• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ikinyoma cy’ibigarasha ko u Rwanda rwumviriza telephone zabo cyakubitiwe ahareba I Nzega n’ubushakashatsi bw’abahanga

Ikinyoma cy’ibigarasha ko u Rwanda rwumviriza telephone zabo cyakubitiwe ahareba I Nzega n’ubushakashatsi bw’abahanga

Ubwanditsi 16 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma yaho abanzi b’u Rwanda bakwirakwije ibihuha ko Leta y’u Rwanda yumviriza Telephone zabo ikoresheje ikoranabuhanga rya Pegasus raporo y’ubushakashatsi yagiye ahagaragara yemeza ko ibyo birego nta shingiro bifite.

Umwe mu bavuze ko Telephone yumvirijwe ni Carine Kanimba ariko akaba yarakoreshejwe kugirango bayobye uburari mu rubanza rwa se Paul Rusesabagina waregwaga ibyaha by’iterabwoba. Ibi kandi byakuririjwe n’abasenateri n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu basanzwe banga u Rwanda. Aha twavuga nk’ikigo cya Citizen Lab gishamikiye kuri Kaminuza ya Toronto muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, gikurikirana ibibazo mpuzamahanga hamwe na Amnesty International byavuze ko hari abantu bumvirijwe hakoreshejwe porogaramu Pegasus.
U Rwanda rwashyizwe mu majwi mu bihugu bikoresha iyo porogaramu kandi ko hari abantu telefoni zabo zishobora kuba zumvirizwa, Carine Kanimba, umukobwa wa Paul Rusesabagina akaba yari umwe muri bo.

Uyu mukobwa w’imyaka 29 yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda yumvirije ibiganiro yagiranaga n’abantu bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, abo mu Burayi n’abayobozi bo muri Guverinoma y’u Bwongereza.

Ubwo yari imbere y’Inteko ya Amerika muri Nyakanga uyu mwaka, yavuze ko telefoni ye yinjiriwe guhera mu ntangiriro za Mutarama 2021 kugeza muri Gicurasi ubwo yari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ngo yongeye kwinjirirwa ku wa 14 Kamena umunsi yahuraga na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Sophie Wilmès.

Yabwiye Abagize Komisiyo ishinzwe Iperereza mu Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika ati “Amnesty International yatahuye Pegasus muri telefoni yanjye yo mu Bubiligi. Ntunze telefoni ebyiri. Imwe irimo umurongo wo mu Bubiligi indi ni uwo muri Amerika.”
“Hanyuma rero, ubwo najyaga mu Nama y’Ihuriro rigamije ukwishyira ukizana i Oslo, Citizen Lab [Ikigo cyigenga gishamikiye kuri Kaminuza ya Toronto] cyagenzuye telefoni. Nyuma y’isuzuma ryakorewe kuri telefoni yanjye, baje kuvumbura ko Pegasus yakoreshejwe kuri telefoni yanjye yo muri Amerika.”

Inzobere mu bijyanye n’ikoranabuhanga rya mudasobwa, ufite ubumenyi mu bijyanye no kugenzura ibyaha bikorerwa kuri telefoni, Jonathan Scott, mu bushakashatsi yashyize ahagaragara, yavuze ko kuri ubu Carine Kanimba atari ku rutonde rwa NSO Group nk’umuntu wari ugambiriwe kumvirizwa binyuze muri telefone ye.

Yagize ati “Niba u Rwanda rufite urutonde rw’abantu 3500 rwakurikiranaga telefone zabo kandi nimero ya Kanimba ikaba yari ku rutonde rw’izo mu Rwanda, ni gute nimero ye yo mu Bubiligi yaba yarinjiriwe na Pegasus?”
Yakomeje agira ati “ Iyi ni ingingo y’ingenzi. OCCP (Organised Crimes and Corruption ) yavuze ko telefone ya Carine Kanimba yagaragaye ku rutonde rw’iz’abanyarwanda zumvirijwe. CNN n’ibindi bitangazamakuru bikomeye byakwirakwije ayo makuru ariko Kanimba nta nimero ya telefone yo mu Rwanda yagiraga.” None se ni gute telefone ye yo mu Bubiligi yajemo?”
Jonathan yasohoye ubu bushakashatsi nyuma y’isesengura ryakozwe ku bikorwa, raporo za gihanga n’inyandiko Carine Kanimba yashyikirije Komisiyo ya Perezidansi ya Amerika ishinzwe iperereza n’Inteko y’u Burayi, The Citizen Lab, Amnesty International n’ibindi bigo bifitanye isano na byo.

Mu nyandiko zigera ku 132 zashyikirijwe Komisiyo ishinzwe iperereza muri Perezidansi, 11 gusa ni zo zavugaga ku iyumvirizwa rya Kanimba mu gihe izindi zisigaye zari zavugaga ku bibazo bya Se, Rusesabagina na mubyara we Jean Paul Nsonzerumpa.

Ikindi Jonathan yavuze ni uko Pegasus yita kuri nimero ya telefone aho kwita ku bwenegihugu bwa nyirayo.
Ati “Yatanze ikirego avuga ko telefone ye yo mu Bubiligi yinjiwemo nyuma Citizen Lab na Kanimba barabihidura bavuga ko ari Umunyamerika wakozweho ubutasi.”
Yakomeje avuga ko ibirego byatanzwe na Carine Kanimba bidafite gihamya. Yavuze kandi ko uwo mukobwa yabeshye ko yari afite ’mobile operating system’ ya iOS 14.6 kuri iphone ye muri Gashyantare 2021 , nyamara iOS 14,6 yasohotse muri Gicurasi 2021. Ni ukuvuga ko atari gukoresha ikoranabuhanga rya telefone ritarabaho.

2022-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Bakinnyi Umutoza w’Amavubi yahamagaye harimo na Kevin Monnet Paquet

Mu Bakinnyi Umutoza w’Amavubi yahamagaye harimo na Kevin Monnet Paquet

Ubwanditsi 07 Oct 2020
Perezida Kagame ntazihanganira abayobozi biremereza

Perezida Kagame ntazihanganira abayobozi biremereza

Ubwanditsi 01 Mar 2018
Rwanda signs USD 39 million mining deal with Tri Metals Mining (Rwanda) Limited

Rwanda signs USD 39 million mining deal with Tri Metals Mining (Rwanda) Limited

Ubwanditsi 12 Feb 2016
Iradukunda Bertrand uheruka gutandukana na Musanze FC, yerekeje muri Canada

Iradukunda Bertrand uheruka gutandukana na Musanze FC, yerekeje muri Canada

Ubwanditsi 20 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ziri muri Repubilika Iharanira Demokarasi ya Congo yagaragaje ko hari imitwe itatu ishaka gutera u Burundi iyobowe na Hussein Radjabu
ITOHOZA

Raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ziri muri Repubilika Iharanira Demokarasi ya Congo yagaragaje ko hari imitwe itatu ishaka gutera u Burundi iyobowe na Hussein Radjabu

Ubwanditsi 16 Aug 2017
Uganda : Chimpreports yahawe inkwenene nyuma yo gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zambuka muri Uganda gushaka ibiryo
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Chimpreports yahawe inkwenene nyuma yo gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zambuka muri Uganda gushaka ibiryo

Ubwanditsi 19 Apr 2019
Chorale de Kigali yongeye gutegura igitaramo kiba mu mpera za buri mwaka, icya 2021 kizabera muri Kigali Arena mu kwezi k’Ukuboza
Amakuru

Chorale de Kigali yongeye gutegura igitaramo kiba mu mpera za buri mwaka, icya 2021 kizabera muri Kigali Arena mu kwezi k’Ukuboza

Ubwanditsi 12 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru