• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kagame yasobanuye uburyo yagiriwe inama yo kuyobora nka Putin w’u Burusiya

Kagame yasobanuye uburyo yagiriwe inama yo kuyobora nka Putin w’u Burusiya

Ubwanditsi 01 Nov 2017 Mu Rwanda

Umukuru w’Igihugu aravuga uburyo yagiriwe inama yo kuva ku butegetsi agakomeza gufasha uwamusimbuye, ariko nyuma akazongera kuba Perezida.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabitangarije mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 21 y’umuryango Unity Club Intwararumuri.

Yasobanuye uburyo hari abazungu bigeze kumubwira ko akwiye kuva ku butegetsi akabuha undi muntu ariko ngo hashira igihe akazongera akaba Perezida. Aho ngo bamubwiraga ko akwiye kubikora nk’uko Perezida w’u Burusiya Vradimir Putin yabikoze.

Abo bazungu ngo bamugiriye iyi nama igira iti “Ese ntiwava ku butegetsi, ugaha undi muntu akayobora ariko ukazajya uba ari wowe uyobora ariko utagaragara. Hashira igihe ukazagaruka ukongera ukayobora.”

Perezida Kagame avuga ko yahise abwira abo bazungu ngo iyo nama arayakiriye ahita ababaza ngo niba nta yindi nama ya kabiri bamugira.

Ngo banamuhaye amazina ya bamwe mu bayobozi bagakwiye kumusimbura, ariko ngo akazajya abaha amabwiriza y’ibyo bakora, nyuma akazongera kugaruka ku butegetsi.

Nyuma yo kumva izo nama yagiriwe, Perezida Kagame yababajije ni ba nta yindi nama ya gatatu bamuha, ntibagira iyo bamugira.

Yagize ati “Narababwiye nti, mwampaye amahitamo abiri, murambwira kugira uwo nigana, mukanambwira ngo nishakire unsimbura noneho njye muha amabwiriza agomba kugenderaho. Kandi mwe murabyemera, kandi mwebwe muvuga ko muri aba mbere muri demukarasi kandi ari namwe muyitwigisha, demukarasi ni uko muyikora? Noneho mukaba ari mwe munampitiramo abazansimbura? Ese ni uko iwanyu mukora muri demukarasi? Iyo ni yo demukarasi mushaka kutwigisha?”

Perezida Kagame avuga ko abazungu badatekereza ku Rwanda ahubwo batekereza ku bayobozi barwo gusa bagamije uburyo babakoresha uko bishakiye.

Ati “Ntabwo iri igihugu nk’u Rwanda, ntabwo ari abanyarwanda, bakubwira demukarasi, bakakubwira uburenganzira bwa muntu, bakakubwira iki ariko ntabwo bajya batekereza abaturage. Ibyo ni byo bakora mu by’ukuri. Batekereza inyungu zabo gusa, inyungu bakura mu gukoresha abayobozi b’ibihugu. Uko ni ko kuri guhari, nta kindi kitari icyo.”

Avuga ku matora Perezida Kagame yavuze ko ibyabaye ari abanyarwanda babikoze, aho ngo nta n’undi ukwiye kubagira inama y’icyo bakwiye gukora.

Yanavuze ku muryango HRW uharanira uburenganzira bwa muntu uhora ushinja u Rwanda kutubahiriza uburenganzira bw’abantu, avuga ko we ubwe yubahiriza uburenganzira kurusha abo babyiyitirira.

Yagize ati “Nubahiriza uburenganzira bwa muntu kurusha ibyo wowe ukora byo kwirirwa uvuga gusa. Nashyize ubuzima bwanjye mu kaga kuko naharaniraga uburenganzira bwanjye, kubera n’uburenganzira bw’abanyarwanda, ntabwo nitaye kuri abo birirwa bavuga gusa. Abo birirwa bavuga ko barengera uburenganzira bwa muntu ni na bo bavanye ingabo zabo hano mu gihugu igihe Jenoside yakorewe Abatutsi yakorwaga.”

Yunzemoa ati “None bakavuga ngo baharanira uburenganzira bwa muntu? Bakaba ari bo bavuga demukarasi, bavuga ibyo byose bidafite agaciro. Bakuye ingabo hano kandi njyewe nari ndi hano ndi kurwana. None bari kwandika ngo Kagame abangamira uburenganzira bwa muntu, ngo ndi umunyagitugu… Aba banyarwanda mwababaza, mwa bayobozi mwe muzabaze abaturage, iyo baba atari bo bansabye kubayobora, nari kujya iwanjye, ubu noneho mfite iwacu, iwacu ni mu Rwanda, twarabiharaniye. “

Avuga ko afite umutimana ndetse n’uburenganzira bwo kurwanya uwo ari we wese, aho ngo adashobora kugira umuntu n’umwe yihanganira wahirahira kumukora mu jisho.

Perezida Kagame kandi yanasobanuye ko mu bateguye Jenoside ba mbere ari abanyamahanga babeshya ngo barigisha uburenganzira bwa muntu. Avuga ko ari na bo bakoresha ibitangazamakuru mpuzamahanga kugira ngo bandike ibinyoma ku Rwanda.

Yagize ati “Nta na rimwe uzigera ubona bandika inkuru zivuga uburyo u Rwanda rwatereranywe na Loni ndetse n’ibindi bihugu byigisha abantu uburenganzira bwa muntu. Ntabwo bashobora kubyandika. Ni njyewe bandika , bandika ko abahigwaga ari bo babaye abicanyi”.

Avuga ko ari imbaraga z’Abanyarwanda zakuye igihugu mu icuraburindi, aho ngo ntacyo abo banyamahanga bigeze bakora ngo babe barukura mu kaga rwari rurimo.

Umukuru w’Igihugu yanavuze ko ubwo yageraga mu Rwanda muri 1990, yasanze Abanyarwanda bahabwa ibyo kurya n’Ishami rya Loni rishizwe ibiribwa ndetse na USAID. Avuga ko icyo gihe ubuhinzi butahabwaga agaciro.

Yasobanuye ko muri 2007 ari bwo ubuhinzi bwinjiye mu rwego ruteza imbere igihugu. Kuzamura urwego rw’ubuhinzi abanyamahanga babyise gukoresha igitugu.

Ubumwe bw’Abanyarwanda aho bugeze ngo ni a ho kwishimira, aho ngo umuntu yiryamira iwe ntihagire uza kumukomangira amubaza ubwoko bwe, bitandukanye no mu myaka yashize aho uwo babazaga ubwoko bahitaga banamujyana bakamwica. Avuga ko ibyo byakorwaga ku manywa y’ihangu ndetse ubikoze ntabikurikiranweho n’amategeko.

Mu mbwirwaruhamwe zitandukanye Perezida Kagame akunze kugaragaza ko Abanyarwanda ndetse n’Abanyafurika muri rusange bakwiye gukora ibibabereye bagaharanira ko umugabane wabo wabo watera imbere aho guhanga amaso ku banyamahanga batabifuriza icyiza na gato.

-8524.jpg

-8525.jpg

-8526.jpg

2017-11-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ubwanditsi 20 May 2022
Imyigaragambyo itari yitezwe I Kinshasa  yahitanye 17

Imyigaragambyo itari yitezwe I Kinshasa yahitanye 17

Ubwanditsi 19 Sep 2016
Gasabo: Babiri bafunzwe bakurikiranyweho kwiba arenga miliyoni 2 mu rugo bakoragamo

Gasabo: Babiri bafunzwe bakurikiranyweho kwiba arenga miliyoni 2 mu rugo bakoragamo

Ubwanditsi 29 Sep 2017
Burundi: Leta irasaba ko Gen Niyombare na bagenzi be bashakaga guhirika Nkurunziza bafatwa

Burundi: Leta irasaba ko Gen Niyombare na bagenzi be bashakaga guhirika Nkurunziza bafatwa

Ubwanditsi 14 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya: Umunyamategeko warahije Odinga yirukanywe mu gihugu Ntaneguza Ahawe
Mu Mahanga

Kenya: Umunyamategeko warahije Odinga yirukanywe mu gihugu Ntaneguza Ahawe

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Afrika Y’epfo : Umuhungu Wa Ngeze Hassan Yasanzwe Muri Hotel Yimanitse Mu Mugozi
ITOHOZA

Afrika Y’epfo : Umuhungu Wa Ngeze Hassan Yasanzwe Muri Hotel Yimanitse Mu Mugozi

Ubwanditsi 18 Jun 2018
Leta ya Kongo yabujije abanyamahanga kugera mu duce tuberamo Jenoside ikorerwa Abatutsi bo muri icyo gihugu.
Amakuru

Leta ya Kongo yabujije abanyamahanga kugera mu duce tuberamo Jenoside ikorerwa Abatutsi bo muri icyo gihugu.

Ubwanditsi 13 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru