• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Uganda: Kuki dukomeje kubona ibinyoma ku Rwanda?

Uganda: Kuki dukomeje kubona ibinyoma ku Rwanda?

Ubwanditsi 13 Nov 2017 POLITIKI

Icyambere ndifuza gushimira ubuyobozi Rushyashya kubera isura nshya mwagaragaje mushyiraho urubuga (website) igezweho.

Ndifuza kugaruka ku nkuru ebyiri nasomye ejo zerekeye ku binyoma bimaze iminsi bivugwa n’abaturanyi bacu ba Uganda ku Rwanda. Iyambere ni iyerekeye ibivugwa k’urupfu rw’umupolisi AIGP Kaweesi (soma iyi nkuru). Hashize iminsi mike kimwe mu bitangaza makuru bivutse ubu, ubona ko bikorera ubutegetsi bwa Uganda byavuze ko abishe Kaweesi bari baturutse mu Rwanda. Icyo wakwibaza niki kihishe inyuma mukomeza kubeshyera u Rwanda, dore ko bigaragara U Rwanda rwabihoreye bagakomeza kwikoronga (soma indi nkuru hano). Hagomba kuba hari impamvu ibi bizanywe muriki gihe hari ibibazo bya politike bigenda bikomera.

Ariko reka dusubire kukibazo cyavuzwe k’urupfu rw’uwo mupolisi, AIGP Kaweesi. Ntabwo bishaka ngo ube inararibonye gukeka uwishe uwo mugabo. Icyo gikorwa kigayitse cy’iterabwoba cyabereye mu mujyi wa Kampala ahitwa Kulambiro hafi y’urugo rwa nyakwigendera. Byakozwe ku manywa mu gitondo saa mbili abantu bajya kukazi dore ko nawe yari agiye ku kazi. Bisobanuye ko abo bicanyi bari bamutegereje, ntacyo batinya. Umuntu ukora nkibyo nuko aba yizeye umutekano we, kuko bari bazi ko urwo rugo rucunzwe n’abapolisi.

Ntabwo byoroshye kuba ufite bene icyo kizere kiretse uzi ko hagize ikiba watabarwa cyangwa wabona ibisobanuro bifatika. Abamurashye kandi nkuko bigaragazwa n’ibinyamakuru byaho, bari bafite imbunda zigezweho zifitwe ndetse na bake bacunga umutekano Perezida Museveni.

Abo bantu barashe ku modoka ya nyakwigendera barangije barayisanga bica imbona nkubone AIGP Kaweesi, umushoferi, hamwe n’uwacungaga umutekano wa nyakwigendera. Ibyo byakozwe nta nkomyi cyangwa igihunga, ko batatabwa muri yombi. Ibi ntabwo byakorwa n’umuntu uturutse hanze, uretse nuwo mu gihugu nawe adafite abamuha icyo kizere ntiyabikora.

Ikindi cyo kwibaza nkuko nabivuze mbere, kuki U Rwanda rushyizwe mu majwi iki gihe, amezi arenga atatu ubwo bwicanyi bubaye? Abakekwa barafashwe, nta n’umwe ufite isano n’U Rwanda. Ntabwo byapfuye kwizana bityo, hari impavu ishaka kujijisha, ibiriho bibera mugihugu cya Uganda. Urabona intambara zirarota mu nteko ishinga mategeko, mugiturage utavuze Kampala ho bicika. Byose biraterwa no gushaka kwongera imyaka yo uwemerewe kuba Perezida kugirango umukambwe Perezida Museveni akomeze ayobore ubuzira herezo. Bashatse kugabanya imyaka ye y’ubukure birananirana. Ubundi igikorwa nkicyo kijyanwa mubaturage bakakigaho, babona bikwiye bigakorwa, ntabwo gihatirizwa, noneho byananirana ugashaka kuyobya uburari uhimbira umuturanyi. Ntakindi kibyhishe inyuma uretse ibyo. Naho ubundi AIGP Kaweesi agiye kubahagama pe. Umuntu yakwibaza impamvu batabanza gukemura icyo aho gushaka guteza ibibazo mu baturanyi!

Umusomyi

2017-11-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muri Zanzibar haravugwa umwuka mubi mbere yuko amatora asubirwamo

Muri Zanzibar haravugwa umwuka mubi mbere yuko amatora asubirwamo

Ubwanditsi 19 Mar 2016
Kwa NEVA ngo ibigega birafigije, mu gihe amagana y’Abarundi asuhukira muri Zambiya kubera inzara

Kwa NEVA ngo ibigega birafigije, mu gihe amagana y’Abarundi asuhukira muri Zambiya kubera inzara

Ubwanditsi 08 Jan 2025
Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima

Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima

RUSHYASHYA 13 Jul 2026
U Rwanda rwatanze impapuro 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside bakidegembywa

U Rwanda rwatanze impapuro 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside bakidegembywa

Ubwanditsi 18 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Real Madrid izahura na Chelsea, Man City izahura na Bayern Munichen; uko tombola ya 1/4 yose yagenze
Amakuru

Real Madrid izahura na Chelsea, Man City izahura na Bayern Munichen; uko tombola ya 1/4 yose yagenze

Ubwanditsi 17 Mar 2023
Minisitiri w’Intebe yatangije ikoreshwa ry’imodoka za mbere zifashisha amashanyarazi mu Rwanda
UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe yatangije ikoreshwa ry’imodoka za mbere zifashisha amashanyarazi mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Oct 2019
Urukiko rwemeje ko Dr. Theoneste Niyitegeka azarangiza ibihano yahawe muri gacaca
ITOHOZA

Urukiko rwemeje ko Dr. Theoneste Niyitegeka azarangiza ibihano yahawe muri gacaca

Ubwanditsi 14 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru