• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kagame yasobanuye uburyo yagiriwe inama yo kuyobora nka Putin w’u Burusiya

Kagame yasobanuye uburyo yagiriwe inama yo kuyobora nka Putin w’u Burusiya

Ubwanditsi 01 Nov 2017 Mu Rwanda

Umukuru w’Igihugu aravuga uburyo yagiriwe inama yo kuva ku butegetsi agakomeza gufasha uwamusimbuye, ariko nyuma akazongera kuba Perezida.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabitangarije mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 21 y’umuryango Unity Club Intwararumuri.

Yasobanuye uburyo hari abazungu bigeze kumubwira ko akwiye kuva ku butegetsi akabuha undi muntu ariko ngo hashira igihe akazongera akaba Perezida. Aho ngo bamubwiraga ko akwiye kubikora nk’uko Perezida w’u Burusiya Vradimir Putin yabikoze.

Abo bazungu ngo bamugiriye iyi nama igira iti “Ese ntiwava ku butegetsi, ugaha undi muntu akayobora ariko ukazajya uba ari wowe uyobora ariko utagaragara. Hashira igihe ukazagaruka ukongera ukayobora.”

Perezida Kagame avuga ko yahise abwira abo bazungu ngo iyo nama arayakiriye ahita ababaza ngo niba nta yindi nama ya kabiri bamugira.

Ngo banamuhaye amazina ya bamwe mu bayobozi bagakwiye kumusimbura, ariko ngo akazajya abaha amabwiriza y’ibyo bakora, nyuma akazongera kugaruka ku butegetsi.

Nyuma yo kumva izo nama yagiriwe, Perezida Kagame yababajije ni ba nta yindi nama ya gatatu bamuha, ntibagira iyo bamugira.

Yagize ati “Narababwiye nti, mwampaye amahitamo abiri, murambwira kugira uwo nigana, mukanambwira ngo nishakire unsimbura noneho njye muha amabwiriza agomba kugenderaho. Kandi mwe murabyemera, kandi mwebwe muvuga ko muri aba mbere muri demukarasi kandi ari namwe muyitwigisha, demukarasi ni uko muyikora? Noneho mukaba ari mwe munampitiramo abazansimbura? Ese ni uko iwanyu mukora muri demukarasi? Iyo ni yo demukarasi mushaka kutwigisha?”

Perezida Kagame avuga ko abazungu badatekereza ku Rwanda ahubwo batekereza ku bayobozi barwo gusa bagamije uburyo babakoresha uko bishakiye.

Ati “Ntabwo iri igihugu nk’u Rwanda, ntabwo ari abanyarwanda, bakubwira demukarasi, bakakubwira uburenganzira bwa muntu, bakakubwira iki ariko ntabwo bajya batekereza abaturage. Ibyo ni byo bakora mu by’ukuri. Batekereza inyungu zabo gusa, inyungu bakura mu gukoresha abayobozi b’ibihugu. Uko ni ko kuri guhari, nta kindi kitari icyo.”

Avuga ku matora Perezida Kagame yavuze ko ibyabaye ari abanyarwanda babikoze, aho ngo nta n’undi ukwiye kubagira inama y’icyo bakwiye gukora.

Yanavuze ku muryango HRW uharanira uburenganzira bwa muntu uhora ushinja u Rwanda kutubahiriza uburenganzira bw’abantu, avuga ko we ubwe yubahiriza uburenganzira kurusha abo babyiyitirira.

Yagize ati “Nubahiriza uburenganzira bwa muntu kurusha ibyo wowe ukora byo kwirirwa uvuga gusa. Nashyize ubuzima bwanjye mu kaga kuko naharaniraga uburenganzira bwanjye, kubera n’uburenganzira bw’abanyarwanda, ntabwo nitaye kuri abo birirwa bavuga gusa. Abo birirwa bavuga ko barengera uburenganzira bwa muntu ni na bo bavanye ingabo zabo hano mu gihugu igihe Jenoside yakorewe Abatutsi yakorwaga.”

Yunzemoa ati “None bakavuga ngo baharanira uburenganzira bwa muntu? Bakaba ari bo bavuga demukarasi, bavuga ibyo byose bidafite agaciro. Bakuye ingabo hano kandi njyewe nari ndi hano ndi kurwana. None bari kwandika ngo Kagame abangamira uburenganzira bwa muntu, ngo ndi umunyagitugu… Aba banyarwanda mwababaza, mwa bayobozi mwe muzabaze abaturage, iyo baba atari bo bansabye kubayobora, nari kujya iwanjye, ubu noneho mfite iwacu, iwacu ni mu Rwanda, twarabiharaniye. “

Avuga ko afite umutimana ndetse n’uburenganzira bwo kurwanya uwo ari we wese, aho ngo adashobora kugira umuntu n’umwe yihanganira wahirahira kumukora mu jisho.

Perezida Kagame kandi yanasobanuye ko mu bateguye Jenoside ba mbere ari abanyamahanga babeshya ngo barigisha uburenganzira bwa muntu. Avuga ko ari na bo bakoresha ibitangazamakuru mpuzamahanga kugira ngo bandike ibinyoma ku Rwanda.

Yagize ati “Nta na rimwe uzigera ubona bandika inkuru zivuga uburyo u Rwanda rwatereranywe na Loni ndetse n’ibindi bihugu byigisha abantu uburenganzira bwa muntu. Ntabwo bashobora kubyandika. Ni njyewe bandika , bandika ko abahigwaga ari bo babaye abicanyi”.

Avuga ko ari imbaraga z’Abanyarwanda zakuye igihugu mu icuraburindi, aho ngo ntacyo abo banyamahanga bigeze bakora ngo babe barukura mu kaga rwari rurimo.

Umukuru w’Igihugu yanavuze ko ubwo yageraga mu Rwanda muri 1990, yasanze Abanyarwanda bahabwa ibyo kurya n’Ishami rya Loni rishizwe ibiribwa ndetse na USAID. Avuga ko icyo gihe ubuhinzi butahabwaga agaciro.

Yasobanuye ko muri 2007 ari bwo ubuhinzi bwinjiye mu rwego ruteza imbere igihugu. Kuzamura urwego rw’ubuhinzi abanyamahanga babyise gukoresha igitugu.

Ubumwe bw’Abanyarwanda aho bugeze ngo ni a ho kwishimira, aho ngo umuntu yiryamira iwe ntihagire uza kumukomangira amubaza ubwoko bwe, bitandukanye no mu myaka yashize aho uwo babazaga ubwoko bahitaga banamujyana bakamwica. Avuga ko ibyo byakorwaga ku manywa y’ihangu ndetse ubikoze ntabikurikiranweho n’amategeko.

Mu mbwirwaruhamwe zitandukanye Perezida Kagame akunze kugaragaza ko Abanyarwanda ndetse n’Abanyafurika muri rusange bakwiye gukora ibibabereye bagaharanira ko umugabane wabo wabo watera imbere aho guhanga amaso ku banyamahanga batabifuriza icyiza na gato.

-8524.jpg

-8525.jpg

-8526.jpg

2017-11-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17

Imyanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17

Ubwanditsi 25 Dec 2019
Uganda: Abagore bakomeje kwicwa umusubizo n’abashaka kubaturaho ibitambo

Uganda: Abagore bakomeje kwicwa umusubizo n’abashaka kubaturaho ibitambo

Ubwanditsi 04 Sep 2017
Chairman: Mu ntare, intare y’ingore ni yo ihiga, agaragaza ko mu rugamba rw’iterambere, abagore bakwiye kuza imbere mu kubaka igihugu.

Chairman: Mu ntare, intare y’ingore ni yo ihiga, agaragaza ko mu rugamba rw’iterambere, abagore bakwiye kuza imbere mu kubaka igihugu.

Ubwanditsi 25 Jun 2024
Perezida Kagame  akomeje kuba ku Isonga ni we uyobowe abandi mu majwi y’agateganyo yose ku ijana

Perezida Kagame akomeje kuba ku Isonga ni we uyobowe abandi mu majwi y’agateganyo yose ku ijana

Ubwanditsi 05 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Banyarwanda nimucyo twibuke twiyubaka, dore ingoma y’abahekuye u Rwanda isigaranye abakaraza babusanya!!
Amakuru

Banyarwanda nimucyo twibuke twiyubaka, dore ingoma y’abahekuye u Rwanda isigaranye abakaraza babusanya!!

Ubwanditsi 07 Apr 2021
Ruharwa Maj Pierre Claver Karangwa yongeye gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera mu Buholandi
Amakuru

Ruharwa Maj Pierre Claver Karangwa yongeye gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera mu Buholandi

Ubwanditsi 04 Oct 2023
Umuhanzi Rayvanny ugiye kuza mu Rwanda yeretse ababyeyi umukazana wabo mu muryango
SHOWBIZ

Umuhanzi Rayvanny ugiye kuza mu Rwanda yeretse ababyeyi umukazana wabo mu muryango

Ubwanditsi 23 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru