• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Paul Biya yatorewe indi manda nyuma y’imyaka 35 ayobora Cameroon

Paul Biya yatorewe indi manda nyuma y’imyaka 35 ayobora Cameroon

Ubwanditsi 24 Oct 2018 POLITIKI

Paul Biya yatorewe kuyobora Cameroon muri manda ya karindwi, atsinda amatora ku majwi 71.28%.

Kuri uyu wa Mbere nibwo akanama gashinzwe iremezo ry’Itegeko nshinga katangiye gutangaza ibyavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika muri Cameroun.

Mu majwi yashyizwe ahagaragara mu byiciro, Akarere ku kandi mu tugize iki gihugu, Paul Biya ufite imyaka 85 y’amavuko akaba amaze imyaka 35 ayobora Cameroun, yaje imbere ku buryo budasubirwaho.

Biya yatsinze mu ntara 6 muri 7 amatora yamaze kubarurwamo.

Uwari uhanganye na Paul Biya wari uherutse kwigamba intsinzi, Maurice Kamto, yisanze afite amajwi 14.2%, aza ku mwanya wa kabiri mu gihe abandi bari inyuma cyane.

Kuva mu 1985 Paul Biya n’Ishyaka rye RDPC bayoboye iki gihugu, aho bivugwa ko amayira yose yatuma Biya atsimbuka ku butegetsi yugariye.

Ibyemejwe n’Akanama gashinzwe iremezo ry’Itegeko nshinga bije nyuma y’ibyumweru bibiri kagejejweho ikirego cy’uko muri ayo matora habaye uburiganya. Ibyatangajwe kuri uyu wa Mbere byemeza bidasubirwaho ko Biya ariwe watsinze amatora.

Inzego z’umutekano zazindutse ziryamiye amajanja ku mazu y’ubutegetsi, nyuma y’uko hari abari batangiye gukangisha ku mbuga nkoranyambaga ko Paul Biya natsinda biroha mu mihanda, nk’uko AFP dukeha iyi nkuru ibitangaza.

Hari ubutumwa bugufi kandi bwageraga kuri buri wese utuye i Yaoundé, umurwa mukuru wa Cameroun, buburira buri wese kutegera ahabujijwe.

Ibi kandi byanabaye ku Cyumweru mu mujyi wa Douala, aho umwe mu ntumwa za rubanda utavuga rumwe n’ubutegetsi yahamagariye abantu kwamagana ibyavuye mu matora, ariko nawe agahakanirwa muri ubwo buryo.

Mu gihe aya majwi yasomwaga, mu mujyi mukuru w’intara y’amajyepfo ashyira uburengerazuba humvikanye urusaku rw’amasasu.

Aka gace gakunze kurangwamo amakimbirane hagati y’abavuga icyongereza bigometse bakunze gucakirana n’igisirikare cya Leta.

Muri ako gace, abaturage basaga ibihumbi 300 bataye ingo zabo.

Amatora yo muri Cameroun yaranzwemo kuba abayahatanagamo barakunze kwitanguranwa batanga ibyayavuyemo imburagihe, ikindi gihe bakemeza ko yabayemo uburiganya budasanzwe.

2018-10-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

PS Imberakuri ishobora kurega Ntaganda wayiyitiriye mu kibazo cya Ingabire Victoire

PS Imberakuri ishobora kurega Ntaganda wayiyitiriye mu kibazo cya Ingabire Victoire

Ubwanditsi 20 Sep 2018
Amananiza Theodor Meron yashyize ku Rwanda agambiriye kurekura Ngeze na bagenzi be

Amananiza Theodor Meron yashyize ku Rwanda agambiriye kurekura Ngeze na bagenzi be

Ubwanditsi 29 May 2018
Besigye yanenze umunyamakuru wavuze ko pasiporo yahawe Mukankusi wo muri RNC ari impimbano

Besigye yanenze umunyamakuru wavuze ko pasiporo yahawe Mukankusi wo muri RNC ari impimbano

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Uganda: Abadepite bashyigikiye kuvugurura itegeko nshinga bahawe abarinzi barinda perezida

Uganda: Abadepite bashyigikiye kuvugurura itegeko nshinga bahawe abarinzi barinda perezida

Ubwanditsi 20 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’intebe Dr Ngirente yavuze ko nta we Leta yahatira kubyara abana runaka
POLITIKI

Minisitiri w’intebe Dr Ngirente yavuze ko nta we Leta yahatira kubyara abana runaka

Ubwanditsi 26 Jul 2018
Habura amasaha make ngo hatangazwe abakandida ndakuka mu matora ya FERWAFA, Gacinya yangiwe kwiyamamaza
Amakuru

Habura amasaha make ngo hatangazwe abakandida ndakuka mu matora ya FERWAFA, Gacinya yangiwe kwiyamamaza

Ubwanditsi 14 Jun 2023
Minisiteri y’abakozi yatanze konji y’umunsi mukuru wa Eid – El- Fitr
Mu Rwanda

Minisiteri y’abakozi yatanze konji y’umunsi mukuru wa Eid – El- Fitr

Ubwanditsi 15 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru