• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amafoto – Mu mukino w’amateka wahuje Rayon Sports na APR FC warangiye amakipe yombi anganyije 0-0, Umutoza Adil yuzuza yuzuza imikino 4 yikurikiranya adatsindwa na mukeba

Amafoto – Mu mukino w’amateka wahuje Rayon Sports na APR FC warangiye amakipe yombi anganyije 0-0, Umutoza Adil yuzuza yuzuza imikino 4 yikurikiranya adatsindwa na mukeba

Ubwanditsi 27 Feb 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatandatu kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo habereye umukino uba utegerejwe n’abakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda, ni umukino wahuje ikipe ya Rayon Sports yari yakiriye ikipe ya APR FC urangira amakipe yombi aguye miswi y’ubusa ku busa.

Ni umukino wakinwe guhera saa cyenda n’igice ariko wabanje kwegezwa inyuma ho iminota 30 kubera isiganwa ry’amagare rya Tour du Rwanda agace ka 7 karyo kasorojwe mu bice by’i Nyamirambo bawegezaho gato kugirango hatabaho kubangamirana kw’igikorwa n’ikindi.

Ni umukino witabiriwe n’abafana benshi ugereranyije n’indi mikino isanzwe ibera kuri Sitade ya Kigali I Nyamirambo, abafana bari bemewe kwinjira ni ibihumbi bitatu na magana atanu nk’uko amabwiriza yo kwirinda Koronavirusi abiteganya.

Ni umukino waranzwe no gukinira hagati ku mpande zombi ariko ntaburyo buhambaye bwabonetse bwo gutera mu izamu haba ku ruhande rwa Rayon Sports yari yakiriye uyu mukino ndetse na APR FC yari yasuye iyi kipe izwi nka Gikundiro.

Usibye kuba nta buryo bwinshi bwagaragaye, muri uyu mukino habayemo ubushyamirane bw’impande zombi ariko kugeza ubwo myugariro wa APR FC Niyomugabo Claude yavuye amaraso, gusa ntabwo byari bikabije kuko yakomeje uyu mukino.

Mu byaranze uyu mukino w’ubusa ku busa ni uko abakinnyi babiri ba Rayon Sports Mael Didjeke na Musa Esenu bwari ubwmabere bakinnye uyu mukino uba utegerejwe na benshi.

Umutoza wa APR FC, Adil Erradi Muhamed yuzuzaga umukino we wa Kane adatsindwa n’ikipe ya Rayon Sports, muri iyo mikino ine amaze bamaze guhura yatsinze itatu banganyamo umukino umwe ariwo w’ejo wa 0-0.

Mu bakinnyi bamaze gukina incuro nyinshi uyu mukino uhuza impande zombi ni Iranzi Jean Claude na Nizigiyimana Mackenzi ba Rayon Sports na Fitina Ombolenga na Manishimwe Djabel ba APR FC.

Kunganya uyu mukino byatumye ikipe y’ingabo z’igihugu iguma ku mwanya wa mbere w’agateganyo n’amanota 41 ikaba irusha Kiyovu SC ya kabiri amanota atatu naho ikipe ya Rayon Sports ikaba iri ku mwanya wa kane n’amanota 33.

Mu wundi mukino wakinwe kuri uyu wa gatandatu, ikipe ya Espoir FC yanganyije na Musanze FC igitego kimwe kuri kimwe, ku ruhande rwa Espoir yatsindiwe na Eric Niyonsaba naho kuri Musanze FC yo itsindwa na Rulihoshi Dieu Merci .

Indi mikino iteganyijwe kuri uyu munsi wa 19 wa shampiyona:

Kiyovu SC vs Gicumbi FC, Kigali Stadium – 15.00
Etincelles FC vs Etoile de l’Est FC, Umuganda Stadium – 15.00

2022-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itangira ry’urubanza rwa Turinabo na bagenzi be babangamiye imikorere y’urukiko rw’Arusha

Itangira ry’urubanza rwa Turinabo na bagenzi be babangamiye imikorere y’urukiko rw’Arusha

Ubwanditsi 22 Oct 2020
Young Africans yegukanye igikombe ku Munsi w’Igikundiro 20245,  ni nyuma yo gutsinda Rayon Sports 3-1

Young Africans yegukanye igikombe ku Munsi w’Igikundiro 20245, ni nyuma yo gutsinda Rayon Sports 3-1

Ubwanditsi 15 Aug 2025
FIBA Africa U-16 Zone V:  U Rwanda ruratangirira kuri Tanzania

FIBA Africa U-16 Zone V: U Rwanda ruratangirira kuri Tanzania

Ubwanditsi 10 Jun 2019
Amateka yandikiwe i Maputo: Rayon Sports yerekeje mu matsinda ya Caf Confederation Cup

Amateka yandikiwe i Maputo: Rayon Sports yerekeje mu matsinda ya Caf Confederation Cup

Ubwanditsi 19 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Producer Laser Beat utunganya indirimbo mu majwi arahamya ko inzu ya The Beam Beat Entertainment ije ari igisubizo ku bahanzi batinda kubona ibihangano byabo
Amakuru

Producer Laser Beat utunganya indirimbo mu majwi arahamya ko inzu ya The Beam Beat Entertainment ije ari igisubizo ku bahanzi batinda kubona ibihangano byabo

Ubwanditsi 31 Jul 2021
Ni iki cyatuma Ahubwo Perezida w’Abanyarwanda atiyamamaza 2024?
Amakuru

Ni iki cyatuma Ahubwo Perezida w’Abanyarwanda atiyamamaza 2024?

Ubwanditsi 20 Sep 2023
Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.
Amakuru

Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.

Ubwanditsi 17 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru