• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kwa NEVA ngo ibigega birafigije, mu gihe amagana y’Abarundi asuhukira muri Zambiya kubera inzara

Kwa NEVA ngo ibigega birafigije, mu gihe amagana y’Abarundi asuhukira muri Zambiya kubera inzara

Ubwanditsi 08 Jan 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ibitangazamakuru bitandukanye byo muri Zambiya biratangaza ko urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri icyo gihugu rwataye muri yombi Abarundi barenga ijana, bikavugwa ko bahunga kubera inzara n’ubukene bica ibintu iwabi mu Burundi. Mu bafashwe harimo abagore n’abana, ngo bigaragara ko bashonje cyane

Amakuru yizewe ahamya ko Abarundi bari mu maboko y’abashinzwe umutekano muri Zambiya bagera ku 156, bakaba baragiye bafatwa mu bihe bitandukanye, gusa abenshi bakaba barafatiwe mu mukwabo wabaye tariki 27 Ukuboza 2024.

Ibi bije bisanga andi makuru yavuzwe n’ibitangazamakuru byo mu Burundi, byahishuye ko mu kwezi kwa cyenda umwaka ushize, Abarundi 207 bafatiwe muri Zambiya mu mu kwabo wakozwe n’igipolisi, ndetse n’ikigo cya Leta gishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge.

Amakuru atangwa na bamwe mu bafashwe, avuga ko guhunga igihugu cyabo bagasuhukira muri Zambiya n’ibindi bihugu byo muri Afrika y’amajyepfo, ari ikibazo cy’inzara iri mu Burundi, aho umwana ataka nyina ntiyumve.

Mu gihe rero Abarundi bakomeje guhungira muri Zambiya ndetse n’ibindi bihugu byo mu muryango wa SADC, Perezida wabo, Evariste Ndayishimiye, adasiba kuvugira mu ruhame ko ubwo bukene abanyagihugu bataka we atabubona, ndetse ntatinye gukina ku mubyimba abaturage be, yirata ngo ibigega bye birafigije.

Ibibazo by’ubukene biri gusunikira Abarundi muri Zambiya, byabaye bibi cyane ubwo Leta ya CNDD-FDD yafataga umwanzuro wo gufunga umupaka uhuza uBurundi n’u Rwanda, kuko byabaye nko guhuhura benshi mu Barundi bari basanzwe bashonje, ariko nibura bacungira ku buhahirane hagati y’ibihugu byombi.

Icyegeranyo cya Banki y’Isi cya 2024, cyerekana ko uBurundi buza imbere ku rutonde rw’ibihugu by’Afrika bifite ubukungu buhagaze nabi cyane, kimwe na munywanyi wabwo, Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, yo iri ku mwanya wa karindwi kuri urwo rutonde rw’ibihugu birusha ibindi ubujyahabi.

Imibare y’imiryango mpuzamahanga itanga imfashanyo iravuga ko mu Burundi abaturage babarirwa muri 80% bari munsi y’umurongo w’ubukene, ni ukuvuga ba bandi babona ifunguro bigoranye.

Ibi byatumye bamwe mu basesenguzi bongera kwibaza ku mitekerereze y’ubutegetsi bw’u Burundi, bwafunze imipaka y’u Rwanda, bugatega amakiriro kuri Kinshasa, umufatanyabikorwa bahuriye ku rutonde rw’ibihugu bifite abaturage bakennye bikabije. Hagati y’uruka n’uhitwa ninde uzafata undi?

Amashyirahamwe arengera uburenganzira bw’umuturage mu Burundi, nka OLUCOM, yagiye yumvikana kenshi yinubira ibura ridasanzwe ry’ibikomoka kuri peteroli, ndetse nitumbagira ry’igiciro cy’ibiribwa n’ibindi nkenerwa mu buzima bwa huri munsi. Urugero ni ikilo cy’isukari cyavuye ku mafaranga magana inani(800), kikagera ku bihumbi umunani(8.000) by’amarundi, naho igiciro cy’inyama kikaba cyarikubye inshuro zirenga eshatu.

Amadovize, ni ukuvuga amafaranga y’amahanga akenerwa mu kugura ibintu hanze y’uBurundi, yabaye ingume muri icyo gihugu, ku buryo nko kubona umuti mu Burundi ari ah’abagabo.

Ibi biraba nyamara iki gihugu Perezida Ndayishimiye yaracyise”Ubusitani bwa Edeni” (Jardin d’Eden) ngo kubera ko ari paradizo yo ku isi.

Ko abaturage bariho basuhukira mu mahanga ku bwinshi se, ninde uzumva abantu bahunga “paradizo”, ko uwakabumvise abona bayura, nawe ati ‘’Ndahaze’’?

Nibyo Gen.Ndayishimiye n’ibyegera bye barahaze, ibondo ni ibondo rwose, ariko nta shema riri mu gutegeka abaryankuna.

2025-01-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urwishe ya nka ruracyayirimo, RNC igeze ku buce , Serge Ndayizeye arasaba gukubirwa umushahara inshuro eshatu cyangwa akabivamo

Urwishe ya nka ruracyayirimo, RNC igeze ku buce , Serge Ndayizeye arasaba gukubirwa umushahara inshuro eshatu cyangwa akabivamo

Ubwanditsi 31 Oct 2019
AS Kigali yatsinze Muhazi United 1-0 isoreza umwaka w’imikino wa 2023-2024 ku mwanya wa 5

AS Kigali yatsinze Muhazi United 1-0 isoreza umwaka w’imikino wa 2023-2024 ku mwanya wa 5

Ubwanditsi 10 May 2024
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa Gatatu tariki ya 26 Mata 2017

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa Gatatu tariki ya 26 Mata 2017

Ubwanditsi 27 Apr 2017
Muri Uganda: Gereza ya Ntungamo Abanyarwanda bakubitishwa insinga z’amashanyarazi bita “black mamba”.

Muri Uganda: Gereza ya Ntungamo Abanyarwanda bakubitishwa insinga z’amashanyarazi bita “black mamba”.

Ubwanditsi 12 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu ibitekerezo bya Rudasingwa bihabanye n’ukuri
INKURU NYAMUKURU

Impamvu ibitekerezo bya Rudasingwa bihabanye n’ukuri

Ubwanditsi 01 Aug 2019
Ibisa birasabirana:Urupfu rw’umugome Tewonesiti Bagosora rwatamaje n’ababeshyaga ko bababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Ibisa birasabirana:Urupfu rw’umugome Tewonesiti Bagosora rwatamaje n’ababeshyaga ko bababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 26 Sep 2021
Isesengura : Urutegereje Eugene Gasana, wafatiye umugore ku ngufu muri The Millennium Hilton New York
ITOHOZA

Isesengura : Urutegereje Eugene Gasana, wafatiye umugore ku ngufu muri The Millennium Hilton New York

Ubwanditsi 19 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru