• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Ubwanditsi 07 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 24 Kanama 2016, Umujyanama wihariye w’Umuryango w’Abibumbye mu gukumira ibyaha bya Jenoside, Adama Dieng, yasohoye itangazo ryamagana amagambo y’abayobozi b’u Burundi ndetse na CNDD FDD yagaragazaga guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Ni nyuma y’amatangazo yacicikanaga umunsi ku munsi ashyizweho umukono na Nyabenda Pascal wari umukuru wa CNDD FDD akaba n’Umukuru w’inteko y’abadepite mu Burundi, cyane cyane mu itangazo ryasohotse tariki ya 16 Kanama 2016 ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ari ibihimbano byakozwe n’Umuryango Mpuzamahanga kugirango bukureho ubutegetsi bwa MRND.

Tariki ya 28 Ukwakira 2017, Uwari uhagarariye u Burundi muri LONI ubu akaba ari Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burundi yasubiyemo ayo magambo avugako Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda itabayeho “Presume Genocide”. Ikigaragara nuko abahakana Jenoside mu Burundi bagororerwa. Pascal Nyabenda we yari ku rwego rwo kuba umukuru w’igihugu, naho Shingiro agororerwa kuba Minisitiri w’ububanyi n’amahanga none na Gélase Ndabirabe uzwiho amagambo ahakana Jenoside yakorewe Abatutsi niwe watorewe kuyobora Inteko ishinga amategeko.

Tubibutse ko u Burundi bucumbikiye bamwe mu bayobozi ba FDLR basize bahekuye u Rwanda ndetse bakaba barinjijwe mu nzego z’umutekano wicyo gihugu. Ikindi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi u Rwanda rwari rucumbikiye impunzi nyinshi z’Abarundi zageze mu Rwanda muri 1972 ndetse na 1993 zikaba zarakoreshejwe mu kwica Abatutsi ku buryo bw’ubugome bw’indengakamere. Aha twavuga nko mu Mayaga ya Ntongwe, U Bugesera ndetse na Ngoma. By’umwihariko impunzi z’Abarundi zari mu Mutara muri Ngarama zafatanyije n’interahamwe gutsemba Abatutsi ubwo zahungaga kuva Kiziguro, Karubamba. Mukarange, Kabarondo zisozereza umugambi wazo Nyarubuye mbere yo guhungira muri Tanzaniya none zikaba zaratashye I Burundi nta nkomyi.

Leta ya CNDD FDD yirirwa ivuga ko itabangamira abaturanyi, nyamara baha inzira abaza guteza umutekano muke mu Rwanda mu turere twa Nyamagabe na Nyaruguru duhana imbibi n’iki gihugu. Mu ruzinduko amaze iminsi agirira mu ntara zitandukanye zo mu gihugu cy’u Burundi, Perezida mushya wicyo gihugu General Evariste Ndayishimiye yagaragaje ko hakiri urugendo rurerure mu kuzahura umubano n’u Rwanda mu mvugo ye yuzuyemo gushinja ibinyoma u Rwanda ko rwafashe bugwate impunzi z’abarundi zimaze imyaka isaga itandatu mu Rwanda.

Mu ntara ya Kirundo iri mu majyaruguru y’igihugu cy’uburundi niho Jenerali Ndayishimiye yavugiye amagambo aca amarenga ko ntacyahindutse ku mubano w’ibihugu byombi utifashe neza kuva hatangira indyane za politiki mu gihugu cy’u Burundi aho uwari Perezida Petero Nkurunziza witabye Imana mu minsi ishize yafashe umwanzuro wo kwiyamamariza manda ya gatatu ibintu byateje imvururu mu gihugu, Abarundi bagahungira mu Rwanda.

Mu gihe gisaga ukwezi amaze ku butegetsi benshi bari biteze impinduka mu mibanire y’ibihugu byombi mu bisanzwe byakagombye kubana neza kuko hari byinshi bisangiye, mu mbwirwaruhame yagejeje ku baturage bo mu Kirundo yavuze amagambo ashotora u Rwanda aho yarugeraranije n’indyarya avuga ko rwafashe bugwate impunzi ziri mu nkambi zitandukanye mu Rwanda nko muri Mahama kandi bizwi ko u Rwanda nta mpunzi rubuza gutahuka iwabo mu gihe zizejwe umutekano cyangwa se niba icyo bahunze cyararangiye nkuko amasezerano ya Geneve abivuga, bityo rero igihugu kigendera ku mategeko nk’u Rwanda nticyapfa guhubuka kugeza igihe icyo abo bantu bahunze kizakemuka burundu aho kugirango bizabazwe u Rwanda nyuma. Tuributsa Ndayishimiye ko umubare munini w’impunzi z’Abarundi zitari mu Rwanda ahubwo ziri muri Tanzaniya nizindi nyinshi ziri muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo.

Hari kandi n’ibindi bimenyetso byagaragajwe mu nkiko mu Rwanda bya bamwe mu bafatiwe mu mashyamba ya Kongo bari mu mutwe wa P5 wa Kayumba Nyamwasa ukuriye umutwe w’iterabwoba wa RNC bavuze ubufasha bahawe na leta y’u Burundi kugirango bahungabanye umutekano w’u Rwanda, aho twavuga nka Maj (Rtd) Mudathiru ndetse n’abandi bari mu itsinda rye bafatiwe muri Kongo! Ibi kandi byagarutsweho na raporo ry’itsinda ry’impuguke za LONI ko umutwe wa P5/RNC ufite ibikorwa bya gisirikari mu burasirazuba bwa Kongo unyuza abarwanyi n’intwaro mu Burundi ndetse hakaba hari izo bahawe nicyo gihugu.
U Burundi bureke kuba nka wa mwana murizi udatorwa urutozi, aho buteza umutekano muke mu Rwanda hanyuma bukavuga ko aribwo bubangamiwe n’u Rwanda.

2020-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ukuri ni nk’inkorora, ntiguhishwa, Andi makuru acukumbuye ku binyoma byose bya Paul Rusesabagina

Ukuri ni nk’inkorora, ntiguhishwa, Andi makuru acukumbuye ku binyoma byose bya Paul Rusesabagina

Ubwanditsi 19 Dec 2021
Burundi: Ihuriro Amizero y’Abarundi ryamaze gutanga ibirego bisaba kutazemeza ibyavuye muri referandumu

Burundi: Ihuriro Amizero y’Abarundi ryamaze gutanga ibirego bisaba kutazemeza ibyavuye muri referandumu

Ubwanditsi 25 May 2018
Ese kwihanganira abanyabyaha no kubaha ibihano bidakanganye sibyo byaba bituma abagizi ba nabi biyongera mu Rwanda?

Ese kwihanganira abanyabyaha no kubaha ibihano bidakanganye sibyo byaba bituma abagizi ba nabi biyongera mu Rwanda?

Ubwanditsi 04 Oct 2021
Ukuri guca muziko ntigushye: Uruhare rw’Ubufaransa muri jenoside rukomeje kugaragazwa

Ukuri guca muziko ntigushye: Uruhare rw’Ubufaransa muri jenoside rukomeje kugaragazwa

Ubwanditsi 06 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa  ahantu hataramenyekana
Mu Rwanda

Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa ahantu hataramenyekana

Ubwanditsi 01 Sep 2017
Guhindura no kugoreka amateka ntibizabahanaguraho ibyaha
Amakuru

Guhindura no kugoreka amateka ntibizabahanaguraho ibyaha

Ubwanditsi 17 Oct 2022
Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.
Amakuru

Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.

Ubwanditsi 04 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru