• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

  • Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n’ibigarasha   |   06 Nov 2025

  • APR FC yitegura gukina na Rayon Sports yakiriye mu myitozo Djibril Outarra wari umaze iminsi yaravunitse   |   05 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda Yirukanye Umuyobozi Wa MTN Ku Butaka Bwayo

Uganda Yirukanye Umuyobozi Wa MTN Ku Butaka Bwayo

Editorial 15 Feb 2019 ITOHOZA

Leta ya Uganda yirukanye Umuyobozi wa Sosiyete y’Itumanaho ya MTN muri iki gihugu, Wim Vanhelleputte, nkuko bikubiye mu ibaruwa yasinyweho umukono na Minisitiri w’Umutekano, Jeje Odongo.

Vanhelleputte wayoboraga MTN muri Uganda yakomanyirijwe kongera gukandagira ku butaka bwayo kuva ku wa 14 Gashyantare 2019.

Umuvugizi wa Polisi muri Uganda, Fred Enanga, yabwiye Daily Monitor ko Vanhelleputte yahise ajyanwa ku Kibuga cy’Indege cya Entebbe.

Ati “Yagejejwe ku kibuga cy’indege aho yiteguye kwerekeza mu Bubiligi. Ni impamvu zijyanye n’umutekano w’igihugu.’’

Enanga ntiyavuye imuzi ibirego bishinjwa Vanhelleputte. Uyu Mubiligi yahawe kuyobora MTN Uganda mu mpera za Nyakanga 2016, asimbuye Brian Gouldie wari umaze imyaka ibiri kuri uyu mwanya.

Yayoboye Imagine Partners Uganda itanga serivisi za banki hagati ya Nzeri 2004 na Gashyantare 2006. Yashyingiwe n’umugore ukomoka muri Uganda, igihugu yagezemo bwa mbere mu 1993.

Mu itangazo MTN Group ibarizwamo MTN Uganda yashyize hanze kuri uyu wa 15 Gashyantare 2019, yavuze ko itigeze imenyeshwa iby’iyirukanwa rya Vanhelleputte.

Yatangaje ko iri gukurikirana ngo imenye impamvu muzi ibyihishe inyuma.

Rigira riti “Turi kwita kuri izi mpinduka kandi turakorana n’abayobozi mu gushaka umuti w’iki kibazo. Intego yacu ni ugukomeza gutanga serivisi nziza ku bakiliya bacu.’’

MTN Group yamenyesheje ko mu gukomeza kugendera ku mategeko y’igihugu, MTN Uganda yahawe Gordian Kyomukama wari ushinzwe ibijyanye na Tekiniki nk’Umuyobozi Mukuru w’agateganyo.

Gordian Kyomukama

Icyemezo cyo kwirukana Vanhelleputte muri Uganda kije gikurikira itabwa muri yombi n’iyirukanwa ry’abayobozi bakuru batatu ba MTN barimo Umunyarwandakazi Annie Tabura wari Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Ubucuruzi n’Ikwirakwizabikorwa muri MTN Uganda, Umufaransa Olivier Prentout wari ushinzwe Imenyekanishabikorwa n’Umutaliyanikazi Elsa Muzzolini wari ushinzwe Serivisi z’imari zitangirwa kuri Telefoni.

Polisi ya Uganda ku wa 22 Mutarama 2019 yasohoye itangazo rigira riti “Byadufashije kuburizamo imigambi yabo yo guhungabanya umutekano w’igihugu.”

Abakozi ba MTN boherejwe iwabo bataburanishijwe mu gihe ibyaha baregwa bikomeye kandi bibangamiye umutekano w’igihugu.

Ibi byabaye mu gihe Guverinoma ya Uganda na MTN bari mu biganiro ku kuyongerera amasezerano yo gukorera muri iki gihugu kuko imyaka 20 yari yarahawe yarangiye mu Ukwakira 2018.

Ku ikubitiro leta yakaga miliyoni $100 mu myaka 10, birangira hemeranyijwe miliyoni $58. Ni ibintu byarakaje cyane Perezida Museveni ndetse yandikira Komisiyo ibishinzwe (UCC), ko yababajwe n’uburyo MTN Uganda yaciwe miliyoni nke.

Ibitangazamakuru bimwe muri Uganda byakwirakwije amakuru yuko abirukanwe mu gihugu bakoraga ibirimo kuneka binyuze mu gukwirakwiza amafaranga.

2019-02-15
Editorial

IZINDI NKURU

Rutangungira Rene washimuswe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare muri Uganda byamuviriyemo ubumuga bw’amaboko

Rutangungira Rene washimuswe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare muri Uganda byamuviriyemo ubumuga bw’amaboko

Editorial 07 Nov 2017
RNC Ya Kayumba Nyamwasa Ifatanyije Na JMV Ndagijimana Na Joseph Matata Bari Gutegura  Imihango Yo Guterekera No Gukeza Lt Gen Sylvestre Mudacumura

RNC Ya Kayumba Nyamwasa Ifatanyije Na JMV Ndagijimana Na Joseph Matata Bari Gutegura Imihango Yo Guterekera No Gukeza Lt Gen Sylvestre Mudacumura

Editorial 13 Nov 2019
Mu kwezi kumwe gusa Abanyarwanda bane bamaze kwicwa urubozo muri Uganda babeshyerwa ko ari intasi z’u Rwanda

Mu kwezi kumwe gusa Abanyarwanda bane bamaze kwicwa urubozo muri Uganda babeshyerwa ko ari intasi z’u Rwanda

Editorial 17 Mar 2021
Burundi: Byinshi ku butegetsi bw’igitugu buri mu marembera  bwa Petero Nkurunziza bushimuta abantu umunsi ku wundi  

Burundi: Byinshi ku butegetsi bw’igitugu buri mu marembera  bwa Petero Nkurunziza bushimuta abantu umunsi ku wundi  

Editorial 12 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Rugema Kayumba yapanze  umugambi wo gufatisha Fidel Gatsinzi I Kampala
ITOHOZA

Uko Rugema Kayumba yapanze  umugambi wo gufatisha Fidel Gatsinzi I Kampala

Editorial 16 Dec 2017
Minisitiri Musoni James Yakuwe Muri Guverinoma
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Minisitiri Musoni James Yakuwe Muri Guverinoma

Editorial 08 Apr 2018
CAN 2017: Abahungu ba Abedi Pele basezereye DR Congo ya Florent Ibenge
IMIKINO

CAN 2017: Abahungu ba Abedi Pele basezereye DR Congo ya Florent Ibenge

Editorial 30 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru