• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Ubwanditsi 07 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 24 Kanama 2016, Umujyanama wihariye w’Umuryango w’Abibumbye mu gukumira ibyaha bya Jenoside, Adama Dieng, yasohoye itangazo ryamagana amagambo y’abayobozi b’u Burundi ndetse na CNDD FDD yagaragazaga guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Ni nyuma y’amatangazo yacicikanaga umunsi ku munsi ashyizweho umukono na Nyabenda Pascal wari umukuru wa CNDD FDD akaba n’Umukuru w’inteko y’abadepite mu Burundi, cyane cyane mu itangazo ryasohotse tariki ya 16 Kanama 2016 ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ari ibihimbano byakozwe n’Umuryango Mpuzamahanga kugirango bukureho ubutegetsi bwa MRND.

Tariki ya 28 Ukwakira 2017, Uwari uhagarariye u Burundi muri LONI ubu akaba ari Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burundi yasubiyemo ayo magambo avugako Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda itabayeho “Presume Genocide”. Ikigaragara nuko abahakana Jenoside mu Burundi bagororerwa. Pascal Nyabenda we yari ku rwego rwo kuba umukuru w’igihugu, naho Shingiro agororerwa kuba Minisitiri w’ububanyi n’amahanga none na Gélase Ndabirabe uzwiho amagambo ahakana Jenoside yakorewe Abatutsi niwe watorewe kuyobora Inteko ishinga amategeko.

Tubibutse ko u Burundi bucumbikiye bamwe mu bayobozi ba FDLR basize bahekuye u Rwanda ndetse bakaba barinjijwe mu nzego z’umutekano wicyo gihugu. Ikindi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi u Rwanda rwari rucumbikiye impunzi nyinshi z’Abarundi zageze mu Rwanda muri 1972 ndetse na 1993 zikaba zarakoreshejwe mu kwica Abatutsi ku buryo bw’ubugome bw’indengakamere. Aha twavuga nko mu Mayaga ya Ntongwe, U Bugesera ndetse na Ngoma. By’umwihariko impunzi z’Abarundi zari mu Mutara muri Ngarama zafatanyije n’interahamwe gutsemba Abatutsi ubwo zahungaga kuva Kiziguro, Karubamba. Mukarange, Kabarondo zisozereza umugambi wazo Nyarubuye mbere yo guhungira muri Tanzaniya none zikaba zaratashye I Burundi nta nkomyi.

Leta ya CNDD FDD yirirwa ivuga ko itabangamira abaturanyi, nyamara baha inzira abaza guteza umutekano muke mu Rwanda mu turere twa Nyamagabe na Nyaruguru duhana imbibi n’iki gihugu. Mu ruzinduko amaze iminsi agirira mu ntara zitandukanye zo mu gihugu cy’u Burundi, Perezida mushya wicyo gihugu General Evariste Ndayishimiye yagaragaje ko hakiri urugendo rurerure mu kuzahura umubano n’u Rwanda mu mvugo ye yuzuyemo gushinja ibinyoma u Rwanda ko rwafashe bugwate impunzi z’abarundi zimaze imyaka isaga itandatu mu Rwanda.

Mu ntara ya Kirundo iri mu majyaruguru y’igihugu cy’uburundi niho Jenerali Ndayishimiye yavugiye amagambo aca amarenga ko ntacyahindutse ku mubano w’ibihugu byombi utifashe neza kuva hatangira indyane za politiki mu gihugu cy’u Burundi aho uwari Perezida Petero Nkurunziza witabye Imana mu minsi ishize yafashe umwanzuro wo kwiyamamariza manda ya gatatu ibintu byateje imvururu mu gihugu, Abarundi bagahungira mu Rwanda.

Mu gihe gisaga ukwezi amaze ku butegetsi benshi bari biteze impinduka mu mibanire y’ibihugu byombi mu bisanzwe byakagombye kubana neza kuko hari byinshi bisangiye, mu mbwirwaruhame yagejeje ku baturage bo mu Kirundo yavuze amagambo ashotora u Rwanda aho yarugeraranije n’indyarya avuga ko rwafashe bugwate impunzi ziri mu nkambi zitandukanye mu Rwanda nko muri Mahama kandi bizwi ko u Rwanda nta mpunzi rubuza gutahuka iwabo mu gihe zizejwe umutekano cyangwa se niba icyo bahunze cyararangiye nkuko amasezerano ya Geneve abivuga, bityo rero igihugu kigendera ku mategeko nk’u Rwanda nticyapfa guhubuka kugeza igihe icyo abo bantu bahunze kizakemuka burundu aho kugirango bizabazwe u Rwanda nyuma. Tuributsa Ndayishimiye ko umubare munini w’impunzi z’Abarundi zitari mu Rwanda ahubwo ziri muri Tanzaniya nizindi nyinshi ziri muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo.

Hari kandi n’ibindi bimenyetso byagaragajwe mu nkiko mu Rwanda bya bamwe mu bafatiwe mu mashyamba ya Kongo bari mu mutwe wa P5 wa Kayumba Nyamwasa ukuriye umutwe w’iterabwoba wa RNC bavuze ubufasha bahawe na leta y’u Burundi kugirango bahungabanye umutekano w’u Rwanda, aho twavuga nka Maj (Rtd) Mudathiru ndetse n’abandi bari mu itsinda rye bafatiwe muri Kongo! Ibi kandi byagarutsweho na raporo ry’itsinda ry’impuguke za LONI ko umutwe wa P5/RNC ufite ibikorwa bya gisirikari mu burasirazuba bwa Kongo unyuza abarwanyi n’intwaro mu Burundi ndetse hakaba hari izo bahawe nicyo gihugu.
U Burundi bureke kuba nka wa mwana murizi udatorwa urutozi, aho buteza umutekano muke mu Rwanda hanyuma bukavuga ko aribwo bubangamiwe n’u Rwanda.

2020-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jean Paul Turayishimiye ariyemerera ko yishe umukecuru w’imyaka 70  

Jean Paul Turayishimiye ariyemerera ko yishe umukecuru w’imyaka 70  

Ubwanditsi 12 Jul 2019
Imitego ya Perezida Museveni yo gushyira u Rwanda mu kato iri kumushibukana, u Burundi bwamenye ukuri

Imitego ya Perezida Museveni yo gushyira u Rwanda mu kato iri kumushibukana, u Burundi bwamenye ukuri

Ubwanditsi 10 Jan 2022
Ese koko Ngeze Hassan yaba ari gusabirwa gufungurwa n’Agathe Kanziga?

Ese koko Ngeze Hassan yaba ari gusabirwa gufungurwa n’Agathe Kanziga?

Ubwanditsi 06 Jun 2018
Uwizera Christine Coleman na Sylvia Mukankiko , inkotsa-nkunguzi zarenze ihaniro

Uwizera Christine Coleman na Sylvia Mukankiko , inkotsa-nkunguzi zarenze ihaniro

Ubwanditsi 13 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rwo muri Espagne rwakatiye Lionel Messi igifungo cy’amezi 21
ITOHOZA

Urukiko rwo muri Espagne rwakatiye Lionel Messi igifungo cy’amezi 21

Ubwanditsi 06 Jul 2016
AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya
Amakuru

AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya

Ubwanditsi 29 May 2025
Uganda: Ben Rutabana yabuze mu rukiko, hahanzwe amaso inzira za politiki
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Ben Rutabana yabuze mu rukiko, hahanzwe amaso inzira za politiki

Ubwanditsi 06 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru