• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ikinyoma cy’ibigarasha ko u Rwanda rwumviriza telephone zabo cyakubitiwe ahareba I Nzega n’ubushakashatsi bw’abahanga

Ikinyoma cy’ibigarasha ko u Rwanda rwumviriza telephone zabo cyakubitiwe ahareba I Nzega n’ubushakashatsi bw’abahanga

Ubwanditsi 16 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma yaho abanzi b’u Rwanda bakwirakwije ibihuha ko Leta y’u Rwanda yumviriza Telephone zabo ikoresheje ikoranabuhanga rya Pegasus raporo y’ubushakashatsi yagiye ahagaragara yemeza ko ibyo birego nta shingiro bifite.

Umwe mu bavuze ko Telephone yumvirijwe ni Carine Kanimba ariko akaba yarakoreshejwe kugirango bayobye uburari mu rubanza rwa se Paul Rusesabagina waregwaga ibyaha by’iterabwoba. Ibi kandi byakuririjwe n’abasenateri n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu basanzwe banga u Rwanda. Aha twavuga nk’ikigo cya Citizen Lab gishamikiye kuri Kaminuza ya Toronto muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, gikurikirana ibibazo mpuzamahanga hamwe na Amnesty International byavuze ko hari abantu bumvirijwe hakoreshejwe porogaramu Pegasus.
U Rwanda rwashyizwe mu majwi mu bihugu bikoresha iyo porogaramu kandi ko hari abantu telefoni zabo zishobora kuba zumvirizwa, Carine Kanimba, umukobwa wa Paul Rusesabagina akaba yari umwe muri bo.

Uyu mukobwa w’imyaka 29 yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda yumvirije ibiganiro yagiranaga n’abantu bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, abo mu Burayi n’abayobozi bo muri Guverinoma y’u Bwongereza.

Ubwo yari imbere y’Inteko ya Amerika muri Nyakanga uyu mwaka, yavuze ko telefoni ye yinjiriwe guhera mu ntangiriro za Mutarama 2021 kugeza muri Gicurasi ubwo yari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ngo yongeye kwinjirirwa ku wa 14 Kamena umunsi yahuraga na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Sophie Wilmès.

Yabwiye Abagize Komisiyo ishinzwe Iperereza mu Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika ati “Amnesty International yatahuye Pegasus muri telefoni yanjye yo mu Bubiligi. Ntunze telefoni ebyiri. Imwe irimo umurongo wo mu Bubiligi indi ni uwo muri Amerika.”
“Hanyuma rero, ubwo najyaga mu Nama y’Ihuriro rigamije ukwishyira ukizana i Oslo, Citizen Lab [Ikigo cyigenga gishamikiye kuri Kaminuza ya Toronto] cyagenzuye telefoni. Nyuma y’isuzuma ryakorewe kuri telefoni yanjye, baje kuvumbura ko Pegasus yakoreshejwe kuri telefoni yanjye yo muri Amerika.”

Inzobere mu bijyanye n’ikoranabuhanga rya mudasobwa, ufite ubumenyi mu bijyanye no kugenzura ibyaha bikorerwa kuri telefoni, Jonathan Scott, mu bushakashatsi yashyize ahagaragara, yavuze ko kuri ubu Carine Kanimba atari ku rutonde rwa NSO Group nk’umuntu wari ugambiriwe kumvirizwa binyuze muri telefone ye.

Yagize ati “Niba u Rwanda rufite urutonde rw’abantu 3500 rwakurikiranaga telefone zabo kandi nimero ya Kanimba ikaba yari ku rutonde rw’izo mu Rwanda, ni gute nimero ye yo mu Bubiligi yaba yarinjiriwe na Pegasus?”
Yakomeje agira ati “ Iyi ni ingingo y’ingenzi. OCCP (Organised Crimes and Corruption ) yavuze ko telefone ya Carine Kanimba yagaragaye ku rutonde rw’iz’abanyarwanda zumvirijwe. CNN n’ibindi bitangazamakuru bikomeye byakwirakwije ayo makuru ariko Kanimba nta nimero ya telefone yo mu Rwanda yagiraga.” None se ni gute telefone ye yo mu Bubiligi yajemo?”
Jonathan yasohoye ubu bushakashatsi nyuma y’isesengura ryakozwe ku bikorwa, raporo za gihanga n’inyandiko Carine Kanimba yashyikirije Komisiyo ya Perezidansi ya Amerika ishinzwe iperereza n’Inteko y’u Burayi, The Citizen Lab, Amnesty International n’ibindi bigo bifitanye isano na byo.

Mu nyandiko zigera ku 132 zashyikirijwe Komisiyo ishinzwe iperereza muri Perezidansi, 11 gusa ni zo zavugaga ku iyumvirizwa rya Kanimba mu gihe izindi zisigaye zari zavugaga ku bibazo bya Se, Rusesabagina na mubyara we Jean Paul Nsonzerumpa.

Ikindi Jonathan yavuze ni uko Pegasus yita kuri nimero ya telefone aho kwita ku bwenegihugu bwa nyirayo.
Ati “Yatanze ikirego avuga ko telefone ye yo mu Bubiligi yinjiwemo nyuma Citizen Lab na Kanimba barabihidura bavuga ko ari Umunyamerika wakozweho ubutasi.”
Yakomeje avuga ko ibirego byatanzwe na Carine Kanimba bidafite gihamya. Yavuze kandi ko uwo mukobwa yabeshye ko yari afite ’mobile operating system’ ya iOS 14.6 kuri iphone ye muri Gashyantare 2021 , nyamara iOS 14,6 yasohotse muri Gicurasi 2021. Ni ukuvuga ko atari gukoresha ikoranabuhanga rya telefone ritarabaho.

2022-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukozi wa Banki ya Kigali yarabuze ariko Polisi ntiyemera ko yaburiwe irengero

Umukozi wa Banki ya Kigali yarabuze ariko Polisi ntiyemera ko yaburiwe irengero

Ubwanditsi 08 Jun 2016
Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Ubwanditsi 31 May 2024
Ibyihebe byo muri RNC byiyemereye ko ntacyo byageraho, ubwabyo bikibaswe n’umwiryane.

Ibyihebe byo muri RNC byiyemereye ko ntacyo byageraho, ubwabyo bikibaswe n’umwiryane.

Ubwanditsi 25 Sep 2024
Ingabire Victoire Umuhoza ni  Bagosora Théoneste w’umugore.

Ingabire Victoire Umuhoza ni  Bagosora Théoneste w’umugore.

Ubwanditsi 26 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali:Abakirisitu bahujwe no gushimira ibyo Imana yabagejejeho
Mu Mahanga

Kigali:Abakirisitu bahujwe no gushimira ibyo Imana yabagejejeho

Ubwanditsi 08 Aug 2016
Umusirikare mukuru w’u Burundi yatawe muri yombi ashinjwa guhungabanya umutakno w’igihugu
Mu Rwanda

Umusirikare mukuru w’u Burundi yatawe muri yombi ashinjwa guhungabanya umutakno w’igihugu

Ubwanditsi 21 Nov 2016
Huye:Polisi y’u Rwanda  iributsa  akamaro ko kurara mu nzitiramibu
Mu Mahanga

Huye:Polisi y’u Rwanda iributsa akamaro ko kurara mu nzitiramibu

Ubwanditsi 15 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru