• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umuvumo n’uruzerero bishegeshe Tewojeni Rudasingwa, yongera kubahuka Perezida Kagame wamukamiye.

Umuvumo n’uruzerero bishegeshe Tewojeni Rudasingwa, yongera kubahuka Perezida Kagame wamukamiye.

Ubwanditsi 10 Apr 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Tewojeni Rudasingwa aherutse kwandikira Perezida wa Repubulika ibaruwa yuzuyemo ibitutsi, bidakwiye kuva mu kanwa k’umuntu wiyita dogiteri. Niba n’iwabo nta bakuru bahaba bo kubahwa, nibura yakabaye azi ko gutuka Perezida wa Repubulika (symbole de la Nation), ari ugutuka Abenegihugu bamusabye kubayobora.

Ayo manjwe ya Rudasingwa yashimangiye ko afite ikibazo cy’uburere gikomeye, bigaragaza ko ashobora kuba yaravuye iruhande rw’ababyeyi imburagihe, cyangwa abamureze nabo ubwabo bakaba bataragiraga indangagaciro, bagombye kuba baramwigishirije mu muryango.

Niba kandi baramutoje ikinyabupfura akabigira amasigaracyicaro, bakwiye kumugaya bivuye inyuma, kuko abasuzuguza, akoresha imvugo z’urukozasoni. Ariko se akeburwe na nde, ko uwakamuhannye ari mwene nyina Gerard Gahima, nawe akaba yararenze ihaniro!

Muri iyo baruwa, Rudasingwa yishyira imbere nk’imbehe iminina, ngo”ubuto bwe yabuhaye u Rwanda”! Hanyuma se u Rwanda rwo rumwishyuje ko rwamugize icyo ari cyo, atanabikwiye,akarwitura kurusahura no kurusebya, harya yabona ubwishyu?

Niba hari n’icyo yamaze muri ubwo busore arata, cyabaye imfabusa kuko ubusaza bwe bwuzuyemo ubuhemu. Igihano ariko yarakibonye, dore agiye kugwa igihugu igicuri.Biragaragaza ko Tewojeni Rudasingwa atatabariye uRwanda agamije kurubohora nk’abandi, ko ahubwo yari yimirije imbere inda nini, nk’uko tugiye kongera kubirebera hamwe muri iyi nyandiko.

Rudasingwa yikomye Perezida Kagame ngo yamwise umujura, nyamara ntahakana ibimenyenyetso bigaragaza ko ari ibandi butwi, ryiyemeje kurya utwaryo n’utw’abandi. Abantu benshi bazi Tewojeni Rudasingwa cyane cyane kuri ya maradiyo n’imbuga nkoranyambaga bitagira akandi kazi uretse gusebya u Rwanda na Perezida warwo. Azwi kandi nk’ umufatanyabikorwa w’abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ibi byose akabikora agirango afatwe nk’ umunyapolitiki wahunze uRwanda kubera “kutavuga rumwe n’ubutegetsi”.

Nyamara si byo, ahubwo ni umugizi wa nabi, umujura kabombo, isiha rusahuzi yatorotse ubutabera.Tewojeni Rudasingwa ni indashima, “Ntibanyurwa” washinzwe imyanya ikomeye, ariko yose akayivamo akoze amarorerwa. Aho yanyuze yahasize amarira kubera ubuhemu buteye isoni.Ubwo yari Umunyamabanga Mukuru wa FPR-Inkotanyi, yaranzwe no kwica agakiza, kugeza ubwo abakozi bari baramuhimbye”UZI ICYO NDI CYO”, imvugo yakoreshaga ashaka gukanga abantu.

Yapyinagazaga bamwe, agatoneshaga abazi gucinya inkoro, n’abagore yashukishaga imyanya akabasambanya ku ngufu. Imyitwarire ye ntaho yari itaniye n’iy’abambari ba MRND, yitwaga ko yarwanyaga.Tewojeni Rudasingwa yaje kuba ambasaderi w’uRwanda i Washington muri Leta Zunze Ubumwez’Amerika, ari nk’amahirwe Ubuyobozi bw’Igihugu bumuhaye ngo yikosore.

Nyamara aka wa mugani ngo”ntawe utokora ifuku”, Rudasingwa yapfuye kugera muri ambasade atangira kwitwara nk’ikigirwamana. Agasuzuguro ku bandi badipolomate ndetse n’abayobozi b’Amerika, gukandamiza abakozi ba ambasade kugeza n’ubwo abafungira muri kontineri, ngibyo ibyaranze uyu mugabo utagira ubumuntu muri we.Kubera wa muco wa FPR-Inkotanyi wo kugoragoza umunyamurwango wakosheje, agahabwa umwanya wo kwisuzuma no kwisubiraho, Rudasingwa yavanywe i Washington agirwa Umuyobozi w’Ibiro bya Perezida wa Repubulika, kugirango Perezida Kagame agerageze kumusubiza ku murongo.

Nyamara aho kwikosora, ageze muri Perezidansi noneho yakoze udushya, abantu batangira kwibaza niba Rudasingwa atarahanzweho n’amadayimoni.Ubwo Tewojeni Rudasingwa yari umuyobozi muri Perezidansi, Perezida Kagame yasabye ko mu Rugwiro hubakwa isomero rigezweho ndetse n’ aho abakozi bafatira ifunguro n’icyo kunywa batagombye kujya hanze y’ikigo. Isoko ry’ubwo bwubatsi ndetse no gushyira ibikoresho muri izo nyubako ritsindirwa na Sosiyete yitwa”Fair Construction “.Tewojeni Rudasingwa yitwaje umwanya ukomeye yari afite mu Rugwiro, ategeka Fair Constrution kurangiza inzu ye bwite yubakaga ku Gishushu mu Karere ka Gasabo, hanyuma akazabyishyuriza hamwe n’iyo mirimo yo kubaka mu Rugwiro.

Bwana Joseph Mugisha uyobora iyo Sosiyete yamuteye utwatsi, amubwira ko atakwishora muri ubwo bujura. Rudasingwa yararakaye, maze mu rwego rwo kwihimura kuri Mugisha ahita yambura Fair Construction rya soko ryo gushyira ibikoresho muri za nzu zo mu Rugwiro.Tewojeni Rusasingwa utanagira amakenga, yahise ashinga Sosiyete ye bwite, ayifungurira ibiro i Nairobi mu Kenya, ngo byitwe ko ari kampani ikorera mu mahanga. Yahise yiha isoko ry’amamiliyoni yambuye Fair Construction, nta n’ipiganwa ribaye. Ko Rudasingwa uzi gusisibiranya, ibi nabyo wahakana ko bitabaye?

Ibikoresho byaje kuza, ariko Rudasingwa akabeshya Perezida Kagame ko bizanywe na Fair Constuction, kuko atari kubasha gusobanura icyo Fair Construction yarazize, n’uburyo isoko ryatanzwe nta piganwa ribaye.Iminsi 40 y’umujura Rudasingwa ariko yari yageze. Bya bikoresho byananiwe kwinjira mu nzu, ategeka ko imiryango isenywa, ikazongera kubakwa nyuma. Umukozi wakurikiraniraga hafi ubwo bwubatsi yaramuhakaniye, kuko bitari biteganyijwe mu isoko ryatanzwe.

induru zaravuze, biba ngombwa ko bigera kwa Perezida Kagame. Ni uko Umukuru w’Igihugu yaje kumenya ko Rudasingwa yihaye isoko aryambuye Fair Construction, maze iperereza ku byaha bya ruswa no kunyereza umutungo w’Igihugu riba riratangiye. Tewojeni Rudasingwa yarabirebye asanga atazabikira, maze muw’2004 aboneza mu buhungiro muri Amerika, ari naho ubu abwejagurira, uretse ko hari n’ubwo ajya za Bubiligi kwifatanya n’abajenosideri baba mu Burayi, by’umwihariko abo mu muryango wa Yuvenali Habyarimana.

Hari n’amakuru avuga ko yigeze kwinjira umupfakazi wa Habyarimana, Agatha Kanziga, ariko abana be bakahamusohoresha imihini. Ageze hanze y’uRwanda yahise yifatanya n’abandi banyabyaha barimo mwene nyina Gerard Gahima, Patrick Karegyeya na Kayumba Nyamwasa, maze bashinga umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Ubu Rudasingwa yiyita impunzi ya politiki, nyamara ari umujura wahunze ibihano, dore ko yaje no gukatirwa imyaka 24 y’igifungo. Uretse isoni nke koko, uyu muhemu yagombye gutinyuka kuvugira mu ruhame? Ubanza nawe ari umwuzukuru wa “Ntibazirikana”, nk’abo yifatanya na bo buri tariki ya 06 Mata, mu kwibuka Yuvenali Habyarima. Rudasingwareka gushyanuka, ngo wishyire imbere nk’aho Abanyarwanda batakuzi.

Iyo uza kuba ukigira akenge, uretse no gutuka Perezida Kagame, ntiwagombye no gutinyuka kumuvuga mu izina. Amateka azahora azirikana ibyiza Perezida Kagame yakoreye, n’ubu agikorera Abanyarwanda, mu gihe wowe uzahora ufatwa nk’indashima, umugambanyi, imburamumaro, imburamutima, mpemukendamuke nk’abo musangiye umuvumo n’uruzerero.

2023-04-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda: 25 Baregwa gushaka guhirika ubutegetsi, bamwe bemeye ko bambukije intwaro bazivanye muri DRC

Rwanda: 25 Baregwa gushaka guhirika ubutegetsi, bamwe bemeye ko bambukije intwaro bazivanye muri DRC

Ubwanditsi 29 Jun 2018
Kagame kwizeza Abanyarwanda yuko ntawabatera byari bikenewe

Kagame kwizeza Abanyarwanda yuko ntawabatera byari bikenewe

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Polisi y’u Rwanda yasabye abatuye muri Ngororero kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside

Polisi y’u Rwanda yasabye abatuye muri Ngororero kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 12 Apr 2016
Police FC ibifashijwemo na Usengimana yatsinze Muhanga FC

Police FC ibifashijwemo na Usengimana yatsinze Muhanga FC

Ubwanditsi 12 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byinshi ku rupfu rw’ababyeyi babiri n’imitangire ya serivisi mu bitaro bya Muhima

Byinshi ku rupfu rw’ababyeyi babiri n’imitangire ya serivisi mu bitaro bya Muhima

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro
POLITIKI

Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Umukobwa wa Peresida Museveni yasezeranye ku mugaragaro n’ umusore w’ umusirikare ushagawe n’ abarinzi benshi
Mu Rwanda

Umukobwa wa Peresida Museveni yasezeranye ku mugaragaro n’ umusore w’ umusirikare ushagawe n’ abarinzi benshi

Ubwanditsi 30 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru