• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Kapiteni wavuye ku rugerero yanditse igitabo kiva imuzingo inzitane Inkotanyi zanyuzemo zibohora u Rwanda

Kapiteni wavuye ku rugerero yanditse igitabo kiva imuzingo inzitane Inkotanyi zanyuzemo zibohora u Rwanda

Ubwanditsi 07 Mar 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umusirikare w’u Rwanda wavuye ku rugerero yasohoye igitabo kigaragaza inzira ndende y’inzitane, Inkotanyi zanyuzemo zikabohora Igihugu cyari cyarokamwe n’akaga gashingiye ku ivangura n’irondabwoko.

Rtd Capt Ndahiro Logan winjiye urugamba rwo kubohora igihugu afite imyaka 39, avuga ko impamvu yanditse iki gitabo ari ukugira ngo urubyiruko ndetse n’abandi bantu batandukanye basobanukirwe n’ibyaranze urwo rugamba.

Avuga ko amateka y’uru rugamba atakunze kwandikwaho cyane, ahubwo abantu benshi bakaba baranditse kuri Jenoside yakorewe Abatutsi kandi urugamba rwo kubohora igihugu ari rwo rwayihagaritse.

Mu kiganiro IGIHE dukesha iyi nkuru   Rtd. Cpt Ndahiro, ashimangira ko kuba yarabaye ku rugamba, bituma ava imuzingo ibyarubereyeho, nk’umuntu wabibonesheje amaso.

Agira ati “Ni ngombwa ko tugira amateka y’urugamba rwacu n’inzirabwoba (Inkotanyi n’Inzirabwoba). Kuko ni ibintu tugomba kubika kandi tukabibika neza, abana bacu bakazakura babisoma babizi, bazi ubutwari Inkotanyi zagize, bazi n’amayeri zakoresheje zigahagarika Jenoside zigatsinda urugamba. Noneho nkumva ari ngombwa nk’umuntu wabaye ku rugamba ubwanjye kuko n’ibyo nanditse byose ubwanjye ni ko nabibayemo. Nta ntambara uzasoma muri icyo gitabo ntarwanye kereka iya bariya basirikare bacu 600 bagiye i Kigali ni ho ntari ndi.”

Ni igitabo kiri mu Kinyarwanda, cyitwa Inzira y’Inzitane yo Kwibohora kw’Abanyarwanda, gifite amapaji 113, umwanditsi wacyo ahamya ko inyigisho ikirimo urubyiruko rw’ubu niruzumva ruzamenya ubutwari ndetse rugakurizamo kugira umutima wo gukunda igihugu.

Ndahiro avuga ko yinjiye urugamba tariki ya 5 Ukwakira 1990, mu gihe rwari rwatangiye tariki ya Mbere z’uko kwezi. Akigera Kagitumba ngo yasanze abasirikare benshi bakomeretse ariko bamuremamo ingufu bamubwira ko atagomba gucika intege ahubwo we na bagenzi be bazakomeze barwane n’umwanzi.

Ati “Icyo kintu ndacyibuka, abana bakomeretse babimbwira bati ‘mwirinde kugaruka inyuma basha!’ N’ubwo bari hasi bamugaye. Nanjye rero ngeze ku rugamba naravuze nti ariko igihe nabereye impunzi imyaka mirongo ingahe, nari ntarakandagira ku butaka bw’u Rwanda, nabukandagiyeho numva ngize icyizere ndavuga nti mpaka turwane n’uyu mugabo […] Kuko nabonaga byose bishoboka. Numvaga mfite iryo shyaka nkavuga nti reke tugaruke iwacu, reka dutahe twe kuguma gucunaguzwa n’ibihugu twahungiyemo, twe kuguma mu bukene twarimo, twe kuguma kuba impunzi, icyo gisebo.”

Mu rugamba rwose rwo kubohora Igihugu, uyu mwanditsi avuga ko icyamubabaje cyane ari urupfu rw’uwari Umugaba w’Ingabo, Maj. Gen. Fred Gisa Rwigema n’abandi basirikare bakuru, barashwe mu minsi ya mbere.

Gusa akavuga ko yashimishijwe cyane no kuba Umugaba Mukuru mushya, Gen. Maj. Kagame Paul yaragaragaje ubuhanga n’ubunararibonye butagereranywa kugeza urugamba barutsinze.

Ati “Twari dufite umuyobozi, twari dufite Paul Kagame, ni umuntu udasanzwe buriya, n’aho twabaga hose twabaga turi kumwe, atugira inama. Twajya gutera akabona amakuru y’ubutasi amubwira ngo umwanzi ameze atya ameze atya. Akaduha amabwiriza ati ‘niba ameze atya muramurasa gutya, twabaga turi hamwe na we’, ibyo na byo bikadutera ishyaka, kuko twabaga twicaranye na we.”

Incamake y’iki gitabo

Iki gitabo kiragaragaza ubuzima bubi Abatutsi bari barameneshejwe mu Rwanda babagamo mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda. Bikagera aho bishyira hamwe bagafata icyemezo cyo gutaha ku ngufu mu rwababyaye.

Kirerekana kandi uburyo Umuryango RPF Inkotanyi washinzwe, ndetse n’uko urugamba rwo kubohora Igihugu rwatangiye n’uburyo Inkotanyi zahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umwanditsi agaragaza ko igihe Inkotanyi zateraga mu Mutara, mu ntagiriro z’urugamba, umwanzi yari afite ingufu nyinshi ariko ntibizibuze gukora iyo bwabaga zigahangana na zo.

Hari aho agaragaza ubuhanga bw’Umugaba Mukuru w’Ingabo muri icyo gihe, aho yanafashe umwanzuro wo gufata ingabo zimwe akazohereza mu Birunga.

Ati “Nagira ngo mvuge ko nta gitero RPA yakoraga Umugaba Mukuru w’Ingabo atabanje kubona raporo y’ubutasi, ikindi, atabanje kureba, akurikije raporo yabonye niba abasirikare be batazahatakiriza ubuzima. Kugira ngo atwemerere gutera ni uko yabaga yashishoje akurikije ibyo yabonye muri raporo. Ni ikintu yazirikanaga iteka kuva dutangiye intambara kugeza irangiye.”

Hari aho umwanditsi avuga imbeho ikabije yo mu birunga agira ati“Nijoro twarotaga, wakotesha uruhande rw’imbere inyuma mu mugongo hakaba amazi ubwo ugahindukira kugira ngo woteshe n’umugongo, imbere na ho hakaba harakonje, ukongera ugahindukira nturyame. Mu Birunga ariko twahagiriye n’ibihe byiza kuko nta mwanzi wari uzi aho turi , nta n’uwashoboraga kutubona kuko urugano rwari rudutwikiriye. Twakoraga imyotozo ya gisirikare, mu mutuzo, nta ndege zirirwaga zituzenguruka hejuru nk’uko byari bimenze mu Mutara…”

Iki gitabo kirerekana aho Inkotanyi zarwaniye hose, haba mu Mutara, mu Mujyi wa Ruhengeri aho zafunguye gereza yarimo imfungwa 1600, urugamba rwabereye i Byumba, mu Mujyi wa Kigali ndetse n’ahandi.

Rtd Capt Ndahiro avuga ko iki gitabo ateganya no kugishyira mu rurimi rw’Icyongereza mu rwego rwo gusangiza buri wese aya mateka. Kuri ubu iki gitabo kikaba kigurishirizwa mu maguriro y’ibitabo, harimo irya Caritas ndetse na Ikirezi.

Iki gitabo kiva imuzi ibihe byaranze Inkotanyi mu rugamba rwo kubohora igihugu

Kiboneka mu masomero atandukanye mu Mujyi wa Kigali harimo irya Caritas na Ikirezi


2018-03-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi – Uganda: magendu no kunyereza amafranga ya leta hagati ya Museveni na Nkurunziza, umusaraba k’umutekano w’Africa muri rusange

Burundi – Uganda: magendu no kunyereza amafranga ya leta hagati ya Museveni na Nkurunziza, umusaraba k’umutekano w’Africa muri rusange

Ubwanditsi 16 Sep 2018
– Akumiro!  Uganda yahindutse intara ya RNC

– Akumiro! Uganda yahindutse intara ya RNC

Ubwanditsi 22 Nov 2019
Umuryango wa Mageza wishwe n’iyicarubozo rya Uganda wasabye u Rwanda kuwufasha kugarura umurambo we

Umuryango wa Mageza wishwe n’iyicarubozo rya Uganda wasabye u Rwanda kuwufasha kugarura umurambo we

Ubwanditsi 11 Feb 2020
Hahishuwe uburyo Museveni avugana na Himbara amushyigikira mu bikorwa bihungabanya u Rwanda

Hahishuwe uburyo Museveni avugana na Himbara amushyigikira mu bikorwa bihungabanya u Rwanda

Ubwanditsi 24 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Robert Mugabe yirukanwe n’ishyaka rye ku buyobozi bwaryo
Mu Mahanga

Perezida Robert Mugabe yirukanwe n’ishyaka rye ku buyobozi bwaryo

Ubwanditsi 19 Nov 2017
Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025
Amakuru

Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025

Ubwanditsi 12 May 2025
Kenya: Odinga yivanye mu matora bitunguranye
Mu Mahanga

Kenya: Odinga yivanye mu matora bitunguranye

Ubwanditsi 10 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru