• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Rudasingwa yahishuye uruhare rwe mu bitero bya gerenade byigeze kwibasira Kigali

Rudasingwa yahishuye uruhare rwe mu bitero bya gerenade byigeze kwibasira Kigali

Ubwanditsi 05 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umunyarwanda yabivuze ukuri ngo ‘Igisiga cy’urwara rurerure kimennye inda’. Uwavuga ko uyu mugani wagannye akariho kuri Rudasingwa Théogene, ntiyaba abeshye kuko uyu aherutse kwerura akiyemerera ko yagize uruhare mu bitero bya gerenade byahitanye inzirakarengane mu myaka ya 2010-2014.

Iyi myaka iyo uyivuze hari abasesa urumeza bibutse ibisasu bya gerenade byagiye bihitana abantu abandi bagakomereka ku buryo hari n’abasigiwe ubumuga na byo.

Uruhare rw’umutwe w’iterabwoba wa RNC, washinzwe n’abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, rwagiye rugarukwaho mu manza z’abatawe muri yombi bakurikiranyweho gutera izo gerenade. Urugero ni Nshimiyimana Joseph uzwi nka Camarade wakurikiranyweho uruhare mu bitero bya gerenade byagabwe mu isoko rya Kicukiro tariki 13 Nzeri 2013.

Nshimiyimana icyo gihe yivugiye ko yinjijwe muri ibyo bikorwa na Jean Paul Turayishimiye wari Umuvugizi w’Umutwe w’Iterabwoba (RNC) ndetse ko ari na we wamuhaye amabwiriza n’amafaranga yo kujya kugaba icyo gitero.

Kuri ubu, uru ruhare rwa RNC ntawe ukirushidikanyaho nyuma y’uko uwahoze ari inkingi ya mwamba muri uyu mutwe, Théogène Rudasingwa, yeruye akiyemerera ko ibi bitero babigabye bagamije guhungabanya ubutegetsi bw’u Rwanda.

Rudasingwa yimennye inda mu gikorwa abo mu ishyirahamwe Jambo Asbl ry’urubyiruko rwiyemeje guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi no kuburanira abayikoze ndetse n’abo muri Institut Seth Sendashonga, bari bateguye cyo kunamira Kizito Mihigo wiyahuye kuwa 17 Gashyantare 2020.

Théogène Rudasingwa yabaye Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Umuyobozi mu Biro bya Perezida wa Repubulika.

Abazi ibye neza bamwibukira ku buriganya mu iyubakwa ry’ibikorwa remezo bikomeye birimo na Hotel Intercontinental (Serena tubona ubu), icyo gihe ifaranga ryaratikiriye karahava abigizemo uruhare.

Yari ageze ku kigero cyo kwandika imitungo ku bantu batari bo, byigeze no gutuma afungwa, acitse umunyururu, nawe ayabangira ingata.

Rudasingwa yavuze ko mu gushinga RNC bashakaga guhuza abantu benshi b’ingeri zose, kuko bumvaga bakeneye gushyiraho ikintu cyagira ingufu zahubanganya ubuyobozi bw’u Rwanda burangajwe imbere na Perezida Kagame.

Ati “Turi muri RNC nagize uruhare rwo gushyiraho ikintu cyagira ingufu kigahungabanya ubutegetsi bwa Kagame, twashatse abantu benshi, dufatanyije na FDU-Inkingi, kandi mubyibuke neza mu mwaka 2011, 2012…byagize ingaruka ubutegetsi bwa Kagame bwarahungabanye”.

Iyi myaka ya 2011, 2012…ni yo muri Kigali n’ahandi hagabwe ibitero bya gerenade.

Mu ntangiriro, ibisasu bya gerenade byatewe ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Kigali, ruri ku Gisozi, biterwayo inshuro eshatu zose. Uretse aha, tariki ya 19 Gashyantare 2010, mu Mujyi wa Kigali hatewe gerenade eshatu ahagana mu ma saa mbili z’joro.

Izi gerenade zatewe mu bice bitatu bitandukanye bihurirwamo n’abantu benshi, zahitanye abantu babiri, abagera kuri 30 barakomereka, batanu muri bo bakomereka ku buryo bukabije.

Hari iyatewe ahazwi nko Kwa Rubangura, hakaba icyo gihe hari hagitegerwa imodoka zerekeza Kimironko, indi iterwa ahitwaga Chez Venant, ahategerwaga tagisi zerekeza mu byerekezo bitandukanye by’umujyi, iya gatatu yatewe muri gare nini ya Nyabugogo hahurirwa n’abantu benshi.

Hari kandi nk’izatewe Kimironko, ku Gitega, Kicukiro Centre n’izindi zatewe no mu ntara mu turere twa Nyamagabe, Gisagara, Muhanga, Huye na Rubavu.

Kuva muri Werurwe 2010, kugera muri Mutarama 2013, inzego z’iperereza zashoboye guta muri yombi abagera kuri 30 bakekwagaho kuba bafite uruhare cyangwa aho bahuriye n’ibi bikorwa.

Ubutabera bwaratanzwe bamwe bakatirwa igifungo cya burundu, abandi bahanishwa igifungo cy’imyaka itandukanye.

Irondabwoko mu bikomeje gushegesha abatavuga rumwe n’ubutegetsi

Rudasingwa yavuze ko irondabwoko mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda rikomeje kuyashegesha, aho usanga hakorwa amashyaka y’abatutsi, ay’abahutu.

Ati “Umbajije ngo opozisiyo ubu mumeze mute nakubwira ngo ubu opozisiyo turi mu mwanya w’imbaraga nke ahubwo yaba byashobokaga hari ikintu mu gisirikare iyo watsinzwe, ugapfusha abantu benshi, umusozi wari uriho bakawukuvanaho ukora icyo bita ‘reorg’ [kwisuganya]”.

Rudasingwa avuga ko mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bananiwe kubwizanya ukuri, iki kikaba nacyo kiri mu bikomeje kubasenya ijoro n’umunsi.

Ati “Dushoboye gukemura ikibazo cyo kubwizanya ukuri…tutareba ngo aba ni abahutu, abatutsi, abameze bate…ni cyo cyatunaniye, nicyo gituma RNC yarasenyutse, FDU ijya mu bibazo na yo”.

RNC Rudasingwa avuga ko yasenyutse, abayishinze bavugaga ko ari ihuriro ry’abanyarwanda rigamije impinduka mu Rwanda binyuze mu nzira z’amahoro. Ijya gushingwa, yari irangajwe imbere n’abagabo bane.

Abo ni Théogène Rudasingwa, Kayumba Nyamwasa, Gérald Gahima, na Patrick Karegeya nibo bari ku ruhembe rw’ishingwa rya RNC mu 2010, umugambi wabo bawunogereza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, batangira ibikorwa ubwo.

Kugeza ubu ariko uyu mutwe uyobowe na Kayumba Nyamwasa uri mu marembera n’umwiryane udashira ukomeje gutuma abari inkingi za mwamba zawo bawuvamo ubutitsa abandi bakirukanwa.

2020-03-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabire Victoire na Jambo asbl nta somo batanga k’ubumwe bw’Abanyarwanda kuko nibo babusenya

Ingabire Victoire na Jambo asbl nta somo batanga k’ubumwe bw’Abanyarwanda kuko nibo babusenya

Ubwanditsi 08 Sep 2021
Uganda : Abambari ba RNC, Pasiteri Busigo Christopher na Frank Ruhinda kwihisha inyuma y’ifungwa ry’abayoboke ba ADEPR mu Rusengero

Uganda : Abambari ba RNC, Pasiteri Busigo Christopher na Frank Ruhinda kwihisha inyuma y’ifungwa ry’abayoboke ba ADEPR mu Rusengero

Ubwanditsi 26 Jul 2019
Perezida Kagame yagaragaje ko AU ikwiye umwanya mu bikorwa bya G20

Perezida Kagame yagaragaje ko AU ikwiye umwanya mu bikorwa bya G20

Ubwanditsi 01 Dec 2018
Bamwe mu batanze ubuhamya bushinja mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Arusha barahabwa ruswa ngo bahindure imvugo, bityo abajenosideri bagirwe abere

Bamwe mu batanze ubuhamya bushinja mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Arusha barahabwa ruswa ngo bahindure imvugo, bityo abajenosideri bagirwe abere

Ubwanditsi 11 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Menya umwirondoro wa Brig Gen Leopold Mujyambere umwe mu basirikari bakuru ba FDLR berekanwe na RIB nyuma yo gufatirwa muri Kongo
INKURU NYAMUKURU

Menya umwirondoro wa Brig Gen Leopold Mujyambere umwe mu basirikari bakuru ba FDLR berekanwe na RIB nyuma yo gufatirwa muri Kongo

Ubwanditsi 19 Jul 2020
Diamond Yasobanuye Ibikomeje Kumuvugwaho ko Yateye Inda Hamisa Umukobwa Wagaragaye Mu Mashusho ye ya Salome
SHOWBIZ

Diamond Yasobanuye Ibikomeje Kumuvugwaho ko Yateye Inda Hamisa Umukobwa Wagaragaye Mu Mashusho ye ya Salome

Ubwanditsi 24 Jun 2017
Antoine Hey yatangaje 11 babanza mu kibuga  Amavubi acakirana na Sudani kuri uyu wa gatandatu
IMIKINO

Antoine Hey yatangaje 11 babanza mu kibuga Amavubi acakirana na Sudani kuri uyu wa gatandatu

Ubwanditsi 06 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru