• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Burundi: Ibyavuye mu matora ya referandumu birara bimenyekanye

Burundi: Ibyavuye mu matora ya referandumu birara bimenyekanye

Ubwanditsi 21 May 2018 Mu Mahanga

Komisiyo y’igihugu ishinzwe amatora mu Burundi iravuga ko kuri uyu wa Mbere harara hamenyekanye ibyavuye mu matora ya referandumu ku itegeko nshinga, mu gihe ihuriro Amizero y’Abarundi riyobowe na Agathon Rwasa rivuga ko ritaza kwemera ibiyavamo kuko ngo aya matora yaranzwe n’ubujura n’iterabwoba.

Bwana Agathon Rwasa arasaba iyo komisiyo ishinzwe gutegura amatora kuyahanagura agasubirwamo bushyashya mu gihe imibare y’agateganyo igaragaza ko abatoye Yego ari bo benshi mu turere twinshi tw’igihugu.

Mu gihe ngo itegeko nshinga ryavugururwa, perezida Nkurunziza yaba yemerewe kuguma ku butegetsi kugeza mu 2034.

Ibaruwa Agathon Rwasa yashyikirije iyi komisiyo afatanyije n’abo bahuriye mu ihuriro Amizero y’Abarundi, avuga ko aya matora ataranzwe n’ubwisanzure n’umucyo.

Ku murongo wa telephone avugana na BBC dukesha iyi nkuru, Agathon Rwasa yavuze ko abamushyigikiye batewe ubwoba kuva kwiyamamaza byatangira kugera ku munsi w’amatora.

Yaboneyeho gutangaza ko atiteguye kwemera Ibiza kuva mu matora biteganyijwe ko bitangazwa kuri uyu wa Mbere, itariki 21 Gicurasi 2018.

Naho Visi perezida w’u Burundi, Gaston Sindimwo avugana na kimwe mu binyamakuru byegereye Leta y’u Burundi kitwa Ikiriho, yatangaje ko ibyo Rwasa avuga ari ibinyoma, ahubwo byaba byiza we (Rwasa)n’abo bari kumwe begeranyije ibimenyetso bakabishyikiriza ubutabera.

Ku rundi ruhande, komisiyo y’igihugu ishinzwe amatora (CENI) nayo irahakana ibitangazwa na Agathon Rwasa. Umuvugizi wayo, Ntahorwamiye akaba yamaganiye kure abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko amatora yabayemo amanyanga, avuga ko n’utunenge duto twagiye tugaragara ku buryo bitatuma amatora yose asubirwamo.

Yahakanye ko hari indorerezi y’ishyaka yigeze yirukanwa ku biro by’itora, ndetse ko abari bahagarariye amashyaka bashyize umukono ku cyegeranyo cy’uko amatora yagenze. Ati: “Kuri ibyo rero navuga ko habaye utunenge duto duto, ariko igikorwa cy’amatora cyagenze neza.”

Iki kinyamakuru kitwa Ikiriho cyegereye Leta y’u Burundi cyo ngo kikaba cyanamaze gutangaza ko abatoye Yego ari hafi 74%.

 

2018-05-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanda wa kaburimbo wari utegerejwe cyane muri Ndera watangiye gukorwa

Umuhanda wa kaburimbo wari utegerejwe cyane muri Ndera watangiye gukorwa

Ubwanditsi 03 Feb 2017
Polisi yafashe abacuruza ibiyobyabwenge mu karere ka Huye na Kicukiro.

Polisi yafashe abacuruza ibiyobyabwenge mu karere ka Huye na Kicukiro.

Ubwanditsi 07 Mar 2016
Abofisiye bakuru badacana uwaka na Gen Kayihura baragororerwa ubutitsa

Abofisiye bakuru badacana uwaka na Gen Kayihura baragororerwa ubutitsa

Ubwanditsi 16 Jan 2019
Ingabire Victoire n’ibindi bigarasha n’abajenosideri bazicwa n’agahinda kubera icyizere amahanga akomeje kugirira u Rwanda

Ingabire Victoire n’ibindi bigarasha n’abajenosideri bazicwa n’agahinda kubera icyizere amahanga akomeje kugirira u Rwanda

Ubwanditsi 14 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Cibitoke: Umuganga yasambanyije umugore wari uri ku bise
HIRYA NO HINO

Cibitoke: Umuganga yasambanyije umugore wari uri ku bise

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Mali: Abasirikare bane ba Loni biciwe mu bitero bibiri bitandukanye
HIRYA NO HINO

Mali: Abasirikare bane ba Loni biciwe mu bitero bibiri bitandukanye

Ubwanditsi 26 Nov 2017
Nkunshuro ya mbere umuhango  wo guha impamyabumenyi abanyeshuri basaga 8500 ugiye kuyoborwa na Perezida Kagame
Mu Mahanga

Nkunshuro ya mbere umuhango wo guha impamyabumenyi abanyeshuri basaga 8500 ugiye kuyoborwa na Perezida Kagame

Ubwanditsi 28 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru