• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Abarobyi batandatu bashimuswe n’inyeshyamba bikekwa ko ari izo muri Congo

Uganda: Abarobyi batandatu bashimuswe n’inyeshyamba bikekwa ko ari izo muri Congo

Ubwanditsi 21 May 2018 Mu Mahanga

Abantu bitwaje ibirwanisho bikekwa ko ari inyeshyamba zo muri Congo bashimuse abarobyi batandatu b’Abagande babakuye mu Kiyaga cya Edward mu karere ka Rukungiri.

Aba barobyi bashimuswe kuwa gatandatu ushize ninjoro, ubwo bari barimo kuroba.

Umuvugizi w’igipolisi cya Uganda wungirije, Patrick Onyango, avuga ko inzego z’umutekano zirimo gufatanya n’abayobozi b’ibanze muri aka karere ngo abo bantu batabarwe.

Mu kiganiro na Chimpreports kuri iki cyumweru, Patrick Onyango yavuze ko babonye amakuru ko abo barobyi batandatu batatashye kuwa gatandatu. Ati: “Turakeka ko bashimuswe n’inyeshyamba none turi gukora buri kimwe tubashakisha ngo tubatabare.”

Ibi bintu ngo ni inshuro ya gatatu bibayeho kuva umwaka watangira. Onyango akaba avuga ko ku nshuro zabanje abashimutwaga barekurwaga bamaze iminsi ariko ababashimuse bagasigarana ibikoresho byabo.

Muri Gicurasi 2016, bwo ngo agatsiko byakekwaga ko ari inyeshyamba zo muri Congo kateye abapolisi bari ku irondo mu Kiyaga cya Albert, kicamo batatu muri bo.

Naho muri Mata umwaka ushize, abarobyi bane b’Abagande bashimuswe n’ingabo za Congo bakuwe na none ku Kiyaga cya Albert.

Kuwa 22 Ukwakira 2012, agatsiko k’abantu bitwaje ibirwanisho bagera muri 20 bateye ahitwa Nkondo bafatira telephones n’amafi by’abarobyi b’Abagande bo muri icyo gice.

Ni mu gihe muri kanama 2007, umunyakanada w’umu-engineer witwa carl Nefdt, wakoreraga Heritage Oil, yarashwe n’ingabo za Congo ubwo iki kigo yakoreraga cyari mu bushakashatsi kikagera no mu mazi ya Congo.

Heritage Oil yashinjijwe na Leta ya Congo kwitwaza ibikorwa byayo muri Uganda ikaza gukorera ubushakashatsi ku mitingito muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri uyu mwaka wa 2007 kandi Uganda na Congo byagiranye umwuka mubi bipfa Ikirwa cya Rukwanzi, aho bivugwa ko aha ku mupaka w’ibihugu byombi hashobora kuba hari za miliyari z’utugunguru twa peteroli dushobora gushyamiranya ibi bihugu.

2018-05-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iradukunda Bertrand ukinira Township Rollers yo muri Botswana azamara ukwezi adakina kubera imvune

Iradukunda Bertrand ukinira Township Rollers yo muri Botswana azamara ukwezi adakina kubera imvune

Ubwanditsi 10 Dec 2021
Kantengwa Angélique wayoboraga RSSB agizwe umwere ari mu Buhinde kwivuza

Kantengwa Angélique wayoboraga RSSB agizwe umwere ari mu Buhinde kwivuza

Ubwanditsi 09 Aug 2016
IGP Gasana yaganirije abamotari k’umutekano

IGP Gasana yaganirije abamotari k’umutekano

Ubwanditsi 28 Aug 2016
Icyatumye Ingabo z’u Burundi zerekwa umuryango mu gihugu cya Somalia

Icyatumye Ingabo z’u Burundi zerekwa umuryango mu gihugu cya Somalia

Ubwanditsi 04 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo urubyiruko rwakwitaho ngo amatora azagende neza
Mu Mahanga

Icyo urubyiruko rwakwitaho ngo amatora azagende neza

Ubwanditsi 06 Jan 2017
Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwimuriwe ku wa gatanu tariki 13.10.2017
Mu Rwanda

Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwimuriwe ku wa gatanu tariki 13.10.2017

Ubwanditsi 11 Oct 2017
Kenya ibintu byasubiye irudubi  nyuma yo kwivana mu matora kwa Odinga
Mu Mahanga

Kenya ibintu byasubiye irudubi nyuma yo kwivana mu matora kwa Odinga

Ubwanditsi 11 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru