• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ingabo z’u Burundi zivuye muri Somalia ikubagahu

Ingabo z’u Burundi zivuye muri Somalia ikubagahu

Ubwanditsi 01 Jan 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Ingabo muri Somalia, Abdulkadir Mohamed Nur, ingabo z’u Burundi zubahirizaga amahoro n’umutekano aho muri Somalia, ntizizakomeza ubwo butumwa kuva kuri iyi tariki 01/01/2025.

Nta bisobanuro Minisitiri Abdulkadir Nur yatanze, gusa hari hamaze iminsi ukutumvikana hagati y’u Burundi na Somalia ku bijyanye n’umubare w’abasirikari b’Abarundi bagomba kuguma muri Somalia.

Ubusanzwe, Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe wari usanganywe abasirikari babarirwa mu bihumbi makumyabiri(20.000) bari mu butumwa bw’amahoro muri Somalia, barimo hafi 5.500 b’Abarundi.

Somalia rero yaje gusaba ko abasirikari b’amahanga bari muri icyo gihugu bagabanuka, bagasigara ari 12.000 gusa, barimo 1.041 bakomoka mu Burundi.

Kugabanya cyane umubare w’abasirikari babwo muri Somalia, uBurundi bwabibonyemo kudaha agaciro “akazi gakomeye” ingabo z’ Abarundi ngo zakoze muri Somalia mu myaka 17 zari zimazeyo. Leta y’uBurundi ivuga ko uwo mubare ugabanyijwe byashyira ubuzima bw’abasirikari babwo mu kaga, kuko batabasha kirwanaho uko bikwiye mu gihe al Shabab yaba ibacanyeho umuriro.

Nubwo Leta ya Somalia nta bisobanuro yatanze ku igabanuka ry’umubare w’abasirikari bakomoka mu Burundi, abasesenguzi bakunze kunenga ubushobozi bwabo mu guhangana n’inyeshyamba zikomeye za Al Shabab, dore ko banapfushije abasaga 1.000, abatabarika bagakomereka, abandi bagafatwa mpiri mu gihe bari bamazeyo. Ibyo ubibona neza iyo ugeze mu irimbi rya Mpanda abiciwe muri Somalia bashyinguyemo, hafi y’ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bujumbura.

Abasirikari b’Abarundi bari muri Somalia kandi banafatiwe kenshi mu cyuho cya ruswa, kugirango borohereze Al Shabab mu bikorwa byayo by’iterabwoba, nk’uko byagiye bivugwa mu byegeranyo by’imiryango nterankunga, ndetse no mu buhamya bwa bagenzi babo bakomoka mu bindi bihugu, nka Uganda, Djibouti, Kenya na Ethiopia.

Abo basesenguzi bavuga kandi ko Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe utashimishijwe n’amajwi yakomeje gushinja ibikomerezwa muri Leta y’uBurundi kunyereza amafaranga yagenewe abasirikari bari mu butumwa muri Somalia, bigatuma abo basirikari batitanga uko bikwiye. Imibare yerekana ko buri gihembwe uBurundi bwagenerwaga miliyoni 18 z’amadolari y’Amerika, kubera ubutumwa ingabo zabwo zarimo muri Somalia.

Mu mwaka wa 2020 nabwo umubare w’abasirikari b’uBurundi wari ugiye kugabanywa cyane, ariko ntuma yo gitakamba icyemezo kirasubikwa.

Hari amakuru avuga ko abasirikari b’uBurundi bavuye muri Somalia bazahita boherezwa gutabara bagenzi babo bugarijwe ku rugamba mu burasirazuba bwa Kongo, doreko muri iki gihe umutwe wa M23 urushaho kwirukana ingabo za Leta ya Kongo n’abazishyigikiye mu turere twinshi kandi dukomeye cyane. Amakuru ava ku rugamba arahamya ko ubu umujyi wa Goma wugarijwe .

Mu ntambara ya Kongo, Perezida Evariste Ndayishimiye n’ibyegera bye naho bahakura agatubutse, bahabwa n’umufatanyabikorwa we Tshisekedi, ariko abarikari bagahabwa inticantikize. Abatabarika bamaze kuhasiga agatwe, abanze kwiyahira.muri iyo ntambara baherutse gukatirwa ibihano biremereye.

Somalia ni kimwe mu bihugu bigize Umunyamuryango w’Uburasirazuba bw’Afrika. Kuba rero uBurundi bwaraciye inyuma abandi banyamuryango, bukajya kugirana amasezerano rwihishwa na Kongo, kandi Kongo yari imaze kwirukanga izindi ngabo z’uwo muryango zari zaroherejwe gufasha kugarura amahoro muri icyo gihugu, byafashwe nk’ubugambanyi. Ibi nabyo hari abasesenguzi basanga biri mu byatumye ingabo z’uBurundi zitakarizwa icyizere muri Somalia.

2025-01-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“mu minsi iri imbere ukuri kose tuzi …tuzagufata tugushyire izo mpuguke”- Theogene Rudasingwa

“mu minsi iri imbere ukuri kose tuzi …tuzagufata tugushyire izo mpuguke”- Theogene Rudasingwa

Ubwanditsi 08 Jan 2019
Uretse isoni nke, Tewojeni Rudasingwa atinyuka ate kuvuga mu bantu, azi ubujura yasize akoze mu Rwanda? 

Uretse isoni nke, Tewojeni Rudasingwa atinyuka ate kuvuga mu bantu, azi ubujura yasize akoze mu Rwanda? 

Ubwanditsi 27 May 2022
Ikindi kimenyetso gihamya Kayumba Nyamwasa ibura rya Ben Rutabana

Ikindi kimenyetso gihamya Kayumba Nyamwasa ibura rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 05 Feb 2020
Mwenedata Gilbert  yeruye ko yiyongereye mu mubare w’ abagamije guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda

Mwenedata Gilbert yeruye ko yiyongereye mu mubare w’ abagamije guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda

Ubwanditsi 10 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese umutwe w’iterabwoba wa RNC muri Uganda nturebwa n’amabwiriza yo kurwanya Virusi ya Corona yashyizweho na Museveni ubwe? 
INKURU NYAMUKURU

Ese umutwe w’iterabwoba wa RNC muri Uganda nturebwa n’amabwiriza yo kurwanya Virusi ya Corona yashyizweho na Museveni ubwe? 

Ubwanditsi 19 Apr 2020
Manchester united yongereye amasezerano y’umwaka umwe rutahizamu Edinson Cavani.
Amakuru

Manchester united yongereye amasezerano y’umwaka umwe rutahizamu Edinson Cavani.

Ubwanditsi 11 May 2021
Nyagatare : Ikindi gisasu cyaturikanye umuntu kiramwica
Mu Mahanga

Nyagatare : Ikindi gisasu cyaturikanye umuntu kiramwica

Ubwanditsi 02 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru