• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Impamvu zigera kuri 5 zitumye Dr. Binagwaho Agnes yirukanwa igitaraganya muri Guverinoma

Impamvu zigera kuri 5 zitumye Dr. Binagwaho Agnes yirukanwa igitaraganya muri Guverinoma

Ubwanditsi 15 Jul 2016 Mu Mahanga

Inkuru yiriwe icicikana kumbuga nkoranyambaga niya Dr. Agnes Binagwaho wari Minisitiri w’Ubuzima wavanywe kuri uyu mwanya na Perezida wa Repubulika nkuko bigaragazwa n’Itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi.

Ikinyamakuru Rushyashya kimaze gukora Itihoza ku mpamvu zatumye Dr. Binagwaho yirukanwa shishi itabona muri Guvarinoma.

Icyambere: Ibyemezo birimo guhubuka no guhutaza Abaganga, Abaforomo n’Abaforomokazi, byagiye bigira ingaruka zikomeye kubuzima bw’Abanyarwanda , kuburyo iri toteza ry’Abaganga ryatumye abenshi begura bava mu bitaro bya Leta bajya gushaka akazi mu by’abikorera ku giti cyabo, abandi bajya gukora mu bihugu duturanye.

Icya kabiri : Ishyirwa mu bikorwa rya Politiki y’Igihugu y’Ubuzima ivugwa mu magambo gusa, aho byatumye ingamba ku kurwanya no guhashya indwara z’ibyorezo nka Mararia zongera ubukana no koreka imbaga buri munsi.

Aho usanga abaturage benshi barwariye mungo zabo kubera ubukangurambaga bubi bw’itangwa rya Mutuel de Sante, bwasubiye inyuma muri iyi myaka, kuburyo usanga mu bigo nderabuzima ndetse n’ibitaro bikuru bya Leta hirya no hino mu gihugu igitanda kimwe gisaranganywa n’abarwayi barenga bane ! abandi bagandagaje kumbaraza no muri za corridor z’ibyumba ndetse no hanze mugihe kandi n’itangwa ry’imiti n’inzitiramibu bivugwamo magendu.

Icya gatatu: Inyerezwa ry’umutungo wa Leta rikabije ryagaragaye mu bitabo by’ugenzuzi bukuru bw’imari ya Leta (Office of the Auditor General) hirya no hino mu bitaro bya Leta no mu mishinga ishamikiye kuri Minisiteri y’Ubuzima.

Icya kane : Imyenda y’umurengera ifitiwe ibitaro byinshi bya Leta yo mu rwego rwa Mutuel, Minisante itarishyura na n’uyu munsi nabyo bikaba byarabaye intandaro y’amikoro make , imikorere idahwitse n’ibura ry’imiti hirya no hino mubitaro bya Leta, ibi bikaviramo abaganga gutanga Service mbi mu rwego rw’ubuvuzi , kuburyo abaturage bamaze kuzinukwa ubuvuzi bwa Leta.

Icya gatanu : Itumizwa ryo hanze y’igihugu ibintu binyuranye birimo imiti n’ibindi bikoresho byo mu rwego rw’ubuzima, aho bimwe biba bitujuje ubuzira nenge , ibindi bigatera agaciro mu bubiko ntibikoreshwe icyo byatumirijwe . Ibyo byose bikaba bituruka ku mikorere mibi no kunyungu za bamwe baba bashaka gukuramo ayabo batitaye kubuzima bw’abantu.

-3273.jpg

Dr. Binagwaho Agnes

Bikaba bivugwa ko Dr. Binagwaho Agnes , ashobora no gukurikiranwa n’ubutabera mugihe inzego z’iperereza zaba zimaze kugaragaza ko habaye kunyereza ibya Leta kubushake nkuko bigaragara mu maraporo atandukanye yagiye ava mu Nteko ishinga amategeko no kwa Auditor Genera, kuko Dr. Binagwaho atigeze narimwe abasha gutanga ibisobanuro byumvikana yagiye abazwa nizo nzego za Leta.

Tuzakomeza kubakurikiranira iby’iyi nkuru…

Cyiza Davidson

2016-07-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hagati ya Tshisekedi n’Umuryango Mpuzamahanga, ninde wigiza nkana mu gushaka umuti w’intambara ya Kongo?

Hagati ya Tshisekedi n’Umuryango Mpuzamahanga, ninde wigiza nkana mu gushaka umuti w’intambara ya Kongo?

Ubwanditsi 24 Sep 2024
“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

Ubwanditsi 21 Dec 2024
U Rwanda rwamaganye inkunga Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe uteganyiriza ingabo za SADC ziri muri Kongo, kuko izatuma ibintu birushaho kudogera

U Rwanda rwamaganye inkunga Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe uteganyiriza ingabo za SADC ziri muri Kongo, kuko izatuma ibintu birushaho kudogera

Ubwanditsi 04 Mar 2024
Urugaga rw’Abavoka rwasezeye Me Toy, ruvuga ko rwifuza ubutabera

Urugaga rw’Abavoka rwasezeye Me Toy, ruvuga ko rwifuza ubutabera

Ubwanditsi 06 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’uburinganire muri Congo Brazaville yashimye imikorere ya Isange One Stop Center
Mu Mahanga

Minisitiri w’uburinganire muri Congo Brazaville yashimye imikorere ya Isange One Stop Center

Ubwanditsi 14 Jun 2016
Impanuro z’Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame i Nyagatare
Mu Mahanga

Impanuro z’Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame i Nyagatare

Ubwanditsi 18 Feb 2017
Police FC yageze  muri Sudani n’impamba y’ibitego bibiri
IMIKINO

Police FC yageze muri Sudani n’impamba y’ibitego bibiri

Ubwanditsi 25 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru