yagezaga ijambo ku bayobozi bakuru b’igihugu mu mwiherero, Perezida  Kagame yagize ati,  “Hari ikintu icyidashoboka – kidashobora kumbaho, kandi sinanifuza ko cyaba ku gihugu cyacut. Nta muntu, aho yaba aturutse aha ariho hose, ushobora kumfukamisha. Ntibyashoboka.”

Mvuge ibindi?

Willis SHALITA

2019-03-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishimwe kuri Rurangirwa, umwe mu batabawe na Perezida Kagame mu mvururu zo mu Misiri mu 2011

Ishimwe kuri Rurangirwa, umwe mu batabawe na Perezida Kagame mu mvururu zo mu Misiri mu 2011

Ubwanditsi 06 Aug 2018
Bombori bombori mu bigarasha byadogereye!

Bombori bombori mu bigarasha byadogereye!

Ubwanditsi 12 Oct 2023
Mwenedata Gilbert  yeruye ko yiyongereye mu mubare w’ abagamije guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda

Mwenedata Gilbert yeruye ko yiyongereye mu mubare w’ abagamije guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda

Ubwanditsi 10 May 2018
Kwibuka 24 : Amassade y’Uburundi mu Rwanda yanze kururutsa Ibendera, nyuma baje kubikora kubera igitutu.

Kwibuka 24 : Amassade y’Uburundi mu Rwanda yanze kururutsa Ibendera, nyuma baje kubikora kubera igitutu.

Ubwanditsi 08 Apr 2018

12 Ibitekerezo

  1. Umurerwa Marie-Grace
    March 11, 20198:53 am -

    Hahaha!!! Uyu mwanditsi,aramushishuye basi.
    Inkotsa ngo: bayikubise inshyi mu majigo.noneho iravuga iti: AMAGAMBO ASHIZE IVUGA. Redcom wigize inkotsa,inshyanutsi kabuhariwe,ihora yiyigiza hejuru ngo azi ibibera mu Rwanda,ahuye n’uruva gusenya.Kandi muzarebere ninkuko atagira isoni,azongera avuge nkuwahanzweho. Niba agifite ubugabo muri we,azaceceke burundu kuko rwandavoice,yamupfunyikiye

    Subiza
  2. Josee Uwase
    March 11, 20191:22 pm -

    Noneho Redcom amaze iminsi yicira isazi ku jisho,Aho yarafite iikiraka cyarahagaze. Ategereje andi makuru asabisha kuko yihaye kumenya ibibera mu Rwanda no mu karere. Cyakora cyo umwanditsi yamumwaje bidasubirwa ho.Azongere yihe juvuga Mwenyewe,tuzamushishura?

    Subiza
  3. Mutezintare Jean- Michel
    March 11, 20191:32 pm -

    Abiwacu muraho? Ariko mwaretse za mayibobo zikavugiriza ko u Rwanda rufite uruvugiro? Mperutse I wacu ndumirwa,mbega igihugu gisa neza weee! Redcom aravuga nkayo inkumi yagumiwe ivuga. Hambere aha,nigeze kumurabukwa na mwene Nyina bashoreranye ndaseka cyane. Mwari mwababona ariko? Basa n’abarindagiye, badafite iyo bajya. Nakwibuka ubwirasi bwabo bica bagakiza,nkavuga nti: Genda Commander- in- Chief n’umugabo,we wabahanantuye aho bari barimanitse.

    Subiza
  4. Teteli
    March 11, 20191:37 pm -

    IAyi weee! Mbega ngo barandagaza Redcom we?
    Azongera kuvugira he? Umwanditsi yamuhereje ibye ntacyo yasize. Kuva ubu tuzamugabaho ibitero muri media yumirwe yokabura inka

    Subiza
  5. Msafiri bin Ramazani
    March 11, 20191:40 pm -

    Ndazindukira muri Interpol kare cyane,maze bamubohe yo kanyagwa. Muzi ho yahereye?

    Subiza
  6. Kamikazi Edwige
    March 11, 20192:00 pm -

    Ngo Rudasingwa arisha ko yahoze mu buyobozi bukuru mu Rwanda? None se yabuteshejwe Niki?
    Ubusambo,ubujura nibyo yazize. Mwibuke ko yateresheje igikumu Nyina ngo babone amafranga muri banki. Muzi umuntu wibisha Nyina w’umukecuru? N’agahomamunwa.

    Subiza
  7. Nyinawamagaju Peace
    March 11, 20192:14 pm -

    Ngo kugirango Abe relevant yivuga ibigwi uko yakoranye bya hafi na Mzehe wacu. Ariko se byamubujije kuba gusku? Ararata inkovu z’imiringa,aracyarindagira.
    Niho aherukira kuba umuntu,ubu asigaye yihisha abamuzi,yababina agakwepa kubera ikimwaro. Nagende abone uwiyishe ntaririrwa.

    Subiza
  8. Nkusi Cesaire
    March 11, 20192:18 pm -

    Umwanditsi yibagiwe kuvuga ukuntu Redcom yagiye kwibisha amafaranga muri bank,ateza igikumu Nyina wamubyaye,asaba credit.Abantu babavuyeho we na Gahima bene Byimbwa. Ngo so ntakwanga akwita nabi

    Subiza
  9. Manzi Vianney-Marie Alphonse
    March 11, 20192:27 pm -

    Nagizengo Ni Rushyashya yamuhaye urwamenyo nsanga
    nundi mwanditsi umuzi pe!Iyo nyambo nzayitahana rwose kuko nzamusanga Maryland Aho yihishe muzirike muzanire Afande nti dore wa mwana w’icyomanzi nkuzaniye. Nzi impuhwe ze,ariko nzabanza mucisheho utunyafu twinshi maze mbone kumutahana??.

    Subiza
  10. Elliot Nkunzurwanda
    March 11, 20192:34 pm -

    Ndasobanuza.Uwigeze kurara kwa Kanziga ngo asaba imbabazi ninde? Ni Redcom cg Gahima.Aho batagirira isoni,kuzungura Ikinani Koko?Mbega amahumane?

    Subiza
  11. Liberata Uwineza Duncan
    March 11, 20192:41 pm -

    Redcom aherutse kwijajara ngo aratumiza conference yo gusobanura ibya Rwanda na Uganda I Bethesda. Yabonye abantu batarenze bane nanjye ndimo. Ariko bamubajije uwamutumye cg ikigo ahagarariye arakibura.ary’iminwa. Turihirika no guseka. Iyo avuga ko ahagarariye inda ye ntibyari bihagije?

    Subiza
  12. pio
    March 12, 20194:30 am -

    eregamushatse mwakwemera no ibigoryibibahose urumva nkuyumugabose
    wamushyiramushinganozigihugu ntagitobange haribeshibamezenkawe babajura bayogoje igihugu banyereje imitungo yarubanda nyamara ubavuze kuko

    bagihagarikiwe ntiryarema ubwo niwamugani uvugango iguye ntayitayigera ihembe?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibigo n’amashuri bya Polisi zo mu karere basuzumiye hamwe uko hatezwa imbere ireme ry’amasomo batanga
Mu Mahanga

Ibigo n’amashuri bya Polisi zo mu karere basuzumiye hamwe uko hatezwa imbere ireme ry’amasomo batanga

Ubwanditsi 26 Jan 2016
Bruce Melodie na Made Beat bageze muri Norvège aho bagiye mu bitaramo bizabera mu bice bitandukanye byo ku mugabane w’i Burayi
Amakuru

Bruce Melodie na Made Beat bageze muri Norvège aho bagiye mu bitaramo bizabera mu bice bitandukanye byo ku mugabane w’i Burayi

Ubwanditsi 07 May 2022
Umukozi wa Banki ya Kigali wari wabuze ngo yari yagiye gusura inkumi bakundana
Mu Mahanga

Umukozi wa Banki ya Kigali wari wabuze ngo yari yagiye gusura inkumi bakundana

Ubwanditsi 09 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru