• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Gen. Alexis Kagame aremeza ko nta ntambara iri kubutaka bw’u Rwanda, Usibye Ibihuha

Gen. Alexis Kagame aremeza ko nta ntambara iri kubutaka bw’u Rwanda, Usibye Ibihuha

Ubwanditsi 07 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU

Inzego zishinzwe umutekano mu burengerazuba bushyira amajyepfo mu bice byegereye umupaka w’u Burundi zirahumuriza abaturage bahatuye ko nta kibazo cy’umutekano gihari.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 05 Nzeri, nibwo abayobozi b’ingabo n’ab’intara y’Uburengerazuba bagiranye ibiganiro n’abaturage nyuma yo kubonana n’abavuga rikijyana mu Karere ka Rusizi mu masaha ya mbere ya saa sita.

Gen. Major Alexis Kagame, ukuriye division ya 3 y’ingabo z’u Rwanda ikorera mu burengerazuba, Umuyobozi w’Intara y’Uburengerazuba, Munyentwari Alphonse, n’abandi bayobozi baturutse mu gisirikare n’igipolisi no mu nzego za gisivili ni bo babonanye n’abaturage.

Gen. Kagame akaba yarabwiye abaturage ko kuri ubu hari impuha nyinshi zikwirakwizwa mu buryo butandukanye biturutse ku tubazo yise duto twabaye mu majyepfo y’igihugu muri Nyaruguru, ababwira ko badakwiye gukuka umutima kubera izo nkuru.

Yagize ati: “Nta byacitse..nta kuvuga ngo abantu bafite ubwoba..uretse yuko haba hari ibihuha bitandukanye biza mu buryo butandukanye..ugasanga biri ku ma websites, …y’uko hari intambara, nta ntambara iri muri iki gihugu. Iyi province iratekanye kuva Rubavu kugera aha”

Yakomeje avuga ko mu Rwanda nta kibazo gihari, nta byacitse asaba abaturage gutunganirwa, bagahinga bakeza, bakaryama bagasinzira.

Gen Maj. Kagame ariko yasabye abaturage kutirara kuko n’ubundi abagambiriye guhungabanya umutekano w’igihugu batari kure kandi bakoresha ibihugu by’ibituranyi nk’u Burundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, abasaba gukorana n’inzego z’umutekano bakaba maso.

Ati: “Ni byiza rero ko buri wese ahora ari maso..kureba abantu batameze neza bashaka guhungabanya umutekano w’abaturage. Ibyongibyo ntabwo twanabibahisha. Abenshi bahekuye iki gihugu, abenshi baracyari muri Congo hano. Ari FDLR, ari abitwa aba CNRD bose bari aha. Bamwe bakoresha u Burundi abandi bagakoresha Congo.”

Yongeyeho ko nubwo ibyo byose bihari, bitabuza u Rwanda iterambere, bitabuza kubaho neza ndetse no gutekana kuko ngo inzego z’umutekano zirinze umupaka kandi ari inshingano zazo hakaba n’abaturage bafatanya nazo.

Yakomeje avuga ko icyabazinduye ari ukwibukiranya gusa inshingano no kongera kuba maso.

Ubwo yakomozaga ku byatangajwe na Callixte Sankara uvuga ko avugira umutwe wa FLN, uvuga ko ugamije kubohora igihugu, nyuma y’ibitero by’abitwaje intwaro byagabwe mu Murenge wa Nyabimata nyuma bagahungira mu ishyamba rya Nyungwe,Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Munyantwari Alphonse yasabye abaturage kubeshyuza ibitangazwa n’abagamije guhungabanya umutekano w’igihugu.

Ati: “Umuntu akaduka ati twafashe igice cy’igihugu turagifite…;umuntu yavuga ko yafashe ahantu uri uhagaze, gute se kandi uhari wowe uriho ubireba we abibarirwa cyangwa bamubeshya” .

Guverineri Munyentwari yakomeje avuga ko kwirinda ibihuha ari ngombwa ariko hakabaho no kubibeshyuza. Ati: “Nta nubwo tugomba kubaho nk’aho abantu tuvuga ngo ntitwemera ibihuha byose bituzaho. Tugomba no kubibeshyuza kuko twebwe turahari. Abaturage bagomba kubibeshyuza, urubyiruko rugomba kubibeshyuza ahubwo ntibinaturangaze kuko abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu ibihuha barabyohereza bazahora banabyohereza.”

Ku mugoroba wo kuwa 19 Kamena 2018, nibwo abantu  bitwaje intwaro bateye Umurenge wa Nyabimata wo mu Karere ka Nyaruguru bica abantu 2, barasa Gitifu ku bw’amahirwe ntiyapfa, bamutwikira imodoka n’icumbi yabagamo, bashimuta abantu mbere yo gusubira inyuma banyuze mu Ishyamba rya Nyungwe bari bateye baturukamo. Iki gitero nyuma kikaba cyarigambwe n’umutwe wa FLN.

2018-09-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Paul Kagame yiyemeje gutanga umusanzu mu kubaka Katederali nshya

Perezida Paul Kagame yiyemeje gutanga umusanzu mu kubaka Katederali nshya

Ubwanditsi 27 Jan 2019
Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi”  – Perezida Emmanuel Macron.

Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi” – Perezida Emmanuel Macron.

Ubwanditsi 27 May 2021
Umutekano wa Agathon Rwasa uri mu kaga nyuma yo kwamburwa abasirikare bamurindaga

Umutekano wa Agathon Rwasa uri mu kaga nyuma yo kwamburwa abasirikare bamurindaga

Ubwanditsi 29 Dec 2017
Ntwali John William: Mpemuke, Ndamuke mu kwangiza isura y’igihugu ukwirakwiza ibihuha wunguka iki?

Ntwali John William: Mpemuke, Ndamuke mu kwangiza isura y’igihugu ukwirakwiza ibihuha wunguka iki?

Ubwanditsi 24 Jul 2019

3 Ibitekerezo

  1. Lille
    September 7, 20182:45 pm -

    Ntimwirare ntabwo waba ufie abo wita abanzi b igihugu{ba leta} ngo uryame usinzire. Ikindi ntiwaba ufite ibihugu by ibituranyi mudacana uwaka ngo uvuge uti: Dufite umutekano. None se ibyiza si uko mwabwira abo babarwanya bagaytaha???Ese mwakumvikanye izi ntamba zo kuva 1990 zikarangira???

    Subiza
  2. KATSIBWENENE
    September 8, 20189:31 am -

    LILLE wasetsa nuvuye guhamba nyina. Kumvikana bivuze gusangira ubutegetsi kuko iyo umuntu agutera aba ashaka ubutegetsi ntakindi. ubwo rero iyo udaciye mu matora ugahitamo ishyamba, uba ugomba kugaragaza ko ishyamba urishoboye(ishyamba ni iry’intare si iry’inyemera) naho kumvikana ntawumvikana na chariratant.

    Subiza
  3. semajeli ramadhan
    September 8, 20186:00 pm -

    Lille ntasetsa gusa ahubwo nta nubwo akurikira gahunda za leta y,u Rwanda

    none se ni ryari batabasaba gutaha ahubwo bakaba bakijirajira mu mashyamba ya Congo n,u Burundi
    ngo barashaka kuza ku ngufu
    Gusa,nibaza ku ngufu bazakabona.

    ariko mbaze babona abaje barabaye iki?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzi Cyusa yakosoye indirimbo yari Imaze iminsi isubirwamo nabi “Marebe ya Cecile Kayirebwa”
Amakuru

Umuhanzi Cyusa yakosoye indirimbo yari Imaze iminsi isubirwamo nabi “Marebe ya Cecile Kayirebwa”

Ubwanditsi 11 Dec 2020
Uganda Yirukanye Umuyobozi Wa MTN Ku Butaka Bwayo
ITOHOZA

Uganda Yirukanye Umuyobozi Wa MTN Ku Butaka Bwayo

Ubwanditsi 15 Feb 2019
Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa
Amakuru

Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa

Ubwanditsi 26 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru