• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Paul Biya yatorewe indi manda nyuma y’imyaka 35 ayobora Cameroon

Paul Biya yatorewe indi manda nyuma y’imyaka 35 ayobora Cameroon

Ubwanditsi 24 Oct 2018 POLITIKI

Paul Biya yatorewe kuyobora Cameroon muri manda ya karindwi, atsinda amatora ku majwi 71.28%.

Kuri uyu wa Mbere nibwo akanama gashinzwe iremezo ry’Itegeko nshinga katangiye gutangaza ibyavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika muri Cameroun.

Mu majwi yashyizwe ahagaragara mu byiciro, Akarere ku kandi mu tugize iki gihugu, Paul Biya ufite imyaka 85 y’amavuko akaba amaze imyaka 35 ayobora Cameroun, yaje imbere ku buryo budasubirwaho.

Biya yatsinze mu ntara 6 muri 7 amatora yamaze kubarurwamo.

Uwari uhanganye na Paul Biya wari uherutse kwigamba intsinzi, Maurice Kamto, yisanze afite amajwi 14.2%, aza ku mwanya wa kabiri mu gihe abandi bari inyuma cyane.

Kuva mu 1985 Paul Biya n’Ishyaka rye RDPC bayoboye iki gihugu, aho bivugwa ko amayira yose yatuma Biya atsimbuka ku butegetsi yugariye.

Ibyemejwe n’Akanama gashinzwe iremezo ry’Itegeko nshinga bije nyuma y’ibyumweru bibiri kagejejweho ikirego cy’uko muri ayo matora habaye uburiganya. Ibyatangajwe kuri uyu wa Mbere byemeza bidasubirwaho ko Biya ariwe watsinze amatora.

Inzego z’umutekano zazindutse ziryamiye amajanja ku mazu y’ubutegetsi, nyuma y’uko hari abari batangiye gukangisha ku mbuga nkoranyambaga ko Paul Biya natsinda biroha mu mihanda, nk’uko AFP dukeha iyi nkuru ibitangaza.

Hari ubutumwa bugufi kandi bwageraga kuri buri wese utuye i Yaoundé, umurwa mukuru wa Cameroun, buburira buri wese kutegera ahabujijwe.

Ibi kandi byanabaye ku Cyumweru mu mujyi wa Douala, aho umwe mu ntumwa za rubanda utavuga rumwe n’ubutegetsi yahamagariye abantu kwamagana ibyavuye mu matora, ariko nawe agahakanirwa muri ubwo buryo.

Mu gihe aya majwi yasomwaga, mu mujyi mukuru w’intara y’amajyepfo ashyira uburengerazuba humvikanye urusaku rw’amasasu.

Aka gace gakunze kurangwamo amakimbirane hagati y’abavuga icyongereza bigometse bakunze gucakirana n’igisirikare cya Leta.

Muri ako gace, abaturage basaga ibihumbi 300 bataye ingo zabo.

Amatora yo muri Cameroun yaranzwemo kuba abayahatanagamo barakunze kwitanguranwa batanga ibyayavuyemo imburagihe, ikindi gihe bakemeza ko yabayemo uburiganya budasanzwe.

2018-10-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi

Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi

Ubwanditsi 14 Feb 2025
Umusore ufite inkomoko mu Rwanda yatorewe kuba Umudepite mu Bufaransa

Umusore ufite inkomoko mu Rwanda yatorewe kuba Umudepite mu Bufaransa

Ubwanditsi 19 Jun 2017
AU yemeje gukosora inyito yakoreshaga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

AU yemeje gukosora inyito yakoreshaga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 03 Jul 2018
Jean Pierre Bemba yiyemeje gusubira muri Congo, aburira Perezida Kabila

Jean Pierre Bemba yiyemeje gusubira muri Congo, aburira Perezida Kabila

Ubwanditsi 26 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasabye abakinnyi ba Police FC  intsinzi mu irushanwa nyafurika
Mu Mahanga

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasabye abakinnyi ba Police FC intsinzi mu irushanwa nyafurika

Ubwanditsi 19 Mar 2016
Mozambique: Louis Baziga yarusimbutse
ITOHOZA

Mozambique: Louis Baziga yarusimbutse

Ubwanditsi 30 Mar 2016
Noble Marara, bwa kabiri yongeye kubeshyera u Rwanda ko rushaka kumwica
ITOHOZA

Noble Marara, bwa kabiri yongeye kubeshyera u Rwanda ko rushaka kumwica

Ubwanditsi 15 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru