• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali:Abakirisitu bahujwe no gushimira ibyo Imana yabagejejeho

Kigali:Abakirisitu bahujwe no gushimira ibyo Imana yabagejejeho

Ubwanditsi 08 Aug 2016 Mu Mahanga

Ku incuro ya 5 amadini n’amatorero yateraniye muri stade Amahoro mu rwego rwo gushimira Imana ibyo yakoze mu myaka 22 ishize aho kuri ubu Abanyarwanda bari mu mahoro n’umutekano bashima Imana ibyo yabakoreye, icyo giterane cyari gifite intego igira iti ‘‘Rwanda murika umurikire amahanga’’.

Rév Musenyeri Birindabagabo Alex akaba n’umuyobozi wa Peace Plan yabwirije Ijambo ry’Imana mu II Gutegeka 8:10-11 mu inyigisho yagize ati ‘‘ntitugomba guhora dutumbira ibibazo gusa kuko tudashobora kubona ibisubizo n’ibitangaza Imana idukorera umunsi ku wundi’’.

Musenyeri Birindabagabo yasabye Guverinoma ko umwaka utaha igikorwa cyo gushima Imana cyabera no muri buri Mudugudu kugira ngo hatazabaho kwibagirwa aho Imana yakuye Abanyarwanda mu gihe cya Jenoside Yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Minisitiri w’Intebe Anastaze Murekezi yashimiye umuryango Peace Plan, amatorero n’amadini kuri gahunda yateguye yo gushima Imana buri mwaka ko Leta izakomeza kubafasha ndetse no kubashyigikira mu gushimira Imana ibyo Imana ikomeje gukorera Abanyarwanda n’aho yabakuye ko icyo giterane kidashobora kuzibagirana mu mitima y’Abanyarwanda.

Minisitiri w’Intebe yagize ati ‘‘Umuco wo gukunda igihugu umaze gufata umurongo’’ yavuze ko Abanyarwanda bagomba guhora bashima Imana ku bwo igihugu Imana yabahaye n’impanuro zitangwa na Paul Kagame Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.

Abanyarwanda biteje imbere baturutse mu Intara zitandukanye bashimiye Imana ibyo bamaze kugeraho aho umwe muri abo waturutse mu Karere ka Gatsibo, mu Murenge wa Kizigiro Akagari ka Mbogo yasabye Minisitiri w’Intebe kuzabasura aho yavuze ko asigaye yeza toni 7 buri kwezi kandi ko arimo akora km 4 z’umuhanda ku bushobozi bwe abikesha amahugurwa yahawe na RAB mu guhinga urutoki rwa kijyambere.

Minisitiri w’Intebe yashimiye Paul Kagame wayoboye urugamba rwo kubohora u Rwanda agahagarika Jenoside Yakorewe Abatutsi, yavuze ko kubera imiyoborere myiza u Rwanda rumaze kuba igihugu cyubashywe mu ruhando rw’ibindi bihugu.

Aho muri Mutarama u Rwanda rwakiriye imikino ya CHAN naho muri Nyakanga rukongera kwakira inama mpuzamahanga ikabera mu nyubako nziza ya Kigali Convention Center ko ibyo babikesha Imana ndetse n’imiyoborere myiza.

Amatorero n’amadini bijeje Minisitiri w’Intebe ko bagiye kwita ku bana b’inzererezi ko buri torero rizajya ribazwa umwana uzajya agaragara hafi y’urwo rusengero na kiriziya ko bagiye kuba inshuti z’abo babavana mu bukene n’ubwigunge.

Abayobozi b’amatorero n’abakiristu basengeye u Rwanda, Ibihugu bw’Afurika y’Iburasirazuba, Afurika n’isi muri rusange kugira ngo bagire amahoro n’umutekano no kwiha agaciro badakomeje gutega ku nkunga z’amahanga, ahubwo bakiyumvamo ubushobozi kuko na bo bafite Imana kimwe n’abandi batuye ku yindi migabane.

-3525.jpg

Basanda Ns Oswald

2016-08-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impamvu  Oda GASINZIGWA yirukanywe muri Guverinoma

Impamvu Oda GASINZIGWA yirukanywe muri Guverinoma

Ubwanditsi 24 Mar 2016
Perezida Museveni yikomye abaturage bamara igihe kinini mu masengesho aho kukimara bakora

Perezida Museveni yikomye abaturage bamara igihe kinini mu masengesho aho kukimara bakora

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Kenya: Umutekano wakajijwe mu gihe amatora y’Umukuru w’Igihugu asubirwamo

Kenya: Umutekano wakajijwe mu gihe amatora y’Umukuru w’Igihugu asubirwamo

Ubwanditsi 26 Oct 2017
Abahuzabikorwa ba DASSO muri Nyamagabe basabwe kwibanda ku gukumira ibyaha

Abahuzabikorwa ba DASSO muri Nyamagabe basabwe kwibanda ku gukumira ibyaha

Ubwanditsi 17 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

A.U irashima amavugurura Perezida Kagame aherutse gukora muri guverinoma
POLITIKI

A.U irashima amavugurura Perezida Kagame aherutse gukora muri guverinoma

Ubwanditsi 21 Oct 2018
Umubyeyi wa  Kayumba Nyamwasa yitabye Imana
INKURU NYAMUKURU

Umubyeyi wa Kayumba Nyamwasa yitabye Imana

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Abayoboke ba Enihakore Pentecost Ministry biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu kurwanya ibyaha
Amakuru

Abayoboke ba Enihakore Pentecost Ministry biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 27 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru