• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abandi banyarwanda babiri bavuye muri kasho za CMI, i Mbuya muri Kampala baraburira abandi kudahirahira ngo bajye Uganda

Abandi banyarwanda babiri bavuye muri kasho za CMI, i Mbuya muri Kampala baraburira abandi kudahirahira ngo bajye Uganda

Ubwanditsi 03 Jul 2019 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Abanyarwanda babiri bari bafungiye Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko mbere yuko bagaruka mu Rwanda ku wagatandatu ushize, bavuze ko Uganda ikomeje kuba mbi cyane, ku Banyarwanda bajyayo.

Celestin Maniraguha, w’imyaka 39,  akaba akomoka mu Karere ka Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru, mu gihe Moses Rusa w’imyaka 64 y’amavuko akomoka mu Karere ka Kicukiro ho mu Mujyi wa Kigali.

Ubwo Celestin Maniraguha yajya Uganda mu gukora akazi ko k’ubwubatsi no gutwara imodoka nyuma gato y’umunsi mukuru wa Pasika uyu mwaka, ubu akaba akiguye mu kantu, kubera ko bamubeshyeye ngo ni intasi y’URwanda bityo bahita bamufunga mu gihe cy’ukwezi n’igice kandi afunzwe mu buryo buhabanye n’amategeko, muri icyo gihe cyose, bakaba bari bafungiye ahitwa Kisoro na Mbarara mu burengerazuba bwa Uganda, ndetse n’ahitwa Mbuya,muri Kampala,  ku cyicaro gikuru cy’urwego rushinzwe iperereza rya gisirikare muri Uganda.

Akaba yaravuze ko ubwo yasubiraga ku kazi ke Kisoro, shebuja yanze kumwishyurwa, ahubwo,  ahamagara polisi mu rwego rwo kugirango arege intasi y’URwanda iri mu gihugu. “Nashinjwe kuba intasi y’URwanda,” nkuko yabyivugiye, bityo, akaba aburira Abanyarwanda kujya mu gihugu cy’abaturanyi.

Nyuma yo gukorerwa iyicarubozo mu buryo bunyuranye, ngo kumukubita inshyi, no kumufungira mu gisa nk’ubuvumo, Maniraguha yaje kurekurwa nta cyaha ahamijwe n’ubushinjacyaha yoherezwa mu Rwanda.

Naho kuri Moses Rusa, yariyagiye gusura sewabo w’imyaka 100 ahitwa Rwentobo ho mu burengerazuba bwa Uganda, bityo afatwa ku wa 26 Kamena 2019, ubwo yari ategereje bisi imugarura mu Rwanda.  Nawe bamuregaga kuba maneko, banamubaza amashuri yize, nuko bamujyana mu magereza ya gisirikare Mbuya Kampala. “Muri kasho, twararaga ku isima mu cyumba gito cyane,” mu magambo ye, ubwo yagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru IKigali ku wa kabiri w’icyi cyumweru.  Akaba yarongeyeho ko gusenga igihe cyose aribyo byaturinze “ Naho ubundi  twanyuze mu iyicarubozo rikabije, ari nako twibaza niba tuzigera tugera imuhira ”.

Ubwo yari akiri muri Uganda, aho yari amaze iminsi itatu mbere yuko afatwa, Rusa yitegereje ukuntu Abanyarwanda bava mu Rwanda bafatwa, ariko Abanyarwanda baba muri Uganda ntabwo bagirirwa nabi muri rusange. Nubwo yakorewe iyicarubozo cyane, muri kasho, yavuze ko ibikangisho by’iyicarubozo byari igikangisho iteka, bityo bikaba byaratumaga asenga kugirango bekumukorera iyicarubozo “Nta mafaranga nari mfite, bityo ari nta numburanira, icyo nakoraga byari ugusenga gusa, kugirango ne gukorerwa iyicarubozo ” nkuko yabivuze.

Umwarimu uri mu kiruhuko cy’izabukuru, kandi wanahoze ari umunyamakuru, Rusa yavuze ko bamurekuye atagiye mu rukiko, nuko bamwohereza mu Rwanda.

Kuba ubu yararekuwe, akaba ari mu Rwanda, isengesho rye ryambere, ni ugusengera ubutegetsi bwa Uganda kugirango burekeraho kugirira nabi Abanyarwanda bambuka bajya Uganda, mu rwego rwo gusura inshuti, cyangwa ku mpamvu z’ubucuruzi.

“Ndasaba Imana ngo ibihugu byacu bisubukure imibanire myiza, nkuko byahoze cyera,” Rusa.

Nuko aburira Abanyarwanda bose baba batecyereza kujya Uganda.

“Abo bafite gahunda yo kujya Uganda bagakwiye kuba babisubitse, muri iki gihe, bakazongera kujyayo Imana imaze gufungura umupaka,” Rusa.

Leta y’URwanda ikaba yaragiriye inama abanyarwanda kutajya muri Uganda, bavuga ko amagana y’abanyarwanda baribarafashwe batesekera mu minyururu idakurikije amategeko muri Uganda.   Abenshi muri abo bagarutse mu Rwanda, bagiye bavuga ukuntu bagiye bagirirwa nabi, n’ukuntu bagiye bavanwa mu modoka zinyuranye, ibyo kandi bikaba byarakorwaga n’abantu babaga bambaye imyenda ya gisivile, bityo ngo bakisanga mu magereza aho bamaraga amezi n’amezi ambasade y’URwanda itabizi.

Kigali kandi ikaba irega Kampala kuba yorohereza imitwe yitwaje intwaro, mu rwego rwo guhungabanya URwanda, ikirego Uganda ihakana.

2019-07-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Bufaransa: Umunyarwanda Samuel Baker yarohamye muri ‘piscine’ yitaba Imana

U Bufaransa: Umunyarwanda Samuel Baker yarohamye muri ‘piscine’ yitaba Imana

Ubwanditsi 29 Dec 2018
Addis Ababa: Perezida  Kagame yitabiriye inama azatangamo inshingano za AU

Addis Ababa: Perezida Kagame yitabiriye inama azatangamo inshingano za AU

Ubwanditsi 09 Feb 2019
Kwangiza Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ntibizabakuraho ikimwaro cy’amaraso y’inzirakarengane mwamennye

Kwangiza Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ntibizabakuraho ikimwaro cy’amaraso y’inzirakarengane mwamennye

Ubwanditsi 04 Jun 2024
Burundi: Leta yanze kwemeza ishyaka rya Agathon Rwasa

Burundi: Leta yanze kwemeza ishyaka rya Agathon Rwasa

Ubwanditsi 09 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup
Amakuru

As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

Ubwanditsi 17 Oct 2021
Ese ni nde mu nzego z’igisirikare n’umutekano bya Uganda ushyigikiye RNC na FDLR mu guhungabanya URwanda?
INKURU NYAMUKURU

Ese ni nde mu nzego z’igisirikare n’umutekano bya Uganda ushyigikiye RNC na FDLR mu guhungabanya URwanda?

Ubwanditsi 03 Apr 2019
Ni gute ikoranabuhanga rifasha Polisi y’u Rwanda gutunganya neza imirimo yayo
Mu Mahanga

Ni gute ikoranabuhanga rifasha Polisi y’u Rwanda gutunganya neza imirimo yayo

Ubwanditsi 12 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru