• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame arasaba ubufatanye na bagenzi be kugira ngo intego za SDG Center for a Africa zigerweho

Perezida Kagame arasaba ubufatanye na bagenzi be kugira ngo intego za SDG Center for a Africa zigerweho

Ubwanditsi 20 Sep 2016 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yasabye abakuru b’ibihugu bya Afurika gushyigikira icyicaro kizakurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’intego zigamije iterambere rirambye muri Afurika, SDG Center for Africa, biheruka kwemezwa ko icyicaro cyayo gishyirwa mu Rwanda.

Ibi ni bimwe mubyo yagarutseho mu ijambo yagejeje kubari bitabiriye inteko rusange y’umuryango w’abibumbye yabaye kuri 19 Nzeri i New York ahari icyicaro gikuru cy’uyu muryango ari naho iyi nteko rusange iteraniye.

Ni inama yitabiriwe na Perezida Patrice Talon wa Benin, Perezida Filipe Jacinto Nyusi wa Mozambique, Perezida Alpha Conde wa Guinea Conakry, Jeffrey David Sachs uyobora Ikigo cy’Ubushakashatsi cya Earth Institute muri Kaminuza ya Columbia yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Umuherwe Aliko Dangote wo muri Nigeria.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwishimiye kwakira icyicaro cy’icyo kigo kizakurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’intego z’iterambere rirambye muri Afurika, aho yavuze ko yiteguye gukorana na bagenzi be kugira ngo ibyemeranyijweho byose bizashyirwe mu bikorwa.

Ati “Intego Isi ihuriyeho ziza ziyongera ku igenamigambi ry’iterambere ry’ibihugu byacu n’imbaraga Afurika iri gukoresha ngo igere ku iterambere n’ubukungu bidaheza. Twiteguye gukorana bya hafi na mwe mwese, mu gushaka ubushobozi n’ubushake bukenewe, kugira ngo Afurika ibashe kubyaza umusaruro uhagije y’aya masezerano y’ingenzi.’’

-4108.jpg

Perezida Paul Kagame

Perezida Kagame kandi yagarutse ku ruhare rw’ingenzi abaturage ba buri gihugu ndetse n’abikorera bagomba kubigiramo kugira ngo iki kigo kigere ku ntego zacyo.

Ati “Abaturage kubigira ibyabo kandi bakabigiramo uruhare, uburinganire, kuzamura ubufatanye n’abikorera, ikoranabuhanga by’umwihariko umurongo mugari wa Internet, ni ingenzi mu kwihutisha iterambere.’’

“Gusa hari na byinshi tugomba gusangira, ku buryo bukoreshwa mu guteza imbere imibereho y’abaturage bacu. Turashaka kandi kwigiranaho ku buryo bwagiye buhangwa ndetse n’ibyagezweho mu zindi nzego, hamwe n’ibindi bice by’Isi.’’

Umukuru w’Igihugu kandi yanitabiriye inama ku “Kongerera imbaraga ubufatanye hagamijwe kwihutisha iterambere rishingiye ku buzima bwiza bw’abaturage”, yabereye i New York ahateraniye Inteko Rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye.

Muri iyo nama Perezida Kagame yavuze ko igishishikaje u Rwanda muri iki gihe “ari ukongerera ubushobozi abagore, kubashyigikira muri gahunda zirimo uburezi, ubuzima n’ibindi bikorwa bibabyarira inyungu.’’

Aho kandi yanahavugiye ko intambwe u Rwanda rumaze gutera mu guteza imbere umugore atari ubufindo rwakoze, ahubwo ari ibintu n’ikindi gihugu gifite ubushake gishobora gukora.

-4107.jpg

Perezida wa Repubulika Paul Kagame asuhuza Perezida Patrice Talon wa Benin, uheruka mu Rwanda nawe wari witabiriye inama muri Amerika

2016-09-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 24 Feb 2020
RDC: Ramazani Shadary n’inkoramutima 14 za Kabila basabye EU kubakuriraho ibihano

RDC: Ramazani Shadary n’inkoramutima 14 za Kabila basabye EU kubakuriraho ibihano

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Umufaransa Jean-Pierre Lacroix yiyemeje kubera uRwanda “ihwa mu kirenge”, ariko ararushywa n’ubusa

Umufaransa Jean-Pierre Lacroix yiyemeje kubera uRwanda “ihwa mu kirenge”, ariko ararushywa n’ubusa

Ubwanditsi 17 Feb 2024
RDC: Abantu batandatu bamaze kwicirwa mu bikorwa byo kwiyamamaza mu minsi itatu

RDC: Abantu batandatu bamaze kwicirwa mu bikorwa byo kwiyamamaza mu minsi itatu

Ubwanditsi 14 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Liberat Mfumukeko, Umunyamabanga Mukuru wa EAC amaze guhunga ibikorwa byo Kwibuka inshuro enye mu myaka ine amaze ayobora uyu Muryango
INKURU NYAMUKURU

Liberat Mfumukeko, Umunyamabanga Mukuru wa EAC amaze guhunga ibikorwa byo Kwibuka inshuro enye mu myaka ine amaze ayobora uyu Muryango

Ubwanditsi 08 Apr 2020
Abaturage  bitabiriye ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu karere ka Gatsibo
Mu Mahanga

Abaturage bitabiriye ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu karere ka Gatsibo

Ubwanditsi 21 Jan 2016
“Génération Paul Kagame”: Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ruraharanira gutera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda mu guharanira imiyoborere myiza n’imibereho iboneye mu gihugu cyabo.
Amakuru

“Génération Paul Kagame”: Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ruraharanira gutera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda mu guharanira imiyoborere myiza n’imibereho iboneye mu gihugu cyabo.

Ubwanditsi 12 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru