Urukiko rwa Rubanda rwa Paris (Cour d’Assises de Paris) rwahamije Dr Eugène Rwamucyo ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rumukatira igifungo cy’imyaka 27. Ni umwanzuro wafashwe nk’intambwe ikomeye mu rugendo rwo guha ubutabera abarokotse Jenoside no gukomeza guhangana n’umuco wo kudahana.
Uyu mwanzuro usoje imyaka myinshi y’urubanza rwakurikiranywe n’abarokotse Jenoside, imiryango y’abishwe ndetse n’abaharanira ko abakekwaho uruhare muri Jenoside baryozwa ibyo bakoze, aho bari hose ku isi.
Urukiko ntirwemeye ibisobanuro bye
Mu iburanisha, Dr Rwamucyo yahakanye ibyaha byose yashinjwaga. Yavuze ko nta Batutsi bishwe muri Centre Universitaire de Santé Publique (CUSP) yayoboraga cyangwa muri CHUB i Butare, ndetse anavuga ko abaganga batagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri ako karere.
Icyakora, urukiko rwasesenguye ibimenyetso byinshi n’ubuhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya batandukanye, maze rusanga ibyo birego bifite ishingiro.
Mu batangabuhamya bumviswe harimo n’abahoze bakorana na Dr Rwamucyo, abarokotse Jenoside ndetse n’abanyamahanga bakoreraga mu Butare mu gihe cya Jenoside.
Ibimenyetso byagaragaje uruhare rwe
Mu rubanza hagaragajwe ko muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abakozi benshi b’ibigo by’ubuzima byo mu Butare ndetse n’abarwayi b’Abatutsi bishwe. Hagaragajwe kandi ko nyuma ya Jenoside hakusanyijwe amazina y’abakozi n’abarwayi b’Abatutsi bishwe muri CHUB, barenga 80, bakaba buri mwaka bibukwa muri icyo kigo.
Ubuhamya bwatanzwe n’abakoraga muri Médecins Sans Frontières bwerekanye ko hagati y’abantu 150 na 200, barimo abakozi n’abarwayi b’Abatutsi, bakuwe mu bitaro bakicwa n’interahamwe, abasirikare n’abari basanzwe bakorana na bo.
Abaganga n’abandi bakozi b’ubuzima na bo bagize uruhare muri Jenoside
Urubanza rwagaragaje ko mu Mujyi wa Butare, inkiko Gacaca zahanishije abaganga, abaforomo n’abandi bakozi b’ubuzima benshi bazira uruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ibyo byahakanye imvugo ya Dr Rwamucyo yavugaga ko nta muganga cyangwa umukozi wo mu rwego rw’ubuzima wagize uruhare muri Jenoside.
Jenoside ntiyasize Gatonde
Urukiko rwumvise kandi ibimenyetso bihinyuza indi mvugo ya Rwamucyo yavugaga ko Jenoside itabaye mu Murenge wa Gatonde, aho akomoka, kubera ko ngo nta Batutsi bahabaga.
Abatangabuhamya n’inyandiko zashyikirijwe urukiko zagaragaje ko Abatutsi bahabaga bishwe kuva muri Mata 1994, bakicirwa ahantu hatandukanye harimo ku biro bya Sous-préfecture ya Busengo, kuri Paruwasi ya Janja, no mu nzuzi za Mukungwa na Nyabarongo.
Intambwe ikomeye mu kurwanya kudahana
Abakurikiranye uru rubanza bavuga ko uru rubanza rwongeye kwerekana ko Jenoside ari icyaha kidasaza kandi ko ababigizemo uruhare bashobora kubibazwa aho bari hose ku isi.
Mu myaka ishize, inkiko zo mu Bufaransa zakomeje kuburanisha no guhamya ibyaha abantu bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bari barahungiyeyo, bikaba biri mu ishyirwa mu bikorwa ry’ihame mpuzamahanga ryo guhana ibyaha bya Jenoside.
Nubwo igihano kidashobora gusubiza ubuzima bw’abazize Jenoside cyangwa gukuraho intimba y’abarokotse, umwanzuro wafashwe n’Urukiko rwa Paris ufatwa nk’ikimenyetso cy’uko ubutabera bukomeza kugera ku bakoze Jenoside, n’iyo haba hashize imyaka irenga 30 nyuma y’ibyaha bakoze.




