• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abaminisitiri n’Abayobozi ba Polisi bo muri aka karere bihereye ijisho imyitozo ku kurwanya ibyaha byifashisha ikoranabuhanga

Abaminisitiri n’Abayobozi ba Polisi bo muri aka karere bihereye ijisho imyitozo ku kurwanya ibyaha byifashisha ikoranabuhanga

Ubwanditsi 02 Sep 2016 Mu Mahanga

Abaminisitiri bafite Polisi mu nshingano n’abayobozi bazo bo mu bihugu byo muri aka karere bagize Umuryango w’ubufatanye mu kurwanya ibyaha (Eastern Africa Police Chiefs Cooperation Organization – EAPCO) ejo basuye abapolisi baturuka mu bihugu bikagize bari mu myitozo ibera Camp Kigali yo ku rwego rwo hejuru ku kurwanya no gukumira ibyaha byifashisha ikoranabuhanga.

Abo ba Minisitiri n’abayobozi ba Polisi bari i Kigali mu Nama Rusange ya 18 y’Abayobozi ba Polisi zo muri aka karere (EAPCO) ifite Insanganyamatsiko igira iti:”Guteza imbere ubufatanye no kunoza imikoranire mu kurwanya ibyaha byifashisha ikoranabuhanga.”

Nk’uko Commissioner of Police (CP) Felix Namuhoranye, akaba n’Umuhuzabikorwa w’iyo myitozo yabivuze, icyo gikorwa cyari kigamije kubereka ishusho nyayo y’imyitozo n’imigendekere yayo.

Yagize ati:”Abaminisitiri bafite Polisi mu nshingano ndetse n’abayobozi bazo baje kwihera ijisho uko imyitozo imeze kubera ko iri mu bikorwa bimirije imbere. Kugira ngo ibyaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga birwanywe birasaba ubufatanye , imikoranire myiza no guhanahana amakuru ku gihe hagati y’inzego bireba.”

Mu byaranze iyo myitozo yateguwe na Polisi y’u Rwanda ifatanyije na Polisi Mpuzamahanga (Interpol) harimo gushyira mu bikorwa ubumenyi ku kurwanya ibyaha byifashisha ikoranabuhanga.

Iyo myitozo yibanze ku gukusanya no gusesengura ibimenyetso by’ibyaha, kubika amakuru , kuyahanahana, gufata abacyekwa gukora ibyaha, gukoresha itumanaho rya Polisi Mpuzamahanga (I-24/7), no gukora iperereza ku icuruzwa ry’abantu.

Abayitabiriye bakoze umwitozo- shusho aho umukobwa w’imyaka 20 y’amavuko utishoboye yajyanywe mu mahanga n’agatsiko k’abacuruza abantu bamubeshya ko bazamushakirayo imirimo.

Avuga kuri uwo mwitozo, CP Namuhoranye yagize ati: “Uburyo abagenzacyaha bakoresheje mu kugenza iki cyaha harimo kureba niba hari ubutumwa uwo mukobwa yohererezanyije kuri telefone cyangwa kuri murandasi n’abamujyanye, uko byagenze (niba byarabayeho), uko byatangiye, aho bamujyanye.. muri make bagerageje uburyo bwose bushoboka kugira ngo babone amakuru yose ajyanye n’uko icyo cyaha cyakozwe kugeza bamenye aho uwo mukobwa aherereye , baramugarura ndetse bafata abamujyanye.”

Yakomeje agira ati:”Uko ikoranabuhanga rirushaho gutera imbere ni ko abantu baryifashisha mu gukora ibyaha bitandukanye. Iyi myitozo itanga ishusho y’imikoranire ikwiriye hagati y’ibihugu ndetse na Polisi zabyo aho bisabwa guhanahana amakuru kugira ngo ibyaha ndenga mipaka birusheho kurwanywa.”

CP Namuhoranye yagize kandi ati:” Ndizera ndashidikanya ko ku musozo w’iyi myitozo tuzasanga ko ubufatanye atari amahitamo ahubwo ko ari ngombwa kugira ngo ibyaha ndenga mipaka bibashe gutahurwa, kugenzwa, kumenya ababikoze, aho baherereye, kubafata no kubohereza mu bihugu bibashakisha kugira ngo bagezwe imbere y’inkiko.”

Mathew Simon, ukorera ku cyicaro cya Polisi Mpuzamahanga i Singapore, akaba n’umwe mu bagenzuzi b’iyo myitozo yavuze ko icuruzwa ry’abantu ari kimwe mu byaha bihangayikishije ibihugu n’isi muri rusange aho abibasirwa ari abafite imibereho itari myiza.”

Yagize ati:”Mu byaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga harimo iby’inzaduka nk’ubwicanyi bw’uburyo butandukanye, gufata ku ngufu n’ubwabuzi bushukana bw’amafaranga hakoreshejwe telefone nka kimwe mu bikoresho byifashishwa mu gukora ibyo byaha ku buryo bisaba ubufatanye mu kubirwanya no kubikumira.”

Iyi myitozo ibera mu Rwanda ibaye ku nshuro ya kane. Yitabiriwe n’abagera ku 100 baturuka mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane wa Afurika .

-3931.jpg

Ubufatanye mu kurwanya no gukumira ibyaha no gusangira ubunararibonye binyuze mu mahugurwa biri mu byo Polisi y’u Rwanda yimirije imbere.

RNP

2016-09-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Bwongereza: Minisitiri Wharton yatangariye u Rwanda, ati ‘inkunga ruterwa ntipfa ubusa

U Bwongereza: Minisitiri Wharton yatangariye u Rwanda, ati ‘inkunga ruterwa ntipfa ubusa

Ubwanditsi 30 Sep 2016
….’ntawe uzava ahandi ngo atwubakire ibikorwa nk’ibi’ -Perezida Kagame

….’ntawe uzava ahandi ngo atwubakire ibikorwa nk’ibi’ -Perezida Kagame

Ubwanditsi 05 Dec 2016
Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

Ubwanditsi 04 Dec 2019
Mugihe umubano wa Diamond na Zari uri kuyoyoka [ Shaddy boo yagaragaye mu birori by’isabukuru ya Diamond ]

Mugihe umubano wa Diamond na Zari uri kuyoyoka [ Shaddy boo yagaragaye mu birori by’isabukuru ya Diamond ]

Ubwanditsi 04 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zimbabwe: Babiri bari muri Guverinoma ya Mugabe bagejejwe mu rukiko bashinjwa ruswa
Mu Mahanga

Zimbabwe: Babiri bari muri Guverinoma ya Mugabe bagejejwe mu rukiko bashinjwa ruswa

Ubwanditsi 07 Jan 2018
FARDC yiyemeje kuburizamo umugambi wa Kayumba Nyamwasa na FDLR wo gutera u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

FARDC yiyemeje kuburizamo umugambi wa Kayumba Nyamwasa na FDLR wo gutera u Rwanda

Ubwanditsi 29 Jan 2019
BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize
UBUKUNGU

BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

Ubwanditsi 05 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru