• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ikinyoma cy’ibigarasha ko u Rwanda rwumviriza telephone zabo cyakubitiwe ahareba I Nzega n’ubushakashatsi bw’abahanga

Ikinyoma cy’ibigarasha ko u Rwanda rwumviriza telephone zabo cyakubitiwe ahareba I Nzega n’ubushakashatsi bw’abahanga

Ubwanditsi 16 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma yaho abanzi b’u Rwanda bakwirakwije ibihuha ko Leta y’u Rwanda yumviriza Telephone zabo ikoresheje ikoranabuhanga rya Pegasus raporo y’ubushakashatsi yagiye ahagaragara yemeza ko ibyo birego nta shingiro bifite.

Umwe mu bavuze ko Telephone yumvirijwe ni Carine Kanimba ariko akaba yarakoreshejwe kugirango bayobye uburari mu rubanza rwa se Paul Rusesabagina waregwaga ibyaha by’iterabwoba. Ibi kandi byakuririjwe n’abasenateri n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu basanzwe banga u Rwanda. Aha twavuga nk’ikigo cya Citizen Lab gishamikiye kuri Kaminuza ya Toronto muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, gikurikirana ibibazo mpuzamahanga hamwe na Amnesty International byavuze ko hari abantu bumvirijwe hakoreshejwe porogaramu Pegasus.
U Rwanda rwashyizwe mu majwi mu bihugu bikoresha iyo porogaramu kandi ko hari abantu telefoni zabo zishobora kuba zumvirizwa, Carine Kanimba, umukobwa wa Paul Rusesabagina akaba yari umwe muri bo.

Uyu mukobwa w’imyaka 29 yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda yumvirije ibiganiro yagiranaga n’abantu bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, abo mu Burayi n’abayobozi bo muri Guverinoma y’u Bwongereza.

Ubwo yari imbere y’Inteko ya Amerika muri Nyakanga uyu mwaka, yavuze ko telefoni ye yinjiriwe guhera mu ntangiriro za Mutarama 2021 kugeza muri Gicurasi ubwo yari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ngo yongeye kwinjirirwa ku wa 14 Kamena umunsi yahuraga na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Sophie Wilmès.

Yabwiye Abagize Komisiyo ishinzwe Iperereza mu Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika ati “Amnesty International yatahuye Pegasus muri telefoni yanjye yo mu Bubiligi. Ntunze telefoni ebyiri. Imwe irimo umurongo wo mu Bubiligi indi ni uwo muri Amerika.”
“Hanyuma rero, ubwo najyaga mu Nama y’Ihuriro rigamije ukwishyira ukizana i Oslo, Citizen Lab [Ikigo cyigenga gishamikiye kuri Kaminuza ya Toronto] cyagenzuye telefoni. Nyuma y’isuzuma ryakorewe kuri telefoni yanjye, baje kuvumbura ko Pegasus yakoreshejwe kuri telefoni yanjye yo muri Amerika.”

Inzobere mu bijyanye n’ikoranabuhanga rya mudasobwa, ufite ubumenyi mu bijyanye no kugenzura ibyaha bikorerwa kuri telefoni, Jonathan Scott, mu bushakashatsi yashyize ahagaragara, yavuze ko kuri ubu Carine Kanimba atari ku rutonde rwa NSO Group nk’umuntu wari ugambiriwe kumvirizwa binyuze muri telefone ye.

Yagize ati “Niba u Rwanda rufite urutonde rw’abantu 3500 rwakurikiranaga telefone zabo kandi nimero ya Kanimba ikaba yari ku rutonde rw’izo mu Rwanda, ni gute nimero ye yo mu Bubiligi yaba yarinjiriwe na Pegasus?”
Yakomeje agira ati “ Iyi ni ingingo y’ingenzi. OCCP (Organised Crimes and Corruption ) yavuze ko telefone ya Carine Kanimba yagaragaye ku rutonde rw’iz’abanyarwanda zumvirijwe. CNN n’ibindi bitangazamakuru bikomeye byakwirakwije ayo makuru ariko Kanimba nta nimero ya telefone yo mu Rwanda yagiraga.” None se ni gute telefone ye yo mu Bubiligi yajemo?”
Jonathan yasohoye ubu bushakashatsi nyuma y’isesengura ryakozwe ku bikorwa, raporo za gihanga n’inyandiko Carine Kanimba yashyikirije Komisiyo ya Perezidansi ya Amerika ishinzwe iperereza n’Inteko y’u Burayi, The Citizen Lab, Amnesty International n’ibindi bigo bifitanye isano na byo.

Mu nyandiko zigera ku 132 zashyikirijwe Komisiyo ishinzwe iperereza muri Perezidansi, 11 gusa ni zo zavugaga ku iyumvirizwa rya Kanimba mu gihe izindi zisigaye zari zavugaga ku bibazo bya Se, Rusesabagina na mubyara we Jean Paul Nsonzerumpa.

Ikindi Jonathan yavuze ni uko Pegasus yita kuri nimero ya telefone aho kwita ku bwenegihugu bwa nyirayo.
Ati “Yatanze ikirego avuga ko telefone ye yo mu Bubiligi yinjiwemo nyuma Citizen Lab na Kanimba barabihidura bavuga ko ari Umunyamerika wakozweho ubutasi.”
Yakomeje avuga ko ibirego byatanzwe na Carine Kanimba bidafite gihamya. Yavuze kandi ko uwo mukobwa yabeshye ko yari afite ’mobile operating system’ ya iOS 14.6 kuri iphone ye muri Gashyantare 2021 , nyamara iOS 14,6 yasohotse muri Gicurasi 2021. Ni ukuvuga ko atari gukoresha ikoranabuhanga rya telefone ritarabaho.

2022-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhamya w’Amateka: 7/1/1994, Kavaruganda yahuye na Booh-Booh, Abayobozi ba FAR bahura n’ab’Interahamwe

Umuhamya w’Amateka: 7/1/1994, Kavaruganda yahuye na Booh-Booh, Abayobozi ba FAR bahura n’ab’Interahamwe

Ubwanditsi 13 Apr 2016
Manizabayo Eric na Nirere Xaverine begukanye isiganwa ry’umunsi w’intwari “Heroes Cycling Cup”

Manizabayo Eric na Nirere Xaverine begukanye isiganwa ry’umunsi w’intwari “Heroes Cycling Cup”

Ubwanditsi 21 Jan 2024
M23 yakiriye kinyamwuga ingabo z’Afurika y’Epfo zari zimaze icyumweru zigeze mu burasirazuba bwa Congo

M23 yakiriye kinyamwuga ingabo z’Afurika y’Epfo zari zimaze icyumweru zigeze mu burasirazuba bwa Congo

Ubwanditsi 03 Jun 2024
Museveni yisubiyeho agarura umuyobozi wa MTN wari wirukanywe ngo akorana n’u Rwanda

Museveni yisubiyeho agarura umuyobozi wa MTN wari wirukanywe ngo akorana n’u Rwanda

Ubwanditsi 30 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Israel: Abimukira bava muri Eritrea bateguye imyigaragambyo ikomeye imbere ya Ambasade y’u Rwanda
HIRYA NO HINO

Israel: Abimukira bava muri Eritrea bateguye imyigaragambyo ikomeye imbere ya Ambasade y’u Rwanda

Ubwanditsi 22 Jan 2018
Mateso Jean De Dieu watoje ikipe ya AS Kigali ari ku rutonde rw’abatoza bifuzwa na Mukura VS irimo gutozwa na Nshimiyimana Canisius.
Amakuru

Mateso Jean De Dieu watoje ikipe ya AS Kigali ari ku rutonde rw’abatoza bifuzwa na Mukura VS irimo gutozwa na Nshimiyimana Canisius.

Ubwanditsi 03 Mar 2021
Bishop Rugagi  yaba yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Bishop Rugagi yaba yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 04 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru