• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abandi banyarwanda babiri bavuye muri kasho za CMI, i Mbuya muri Kampala baraburira abandi kudahirahira ngo bajye Uganda

Abandi banyarwanda babiri bavuye muri kasho za CMI, i Mbuya muri Kampala baraburira abandi kudahirahira ngo bajye Uganda

Ubwanditsi 03 Jul 2019 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Abanyarwanda babiri bari bafungiye Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko mbere yuko bagaruka mu Rwanda ku wagatandatu ushize, bavuze ko Uganda ikomeje kuba mbi cyane, ku Banyarwanda bajyayo.

Celestin Maniraguha, w’imyaka 39,  akaba akomoka mu Karere ka Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru, mu gihe Moses Rusa w’imyaka 64 y’amavuko akomoka mu Karere ka Kicukiro ho mu Mujyi wa Kigali.

Ubwo Celestin Maniraguha yajya Uganda mu gukora akazi ko k’ubwubatsi no gutwara imodoka nyuma gato y’umunsi mukuru wa Pasika uyu mwaka, ubu akaba akiguye mu kantu, kubera ko bamubeshyeye ngo ni intasi y’URwanda bityo bahita bamufunga mu gihe cy’ukwezi n’igice kandi afunzwe mu buryo buhabanye n’amategeko, muri icyo gihe cyose, bakaba bari bafungiye ahitwa Kisoro na Mbarara mu burengerazuba bwa Uganda, ndetse n’ahitwa Mbuya,muri Kampala,  ku cyicaro gikuru cy’urwego rushinzwe iperereza rya gisirikare muri Uganda.

Akaba yaravuze ko ubwo yasubiraga ku kazi ke Kisoro, shebuja yanze kumwishyurwa, ahubwo,  ahamagara polisi mu rwego rwo kugirango arege intasi y’URwanda iri mu gihugu. “Nashinjwe kuba intasi y’URwanda,” nkuko yabyivugiye, bityo, akaba aburira Abanyarwanda kujya mu gihugu cy’abaturanyi.

Nyuma yo gukorerwa iyicarubozo mu buryo bunyuranye, ngo kumukubita inshyi, no kumufungira mu gisa nk’ubuvumo, Maniraguha yaje kurekurwa nta cyaha ahamijwe n’ubushinjacyaha yoherezwa mu Rwanda.

Naho kuri Moses Rusa, yariyagiye gusura sewabo w’imyaka 100 ahitwa Rwentobo ho mu burengerazuba bwa Uganda, bityo afatwa ku wa 26 Kamena 2019, ubwo yari ategereje bisi imugarura mu Rwanda.  Nawe bamuregaga kuba maneko, banamubaza amashuri yize, nuko bamujyana mu magereza ya gisirikare Mbuya Kampala. “Muri kasho, twararaga ku isima mu cyumba gito cyane,” mu magambo ye, ubwo yagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru IKigali ku wa kabiri w’icyi cyumweru.  Akaba yarongeyeho ko gusenga igihe cyose aribyo byaturinze “ Naho ubundi  twanyuze mu iyicarubozo rikabije, ari nako twibaza niba tuzigera tugera imuhira ”.

Ubwo yari akiri muri Uganda, aho yari amaze iminsi itatu mbere yuko afatwa, Rusa yitegereje ukuntu Abanyarwanda bava mu Rwanda bafatwa, ariko Abanyarwanda baba muri Uganda ntabwo bagirirwa nabi muri rusange. Nubwo yakorewe iyicarubozo cyane, muri kasho, yavuze ko ibikangisho by’iyicarubozo byari igikangisho iteka, bityo bikaba byaratumaga asenga kugirango bekumukorera iyicarubozo “Nta mafaranga nari mfite, bityo ari nta numburanira, icyo nakoraga byari ugusenga gusa, kugirango ne gukorerwa iyicarubozo ” nkuko yabivuze.

Umwarimu uri mu kiruhuko cy’izabukuru, kandi wanahoze ari umunyamakuru, Rusa yavuze ko bamurekuye atagiye mu rukiko, nuko bamwohereza mu Rwanda.

Kuba ubu yararekuwe, akaba ari mu Rwanda, isengesho rye ryambere, ni ugusengera ubutegetsi bwa Uganda kugirango burekeraho kugirira nabi Abanyarwanda bambuka bajya Uganda, mu rwego rwo gusura inshuti, cyangwa ku mpamvu z’ubucuruzi.

“Ndasaba Imana ngo ibihugu byacu bisubukure imibanire myiza, nkuko byahoze cyera,” Rusa.

Nuko aburira Abanyarwanda bose baba batecyereza kujya Uganda.

“Abo bafite gahunda yo kujya Uganda bagakwiye kuba babisubitse, muri iki gihe, bakazongera kujyayo Imana imaze gufungura umupaka,” Rusa.

Leta y’URwanda ikaba yaragiriye inama abanyarwanda kutajya muri Uganda, bavuga ko amagana y’abanyarwanda baribarafashwe batesekera mu minyururu idakurikije amategeko muri Uganda.   Abenshi muri abo bagarutse mu Rwanda, bagiye bavuga ukuntu bagiye bagirirwa nabi, n’ukuntu bagiye bavanwa mu modoka zinyuranye, ibyo kandi bikaba byarakorwaga n’abantu babaga bambaye imyenda ya gisivile, bityo ngo bakisanga mu magereza aho bamaraga amezi n’amezi ambasade y’URwanda itabizi.

Kigali kandi ikaba irega Kampala kuba yorohereza imitwe yitwaje intwaro, mu rwego rwo guhungabanya URwanda, ikirego Uganda ihakana.

2019-07-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubufaransa bwanze ubusabe bw’umukobwa wa Felesiyani Kabuga busaba ubwenegihugu, n’interahamwe zabuhawe zigomba kubwamburwa zigashyikirizwa ubutabera

Ubufaransa bwanze ubusabe bw’umukobwa wa Felesiyani Kabuga busaba ubwenegihugu, n’interahamwe zabuhawe zigomba kubwamburwa zigashyikirizwa ubutabera

Ubwanditsi 22 Apr 2021
Ikipe ya APR FC yanganyije na Mogadisciu City Club yo muri Somalia ubusa ku busa mu mukino wa mbere wa CAF Champions League 2021

Ikipe ya APR FC yanganyije na Mogadisciu City Club yo muri Somalia ubusa ku busa mu mukino wa mbere wa CAF Champions League 2021

Ubwanditsi 13 Sep 2021
Akanyamuneza ku baturage ba Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado basubiye mu byabo nyuma y’imyaka ine bameneshejwe n’inyeshyamba

Akanyamuneza ku baturage ba Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado basubiye mu byabo nyuma y’imyaka ine bameneshejwe n’inyeshyamba

Ubwanditsi 30 Aug 2021
Imvano y’urwango rwa Museveni ku Banyarwanda

Imvano y’urwango rwa Museveni ku Banyarwanda

Ubwanditsi 14 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI
Amakuru

FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI

Ubwanditsi 24 Jan 2025
Kisoro : Abasore b’Abagande bakomeje kujya mu mutwe wa M23 ku bwinshi
Mu Rwanda

Kisoro : Abasore b’Abagande bakomeje kujya mu mutwe wa M23 ku bwinshi

Ubwanditsi 02 Mar 2017
Umuririmbyi Chester Bennington wabarizwaga mu itsinda rya Linkin Park yapfuye yimanitse
Mu Rwanda

Umuririmbyi Chester Bennington wabarizwaga mu itsinda rya Linkin Park yapfuye yimanitse

Ubwanditsi 21 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru