• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kayumba Nyamwasa akomeje kwica abo bahoranye muri wa mutwe we w’iterabwoba wa RNC, bakaza kumutera umugongo kubera ubuhemu bwe

Kayumba Nyamwasa akomeje kwica abo bahoranye muri wa mutwe we w’iterabwoba wa RNC, bakaza kumutera umugongo kubera ubuhemu bwe

Ubwanditsi 29 Sep 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Abdu Nour Nsanzamahoro

Nyuma y’uko muri Nzeri 2019 Kayumba Nyamwasa ashinjwe kwicisha Ben Rutabana babanaga mu mutwe w’iterabwoba wa RNC, uyu mugabo yararuciye ararumira, n’ubwo byakomeje gushimangirwa n’abantu benshi, barimo mushiki wa Rutabana ariwe Adeline Mukamugemanyi, n’ubu wemeza ko musaza we yarigishijwe ku kagambane ka Kayumba Nyamwasa.

Muri iyi minsi bwo haravugwa iyicwa rya Abdu Nour Nsanzamahoro, wari uhagarariye RNC muri Noth Western Cape, muri Afrika y’ Epfo, ariko mbere yo gupfa akaba yari yaritandukanyije na Kayumba Nyamwasa.

Charlotte Mukankusi nyamara uzwiho kuba inkoramutima ya Kayumba Nyamwasa, ndetse amakuru yizewe agahamwa ko ari inshoreke ye, niwe wamuvuyemo, anavuga ko yashenguwe n’urupfu rwa Abdu Nour Nzanzamahoro wishwe arashwe muri Kanama uyu mwaka.

Abdul Seif Bamporiki

Mbere ya Nsanzamahoro kandi hari hishwe uwitwa Abdul Seif Bamporiki wahoze ari umuyoboke wa RNC, akaba yarasiwe Cape Town muri Gashyantare uyu mwaka. Kayumba Nyamwasa yashyizwe mu majwi cyane, ashinjwa kwicisha Seif Bamporiki, dore ko bari batagicana uwaka.

Kayumba Nyamwasa ntagoheka iyo hari umugaragarije ko batakivuga rumwe. Muri Gicurasi 2019 yivuganye uwitwa Casimir Nkurunziza wari uherutse kuva muri RNC ajyanye na Nsabimana Callixte”Sankara”, bakajya gushinga undi mutwe. Yamuteje abambaye imyeda ya polisi y’Afrika y’Epfo, kugirango urupfu rwa Casimir Nkurunziza ruzitirirwe abapolisi bo muri icyo gihugu.

Mu bandi Kayumba Nyamwasa yambuye ubuzima, harimo Gabriel Heritis Kanyangoga babeshye ko yishwe na Covid-19 kandi yarahawe uburozi, hakaba na Mukarugwiza Petronille bakundaga kwita”Mama Bonheur”.

Aba tuvuze ni bake ku rutonde rurerure rw’abo icyihebe Kayumba Nyamwasa amaze kwirenza. Abo bose abaziza kuvumbura no kwamagana ubujura bwe, aho akusanya imfashanyo abeshya ngo mu gihe cya vuba arakuraho ubutegetsi bw’uRwanda, yamara kurigwiza akayashora mu bikorwa by’ubushabitsi bwe.

Mu rubanza rwa Paul Rusesabagina n’abo baregwana barimo na Nsabimana “Sankara”, yasobanuye uburyo Kayumba Nyamwasa yakusanyije imfashanyo isaga miliyoni n’igice y’amadolari, yarangiza akiguriramo rukururana 8 zo mu bwoko bwa”Actros”, ubu zikaba zikora ubucuruzi mu bihugu byo mu majyepfo y’Afrika.

Uko iminsi ishira ariko abayoboke ba RNC baragenda bayipakurura nyuma yo gutahura ubuhemu bukabije bwa Kayumba Nyamwasa, kuko bamaze kumenya ko ashaka kwiyubakira paradizo abikesha inkunga avana hirya no hino mu mpunzi, ubyamaganye akahasiga ubuzima.

Abakimuri inyuma rero namwe murarye muri menge, kuko umunsi muzavuga amabi ye ntimuzarara. Kayumba Nyamwasa si ikirura cy’inda nini gusa, ahubwo ni n’umwicanyi kabuhariwe.

2021-09-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gasabo: Abaturage ba Gisozi biyubakiye Sitasiyo ya Polisi

Gasabo: Abaturage ba Gisozi biyubakiye Sitasiyo ya Polisi

Ubwanditsi 01 Jun 2016
Icyaba cyarahitanye Dr. Jacques Bihozagara gikomeje kugirwa ibanga

Icyaba cyarahitanye Dr. Jacques Bihozagara gikomeje kugirwa ibanga

Ubwanditsi 20 Apr 2016
Congo Brazzaville: Perezida Kagame asanga Afurika itatera imbere abaturage batagenderana

Congo Brazzaville: Perezida Kagame asanga Afurika itatera imbere abaturage batagenderana

Ubwanditsi 11 Sep 2019
Hagiye gusohoka ikiganiro Perezida Kagame agaragaramo atwaye igare na ‘Jet Ski’ mu Kivu (Video)

Hagiye gusohoka ikiganiro Perezida Kagame agaragaramo atwaye igare na ‘Jet Ski’ mu Kivu (Video)

Ubwanditsi 04 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Afurika ni yo izavumbura umuti wa SIDA, Imana izaduha guhishurirwa tumenye umuti ukiza SIDA -Apôtre Dr Gitwaza
HIRYA NO HINO

Afurika ni yo izavumbura umuti wa SIDA, Imana izaduha guhishurirwa tumenye umuti ukiza SIDA -Apôtre Dr Gitwaza

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Perezida Pierre Nkurunziza arakekwaho kuba inyuma y’igurishwa ry’abana b’abakobwa muri Asia
ITOHOZA

Perezida Pierre Nkurunziza arakekwaho kuba inyuma y’igurishwa ry’abana b’abakobwa muri Asia

Ubwanditsi 15 Jun 2016
Uwari umuyobozi wa Radio Amazing Grace yahambirijwe nyuma yo gutabwa muri yombi
HIRYA NO HINO

Uwari umuyobozi wa Radio Amazing Grace yahambirijwe nyuma yo gutabwa muri yombi

Ubwanditsi 08 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru