• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Burundi: Ibyavuye mu matora ya referandumu birara bimenyekanye

Burundi: Ibyavuye mu matora ya referandumu birara bimenyekanye

Ubwanditsi 21 May 2018 Mu Mahanga

Komisiyo y’igihugu ishinzwe amatora mu Burundi iravuga ko kuri uyu wa Mbere harara hamenyekanye ibyavuye mu matora ya referandumu ku itegeko nshinga, mu gihe ihuriro Amizero y’Abarundi riyobowe na Agathon Rwasa rivuga ko ritaza kwemera ibiyavamo kuko ngo aya matora yaranzwe n’ubujura n’iterabwoba.

Bwana Agathon Rwasa arasaba iyo komisiyo ishinzwe gutegura amatora kuyahanagura agasubirwamo bushyashya mu gihe imibare y’agateganyo igaragaza ko abatoye Yego ari bo benshi mu turere twinshi tw’igihugu.

Mu gihe ngo itegeko nshinga ryavugururwa, perezida Nkurunziza yaba yemerewe kuguma ku butegetsi kugeza mu 2034.

Ibaruwa Agathon Rwasa yashyikirije iyi komisiyo afatanyije n’abo bahuriye mu ihuriro Amizero y’Abarundi, avuga ko aya matora ataranzwe n’ubwisanzure n’umucyo.

Ku murongo wa telephone avugana na BBC dukesha iyi nkuru, Agathon Rwasa yavuze ko abamushyigikiye batewe ubwoba kuva kwiyamamaza byatangira kugera ku munsi w’amatora.

Yaboneyeho gutangaza ko atiteguye kwemera Ibiza kuva mu matora biteganyijwe ko bitangazwa kuri uyu wa Mbere, itariki 21 Gicurasi 2018.

Naho Visi perezida w’u Burundi, Gaston Sindimwo avugana na kimwe mu binyamakuru byegereye Leta y’u Burundi kitwa Ikiriho, yatangaje ko ibyo Rwasa avuga ari ibinyoma, ahubwo byaba byiza we (Rwasa)n’abo bari kumwe begeranyije ibimenyetso bakabishyikiriza ubutabera.

Ku rundi ruhande, komisiyo y’igihugu ishinzwe amatora (CENI) nayo irahakana ibitangazwa na Agathon Rwasa. Umuvugizi wayo, Ntahorwamiye akaba yamaganiye kure abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko amatora yabayemo amanyanga, avuga ko n’utunenge duto twagiye tugaragara ku buryo bitatuma amatora yose asubirwamo.

Yahakanye ko hari indorerezi y’ishyaka yigeze yirukanwa ku biro by’itora, ndetse ko abari bahagarariye amashyaka bashyize umukono ku cyegeranyo cy’uko amatora yagenze. Ati: “Kuri ibyo rero navuga ko habaye utunenge duto duto, ariko igikorwa cy’amatora cyagenze neza.”

Iki kinyamakuru kitwa Ikiriho cyegereye Leta y’u Burundi cyo ngo kikaba cyanamaze gutangaza ko abatoye Yego ari hafi 74%.

 

2018-05-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko umutekano muri CHAN wabaye ntamakemwa

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko umutekano muri CHAN wabaye ntamakemwa

Ubwanditsi 08 Feb 2016
APR FC na Kiyovu SC zabonye intsinzi y’umunsi wa 20 zikomeza kugaragaza inyota yo kwegukana igikombe cya shampiyona y’u Rwanda

APR FC na Kiyovu SC zabonye intsinzi y’umunsi wa 20 zikomeza kugaragaza inyota yo kwegukana igikombe cya shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 06 Mar 2022
Dr Rose Mukankomeje  yafunguwe by’agateganyo

Dr Rose Mukankomeje yafunguwe by’agateganyo

Ubwanditsi 15 Apr 2016
Village Urugwiro : Perezida Kagame na Madamu bifurije Abana bato Noheli nziza

Village Urugwiro : Perezida Kagame na Madamu bifurije Abana bato Noheli nziza

Ubwanditsi 04 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Samuel Eto’o yashyize hanze ifoto yifotozanyije na Perezida Kagame amuvugaho amagambo akomeye
POLITIKI

Samuel Eto’o yashyize hanze ifoto yifotozanyije na Perezida Kagame amuvugaho amagambo akomeye

Ubwanditsi 31 Oct 2019
Polisi y’u Rwanda n’iy’Ubutaliyani basinyanye amasezerano y’ubufatanye
ITOHOZA

Polisi y’u Rwanda n’iy’Ubutaliyani basinyanye amasezerano y’ubufatanye

Ubwanditsi 13 Jan 2017
Ngo “kirya abandi, bajya kukirya kikishaririza
Amakuru

Ngo “kirya abandi, bajya kukirya kikishaririza

Ubwanditsi 16 Dec 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru