• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Minisiteri y’ubuzima yahuguye abapolisi ku ihungabana n’uko bafasha uwahungabanye

Minisiteri y’ubuzima yahuguye abapolisi ku ihungabana n’uko bafasha uwahungabanye

Ubwanditsi 23 Mar 2016 Mu Mahanga

​Mu gihe twegereza kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi ku nshuro ya 22, igihe gitangira ku itariki ya 7 Mata buri mwaka, iki gihe cyo kwibuka jenoside kikaba kirangwa n’ihungabana rya bamwe mu bayirokotse, bityo bikaba bisaba ubumenyi ku ihungabana no gufasha uwahuye naryo.

Ni muri urwo rwego ku itariki ya 21 Werurwe, Minisiteri y’ubuzima ishami rishinzwe ubuzima bwo mu mutwe ryahuguye abapolisi 108 baturutse mu bice bitandukanye by’igihugu, kugirango ribibutse ibyo bagomba kumenya ku ihungabana n’uko bafasha abagaragaje ibimenyetso byazo. Aya mahugurwa akaba yarabereye muri Sport View Hotel i Kigali.

Atangiza aya mahugurwa ku mugaragaro, umuyobozi w’ishami rishinzwe indwara zo mu mutwe muri Minisiteri y’ubuzima Dr Yvonne Kayiteshonga, yashimye ubufatanye bugaragara hagati ya Minisiteri y’ubuzima na Polisi y’u Rwanda mu kubungabunga umutekano w’abanyarwanda ndetse n’ubuzima bwabo muri rusange, cyane cyane mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi.

Yakomeje avuga ko Minisiteri ahagarariye yizera ko aya mahugurwa azatanga umusaruro haba kuri Polisi y’igihugu ndetse no ku bapolisi bahuguwe, mu gihe igihugu kigiye kwinjira mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ku nshuro ya 22.

Yasoje ashimira uruhare, ubwitanjye n’umurava Polisi y’u Rwanda yagiye igaragaza mu myaka ishize mu gihe cyo kwibuka.

IP Daniel Uwimana wari waturutse mu ishami rishinzwe ubuvuzi muri Polisi y’u Rwanda, nawe yashimye ubufatanye Minisiteri y’umuzima idahwema kugaragaza mu bikorwa bitandukanye igirana na Polisi y’u Rwanda haba mu buvuzi, gahunda zo gukumira ibyorezo ndetse na gahunda z’amahugurwa.

Asobanurira abitabiriye aya mahugurwa akamaro kayo, yavuzeko usibye no gufasha abandi nabo bakwiye kumenya uko bafashanya hagati yabo mu bihe nkibyo bidasanzwe bireba abanyarwanda bose, akaba yabasabye ko amasomo bahawe ataba amasigara kicaro ahubwo agomba kugera no kubo babana nabo bakorana, aha akaba yagize ati :”Buri muntu wese agomba kwita kuwo begeranye,akamutega amatwi,akamuhumuriza byaba ngombwa akamugeza ku nzego z’ubuzima mu gihe hagaragaye ikibazo cy’ihungabana.”

Abitabiriye aya mahugurwa bakaba bahuguwe kucyo ihungabana aricyo, impamvu zitera ihungabana, ibimenyetso biranga uwahungabanye, uburyo wafasha uwagaragaje ibimenyetso by’ihungabana, banasobanurirwa kuri zimwe mu ndwara zo mu mutwe, uko zifata n’ibimenyetso byazo.

RNP

2016-03-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango w’Abibumbye wasuzumye imyiteguro y’abapolisi b’u Rwanda bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro

Umuryango w’Abibumbye wasuzumye imyiteguro y’abapolisi b’u Rwanda bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro

Ubwanditsi 20 Sep 2016
Bimwe mubyo Perezida Kagame amaze kugeraho muri iyi manda ye  ya kabiri  asoza

Bimwe mubyo Perezida Kagame amaze kugeraho muri iyi manda ye ya kabiri asoza

Ubwanditsi 06 Oct 2016
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

Ubwanditsi 15 Jul 2024
“Mu nama y’ibihugu bivuga igifaransa, Francophonie”,Tshisekedi yagaragaje ubwana muri politiki na dipolomasi.

“Mu nama y’ibihugu bivuga igifaransa, Francophonie”,Tshisekedi yagaragaje ubwana muri politiki na dipolomasi.

Ubwanditsi 07 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

IGP Gasana yaganirije abamotari k’umutekano
Mu Mahanga

IGP Gasana yaganirije abamotari k’umutekano

Ubwanditsi 28 Aug 2016
Perezida Nkurunziza k’Urutonde rwa  UN  rw’abayobozi bakuru  mu Burundi bakekwaho ibyaha bikomeye
Mu Rwanda

Perezida Nkurunziza k’Urutonde rwa UN rw’abayobozi bakuru mu Burundi bakekwaho ibyaha bikomeye

Ubwanditsi 04 Sep 2017
AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .
Amakuru

AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .

Ubwanditsi 19 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru