• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Jean Pierre Bemba yiyemeje gusubira muri Congo, aburira Perezida Kabila

Jean Pierre Bemba yiyemeje gusubira muri Congo, aburira Perezida Kabila

Ubwanditsi 26 Jul 2018 POLITIKI

Jean Pierre Bemba, Umunyapolitiki uherutse kugirwa umwere n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC), yatangaje ko tariki ya Mbere Kanama azasubira mu gihugu cye cya Repubilika Iharanira Demokarasi ya Congo gutanga kandidatire mu matora ya Perezida ateganyijwe mu Ukuboza uyu mwaka.

Bemba ari mu Bubiligi nyuma yo kugirwa umwere na ICC mu kwezi gushize.

Mu kiganro n’abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri, uyu mugabo wahoze ari Visi Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yavuze ko vuba aha azasubira mu gihugu cye.

Yagize ati “Ndifuza kugera i Kinshasa tariki ya 1 Kanama mu gitondo. Namenyesheje abayobozi ndetse na Loni igihe nzahagerera.”

Bemba w’imyaka 55 ni we washinze umutwe MLC (Mouvement de Libération du Congo) waje guhindukamo ishyaka ari naryo aziyamamaza ahagarariye.

Yavuze ko uretse amatora, azajya no kureba igituro cya se witabye Imana ari mu buroko.

Ati “Hari n’izindi mpamvu zijyanye n’umuryango zizatuma ngenda harimo no kureba ahashyinguwe data no gutanga kandidatire ku mwanya wa Perezida.”

Amatora ya Perezida agamije gushaka uzasimbura Joseph Kabila utemerewe n’Itegeko Nshinga kongera kwiyamamaza nubwo nta gihamya ko atazabikora.

Jeune Afrique yatangaje ko Bemba yavuze ko Kabila aramutse yongeye kwiyamamaza yaba ashakira ibyago Congo.

Ati “Itegeko Nshinga rirahari, niriramuka ritubahirijwe bizaba ari ibyago ku gihugu.”

Yasabye abatavuga rumwe na Leta kwishyira hamwe ndetse byaba na ngombwa bagatanga umukandida umwe. Yavuze ko yifuza kubiganira na mugenzi we Moise Katumbi utavuga rumwe na Leta uri mu buhungiro.

Yagize ati “Niba dushaka impinduka, hakenewe umukandida umwe uhagararira abatavuga rumwe na Leta. Nzashyigikirra uwo ari we wese uzahagararira inyungu z’abatavuga rumwe na Leta.”

Uyu mugabo wari umaze igihe muri gereza yavuze ko azanye inyandiko y’amapaji 200 ikubiyemo imigabo n’imigambi yo kuzahura Congo haba mu burezi, mu bukungu, ubuzima n’ibindi.

Bemba yagizwe umwere na ICC nyuma yo guhamywa ibyaha mu mwaka wa 2016 byakorewe muri Centrafrique n’inyeshyamba yari ayoboye mu myaka ya 2000.

2018-07-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yasabye ko ibyaha byo guhohotera abana bizamurirwa ibihano

Perezida Kagame yasabye ko ibyaha byo guhohotera abana bizamurirwa ibihano

Ubwanditsi 05 Nov 2019
” Ushaka inshuti itazagutererana mu mahina, hitamo Paul Kagame, umunyabushishozi ntagereranywa”- Andrew Mwenda.

” Ushaka inshuti itazagutererana mu mahina, hitamo Paul Kagame, umunyabushishozi ntagereranywa”- Andrew Mwenda.

Ubwanditsi 12 Aug 2024
Meya w’umujyi wa Paris wo mu Bufaransa, Anne Hidalgo yasabye Polisi gukumira igitaramo cya Maître Gims

Meya w’umujyi wa Paris wo mu Bufaransa, Anne Hidalgo yasabye Polisi gukumira igitaramo cya Maître Gims

Ubwanditsi 26 Mar 2025
Perezida Zuma yanze kwegura

Perezida Zuma yanze kwegura

Ubwanditsi 14 Feb 2018

Igitekerezo kimwe

  1. MAOMBI jOHN
    July 26, 20183:32 pm -

    NONE SE MURI IBYO MUVUZE NI IKIHE YABURIYE KABILA? CYANGWA NI IBYIFUZO BYANYU MURI GUTANGAZA NKUKO MUHORA MUBIGIRA?????

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police FC itsinze Rayon Sports 4-2, Marines irwana no kuva mu myanya mibi yihererana Musanze FC – Uko imikino y’umunsi wa 25 yagenze
Amakuru

Police FC itsinze Rayon Sports 4-2, Marines irwana no kuva mu myanya mibi yihererana Musanze FC – Uko imikino y’umunsi wa 25 yagenze

Ubwanditsi 01 Apr 2023
Igitekerezo cy’umusomyi ku  nkuru y’ Ambassadeur Eugene Gasana
ITOHOZA

Igitekerezo cy’umusomyi ku nkuru y’ Ambassadeur Eugene Gasana

Ubwanditsi 18 Aug 2016
Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira
Amakuru

Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira

RUSHYASHYA 03 Dec 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru