• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ubushakashatsi : Umutekano n’Ituze Rusange ku manota ari hejuru ya 80% -RGB

Ubushakashatsi : Umutekano n’Ituze Rusange ku manota ari hejuru ya 80% -RGB

Ubwanditsi 31 Jan 2017 Mu Mahanga

Kuri uyu wa kabiri tariki 31 Mutarama, Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere RGB, cyashyize ahagaragara ubushakashatsi cyise ” Rwanda Governance Scorecard 2016″, kuva mu myaka itanu ishize Igipimo cy’Umutekano n’Ituze rusange cyongeye kuza ku isonga n’amanota 92.62% avuye kuri 91.6% cyariho mu 2014.

Ubu bushakashatsi bugaragaza ko umutekano n’Ituze rusange kiri mu byiciro bitatu byonyine bifite amanota ari hejuru ya 80%, hakiyongeraho kurwanya Ruswa no Gukorera mu mucyo cyagize 86.56% kivuye kuri 79.04% mu 2014; n’Uburenganzira n’Ubwisanzure bw’Abaturage cyagize 81.83% kivuye kuri 77.05%.

Gusa hari n’ibipimo byagize amanota aringaniye ndetse bimwe bisubira inyuma, harimo Ubutegetsi bugendera ku mategeko cyagize 79.68% kivuye kuri 81.68% cyariho mu 2014; Iterambere ry’Ubukungu kigira 76.82.% kivuye kuri 72.20% mu 2014; Uburenganzira n’Ubwisanzure bw’Abaturage kigira 76.48% kivuye kuri 77.01%.

Icyiciro cy’imitangire ya Serivisi cyagize amanota ari hasi ugereranyije n’ibindi, kuko cyagize 72.93% mu gihe mu 2014 cyari kuri 72.00%.

Uruhare rw’abaturage mu bibakorerwa rwo rufite 76.48%, ruvuye kuri 75.36%.

Umuyobozi Mukuru wa RGB, Prof. Shyaka Anastase yavuze ko ibi bipimo bisuzumwa “hashingiwe ku bipimo mpuzamahanga by’imiyoborere ndetse hakifashishwa n’amakuru yizewe”, atuma biba uburyo bufatika bwo gusuzuma imiyoborere, gushyiraho politiki no gukora amavugurura agamije kuzamura imibereho y’abaturage.

Ibi bipimo byatangiye gukorwa guhera mu 2010, bigashingira ku bubiko 43 bw’amakuru afite umwimerere, harimo atangwa n’ingeri z’Abanyarwanda zirimo abaturage, inzego za leta, imiryango itegamiye kuri leta, abashakashatsi n’abikorera.

Ubu bushakashatsi bwubakiye ku bipimo umunani bikurikira birimo ubutegetsi bugendera ku mategeko, Uburenganzira n’ubwisanzure bw’abaturage, uruhare rw’abaturage mu bibakorerwa, Umutekano n’ituze rusange, imibereho myiza y’abaturage, kurwanya ruswa no gukorera mu mucyo, Imitangire ya serivisi, Iterambere ry’ubukungu.

-5569.jpg

Muri uyu muhango umushyitsi Mukuru yari Minisitiri w’Intebe Murekezi Anastase

2017-01-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gikomero: Hatashywe sitasiyo ya Polisi yubatswe ku bufatanye n’abaturage

Gikomero: Hatashywe sitasiyo ya Polisi yubatswe ku bufatanye n’abaturage

Ubwanditsi 18 Jun 2016
Mu byaha bitanu  byahamye Léon Mugesera  harimo  gushishikariza Abahutu mu buryo butaziguye kwica Abatutsi

Mu byaha bitanu byahamye Léon Mugesera harimo gushishikariza Abahutu mu buryo butaziguye kwica Abatutsi

Ubwanditsi 20 Apr 2016
Ikinyoma cy’ibigarasha ko u Rwanda rwumviriza telephone zabo cyakubitiwe ahareba I Nzega n’ubushakashatsi bw’abahanga

Ikinyoma cy’ibigarasha ko u Rwanda rwumviriza telephone zabo cyakubitiwe ahareba I Nzega n’ubushakashatsi bw’abahanga

Ubwanditsi 16 Dec 2022
Abamotari ba Burera basabwe gukomeza ubufatanye mu kurwanya ibyaha

Abamotari ba Burera basabwe gukomeza ubufatanye mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 03 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ntabwo u Burundi bwari gusinyana amasezerano y’ubucuruzi na EU buri  mu kato
Mu Rwanda

Ntabwo u Burundi bwari gusinyana amasezerano y’ubucuruzi na EU buri mu kato

Ubwanditsi 14 Sep 2016
Kigali: Perezida W’u Bushinwa, Xi Jinping N’umufasha We Bakiriwe Muri Village Urugwiro
POLITIKI

Kigali: Perezida W’u Bushinwa, Xi Jinping N’umufasha We Bakiriwe Muri Village Urugwiro

Ubwanditsi 23 Jul 2018
UBUHAMYA : Utari umusambanyi muri RNC ntahabwa ijambo
ITOHOZA

UBUHAMYA : Utari umusambanyi muri RNC ntahabwa ijambo

Ubwanditsi 02 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru